UMUNSI MUKURU W'URUGO RUTAGATIFU RW'I NAZARETI
27 ukuboza 2009
1Sam 1,20-22.24-28
1Yh 3,1-2.21-24
Lc 2,41-52
Turahimbaza umunsi mukuru w'urugo rutagatifu rwa Yozefu, Mariya na Yezu. Ivanjiri ya Luka idutekereza bimwe mu byaranze urugo rwa Yezu, dore ko ari we wari umutware warwo niba tugendeye ku mpamvu zatumye ruriya rugo rwubakwa. Yego bari barasabanye kandi bazi ko bazabana, ariko gahunda nyayo izanozwa na Malayika ubwo yabwira umwe ukwe gahunda y'urugo rwabo. Mariya yabwiwe ko azasama ku bwa Roho mutagatifu, akabyara umucunguzi wa Israheli naho Yozefu yagiriwe inama yo kwakira Mariya iwe kuko imbuto yo mu nda ye ari umugisha ukomeye mu muryango we wari utegereje ugucungurwa. Kubana barabanye ndetse banibaruka Yezu. Bakurikije amategeko yagengaga abayisisraheli batitwaje ngo twebwe iwacu turerera Imana: haba kwibaruza byari byagenwe n'abaromani, haba gutura Yezu Imana muri Hekalu nk'uko byagendaga ku mwana wese w'uburiza, haba no kumujyana gusenga ubwo yari amaze kugira imyaka 12. iyi niyo nkuru twumva uyu munsi. N'ubwo Mariya na Yozefu bari barahishuriwe ibanga ry'umwana wabo, ntibyabujije gutungurwa. Ngo bavuye i Yeruzalemu Yezu yigumirayo batabizi. Birumvikana ko byabaruhije kubura umwana, ariko ntibabuze no kugira ubwoba bw'icyo babwira Imana biramutse bigoranye. Ngo bamusaze muri Hekaru, maze bamubajije icyabimuteye ati: ese ntacyo mwari mwatoramo ko ngomba kwita ku bya Data. Ngo ntibasobanukiwe n'icyo aya magambo avuga ariko ntibyababuza kusubirana nawe imuhira aho ngo yakomeje kubumvira kandi akakura ajya mbere haba mu bwnge, mu bushishozi no mu ngabire. Ese twavuga ko kimwe n'abandi babyeyi, Mariya na Yozefu babaye indangare gato ku nshingano zabo? Oya byaba ari ugukabya. Nyamara ariko ibanga ryo kurera burya ntiryoroha. Umuntu ni agatangaza cyangwa se iyobera ku buryo kwibwira ko umwana yakura nk'uko twabipanze biba ari ukwibeshya. Niyo ataba Yezu wari Imana, ntibyoroha kumenya niba ibyo ababyeyi bakorera abana babo biba koko aribyo bizatuma baba abantu bahamye. Icy'ingenzi ariko ni umutima wumva ijwi ry'Imana kuko niyo irera. Icya kabiri ni ubwumvikane hagati y'abashakanye kugira ngo mu bihe by'amahina hatagira ubwira undi ngo dore ibyo watoje umwana wawe, aka ya mvugo ngo ikigoryi ni icya nyina. Iyaba bitavugwaga n'abagabo! None se, wenda tubyemere gutyo, nyina arinda yibeshya se ahugiye handi he? Icya gatatu twakwigira ku rugo rwa Yezu,Mariya na Yozefu ni uguha abana uburere butumba bagimbuka, haba mu gihagararo, mu bwenge no bushishozi, bagakura buzuye Roho Mutagatifu. Ibi bisaba ababyeyi kwigiramo izi ngabire byibura se bagahora bateze ku Mana ibyatuma umwana akura neza. Nyina wa Samweri yatubera urugero mu isomo rya mbere. Icyo nasozerezaho ni icyaramira ababyeyi bafite ingorane yo kuba barajimije abana, baba abatakikoza inama n'impanuro, baba abatorongeye. Babyeyi nimwihangane mutegereze mutarambiwe, imbuto mwabibye mu mutima w'abana banyu izashibuka nta kabuza. Wenda iracyategereje igihe cyiza cyatuma imera. Niba mwarabibye imbuto nziza mu mutima w'abana banyu, ntakabuza izashibuka.
Rugo tutagatifu rw'i Nazareti, murikira ingo zacu turagutakambiye.