ICYUMWERU CYA 25 MU BYUMWERU BISANZWE
20 nzeri 2009 umwaka B
Buh 2,12.17-20
Yak 3,16-4,3
Mk 9,30-37
Ivanjiri y'iki cyumweru iratwereka yezu asobanurira abigishwa be ibijyanye n'ibabara rye. Ngo mu gihe barimo bambukiranya Galileya bagana Yeruzalemu, yezu yongeye kubwira abigishwa be ibyerekeranye n'ubutumwa bwe. Bo ariko ngo ntacyo babivuzeho kuko bari bahugijwe n'ibindi. Ngo barimo bibaza muri bo uri mukuru. Ntabwo cyari ikibazo cyoroshye. Bene Zebedewo bazageza aho bitwaza nyina ngo bake imyanjya iburyo n'ibumuso bwa Yezu; abigishwa bazabaza Yezu igihe asigaragariza Isiraheli, mu yandi magambo ngo nabo bagaragare; nibwira no muri rubanda kwari uko. Gufata gahunda yo kwerekeza i Yeruzalemu cyari ikimenyetso ko abategereje umukiza bagiye kugabana. Igitangaje ariko nuko Yezu yarimo asobanura uko bizamugendekera ariko abigihswa ntibabyumve. Ese birashoboka ko inkuru nk'iriya Yezu yahita gutyo abantu ntibayiteho? Niko byagenze. Ikiza cya Yezu ariko nuko nta kintu kimucika. Byose arabyumva kandi akabigera umwanya wabyo. Ubanza iyaba nkanjye nari gutontoma nti ariko ibyo mvuga murabyumva cyangwa? Nti koko uyu ni umwanya wo kuniganira imyanya mutanabanje kumva icyo murwanira? Yezu ategereza umwanya ukwiye ngo wenda atavaho ahuhura abatari bafite agatege. Ati se mu nzira burya mwaganiraga iki? Ubanza nta gisubizo yari ategereje kuko azi abo yatoye. Nuko afata umwana muto aba ari we atagaho urugero: utakira umwana muto nk'uyu ngo ubanza atazanashobora kwakira Yezu. Ibi kandi nibyo Yezu yari amaze gusobanura ko atazanywe no kugaragirwa, ahubwo no kuba umugaragu n'incungu ya bose. Ijambo rero rikuru tuzirikana ni ukuba intumwa ya Yezu tumwigana ngo tube abagaragu b'intore z'Imana. Simvuga ngo tube abacakara cyangwa ya mvugo ngo emera bagutegeke. Ahubwo ni ukwakira mbere na mbere Yezu uje kuducungura, bijyanye no kumenya icyo aducungura bityo natwe tugakunda tugacungura abandi. Iyo bitabaye ibi rero, wenda dushobora kuba twemera ko Yezu ari Nyagasani, dushobora kumukurikira inzira yose aho yerekeza i Yeruzalemu, ariko yajya atubwira ntitumwumve duhugiye mu bindi: yaba imyanya twifuza kugabana, byaba ibyubahiro dushakisha muri kiriziya, haba se ikindi kiba kiduhumye amaso n'umutima. Kumva ijambo rya Yezu ari nabyo bituma adukiza, bijyana no kugira umuhate n'ukwihangana byatuma Imana twemera ko ari Nyirububasha, Nyirimbaraga, Usumbabyose,... tubasha kuyakira mu kigereranyo cy'umwana muto. Kuko mu maso no mu bwenge bwa muntu, rwose ibi ntibijyanye: Imana ihohoterwa, ikagambanirwa, ikicwa (kabone nubwo yaba ivuga ko izazuka), rwose si ibintu by'i Rwanda. Imana itirwanaho se yandengera ite? Imana itivugira nayitabaze nte? Ibi ni bimwe mu bibazo abakristu ba mbere barwanye nabyo cyane cyane bahereye ku myumvire yariho yo kumva imiterere y'Imana. Erega no minsi yacu ni kimwe. Imana twumva twayemera ituri kure itivanze cyane mu buzima bwacu, ikajya itwumva tuyambaje, ikababarira ibyaha byacu, ariko ntidusabe kubingenzereza abandi, agaha umugisha imanza zacu wenda niyo zaba zifutamye ariko ntitubaze cyane uko tubanira abandi cyangwa aho umuvandimwe wacu ari,... ng'ibi ibyo Yezu ashaka ko abigishwa bafasha hasi niba koko bashaka kuba abe. Kwemera Yezu ni ukugenza nka we. Turabizi Yezu si abamugaragira yari abuze, si imbaraga n'amaboko akennye, ariko byose yarabihaze kubera twe. Kutabyumva rero ni uguhora mu ntambara z'urudaca nk'uko Yakobo intumwa abitwibutsa. Ngo nta handi hava intambara muri twe atari mu biba bitubyiganira mu mutima aribyo ibyifuzo bidafite ishingiro, inzangano, umururumba,...
Kristu arashaka ko tumuyoboka tumwakira mu ishusho ry'umwana muto. Bityo agakunda akatuvana ku ngoyi izo ari zo zose zatubuza kuba abigishwa be n'abana b'Imana ikunda cyane.