Ubanza ababa bategereje inyi nyigisho muzanyuzamo mukandambira kuko mpora nisegura ngo narangaye, ubundi ngo natize,ubundi ngo ni icyaha cya PC ...
Muri iyi nyandiko murasangamo n'inyigisho yo ku cyuweru gishize ntabashije gutegurira igihe.
Mbashimiye uko mubyakira kandi burya hagiye hagira uwongerako uko abyumva byamfasha kurushaho
UMUNSI MUKURU W'IKUZWA RY'UMUSARABA (ICYUMWERU CYA 24 MU BYUMWERU BISANZWE)
14 nzeri 2008 umwaka A
Ibar 21,4b-9
Fil 2,6-11
Yh 3,13-17
Kiriziya irahimbaza umuni mukuru w'ikuzwa ry'umusaraba. ivanjiri ya Yohani itwibutsa ko Imana yakunze isi kugeza aho itwoherereza umwana wayo w'ikinege, kugira ngo umwemera atazacibwa ahubwo azagire ubugingo bw'iteka. Ubwo bugingo bw'iteka ni ukumumenya no gushobore kwemera Imana nta kwinuba cyangwa ngo tubikore by'umuhango. Inzira igana Imana, cyangwa se Imana igana abayo ngo bamenye inzira y'umukiro, ishingiye ku rukundo. Ikimenyetso rero gikomeye Imana yagaragarije abayo ngo bayikunde kuko kandi ngo bayizere ni igiti cy'umusaraba. Pawulo mutagatifu, yandikira abanyefezi, yabibutsaga ko Kristu we wari Imana, atagundiriye iryo kuzo. Ahubwo ko yemeye kwihara ngo aduhe ku buzima bwe, ubuzima bw'Imana nyirizina, ubuzima bw'iteka. Ishema ryacu rero twebe abacunguwe ni umusaraba, ariko uyu wa Kristu. Umusaraba, iwacu akenshi tuwugereranya n'urwandiko, akaga katugenderera kakaba gatumwa, ntikaduhe agahenge, kakaba nka rwangendanyi. Umusabara ni umubabaro aho waturuka hose twumva ko uwadukiza uwo, ibindi byose twakwirwariza cyangwa twabyishoborera. Gusa tukaba twibeshyera kuko iyo havuyeho akabazo kamwe, duhita dutangira kurira no kuganya kubera akandi wenda muri icyo gihe twumvaga kataduhangayikishije cyane. Umuntu akaganya ati: uwambonera amafaranga y'ishuri ry'umwana, ibindi nakwimenya. Yaba abonye umufasha kumwishyurira, ati : erega burya no munsi y'urugo sinshobora kuhahinga kuko nta suka ngira. Hagira uba amutije isuka, ati: nahinga nagira wagirango hari aho bizangeza ko wa mwana muto yari akeneye kwa muganga. N'utundi tubazo usanga ari uruhuri kandi twose dusobekeranye ndetse tunihutirwa. Upfa gusa guserura gato, urutonde rw'ibibazo by'ubuzima ntirurangire kugeza yemwe n'ababa bakirwana nabyo na nyuma yo kwitahira kwa Mana. Ibi bizwi n'uyu mugani w'ikinyarwanda ngo umubyeyi ukwanga akuraga urubanza rwamunaniye cyangwa ya nkuru ya Kavuna, intangarugero mu kuruha, cyangwa kwikorera imisaraba y'iyi si mbaye mbyise ntyo. Kubaho ariko ntibisobanura kuruha kuko amajyambere n'ikoranabuhanga bigenda bitwemerera ibibereho myiza kugeza n'aho umuntu yakeka ko aho bukera urupfu ruzaba rutakivugwa. Sinarwanya ubushakashatsi kuko nta nicyo ndicyo, ariko kwiha kwiringira ikoranabuhanga, ubanza ryaturokora muri bike ibindi rikaturoha. Uretse ko n'abafite akayabo ku kugura ibyo abashakashatsi bavumbura tutari benshi. Kandi n'iyo twaba twese dutunze ibyo dusonzeye, iyo nkenya y'izara ntaho yajya. Umusaraba rero si inzara cyangwa ubukene bw'ibi bintu bishira, nubwo nabyo bifite agaciro gakomeye kuko bituma tubaho. Umusaraba ni inzira Imana ishaka ko tunyuramo ngo twigire mu bigeragezo n'ingorane z'iyi si uburyo idukunda. Ikindi kandi umusaraba uhinduka inzira y'ineza n'ibyishimo, iyo twemeye kubaho nta pfunwe, ibyo tudafite cyangwa tutishoboreye ntibitumwe twiheba ngo twicwe n'amaganya. Ikindi kandi kuva turi munsi y'ijuru, ntaho twahungira ingorane zijyana nyine no kubaho. Niba kurera no kubaka urugo rugakomera bisaba kwitanga, umuti si ukudashaka, ahubwo ni ukubikora uzi neza ko uzarwana uhababiri bambe babiri (umugabo n'umugore) bazahahagara gitwari. Kumenya ko indwara zibaho cyane cyane izi zitarabonerwa umuti ntbyatuma hari abihutira gusinya ngo umunsi nzaba nahuye n'iyo ndwara, abaganga nababwira iki, bazantere urw'ingusho noye kugaragurika. Aha tukiyibagiza ko ntawe umenya umunsi. Ejobundi bavugaga mu binyamakuru, umusaza abaganga bari babwiye ko asigaje utunsi duke akaba ataruye inkweto. Yahise akoranya umutungo we, uwo araga arawuraga, ategura uko azahambwa, akoresha isanduku, n'utunti n'utundi. Gusa rero iminsi yararenze ndetse asabye kwisuzumisha, basanga indwara yego itarakize ariko ubukana bayikekeragaho ntabwo yigeze. Ikibazo rero nuko uyu musaza ubu yabaye ngofero kuko ntacyo agisigaranye. Ngo yaba yiteguye kurega abaganga bamusize iheruheru. Uwemeye uko ari, akarangamira Kristu, ubuzima bwe abona koko ari ineza Imana yamugeneye. Ntiyirirwa abaza ngo ariko kuki jyewe ntavukiye mu bihugu bikize cyangwa ngo mbe ntatuze ibyatuma ntaganya. Ahubwo ashimira Imana kuko muri Kristu ubuzima bwe, uko bwaba bumeze kwose budateye isoni. Ni umutako bukaba n'ikimentso cy'uko hirya 'ubu buzima tuzataramana na Kristu. Umusaraba rero iyo uwemeye urakurukora, wawuhinda ukakugusha kuko nta yindi nzira ishoboka. Twaremewe kuzajya mu ijuru, tubyitegure turangamira kandi turamya umusaraba wa Kristu.
ICYUMWERU CYA 23 MU BYUMWERU BISANZWE
7 nzeri 2008 umwaka A
Ez 33,1.7-9
Rom 13,8-10
Mt 18,15-20
"Niba umuvandimwe wawe agucumuyehe..." ivanjiri y'iki cyumweru iraduhamagarira kubabarirana no guhanana bya kivandimwe tubigiriye ko aho babiri cyangwa batatu bateraniye mu zina rya Kristu, nawe aba ahari. Iyi vanjiri irakurikira iyo twumvise ku cyumweru gishize yashimangiraga ku buryo bwo kuramura (gukiza) roho zacu. Nta yindi nzira uretse guheka umusaraba, tugakurikira Yezu. Ntibihagije ariko kuba umuntu yakwirwanaho akarokora roho ye. Inzira y'ubukirisitu idutegeka no kwita kuri mugenzi wacu. Mu isezerano rya kera, Uhoraho yari yarabwiye umuhanuzi Ezekiyeri ko yamushyizeho kuba umurizi w'umuryango we, ngo aburire abanyabyaha bahinduke boye gupfa bazize ibyaha byabo. Ati: nibakumva bagahinduka uzaba urokoye abavandimwe; baramutse batakumvise, babyibarizwa ariko wowe ukaba urokoye ubugingo bwawe. Uramutse ariko utababuriye bagapfa kubera ibyaha byabo, amaraso yabo uzayabazwa. Iyi ngingo ntiyoroshye. Mutekereze buri wese utuye iyi si aramutse abaye umurizi wa mugenzi we, akamumneya cyane cyane akamuburira ngo atagwa mu cyaha. Simvuze ngo nta byaha twakonegera gukora, ariko ubanza abiroha kubera ubujiji, kubura gihana, kwigunga n'ibindi bibazo biba mu bantu, ndibwira baba bake. Ariko iyo dutangiye ngo usenya urwe umutiza umuhoro, iyo abavandimwe bavumbitsee akarenge..., uwiyishe... n'indi migani yerekana ko ibitakureba ureba hirya ntituba dukurikiza ijambo rya Kristu. Iyi si imyitwarire ya kivandimwe Kristu adutoza. Igikuru kandi twigira kuri Kristu, ni urugero yadusigiye haba igihe yoza ibirenge by'intumwa ze akatwigisha inzira yo kwicisha bugufi, haba cyane cyane ku giti cy'umusaraba aho yatweretse ko nta rukundo ruruta utanga ubugingo bwe kubera inshuti ze. Ni iyi ngingo rero y'ubucuti dukomora kuri Kristu igomba gutuma, niba hari agatosti kari hagati yacu nk'abavandimwe, mbere yo kubyasasa, tugomba kwiherera tugahanana. Ngo umuvanimwe wawe nagukosezera, uzamusange umuhane muri babiri, niyanga uzatore abagabo babiri cyangwa batatu. Naramuka abananiye, uzabibwire ikoranaro kandi naryo naribera ibamba, muzamuce mu muryango. Yewe ubanza twebwe tutageza hariya, ahubwo tubangukirwa no kwikiza uwakwiha kudukosereza. Nibwira ko Yezu ashaka kutunyuza mu ngando yo kwihangana: guhana umuntu yakwanga agatora abagabo, yakomeza kwangira ukabibwira ikoraniro, ubanza uwagobye kumva yaba yumvise. Ibi kandi bisaba ko ugomba guhana, aba yarangije gutanga imbabazi. None se wakwiruka inyuma y'umuntu wagukoshereje ziriya nshuro zose urwana n'iki? Kereka uwaba yumva indishyi z'akababaro ari akayabo. Kwa Yezu ariko indishyi z'akababaro n'imyishimo mu ijuru iyo umunyabyaha yicujije. Ni ibi byishimo bituma uwa Kristu, kandi aha twese turibonamo, atagombye gucika intege cyangwa ngo arambwire. Aha niho mutagatifu Pawulo ahera atwibitsa ko nta wundi mwenda tuwagobye kugira uretse umwenda w'urukundo.Andi mategeko yose yuzurizwa mu itegeko ry'urukundo. Ni hano kandi mutagatifu Agusitini yahereye avuga ati: uzakunde ubindi nakubwiri iki uzakore icyo ushaka. Usibye gukora neza nta gikora, icyufuzo, igitekerezo cyatuvamo ngo kibe kibi niba tubereyeho gusa gukundana, atari ibyi byo mu ndirimbo ahubwo nk'uko Kristu yadukunze akanatwitangira. Mwana w'umuntu, nagushyiriyeho kuba umurinzi w'umuryango wanjye ngo uwuburire hato hatazagira upfa azize ko atamenya cyangwa atabwiwe. Aya magambo yo mu gitabo cya Ezekiyeri, tuyareke yinjire mu murima wacu, adufashe kugira imyitwarire mishya. Wenda ntihabura aho adukomanga bitewe nuko twabaye ba ntibindeba. Ariko ntirirarenga, dusabe Imana imbaraga zo kuba koko abarinzi bayirebera ngo baburire abayo boye kugwa mu ruzi rw'ibyaha barwita ikiziba, umunyenga , ntacyo bitwaye cyangwa bice iyo bagaciye. Imana ntishaka urupfu rw'umunyabaha, ahubwo ko yihana agahinduka maze akababarirwa bityo akabaho. Ngo hazaba ibyishimo byinshi mu ijuru nurokora umuvandimwe wawe ukamuvana mu nzira y'abayobe kandi nawe uzaba ukijije amagara yawe.