ICYUMWERU CYA GATANU CYA PASIKA
20 MATA 2008 UMWAKA A
Intu 6,1-7
1Pet 2,4-5
Yh 14,1-12
«Ntimugakuke umutima. Nimwemere Imana najye munyemere». Mbere yo kutwitangira ku musaraba, Yezu yahumurije intumwa azimeneyesha ko umwemera atagomba guhungabana kuko niwe «nzira, ukuri n'ubugingo». Imyaka irarenga ibihumbi bibiri Yezu avuze ariya magambo, nyamara uyumva ubu yagirango nitwe yabikiwe. Amasomo y'iki cyumweru aragaruka ku ngingo yo kwemera Imana no gukomeza ukwizera. Inkuru nziza dukesha Kristu ni iy'ukwizera nk'uko Pawulo mutagatifu yabyandikiye Timote ko nidukomera ku nyigisho ya Kristu tuzasangira umurage w'ikuzo mu ijuru (2Tim 2,11-13). Ese koko ubu twavuga ko ukwizera cyangwa ukwemera ari ngombwa? Ubu abantu turacyafite umwanya wo kwiringira ibizaza kandi ikoranabuhanga na vision twenty twenty bitwizeza ibitangaza? Wenda iwacu ubukene ntibubitwemerera n'ubwo bitabuza abifite kugaragaza umutungo wabo mu bikorwa bitangaje bitatse imigi yacu, ariko abakataje barabura gato ngo isi y'ejo izabe ituwe n'abantu basukuye, batunganye kandi batagira icyo baniha kuko ibyuma kabuhariwe bizaba byabaremye bibyitondeye. Ako kabura ariko karakora ishyano kuko ni ubwo iryo kataza rihira bamwe, abandi barigwamo. Urugero ntiruri kure 20% y'abatuye isi batungwa n'ibirenga 85% by'umutungo w'isi naho 80% bagasaranganya ibisigaye. Inka yo muri Yapani itungwa n'amadolari 10 ku mu nsi mu gihe iwacu abarenze icya kabiri y'abaturage batabona idolari rimwe. Imiryango itatu y'abanyamerika ikize cyane ki isi, ifite umutungo urenga ingengo y'imari y'ibihugu 45 by'iwacu iyo. Umukinnyi wa ruhago, Fabrizio Miccoli, ukinira Palermo, uherutse kugura iherena rya Maradona ku mafaranga 25.000€. Hose ariko ngo ntaho bukicyera. Umukene aba abara iminsi, naho umukire abona ibintu byuzuye ariko ntashira ipfa, ndetse n'intimba bigeretse cyane iyo yibutse ko ntawe abisigiye kuko yabyara atabyara, imisazire y'abo baminuje iteye agahinda, dore ko bamwe bageza aho basigara bizeye imbwa, injangwe cyangwa akandi kanyamaswa babana, kuko abantu nta mwanya baba bafite. Urugero ni umusaza w'umuyahudi ngo wakundaga gateau, maze igihe yendaga gupfa akikijwe n'abe, yumva impumuro yayo. Asaba ko bamuha agace agapfa asezeye. Umugore yagiye kuyizana aratungurwa kuko umwana wari wayiteguye yanze kuyimanyura ngo kuko bari kuyirya nyuma y'ishyingura. Abantu bakeneye inkuru ibahumuriza, abakene bakizera kutazapfa nk'ibimonyo n'abakire bakareka gupfana intimba. Isi ikeneye uyereka inzira nyayo aho guhora tubeshywa ngo hakurya hariya havumbutse umukiza, waba utarahagera ngo n'inyuma y'urugo iwawe barakiza, maze abantu b'intege nke, ndavuga iz'umutima, bagahora bazutaguzwa boshye wa muvumbyi... Isi ikeneye ikimenyetso gifatika ko kubaho bifite agaciro kuko bidufungurira inzira itujyana kwa Data mu ijuru. Abato n'abakuru bakeneye kumenya ko kubaho nyakwo bisaba kugira gahunda ifatika idashingiye ku byo radiyo yaraye ivuze cyangwa amashusho ya tv yerekanye. Ngo abahigi benshi bayobya uburari. Siko kiriziya iteye; ijambo yamamaza si iryayo ahubwo ni irya Kristu. Ng'ubwo ubutumwa papa Benedigito adasiba gushimangira mu nyigishoze. Kristu agomba kwamamazwa ku buryo bunoze kugira ngo umwemera amumenye, yoye kumwitiranya na za baringa, utaramumenya ashobore kumumenya n'abamutaye bamugarukire. Utabishaka nawe yoye kugira urwitwazo ngo byose ni kimwe, amadini yose avuga bimwe, no mu mutima wanjye nasenga, n'andi magambo nk'ayo. Ntibihagije ariko kuvuga no kwamamaza Kristu, kuko nawe gihamya y'ibyo yavuze n'ibyo yakoze twayiboneye mu rupfu no mu izuka. Abamwera tugomba kurangwa n'ubuzima bukurikiza Kristu: mu gusenga no mu guhabwa amasakaramentu, hato ngo tutagwa umudari; mu kwitangira abandi kugirango bemere ko ibyo twamamaza ari ukuri; mu kwicisha bugufi no kwirinda kurengera (discrétion et modération). Ikigomba kuduhihibikanya ni uko Imana ihererwa ikuzo mu mibereho yacu ndetse na muntu yaremye mu ishusho yayo, iwacu akahabona uwanya n'uburyo bwo kwiringira Iyamuhanze. Ubwo buri wese yareba ku buryo bufatika, uko ukwemera kwe kwahinduga gahunda y'ubuzima bwe kuko ukwizera ntigutamaza (Rom 5,5). Imana iragahora isingizwa iteka ryose!
lundi 23 mai 2011
Inscription à :
Articles (Atom)
Rechercher dans ce blog
umuryango wa Thomas
MUSENYERI N'URUNGANO
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi
VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel
VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI
VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE
visite pastorale
ishuri ribanza
visite pastorale
ishuri ribaza
visita pastorale
visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri
Visite pastorale
abana n'abakateshisti
Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA
Visite pastorale
accueil
ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe
amafoto
ishusho ya Bikira Mariya
amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo
amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba
amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka
amafoto yo mu Rwanda
ubusitani
amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali
amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini 2008
inkongoro
ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano
IKIRUGU
YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)
ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO
URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
kiriziya ya mut Patero i Roma
COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA
ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO
MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA
SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)
BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)
Archives du blog
Qui êtes-vous ?
ikaze
mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,...
Imana ibahe umugisha.
ERMO DELLE CARCERI
ASSISI
abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi