samedi 27 novembre 2010

ICYUMWERU CYA MBERE CY’ADIVENTI A2010

ICYUMWERU CYA MBERE CY'ADIVENTI A

28 ugushyingo 2010 umwaka A


 

Iz 2,1-5

Rom 13,11-14

Mt 24, 37-44

Twatangiye igihe cy'adiventi ariyo minsi idutegurira guhimaza umunsi wa Noheli. Amasomo twumva akomeza kudufasha kuzirikana ibijyanye n'ishira ry'ibihe, amaza ya Kristu, urubanza rw'imperuka...Impamvu nta yindi nuko mu maza ya Kristu yaba ubwa mbere yigira umuntu ( noheli), yaba ubwa kabiri tugitegereje, niho huzurizwa amayobera y'ugucungurwa kwacu. Kristu niwe nzingiro rya byose, kubaho tubereyeho we. ubu nibwo buryo bwonyine bwo gusobanukirwa n'irengero ry'ibintu n'ibihe.

Mu ivanjiri ya none, Yezu arahera ku rugero rwa Nowa, akatwereka uburyo tugomba kwitegura umunsi wa Nyagasani. Ngo mbere y'uko Nowa yinjira mu bwato abantu bararyaga, bakanywa, bagahaha kandi bakagurisha, ariko ngo nta warabutswe imyiteguro ya Nowa kugeza igihe umwuzure ubarimburiye bose. Ngo abantu bariri bazaba bakora umurimo umwe, umwe bazamwenda undi asigare. Ntitubyitiranye n'ivangura, ahubwo ni ubutorwe kandi iyo mvugo turayimenyereye. Abakobwa bahamagawe gusanganira umukwe bari icumi, nyamara batanu baje kuba ibipfapfa maze bahezwa hanze; abagaragu bahawe amatelenta bose nyamara umwe yahisemo nabi nawe arabiryozwa; abatumiwe mu bukwe bari babikwiye nyamara banze kuza kubera induruburi zabo bwite, uwacyuje ubukwe bimusaba kujya mu mayirabiri; Yuda yari intumwa, ariko nyuma y'ibyo yakoze, umwanya we wahawe abandi. Ingero dushobora kuzongera ndetse tukazigeza no muri aya magingo yacu. Ariko sicyo cya ngombwa. Pawulo mutagatifu yatubwiye icyo tugomba gukora: Ijoro rirakuze,umunsi ugiye gucya, nitwiyake ibikorwa by'umwijima maze twambare ibikorwa by'urumuri. Tugendane umurava nk'abagenda ku mugaragaro amanywa ava, nta busambo, nta businzi, nta busambanyi, nta biterasoni, nta ntonganya, nta shyari. Icyo gihe hazuzuzwa amagambo y'umuhanuzi Izayi: umusozi w'Imana uzaba ku kanunga witegeye bose maze amahanga azaze awugana. Nyagasani azabakiranura maze amacumu yabo ayakoremo ibihabuzo, naho inkota azicuremo amasuka. Nari ngiye kuba nka Petero intumwa ukunze kubangukirwa n'ibibazo ngo mbaze nti: ibyo bizaba ryari Nyagasani ko wenda ahari twaruhuka? Yezu ati: nimube maso. Iyaba nyir'urugo yamenyaga igihe abajura bazaterera inzu ye … Bizabe se aka wa mugani ngo agapfa kaburiwe ni impongo. Oya! Adiventi idufasha kwibuka ko nta na rimwe tuzatungurwa kandi Emanweli, Imana turi kumwe ariwe uturengera, ariwe uturagiye. Adiventi yagombye kutumara iroro, tukibuka ko twacunguwe maze tukarangwa n'ineza n'inema by'Imana. Erega nta kundi twagombye guhimbaza Noheli atari ugukwiza hose iyo neza y'Imana! Bigomba kuba bitoroshye kuko hirya no hino, induru ziravuga, intambara ziriho kandi zirasa n'izabaye inzira yo gucyemura ibibazo, ubukene buranuma cyane ko n'ibyagatunze bamwe, biherera mu murengwe w'abandi ndetse no muri za gahunda z'intambara, imyitwarire idahwitse yahindutse umuderi, wa mugani wa kinyarwanda wajya wumvikana: umugabo nurya utwe akarya n'utw'abandi. Ni gute se tutatungurwa niba imitima yacu itarangamira ahaganje Imana n'ibyiza byayo? Ni gute tutatungurwa niba tugikora kimwe n'ibyo mu gihe cya Nowa tutanibuka ko umwuzure w'ubukozi bw'ibibi wigeze gutsemba imbaga? Nawe ushake ingero kandi urazibona zigaragaza ko uko muntu yagiye yihangishaho, akarya, akanywa maze agahora muri ibyo, iminsi yagiye imutungura. «Nimukanguke mube maso», ni amagambo y'indirimbo dukunze kuririmba muri adiventi. Nitubere natwe intero muri icyi gihe dutangiye cyo kwitegura Nobeli.

Ineza ya Nyagasani Yezu nibane namwe. Amina


 

samedi 20 novembre 2010

UMUNSI MUKURU WA KRISTU MWAMI C2010

UMUNSI MUKURU WA KRISTU MWAMI

21 ugushyingo 2010 umwaka C


 

2Sam 5,1-3

Kol 1,12-20

Lk 23,35-43

Ku cyumweru cya 34 ari nacyo gisoza umwaka, Kiriziya iraturarikira guhimbaza umunsi wa Kristu Mwami. Ni umunsi wagiyeho vuba aha ugererenayije n'indi minsi mikuru ya Kiriziya kuko washyizweho na papa Piyo wa XI muri 1925. Watekerejwe mu gihe abantu bari batangiye gusa n'abakeka ko ubuhanga n'ubwenge bwa muntu byamuha uburenganzira bwo kwingenga. Atari ya ngabire isumba zose muntu yaremanye, ahubwo kwigerezaho maze muntu akumva yasumba Uwamuhanze cyangwa se nawe akaba yasimba akarema Imana. Muri Kiriziya, havutse amashyirahamwe y'abakristu agamije gufatanya kubaho mu kwemera: amashyirahamwe y'abalayiki, imiryango y'agisiyo gatolika...Intego yari iyo guhamya ukwemera, atari gusa muri kiriziya cyangwa aho padiri areba, ahubwo gushingira ubuzima bwose kuri Kristu, ishusho y'Imana itagaragara nkuko Pawulo mutagatifu abivuga mu isomo rya kabiri. Mu munsi ya mbere, umunsi wa Kristu Mwami bawuhimbazaga bakora umutambagiro nko ku munsi w'Isakaramentu ritagatifu. Intego yari iyo kugaragaza ko ubukristu bufite imbaraga bimwe twakwita urudini. Gahoro gahoro, kiriziya yagiye yumva ko ubwami bwa Kristu atari ukugwiza abayoboke cyangwa kwiyerekana mu mihanda. Ubwami bwa Kristu bushingiye ku gitambo cya Kristu ku musaraba; abiyoroshya bakaba aribo babuyoboka nk'igisambo cyakeje Yezu ku musaraba (ivanjiri). Yezu ati uyu munsi turaba turi kumwe mu bwami bwanjye. Umunsi mukuru duhimbaza rero ni uwo kunagura ukwemera kwacu nk'uko umuryango wa Isiraheli wabwiye Dawudi uti: uzatubere umwami kuko na mbere hose ari wowe waturengeye. Ku bemera, guhimbaza Kristu Mwami si ugukoma amashyi cyangwa guhomerera (fanatisme), si uguca igikuba ngo uwo tudahuza imvugo tumubuze amahwemo (intégrisme), si ukujyanwa na serwakira ngo uko zivuze nyamahembe (formalisme); ni ugushikama tukayaboka uwo twemera maze tukanyura inzira yanyuze. Ni ukwemera natwe tukitangira abandi cyane ko uwo twemera yaducunguje amaraso y'igiciro gikomeye. Iyi nzira ni imwe kandi ntihindurwa n'ibihuhera by'ibihe ngo none tuvuge ngo twagirumwami maze ejo duhindure ngo kagire perezida cyangwa irindi zina. Kristu ni umwe none, ejo hahise ndetse n'ahazaza. Ni Kristu uko ibihe bizahora bisimbura iteka! Imvugo nk'iyi ishobora guhungabanya abari bamenyereye amagambo uburenganzira, ubwisanzure, uburinganire, ubwigenge...Uzayoboka Kristu niwe uzaba yigenga kuko aba azi icyo akurikiye: Kristu ni inzira, ukuri n'ubugingo. Ntaterwa isoni n'ukwemera kwe. Nko mu minsi ya mbere y'uyu munsi duhimbaza, abakristu tugomba gushirika ubwoba tugahamya ukwemera mu magambo, mu bikorwa, mu byifuzo, mu myitwarire...Si ukwemera mu itumba ngo akazuba nikava Imana tuyisabe uruhushya twigire mu byacu; si ukuyiharira abaturage n'injinji ngo abanyabwenge ntitubona igihe cyo kurindagira!!! Si ukwitwa abakristu mu mbago za paruwase maze twagera mu mirimo dushinzwe ntibigaragare ko turi abayoboke ba Yezu. Aha ndavuga nk'abari mu nzego zifata ibyemezo cyangwa se ziga zikanashyiraho amategeko. Niba twemeye kuba abakristu, tumuyoboke twese: twebwe n'abacu kandi jyewe wese. Kandi nawe azatwakira. None se niba yarakiriye igisambo bari kumwe ku musaraba, ubwo ninde wazaburaimwanya iwe koko. Uwanze kwikiza ubwe kandi atari abinaniwe ngo akunde akize abanyabyaha, twamuburana iki? Utarangwaho inabi na mba, twamusonzana gute?

Kristu Mwami watwitangiye ku musaraba, turakuramya. Turifuza kukubera abayoboke, dutsindire indwara y'isoni n'ubwoba, tutsindire ubunebwe, udutsindire izima rya muntu maze tukuyoboke tunakuyoboraho abo waturagije. Amen!


 


 

vendredi 12 novembre 2010

ICYUMWERU CYA 33 MU BYUMWERU BISANZWE 2010C

ICYUMWERU CYA 33 MU BYUMWERU BISANZWE

14 ugushyingo 2010 umwaka C


 

Mal 3,19-20

2 Tes 3,7-12

Lk 21,5-19

Turagenda dusatira iminsi isoza umwaka wa Kiriziya. Amasomo tuzumva muri iyi minsi azadusaba kudatwarwa n'ibyo tubona cyangwa twumva ngo twibagirwe ko ikiruta byose ari Imana n'isezerano ihora itwibutsa ryo kuturokora. Ivanjiri y'iki cyumweru aratwunjiza mu nyigisho tuzumva kugeza no mu gihe cya Adiventi. Ngo ntimukuke umutima cyangwa mushiturwe n'ibyo mubona kuko igihe kizagera ntihazagire ibuye risigara rigeretse ku rindi. Umuti w'ibyo byose ni ukwiyumanganya no gukomera ku kwemera niko ivanjir y'icyi cyumweru irangiza itubwira: mu bwiyumanganye bwanyu ni ho muzarokora ubuzima bwanyu. Ibihe ntituzabibuza guhita kandi ibibi n'ibyiza biragendana, byose bigaterwa n'imyumvire yacu. Yezu ntayobewe uko isi iteye, ndetse ntanirengagiza ubukana bw'icyaha, yemwe ntanagambiriye guca igikuba. Arigisha kudaheranwa n'ibihindagurika ngo umuntu yibagirwe isano afitanye n'Iyamuhanze. Ibyo rero bisaba guhoza ijisho mu cyerekezo nyacyo cy'ubuzima, hato inkubiri y'ibihe itavaho iduca mu rihumye. Umuhanuzi Malakiya yabisobanuye ku buryo bunoze: dore haje umunsi utwika nk'itanura ; abirasi bose n'abagome bakazagurumana nk'ibyatsi...Naho mwebwe, abubaha izina ryanjye, izuba ry'ubutabera rigiye kubarasiraho. Aya magambo si amareshyamugeni, cyangwa ibikabyo. Ntitwagombye kuyasoma duhereye ku buryo bwacu bwo kureba no guca urubanza cyangwa ngo tuyashingireho dukore isesengura ry'amateka turimo. Tuzi neza ko ibihe turimo, byiza cyangwa bibi, biterwa n'imyitwarire yacu cyangwa ingaruka z'ibyo abatubanjirije bakoze. Ibimenyetso rero by'ishira ry'isi- nanjye mbyite ntyo- ni uburyo bwo kureba uko tubayeho, icyerekezo cy'ibitekerzo n'imigambi yacu, amatwara twimirije imbere…maze tukibaza koko niba isi itarimo idushirana cyangwa niba tutarimo tuyihuhura ngo ishire. Iyo umuntu yitegereje imyitwarire ya muntu mu guharanira amajyambere no kwigenga, yareba ubwinshi bw'abahanuzi buzuye isi batwizeza ku buryo bwinshi amahirwe n'ubuzima bwiza, yanareba akarengane kadasiba kwiyongera, ubukene burushaho guca ibintu, ubanza koko byakoroha kwibwira ko isi yarangiye n'ibyayo byose. Kandi nishira natwe tuzashira kuko ni kimwe no gutema ishami twicayeho. Yezu ntadukura umutima cyane ko anatubwira ko nta gasatsi kacu kazagira icyo kaba; ahubwo aradukomeza ngo tube abahamya b'ukuri kwe muri iyi ntambara y'icyaha. Tuzabe dufite ingabo y'umutamenwa! Sinshinyagura, ariko umugambi w'Amerika wo kubaka ingabo yo gukingira igihugu cyabo ndibwira warayoyotse kugeza aho ubu isigaye yinginga Abashinwa ngo bayorohere mu ntambara irimo y'ubukene busa n'ubwenda kuyisatira. Ingabo iturinda ni ukwemera kwacu; kwa kundi gushobora gutuma duhara amagara yacu ngo isi dutuye ikunde ibe umutako wa Nyiribiremwa n'inzu ya bose; kwa kundi kwatuma twatura tukigisha ko abatunganira Imana, izuba ry'ubutabera rigiye kurasa kabone niyo baba batotezwa; kwa kundi- ndavuga ukwemera- kwatubuza gutwarwa n'imishinga itari mike dukora twirengagije abo dusangiye kubaho; kwa kundi kwatubuza kugoheka igihe hirya no hino abantu barengana, bahohoterwa, bapfa. Kwa kundi kwatuma twishushanya na Yezu wamenye amaraso ye ngo ahurize bose mu muryango umwe. Uko kwemera gusaba ubwiyumanganye, umuhate, isengesho…muri macye, kutahera mu magambo nka Rukabyamurimbo Pawulo mutagatifu yacyahaga mu isomo rya kabiri.

Umunsi ugera Nyagasani yabigennye. Igihe tukiriho, twibuke impavu turiho kuko twabaho, twapfa, turi aba Nyagasani. Naharirwe ikuzo uko ibihe bihora bisimburana iteka. Amina


 

dimanche 7 novembre 2010

ICYUMWERU CYA 32 MU BYUMWERU BISANZWE C

ICYUMWERU CYA 32 MU BYUMWERU BISANZWE

07 ugushyingo 2010 umwaka C


 

2 Mak 7,1-2.9-14

2 Tes 2,26-3,5

Lk 20,27-38

« Abavandimwe barindwi na nyina barafashwe ...», nguko uko umwanditsi w'igitabo cya kabiri cy'Amamakabe atangira isomo rya mbere. Tuzi neza uburyo abo bavandimwe bitwaye imbere y'uwabahatiraga kurenga ku mategeko n'imigenzo y'abakurambere. Nabibutsa ko ari muri iki gitabo hagaragara bwa mbere mu bitabo by'isezerano rya mbere -kimwe no mu gitabo cy'ubuhanga- inyigisho yerekeye izuka. Mu ivanjiri naho haravugwamo abavandimwe baridwi bashatse umugore umwe bose bagapfa nta numwe usize imbuto. Ikibazo kikaba kuzamenya nyir'umugore mu gihe cy'izuka( ariko umwaku uragwira si uwo uriya mugore yagize, ndetse niba abazutse bagomba gushaka abagore, uriya yari arwokoye kuko ubanza babanza bakajya kubaza abakuru niba yakongera kubona umwemera muri uriya muryango, niba ariko nabo bari bazima !!!). Birumvikana ko inyigisho y'iki cyumweru iganisha ku izuka ry'abapfuye. Iki kibazo cyazanywe n'abasaduseyi ngo batemeraga izuka. Ukwemera kwabo kwari gushingiye ku mategeko ya Musa. Ibitari byanditse muri bya bitabo bitanu byitirirwa Musa babifataga nk'ibihimbano. Abasaduseyi basanga Yezu, ntibari bakeneye kujijuka ahubwo bari bagambiriye kumugushamo cyangwa kumwereka ko ibyo yigisha bidafite ireme. Yezu ati Imana twambaza si Imana y'abapfuye ahubwo ni Imana y'abazima : Imana y'Aburahamu, Izaki, Yakobo, Musa...Usibye kwereka abasaduseyi ko ayo mategeko bagenderaho batanayasobanukiwe neza, Yezu aratwigisha natwe kumenya Imana twemera. Ni Imana yemeye kugendana na muntu mu mateka ye, ikamwigisha kuyikunda no kuyikorera nkuko nayo yagendaga imugaragariza urukundo rwayo. Ibyo byabaye impamo igihe ikuye umuryango w'abayisiraheri mu Misiri. Ibyo bizaba ukuri kuzuye, igihe Yezu yigize umuntu maze akemera kudupfira, akanazuka hato tutagirango ukubaho kwacu gushingiye kuri ubu buzima buhita, ahubwo ku bugingo buhoraho iteka, bwa bundi bariya bavandimwe barindwi bemeye gupfira. Izuka ry'abapfuye rero ntabwo twarigereranya no kuzamenya uzatwara uriya mugore muri bariya bavandimwe, cyangwa kuzamenya uzaba umukuru w'umuryango mubo tuvukana ; ntaho bihuriye no kumenya uko bizangenda niduhura n'uyu cyangwa n'uriya; uko tuzitwara cyangwa aho tuzicara, umwanya nzaba mfite ( iruhande rw' Imana, mu mwanya w'icyubahiro cyangwa muri ba rubanda), n'ibindi bibazo twakwibaza ku izuka. Ibyo byose bizarangirana n'ubu buzima kuko ubu niho dukenera umugore cyangwa umugabo, tugasonza cyangwa tukananirwa, tugaharanira kubaho neza no kujijuka, muri make tukabaho ariko ubuzima bwacu bugahora bubuga akantu ari nacyo gituma nyine upfuye atabyaye, umuvandimwe yagombaga gucyura umugore we ngo amubyarire. Mu izuka ubuzima bwacu buzaba bwuzuya kandi busendereye byo kutagira icyo turarikira kindi usibye kurangamira Imana. Igitabo cy'Ibyahishuwe cya Yohani intumwa kinongeraho ko tuzaba turirimba alleluya. Bisobanura ko tuzaba turirimba umuzero w'ubuzima nyabwo, ubuzima bw'Imana twemera kandi twamamaza, Imana yiyeretse abakurambere bacu, Imana ituhora hafi, ngo natwe tuyibere abahamya aka bariya bavandimwe kimwe na nyina wabo. Niharirwe ikuzo kandi ihore isingirizwa mu muzima bwacu ubu n'iteka ryose amina.


 


 


 

ICYUMWERU CYA 32 MU BYUMWERU BISANZWEC

ICYUMWERU CYA 32 MU BYUMWERU BISANZWE

07 ugushyingo 2010 umwaka C


 

2 Mak 7,1-2.9-14

2 Tes 2,26-3,5

Lk 20,27-38

« Abavandimwe barindwi na nyina barafashwe ...», nguko uko umwanditsi w'igitabo cya kabiri cy'Amamakabe atangira isomo rya mbere. Tuzi neza uburyo abo bavandimwe bitwaye imbere y'uwabahatiraga kurenga ku mategeko n'imigenzo y'abakurambere. Nabibutsa ko ari muri iki gitabo hagaragara bwa mbere mu bitabo by'isezerano rya mbere -kimwe no mu gitabo cy'ubuhanga- inyigisho yerekeye izuka. Mu ivanjiri naho haravugwamo abavandimwe baridwi bashatse umugore umwe bose bagapfa nta numwe usize imbuto. Ikibazo kikaba kuzamenya nyir'umugore mu gihe cy'izuka( ariko umwaku uragwira si uwo uriya mugore yagize, ndetse niba abazutse bagomba gushaka abagore, uriya yari arwokoye kuko ubanza babanza bakajya kubaza abakuru niba yakongera kubona umwemera muri uriya muryango, niba ariko nabo bari bazima !!!). Birumvikana ko inyigisho y'iki cyumweru iganisha ku izuka ry'abapfuye. Iki kibazo cyazanywe n'abasaduseyi ngo batemeraga izuka. Ukwemera kwabo kwari gushingiye ku mategeko ya Musa. Ibitari byanditse muri bya bitabo bitanu byitirirwa Musa babifataga nk'ibihimbano. Abasaduseyi basanga Yezu, ntibari bakeneye kujijuka ahubwo bari bagambiriye kumugushamo cyangwa kumwereka ko ibyo yigisha bidafite ireme. Yezu ati Imana twambaza si Imana y'abapfuye ahubwo ni Imana y'abazima : Imana y'Aburahamu, Izaki, Yakobo, Musa...Usibye kwereka abasaduseyi ko ayo mategeko bagenderaho batanayasobanukiwe neza, Yezu aratwigisha natwe kumenya Imana twemera. Ni Imana yemeye kugendana na muntu mu mateka ye, ikamwigisha kuyikunda no kuyikorera nkuko nayo yagendaga imugaragariza urukundo rwayo. Ibyo byabaye impamo igihe ikuye umuryango w'abayisiraheri mu Misiri. Ibyo bizaba ukuri kuzuye, igihe Yezu yigize umuntu maze akemera kudupfira, akanazuka hato tutagirango ukubaho kwacu gushingiye kuri ubu buzima buhita, ahubwo ku bugingo buhoraho iteka, bwa bundi bariya bavandimwe barindwi bemeye gupfira. Izuka ry'abapfuye rero ntabwo twarigereranya no kuzamenya uzatwara uriya mugore muri bariya bavandimwe, cyangwa kuzamenya uzaba umukuru w'umuryango mubo tuvukana ; ntaho bihuriye no kumenya uko bizangenda niduhura n'uyu cyangwa n'uriya; uko tuzitwara cyangwa aho tuzicara, umwanya nzaba mfite ( iruhande rw' Imana, mu mwanya w'icyubahiro cyangwa muri ba rubanda), n'ibindi bibazo twakwibaza ku izuka. Ibyo byose bizarangirana n'ubu buzima kuko ubu niho dukenera umugore cyangwa umugabo, tugasonza cyangwa tukananirwa, tugaharanira kubaho neza no kujijuka, muri make tukabaho ariko ubuzima bwacu bugahora bubuga akantu ari nacyo gituma nyine upfuye atabyaye, umuvandimwe yagombaga gucyura umugore we ngo amubyarire. Mu izuka ubuzima bwacu buzaba bwuzuya kandi busendereye byo kutagira icyo turarikira kindi usibye kurangamira Imana. Igitabo cy'Ibyahishuwe cya Yohani intumwa kinongeraho ko tuzaba turirimba alleluya. Bisobanura ko tuzaba turirimba umuzero w'ubuzima nyabwo, ubuzima bw'Imana twemera kandi twamamaza, Imana yiyeretse abakurambere bacu, Imana ituhora hafi, ngo natwe tuyibere abahamya aka bariya bavandimwe kimwe na nyina wabo. Niharirwe ikuzo kandi ihore isingirizwa mu muzima bwacu ubu n'iteka ryose amina.


 


 


 

lundi 1 novembre 2010

UMUNSI W’ABATAGATIFU BOSE C

UMUNSI W'ABATAGATIFU BOSE

 01 ugushyingo 2010 umwaka C


 


 

His 7,2-4.9-14

1Yh 3,1-3

Mt 5,1-12

Turahimbaza umunsi w'abatagatifu bose. Ngo ni imbaga itabarika y'abantu baturutse imihanda yose bakikije Ntama, bafite imikindo mu ntoki kandi bahanikira hamwe ibisingizo by'Imana mu ndirirmbo ya ALELUYA. Ni abantu baturutse imihanda yose bameshe amakanzu yabo bakayezereza mu maraso ya Ntama.. Nguko uko imvugo y'incamarenga ya Yohani itwinjiza mu munsi mukuru wa bakuru bacu bashyikiriye ihirwe ry'ijuru. Kuba barabigezeho si ikindi nuko babaye abahamya b'ivanjiri mu bantu kandi ingingo-ntima zayo turazisanga mu ivanjiri ya none ariyo ivanjiri y'abahire. Bemeye ko ijambo rya Yezu rishobora guhinduka interuro y'ubuzima bwabo. Hahirwa abakene ku mutima, abiyoroshya, abatera amahoro, abasonzeye ubutungane...abashishikazwa nuko Imana yamenyekana bityo n'abayo bakadendeza mu mahoro, atari abantu gusa ahubwo n'ibiremwa byose. Ni abagabo n'abagore baharaniye ko ineza y'Imana itaba imbuto igwa mu butaka bw'agasi, ahubwo mu murima muzima wera kandi ukarumbuka imbuto ntinshyi. Si ibyatwa cyagwa ibyamamare, ahubwo ni abiringira ko byose bishoboka kuebra ububasha bwa Kristu wazutse. Es kuba umutagatifu uyu munsi birashoboka? Aho ababayeho mbere ntibatomboye bo batabonye uru Rwanda cyangwa iyi si? Aho igabire zabyaye abatagatifu Imana iracyazitanga cyangwa niba izitanga ziracyabona abazakira? Abatagatifu ni abahamya b'ubuzima bushingiye ku kuri, ubutabera, impuhwe, ineza, amahoro, kwigomwa n'indi migenzo dusanga muri iriya vanjiri y'igingo ntera hirwe. Iyo nzira ni nyabagendwa nubwo itabuzemo amahwa ya Sekibi. Ariko Imana iracyakenye abahamya b'ubuima budashingiye gusa ku byisi bihindagukrika,. Bibiliya yibutsa iteka ko icy'ingezi ari uguhitamo. Inzira ni ebyiri kandi ntaho zizahurira: uhitamo ubugingo ukabaho, wahitamo urupfu ugasoma … Aka Pascal, dushobora gutinda guhitamo cyangwa tugahitamo nabi, bikazaba aritwe bigaruka. Umunsi w'abatagatifu bose nutubere natwe, intandaro yo kuvugurura ubuzima bwacu. Duhagarare gato turebe icyerekezo cy'ibihe hato tutazaherera mu kujyendana n'ibigezweho, ndavuga inkubiri y'ibitekerezo, maze ubuzima bwacu tukazayoberwa impamvu twabuhawe. Ivangiri ya Matayo iratsindagira ku ijambo amahirwe kandi ni nacyo turota ndetse muntu yamye arota, guhera mu ntangiriro ( umunara wa Babeli). Uyu munsi Yezu aratubirwa ko tutagomba kurarikira kuba nk'Imana, ahubwo ko twahawe ubushobozi bwo kubigeraho. Ni nabyo Yohani atwibutsa ati ubu turi abana b'Imana. Duharanire rero kuguma kuri iryo shema kandi tunabitoze abandi duhereye kubo Imana yaduhaye. Mutagatifu Agusitini niwe wavugagati ahereye kuri ariya magambo y'Igitabo cy'Ibyahishuwe ati koko niba bariya bantu bose batabarika barabashije kugera mu ijuru koko nijye jyenyine byananira. Nanjye nunge murye: ese koko ubu nitwe byananira kandi Imana iduhagarikiye.

Nyagasani Yezu nabane namwe.


 

Rechercher dans ce blog

umuryango wa Thomas

umuryango wa Thomas

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel

VSITE PASTORALE

VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribanza

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribaza

visita pastorale

visita pastorale

visite pastorale

visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri

Visite pastorale

Visite pastorale
abana n'abakateshisti

Visite pastorale

Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA

Visite pastorale

Visite pastorale
accueil

ordination dell'abbé Claude Mutabazi

ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe

amafoto

amafoto
ishusho ya Bikira Mariya

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
ubusitani

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini 2008

Corpus Domini 2008
inkongoro

ikirugu

ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano

IKIRUGU

IKIRUGU

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO

URUBYIRUKO

URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

kiriziya ya mut Patero i Roma

kiriziya ya mut Patero i Roma

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA

SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE

SANCTUAIRE DE SAN  AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)

Archives du blog

Powered By Blogger

ikaze

mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,... Imana ibahe umugisha.

ERMO DELLE CARCERI

ERMO DELLE CARCERI
ASSISI

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi

ermo si San Vitaliano

ermo si San Vitaliano

Caserta

Caserta

reggia di Caserta

reggia di Caserta

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere