ICYUMWERU CYA 27 MU BYUMWERU BISANZWE
4 ukwakira 2009 umwaka B
Intg 2,18-24
Heb 2,9-11
Mk 10,2-16
"Ese biremewe ko umugabo yirukana umugore we"? "Mu ntangiriro si uko byahoze". Ng'izi interuro ebyiri zidufasha kumva Ijambo ry'Imana ry'iki cyumweru. Abafarizayi babajiye Yezu ibijyanye n'umubano w'umugabo n'umugore, bashaka kumva akamuvamo ngo bazabone aho bamuhera. Ikibazo cyari kizwi kandi n'igisubizo bari bakizi. Hariho uburyo bubiri bwo kumva iki cyibazo: bamwe bemeraga ko umugabo afite ububasha bwo kwirukana uwo bashanye ku mpamvu ibonetse yose. Abandi nabo bemeraga ko umugore yasendwa ariko hari impamvu ikomeya. Yezu we ati: mu ntangiriro si uko byari bimeze. Umugabo n'umugore baba ari ikintu kimwe nk'uko Umuremyi yabigennye. Gutanya rero icyo Imana yahuje nta tegeko na rimwe ribyemerewe. Ikibazo si ukumenya niba byemewe cyangwa bitemewe, bishoboka cyangwa bidashoboka, ahubwo ni ukumenya agaciro k'umubano w'abashakanye cyangwa se akamaro ko guca undi inyuma no gutatira isezerano. Mu bibazo byugarije isi muri iki gihe cyane cyane mu bihugu byitwa ko byakataje mu majyambere, ni agaciro k'isakaramentu ry'ugushyingirwa. Muri diyosezi ndimo ya Catanzaro-Squillace mu Butaliyani bw'epfo, mu kwezi kwa karindwi, bari bamaze kwakira imanza zisaba ko isakaramentu ry'ugushyingirwa bahawe ryaba impfabusa zingana na 1/3 ry'abasabaga gushyingirwa muri uwo mwaka. Ibiro bishinzwe kwakira abashyingirwa ni nabyo biba byakira abasaba ko isakaramentu bari barahawe ryafatwa nk'aho ritabayeho ngo bakunde bahabwe irindi. Ni ukuvuga ko hafi urugo rumwe kuri eshatu rusenyuka, kandi niba biba muri Italie y'epfo yitwa ko yasigaye inyuma ma majyambere mu burayi, ubwo ahandi ibintu byaracitse. Yezu aje ntiyasubiza kibazo cyo kumenya niba byemewe kwirukana mugore, ahubwo ubanza bamubaza aho Imana yavanye igitekerezo cyo guhuza ubuziraherezo umugabo n'umugore. Ubu gusezerana kuzabana akaramata byenda gusa na za papiers mouchoirs ukoresha ugahita ujugunya. None se abatandukana bataramarana n'amezi abiri, abo twababeshyera ko bari barasezeranye. Kiriziya nayo yabaye nko mu gihe cya Musa kuko impamvu zitabura ngo abashaka kongera gusezerana babone impushya. Impamvu akenshi zitangwa zisobanura isenyuka ry'ingo muri iyi minsi harimo kuba bamwe bashinga ingo basa n'abakina bakimeze nk'abana, kubura uburere buhagije, imiterere y'ubukungu yararuye benshi, kwibwira ko kubaka urugo ari umukino,... Habaho ariko n'impamvu iruta izindi, ni uko muntu avukana ingaruka z'icyaha, akaba nyine adashobora kugira urukundu ruyunguruye, uru rutagira igitotsi. Kubana rero kw'abashakanye ntibigomba gushingira gusa ku mbaraga zacu kuko uko byagenda kwose uwo mubano wamungwa. Ni umugambi w'Imaana ujyano no guhora abashakanye barangamira Soko y'uwo mubano wabo nyine. Icyo Yezu yita ubunangire bw'umutima, ni ukwibwira ko twabyishoborera, twabyikemurira, twabitwara uko bije. Ubunangire bw'umutima ubanza bwariyongereya cyangwa iyacu yarabaye rutare. Iwacu mu bihugu bigikomeye ku muco w'umuryango, ikibazo turacyagifite cyo gusenda, kwirukana umugore ndetse no kubahohotera. Wenda ubanza tutakibabarira mu mitungo yacu, aka wa wundi ngo guhera ku mbeba itamba ku rusika kugeza ku mugore, ibiri mu nzu byose ni ibye. Aka kaba ari akumiro. Iringanira ririgishwa ndetse n'amatekego arenganura itsikamirwa ry'abagore ariho. Nyamara Bibiliya ntitwigisha kugendera kuri ayo mategeko, idutoza kumenya Imana n'ukuri kwayo kugira ngo buri wese mu rwego rwe abashe kuyitunganira no gutunganira abandi. Abashakanye rero basabwa mbere na mbere kwicisha bugufi no kwakira bamwe n'abandi cyane cyane iyo hari ingorane bahuye nayo. Ibyanditswe bitwibutsa ko ibigeragezo bibereyeho kugaragaza ukwemera kwacu kandi ko Imana idashobora kutugerageza birenze intege zacu. Umubano w'umugabo n'umugore ugomba gushingira ku kimenyetso cya Kristu witangiye Kiriziya ye kugeza ku musaraba, bityo abashakanye nabo bagakundana aho kwihanganirana cyangwa se kuba ba Nyirandarwemeye. Imana niyo Nkuru abayiyambaza ntibazakorwa n'isoni bibaho.