UMUNSI MUKURU W'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
14 kamena 2009 umwaka B
Iyimi 24,3-8
Hb 9,11-15
Mk 14,12-16.22-26
Turahimbaza umunsi mukuru w'Isakaramentu ritagatifu. Ni umunsi utwibutsa ineza n'urukundo Imana yadukunze ubwo yatwohererezaga Umwana wayo, akatwitangira maze akasuìigira isezerano ryishya rishingiye ku mubiri we n'amaraso ye. Atari isezera kera Uhoraho yari yaragiranye n'umuryango we rishingiye ku maraso y'ibitambo byaturwaga muri Hekaru. Ni isezerano rishingiye ku buntu gusa gusa. Ivanjiri ya Mariko iratwibutsa amagambo Yezu yavuze mu isangira rye rya nyuma n'abigishwa. Ati: uyu ni umubiri wanjye, iki ni amaraso yanjye. Mu yandi magambo, ati: uyu nijye wese Imana yanyu, ubushake bwanjye, ineza yanjye, imbabazi zanjye... Yego ntitugomba guhomerera boshye abatazi icyo tuba dukurikiye cyangwa uwo duhabwa, ariko tuba duhabwa umuti nya muti, ineza itagereranywa, ubuzima bwuzuye, urukundo nyarwo,... Aha rero hadutera imbaraga kandi hakaturinda kwikuza cyane cyane iyo twibeshyera ko tuzahabwa Yezu ariko uko twumva tubishatse cyangwa ngo umutima wacu ukeye. Simvuze ngo uko twaraye cyangwa uko tuba tuvuye mu nduruburi za buri munsi duhitire kuri Alitari nta na "ndishinja" (ndavuga kwicuza no kwitegura kwakira Yezu), ariko niba dushaka kumva akamaro k'umukiro Yezu yadusigiye, tugomba rwose kumwakira cyane cyane mu isakaramentu ry'Umubiri n'Amaraso bye. Muri iri sakaramentu, duhabwa byose. Icyiza kandi k'ingabire dukuramo, ni uko inzara n'inyota bishira, tukaruhuka, ndetse tugahinduka natwe isoko y'ineza, impuhwe, urukundo,... by'Imana. Muri make natwe tugahinduka Umugati utanga ubugingo. Igihe cyose ariko duhabwa Yezu dusa nk'aho hari ikindi aduca (ubutungane twikekaho, ibikorwa rukana twaba dukora, ubuhamya cyangwa ubutumwa twaba duhabwa n'ab'ijuru,...), tuba dupfobya ineza ye, tuba twiyima agakiza bityo tukaba twataha amara masa cyangwa tukamera nka ya ngata imennye. Biba bibi kurusha kandi iyo twihaye kuba amacamanza: ngo dore n'uriya aratinyutse agiye guhabwa Yezu koko nta soni. Wenda arazifite kuko nawe azi uko ateye. Ariko se niba abarwayi badasanze Muganga, hazakira nde? Uwo muganga se we akazi ke kazaba akahe? Kwitemberera no kwinyuza mu biro ngo asinyishe ko akora. Yezu ntiyikatishije cyangwa ngo yinyuze mu buzima bwacu byo kwiyerekana. Yaje aje kandi ngo umwanzi wanyuma azatsinda ni icyaha n'urupfu. Uyu munsi duhimbaza rero utebere ko umwanya wo kwishimira ineza Imana itugirira muri Kristu. Reka nsozereze ku magambo ya yandirimbo turirimba uyu munsi: Rata Siyoni. Wowe Mushumba nyamushumba, wowe Mugati nyawe Yezu, turagire uturwaneho uzadusohoze iwawe iwabo w'abazima. Amen Alleluya.