ICYUMWERU CYA 23 MU BYUMWERU BISANZWE
9 nzeri 2007 umwaka C
Buh 9,13-18b
Filem 9b-10.12-17
Lk 14,25-33
Ngo kubera ko abantu benshi bakurikiraga Yezu, nuko arahindukira arabambwira ati ushaka kunkurikira agomba guhitamo, agafata umusaraba we, akaba iwanjye. Yezu yashakaga gusaba abari bamukurikiye kumenya neza icyo barimo bakora kuko we yari akataje agana i Yerusalemu aho azadpfira ku musaraba maze akazuka ngo tugire ubugingo bww’iteka muri we. Amagambo Yezu yakoresheje yo gusaba ko umuntu yahara abe: umugore, umugabo, abana, ababyeyi, abavandimwe kugeza ku mutungo hari igihe twakwibiwra wenda ko abayanditse bahinduye imvugo ye. Abasensengura indimi, bavuga ko mu gihebureyi, byumvikana neza. Yezu yasabaga ko abashaka kuba abe bamukunda rwose nta kindi bamubangikanyije na cyo. Nibyo nyine Yezu yita kwikorera umusaraba. Niba tutemeye ivanjiri nk’uko Yezu yayitwigishije, tukumva Imana hari aho irengera, tuba dutangiye kwigira abajyanama bayo kandi ni byo igitabo cy’Ubuganga cyatwibukije. Ngo ni nde waba umjyanama w’Uhoraho? Ni nde se wasobanukirwa n’ibitekerezo by’Imana? Ngo tumenya iby’iki gihe twiyushye icyuya, twasobanukirwa gute n’imiterere cyangwa imigendekere y’ibiriho byose. Ibi si ugupfubya intambwe abashakashatsi bagezeho cyane cyane mu bijyane n’ubuvuzi, itumanaho n’ibindi. Intera iracyari yose kandi simpamya ko muntu azageza aho avuga ngo imiterere y’ibiriho yayisobanura imvo n’imvano. Ibi kandi nta n’icyo byamara niba bidafasha muntu kwegera Iyamuhanze no guharanira ubutabera n’ubutungane. Ijambo rya Yezu ni ho rigusha: niba dukunda abantu n’ibintu kumurenza, ubwo ntituri abe. Abajya mu binsi mikuru, bazi icyo bita cocktail. Ni uruvanjye rw’ibinyobwa. Inzira igana Imana ntishobora kuba uruvange. Ngo none njye mu missa, nintaha nshugurike wenda mbe nagira n’uwo nyanganya ngo nkunde ndamuhe. Sinakwitwaza imanza z’umuryango ngo inzira igana Imana mbe nyisubitse. Hari n’ab’inkwakuzi batabura no gushaka impamvu ngo erega n’Imana irabyumva ko nta kundi byagenda. Nta kundi byagenda, ushaka kuba uwa Yezu, naheke umusaraba. Iyi mvugo nayo hari igihe itugora cyangwa tukayigora ari twe. Umusaraba wa Yezu ni ukwemera ugushaka kwa Se kugera ku ndunduro. Ni cyo bisobanura ngo icyo kurya cyanjye ni ugukora ugushaka k’Uwantumye. Umusaraba wa buri mukristu, mbere yo kuva uburyo bwe bwo kugira uruhare ku bubabare bwa Kristu, ni ukwemera Imana no kuyiha umwanya wa mbere. Ni ukuyikunda koko maze ineza yayo igatemba mu mutima wacu, ugakunda ukaba ingoro ya Roho Mutagatifu. Umusaraba rero si amagorwa y’abagabo cyangwa akaje karemerwa. Umusaraba si igihe tuba twageze habi akenshi ari natwe twabiteye. Umusaraba si urwandiko yemwe si n’igihano Imana iba yaduhaye ngo isa n’iyihimura ngo kuko tuba twitwaye nabi. Ikintu kiri cyo ni uko tugira uruhare mu kwakira umusaraba wa Yezu. Gusa sitwe tugomba kugena icyo twakita umusaraba cyangwa ngo tebe twakikururira ingorane ngo ngaho turifuza umusaraba. Ikindi kandi utemera umusaraba we, aka ya vanjiri yo ku cyumweru gishize, utiyizi uko atari, agashaka kwigerezaho, uwo umusaraba uba umunaniye. Yaba uwibwirako ari kabutindi agashakisha umusaraba uremereye, intugu ntizitinda guhetama. Yaba uwiriza ngo umusaraba uraremereye, nawe ni kimwe. Dusabe Imana ingabire y’ubuhanga ngo tumenye neza ugushaka kwayo n’umusaraba uzatujyana mu ijuru.
dimanche 9 septembre 2007
Inscription à :
Articles (Atom)
Rechercher dans ce blog
umuryango wa Thomas
MUSENYERI N'URUNGANO
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi
VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel
VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI
VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE
visite pastorale
ishuri ribanza
visite pastorale
ishuri ribaza
visita pastorale
visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri
Visite pastorale
abana n'abakateshisti
Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA
Visite pastorale
accueil
ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe
amafoto
ishusho ya Bikira Mariya
amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo
amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba
amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka
amafoto yo mu Rwanda
ubusitani
amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali
amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini 2008
inkongoro
ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano
IKIRUGU
YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)
ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO
URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
kiriziya ya mut Patero i Roma
COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA
ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO
MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA
SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)
BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)
Archives du blog
Qui êtes-vous ?
ikaze
mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,...
Imana ibahe umugisha.
ERMO DELLE CARCERI
ASSISI
abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi