ICYUMWERU CYA 33 MU BYUMWERU BISANZWE
18 ugushyingo 2007 umwaka C
Mal 3,19-20
2 Tes 3,7-12
Lk 21,5-19
« Dore igihe kirageze muvandimwe, kuko ibyo Yezu yatubwiye bigiye gusohoza ». Ntawe utibuka ukuntu abantu bacitse ururondogoro ngo umwaka w’ibihumbi bibiri uzaba imwaka w’imperuka ndetse hari n’indirimbo zahimbwe zisa n’izemezaga ko imperuka yageze. Muri izo harimo n’iriya nteruro natangije inyigisho. Ivanjiri ya none iravuga uko ibihe bya nyuma bizaba bimeze. Siniriwe ntinda mu mateka ya kiriziya ngo nsobanure uko abantu bagiye bacyeka ko ibihe barimo aribyo bya nyuma cyane cyane bahereye ku magorwa babaga barimo. Nagirango gusa mbibutse interuro isoza : mu bwiyumanganye bwanyu ni ho muzarokora ubuzima bwanyu. Ibihe ntituzabibuza guhita kandi ibibi n’ibyiza biragendana, byose bigaterwa n’imyumvire yacu. Yezu ntayobewe uko isi iteye, ndetse ntanirengagiza ubukana bw’icyaha, yemwe ntanagambiriye guca igikuba. Arigisha kudaheranwa n’ibihindagurika ngo umuntu yibagirwe isano afitanye n’Iyamuhanze. Ibyo rero bisaba guhoza ijisho mu cyerekezo nyacyo cy’ubuzima, hato inkubiri y’ibihe itavaho iduca mu rihumye. Umuhanuzi Malakiya yabisobanuye ku buryo bunoze: dore haje umunsi utwika nk’itanura ; abirasi bose n’abagome bakazagurumana nk’ibyatsi...Naho mwebwe, abubaha izina ryanjye, izuba ry’ubutabera rigiye kubarasiraho. Aya magambo si amareshyamugeni, cyangwa ibikabyo. Ntitwagombye kuyasoma duhereye ku buryo bwacu bwo kureba no guca urubanza cyangwa ngo tuyashingireho dukore isesengura ry’amateka turimo. Tuzi neza ko ibihe turimo, byiza cyangwa bibi, biterwa n’imyitwarire yacu cyangwa ingaruka z’ibyo abatubanjirije bakoze. Ibimenyetso rero by’ishira ry’isi- nanjye mbyite ntyo- ni uburyo bwo kureba uko tubayeho, icyerekezo cy’ibitekerzo n’imigambi yacu, amatwara twimirije imbere…maze tukibaza koko niba isi itarimo idushirana cyangwa niba tutarimo tuyihuhura ngo ishire. Ubushize nababwiraga bimwe mi bitekerezo isi iriho ishaka gushingiraho imyumvire y’ubuzima( reba umunsi w’abatagatifu bose), none se nidukomeza kuriya, muremeza ko isi tutazayihuhura? Kandi nishira natwe tuzashira kuko ni kimwe no gutema ishami twicayeho. Yezu ntadukura umutima cyane ko anatubwira ko nta gasatsi kacu kazagira icyo kaba; ahubwo aradukomeza ngo tube abahamya b’ukuri kwe muri iyi ntambara y’icyaha. Tuzabe dufite ingabo y’umutamenwa! Sinshinyagura, ariko umugambi w’Amerika wo kubaka ingabo yo gukingira igihugu cyabo ndibwira warayoyotse. Ingabo iturinda ni ukwemera kwacu; kwa kundi gushobora gutuma duhara amagara yacu ngo isi dutuye ikunde ibe umutako wa Nyiribiremwa n’inzu ya bose; kwa kundi kwatuma twatura tukigisha ko abatunganira Imana, izuba ry’ubutabera rigiye kurasa kabone niyo baba batotezwa; kwa kundi- ndavuga ukwemera- kwatubuza gutwarwa n’imishinga itari mike dukora twirengagije abo dusangiye kubaho; kwa kundi kwatubuza kugoheka igihe hirya no hino abantu barengana, bahohoterwa, bapfa. Kwa kundi kwatuma twishushanya na Yezu wamenye amaraso ye ngo ahurize bose mu muryango umwe. Uko kwemwra gusaba ubwiyumanganye, umuhate, isengesho…muri macye, kutahera mu ma gambo nka Rukabyamurimbo Pawulo mutagatifu yacyahaga mu isomo rya kabiri.
Umunsi ugera Nyagasani yabigennye. Igihe tukiriho, twibuke impavu turiho kuko twabaho, twapfa, turi aba Nyagasani. Naharirwe ikuzo uko ibihe bihora bisimburana iteka. Amina.
samedi 17 novembre 2007
Inscription à :
Articles (Atom)
Rechercher dans ce blog
umuryango wa Thomas
MUSENYERI N'URUNGANO
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi
VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel
VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI
VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE
visite pastorale
ishuri ribanza
visite pastorale
ishuri ribaza
visita pastorale
visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri
Visite pastorale
abana n'abakateshisti
Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA
Visite pastorale
accueil
ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe
amafoto
ishusho ya Bikira Mariya
amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo
amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba
amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka
amafoto yo mu Rwanda
ubusitani
amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali
amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini 2008
inkongoro
ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano
IKIRUGU
YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)
ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO
URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
kiriziya ya mut Patero i Roma
COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA
ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO
MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA
SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)
BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)
Archives du blog
Qui êtes-vous ?
ikaze
mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,...
Imana ibahe umugisha.
ERMO DELLE CARCERI
ASSISI
abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi