ICYUMWERU CYA 16 MU BYUMWERU BISANZWE
19 nyakanga 2009 umwaka B
Yer 23,1-6
Ef 2,13-18
Mk 6,30-34
Ivanjiri y'iki cyumweru iratwereka abigishwa bavuye kwamamaza ubutumwa maze Kristu akabasaba ngo baruhuke gato. Nyamara ngo ntibyakunze kuko rubanda bababonye bagenda babatanga aho bibwiraga ko bagiye kuruhukira bityo Yezu ntiyaba ikibonye umwanya wo kuruhuka ngo kuko rubanda rwari rumeze nk'intama zitagira umushuma. Yahisemo rero kubabera umushumba maze ngo arabigisha birambuye. Hari ingingo ebyiri twazirikana: iya mbere ni ijyane n'ikiruhuko, iya kabiri ikaba impuhwe Yezu yagiriye rubanda rwamukurikiraga, impuhwe zigomba kuranga abashumba baragiriye Nyagasani. Hari ivugo y'ikilatini, abakizi ubwo nababwira iki, ivuga ngo festina lente cyangwa ngo inyakure gahoro gahoro yadufasha kumva imvugo ya Yezu. Ni kenshi twumva abantu bataka ngo nta gihe bafite, ngo aho gutinda mu muhanda watinda mu bitaro, ngo udasibye arasigaye n'izindi mvugo zerekana ko kubaho bisaba abazi kwinyaruka kandi ko nta gihe cyo guta. Guhora rero umuntu yiruka nabyo bigasa no gusiganwa n'ubuzima kandi amaherezo buducika tubureba. Mu bijyanye n'ukwemera kimwe n'ubuzima bwa roho tumenyereye ko ari ngombwa kugenera igihe nyacyo umwanya wo kwitangira ibikorwa n'uwo gusenga. Gutwarwa gusa n'imihihibikano y'iyi si kabone n'iyo yaba ngombwa ntibihagije kimwe n'uko kwibwira ko twakwibera mu Mana gusa iby'isi tukabitera umugongo na byo atari byo. Icya ngombwa ariko si ukugenda umunzani ngo hato tudacikwa mu kubibisikanya. Haba mu ivanjiri aho Yezu agaya abafarizayi ko bakabya mu guha agaciro amategeko bakirengagiza ko Umwana w'Umuntu ari umutware wa Sabato, haba no mu ivanjiri ya Marita na Mariya, cyangwa aho Yezu atwibutsa ko Imana ikeneye impuhwe no kwisubiraho kuruta ibitambo, hose Kristu adusaba guhoza umutima ku Mana kuko ari yo igena byose, ibindi bikaza ari inyongera. Agaciro gakomeye rero ni ukumenya ugushaka kw'Imana. Muri iyi vanjiri, abigishwa bari bakeneye kuruhuka gato kubera umurimo bari bakoze kandi ni ngombwa rimwe na rimwe kwitsa imirimo ya buri munsi ngo turuhuke, dusubiza amaso inyuma, turebe n'icyerekezo cy'ubuzima. Nyamara rubanda bari bakeneye kwitabwaho. Umuhanuzi Yeremiya yatwibukije ko abashumba bakenesha ubushyo bashinzwe akabo kashobotse. Ngo Uhoraho niwe ubwe ugiye kwiragirira umuryango we. Iyi mvugo yujurijwe muri Kristu we Mushumba nyakuri witangiye intama ze ku musaraba, akaba soko y'ubumwe n'amahoro nk'uko Pawulo mutagatifu yabitwibukije. Abemera Kristu, ababeshejweho n'ineza ye, dufite amahoro muri we. Iyi ni impano ikomeye tugomba gukomeraho. Dufite n'inshingano ikomeye yo kurangira abandi iyo soko y'amahoro n'ubuzima dukesha Kristu. Ng'abo abashumba Imana ishakira umuryango wayo, ngo woye kubuyera ushakisha ihumure n'amahoro cyangwa ngo wirohe ku ngirwabashumba. Amasomo ya none araduhamagarira gusabira abashinzwe umuryango w'Imana: papa, abasenyeri, abasaserdoti n'abandi bashinzwe umurimo w'ubuyobozi muri Kiriziya. Si abo gusa ariko tugomba gusabira ngo bite ku nshingano zabo, tugomba no kuzirikana abayobozi bose, cyane cyane ab'imibereho myiza ya rubanda, ngo bibuke ko imirimo bashinzwe bayikesha Uwabahanze. Ku buryo bw'umwihariko, dusabire ababyeyi ngo bagire umuhate n'ukwihangana mu murimo wo kurera. Aha rero tukubasha kmva ingingo ya kabiri ijyanye n'ibawe rigomba kuturanga mu butumwa bwacu. Kubona abo dushinzwe tukamva impuhwe zije. Tukumva tutaruhuka tutabitayeho kabone n'iyo twaba tunaniwe cyangwa se twitabiriye imirimo ikomeye. Umugani w'umusamaritani w'impuhwe udufashe kujya duha agaciro mbere na mbere abantu bakeneye impuhwe z'Imana aho takubitanira hose.
Imana niyo butabera bwacu, niyo mahoro yacu, nisinzwe iteka ryose. Amina