ICYUMWERU CYA 26 MU BYUMWERU BISANZWE
30 nzeri 2007 umwaka C
Am 6,1.4-7
1 Tim 6,11-16
Lk 16,19-31
Wowe muntu w’Imana, irinde ikibi, wihatire imigenzo myiza. Rwana intambara y’ukwemera maze uharanire kuzatunga ubuzima bw’iteka. Ng’aya amagambo Pawulo mutagatifu abwira Tomotewo, amagambo agomba kutuyobora natwe. Iyi mpanuro ya Pawulo mutagatifu igusha mu ijambo rya Yezu yabwiraga abamwumvaga mu mugani w’umuherwe wiberaga mu birori kandi akambara neza, n’umukene Lazaro utarabashaka no kwikiza imbwa zamuhunahunaga. Ngo yifuza utwagwaga ku meza y’umukire nk’uko wa mwana w’ikirara we azifuza ibiryo by’ingurube ariko ngo ntawamureba. Ibi ndumva atari ikibazo, ahubwo yageraga ate imbere y’urugi rw’umukire? Nta bazamu bamuhindaga? Nta bya byuma binihira iyo hari uwegereye imiturirwa yacu? Yatinyukaga ate gusiragira imbere y’urugo rw’umukungu byo kuba wenda yatera ikibazo abashyitsi. Ibi nibyo twirirwamo haba iwacu iyo twagize imanza, tukimira kuko ntawakira abavumbyi cyangwa se tugakubura umugi ngo hato ba mukerarugendo cyangwa abandi bashyitsi batabona ko dufite abashonji, ba mayibobo, utuzu tw’utururi n’ibindi bibazo bidakemerwa nuko tubuhishiriye. Ikibazo cya Yezu si ubusumbane buba hagati y’abakire n’abakene; ni imyitwarire y’abakire batamenya ko Iyabagabiye izatinda ikababaza uko bakoreshe ibyo batunze. Ngo bahayeho umukire n’umukene, umwe araberwa aranahirwa, undi aratindahara karahava. Bukeye baza gupfa. Aha niho ubuzima butangira kugira akagaciro koko. Twese urupfu ruraturinganiza kabone n’ubwo tugerageza kubihishira ngo urupfu rw’umukire ruruta ubukwe bw’umutindi. Hari abapfa bakajyanwa mu gituza cya Abrahamu, hakaba n’abahabwa ibyabo bikaba birangiye. Ibi kandi ntitukibwire ko ari urubanza rukatwa zero ngo ni umukungu cyangwa ubukire. Imanga itandukanya abakire n’abakire, iyi iheza Imana mu buzima bwacu, tukibwira ko ubwo twashyikiriye ubukungu n’Imana itakiri ngombwa, ntitubone Lazaro waba ufunguza imbere y’urugi rwacu, tukabangukirwa no kwibaza icyo aba ashaka iwacu nk’aho we nta maboko agira yo kwihahira...iyo manga niyo ituma nyuma y’urupfu ibintu biba bitagifite igaruriro, n’agatonyanga k’amazi tuba tudashobora kukabona. Twataka twagira, niba ntacyo twakoze ngo duce umuhanda uzatugeza mu ijuru, bizaba ari ntacyo bimaze gusaza imigeri ngo yebaba turashize. Twashize burya ubwo twafungaga inzuzi z’umutima wacu tukayoberwa aho isi yerekeza, tugatana tukigira kwa Sekibi. Ivanjiri kandi iragaruka ku ngingo na none itureba twese. Ngo nyamuneka ohoreza byibura Lazaro iwacu, aburire abavandimwe banjye hato tuzapfira gushira. Nibyo rwose kiriya kibazo gifite ireme. Ariko se niba batumva Musa n’abahanuzi, uwazuka we, akaza ari Lazaro aho bamubonera umwanya? Aho ntibizaba aka wa mugani ngo agapfa kaburiwe ni impongo. Turaburirwa, turatozwa, turigishwa –ndavuga ariko abemera kwitabira inyigisho- abandi twaranangiye ngo n’ubundi abajya mu kiriziya si bo ntungane, nyamara ba Rutare turahari kandi benshi. Pawulo mutagatifu ati rwana intamabara y’ukwemera, haranira ubugingo bw’iteka, twaza usingire Kristu, haranira kwitagatifuza. Simvuze ngo abirwa benshi, ariko ndangije nka Yezu nti: abafite abatwi yo kumva, nimwumve.
lundi 1 octobre 2007
Inscription à :
Articles (Atom)
Rechercher dans ce blog
umuryango wa Thomas
MUSENYERI N'URUNGANO
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi
VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel
VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI
VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE
visite pastorale
ishuri ribanza
visite pastorale
ishuri ribaza
visita pastorale
visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri
Visite pastorale
abana n'abakateshisti
Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA
Visite pastorale
accueil
ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe
amafoto
ishusho ya Bikira Mariya
amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo
amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba
amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka
amafoto yo mu Rwanda
ubusitani
amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali
amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini 2008
inkongoro
ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano
IKIRUGU
YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)
ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO
URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
kiriziya ya mut Patero i Roma
COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA
ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO
MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA
SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)
BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)
Archives du blog
Qui êtes-vous ?
ikaze
mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,...
Imana ibahe umugisha.
ERMO DELLE CARCERI
ASSISI
abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi