ICYUMWERU CYA MBERE CY'ADIVENTI A
28 ugushyingo 2010 umwaka A
Iz 2,1-5
Rom 13,11-14
Mt 24, 37-44
Twatangiye igihe cy'adiventi ariyo minsi idutegurira guhimaza umunsi wa Noheli. Amasomo twumva akomeza kudufasha kuzirikana ibijyanye n'ishira ry'ibihe, amaza ya Kristu, urubanza rw'imperuka...Impamvu nta yindi nuko mu maza ya Kristu yaba ubwa mbere yigira umuntu ( noheli), yaba ubwa kabiri tugitegereje, niho huzurizwa amayobera y'ugucungurwa kwacu. Kristu niwe nzingiro rya byose, kubaho tubereyeho we. ubu nibwo buryo bwonyine bwo gusobanukirwa n'irengero ry'ibintu n'ibihe.
Mu ivanjiri ya none, Yezu arahera ku rugero rwa Nowa, akatwereka uburyo tugomba kwitegura umunsi wa Nyagasani. Ngo mbere y'uko Nowa yinjira mu bwato abantu bararyaga, bakanywa, bagahaha kandi bakagurisha, ariko ngo nta warabutswe imyiteguro ya Nowa kugeza igihe umwuzure ubarimburiye bose. Ngo abantu bariri bazaba bakora umurimo umwe, umwe bazamwenda undi asigare. Ntitubyitiranye n'ivangura, ahubwo ni ubutorwe kandi iyo mvugo turayimenyereye. Abakobwa bahamagawe gusanganira umukwe bari icumi, nyamara batanu baje kuba ibipfapfa maze bahezwa hanze; abagaragu bahawe amatelenta bose nyamara umwe yahisemo nabi nawe arabiryozwa; abatumiwe mu bukwe bari babikwiye nyamara banze kuza kubera induruburi zabo bwite, uwacyuje ubukwe bimusaba kujya mu mayirabiri; Yuda yari intumwa, ariko nyuma y'ibyo yakoze, umwanya we wahawe abandi. Ingero dushobora kuzongera ndetse tukazigeza no muri aya magingo yacu. Ariko sicyo cya ngombwa. Pawulo mutagatifu yatubwiye icyo tugomba gukora: Ijoro rirakuze,umunsi ugiye gucya, nitwiyake ibikorwa by'umwijima maze twambare ibikorwa by'urumuri. Tugendane umurava nk'abagenda ku mugaragaro amanywa ava, nta busambo, nta businzi, nta busambanyi, nta biterasoni, nta ntonganya, nta shyari. Icyo gihe hazuzuzwa amagambo y'umuhanuzi Izayi: umusozi w'Imana uzaba ku kanunga witegeye bose maze amahanga azaze awugana. Nyagasani azabakiranura maze amacumu yabo ayakoremo ibihabuzo, naho inkota azicuremo amasuka. Nari ngiye kuba nka Petero intumwa ukunze kubangukirwa n'ibibazo ngo mbaze nti: ibyo bizaba ryari Nyagasani ko wenda ahari twaruhuka? Yezu ati: nimube maso. Iyaba nyir'urugo yamenyaga igihe abajura bazaterera inzu ye … Bizabe se aka wa mugani ngo agapfa kaburiwe ni impongo. Oya! Adiventi idufasha kwibuka ko nta na rimwe tuzatungurwa kandi Emanweli, Imana turi kumwe ariwe uturengera, ariwe uturagiye. Adiventi yagombye kutumara iroro, tukibuka ko twacunguwe maze tukarangwa n'ineza n'inema by'Imana. Erega nta kundi twagombye guhimbaza Noheli atari ugukwiza hose iyo neza y'Imana! Bigomba kuba bitoroshye kuko hirya no hino, induru ziravuga, intambara ziriho kandi zirasa n'izabaye inzira yo gucyemura ibibazo, ubukene buranuma cyane ko n'ibyagatunze bamwe, biherera mu murengwe w'abandi ndetse no muri za gahunda z'intambara, imyitwarire idahwitse yahindutse umuderi, wa mugani wa kinyarwanda wajya wumvikana: umugabo nurya utwe akarya n'utw'abandi. Ni gute se tutatungurwa niba imitima yacu itarangamira ahaganje Imana n'ibyiza byayo? Ni gute tutatungurwa niba tugikora kimwe n'ibyo mu gihe cya Nowa tutanibuka ko umwuzure w'ubukozi bw'ibibi wigeze gutsemba imbaga? Nawe ushake ingero kandi urazibona zigaragaza ko uko muntu yagiye yihangishaho, akarya, akanywa maze agahora muri ibyo, iminsi yagiye imutungura. «Nimukanguke mube maso», ni amagambo y'indirimbo dukunze kuririmba muri adiventi. Nitubere natwe intero muri icyi gihe dutangiye cyo kwitegura Nobeli.
Ineza ya Nyagasani Yezu nibane namwe. Amina