ICYUMWERU CYA 27 MU BYUMWERU BISANZWE
05 ukwakira 2008 umwaka A
Iz 5,1-7
Fil 4,6-9
Mt 21,33-43
Ivanjiri y’iki cyumweru irakomeza gusobanura uko tugomba gukora mu muzabibu wa Nyagasani. Turasoma umugani w’abanyamisabibu b’abahotozi. Inzira Yezu yanyuze ngo asobanurire abayahudi imyitwarire yabo nubwo isa n’aho iziguye, irasobanutse ku buryo uretse n’abayahudi bamwumvaga natwe ab’iki gihe tubishatse twasobanukirwa. Ku cyumweru gishize yabagayaga ko badashaka guhinduka kandi ko iyo myitwarire izatuma abo twita ba ruharwa, indaya n’abanyabyaha, babacaho bakazabatanga kugera mu bwami bw’ijuru. Kwinubira ko Imana igirira bose ubuntu, ikakira bose ndetse ikabahemba kimwe niyo baba batakoze igihe kingana, kunangira umutima, inzira yo kwemera Imana igahera gusa mu magambo, gushakisha uko bakwimura Imana bakayikura mu byayo bagasigara aribo bayobora byose, bakica bagakiza... ng’ibi ibizatuma Ingoma y’Imana (umuzabibu) ihabwa abandi bafite ubushake bwo kuyibyaza umusaruro kandi bumvira Imana. Umugani w’abanyamizabibu b’abahotozi werekana rwose ko nyamwanga iyo byavuye yanze iwamuhaye inka kandi aya ni amateka yacu abantu: Imana tuyibanira bitewe n’icyo tuyishakaho, twakumva tunezerewe, tukayisezerera ndeste byanarimba tukayimenesha. Kwemera umwanya wacu ko turi abagabuzi b’ineza y’Imana biraturushya cyane byo gutuma duhora buri gihe turi muri ya mvugo ya have mpage kandi Imana iba ishaka ko twahabana n’abayo. Reka ariko dusome uyu mugani. Ngo umugabo yihingiye umuzabibu, amaze kuwitaho neza, awusigira abahinzi ngo bawiteho maze bazage bamuha igihembo uko igihe kigeze. Ngo yabaye agitirimuka, baba barawigabije ku buryo uko yagiye yohereza abakozi be gutwara umusaruro, abo bahinzi bagiye babagirira nabi kugeza ndetse n’aho bishe uwari umwana we ngo bityo begukana umurage burundu. Birumvikana ko iyi myitwarire nta muntu wayishyigikira cyane iyo twumva twebwe turi abere. Nyamara siko biri, Ijambo ry’Imana iteka riba riducyamura, rikadukurugutura kugeza twumvise ko ari twebwe ribwirwa kandi ko natwe imyitwarire yacu atari shyashya. Mu gitabo cy’umuhanuzi Izayi, Imana yibazaga icyo izakora ngo umuryango wayo uyikundire uyibere nk’umwana nawe awubere umubyeyi, woye guhora ubuyera kandi ntacyo wayiburanye. Izayi ati rwose ngaho nimunkiranure n’umuryango wanjye: ni iki nagombaga gukora nkaba ntaragikoze? Mu isezerano rishya twongeraho ko yemeye no gutanga Umwana wayo ngo tugire ubuzima busagambye. Ariko se inyiturano ni iyihe? Yezu azageza n’aho aririra Yeruzalemu yica abahanuzi, agatoteza abayitumwaho, Yeruzalemu itazamenya amagingo Imana izayisuriraho. Yeruzalemu y’ubu ni Kiriziya umuryango mugari w’abana b’Imana. Abitwa ko twahawe imirimo, abaragijwe umuzabibu w’Imana, nitwe tubwirwa n’iri jambo. Ese aho twaba twibika ko turagiriye Imana ko ibyo dutunze ariyo yabiremye, ikabibeshaho, ikabiha umugisha maze ikabitugabira. Aya ni amagambo asoza isengesho rikuru ry’Ukaristiya, aho abashaka gutera urwenya bongeraho ngo Imana irabitugabira ngo twipfire nabi. Siko bigomba kugenda ariko. Ntitugomba kwibwira ko ibyo Imana iduha tugomba kubikoresha uko twishakiye, ngo twonone, dusenye, dusahure kugeza no kwica ngo ngaho turarwanira gutunga. Ariko se ko ubuzima bw’iteka tutabwikubira ngo bube bukibaye ubuzima, ubwo aho iyo duhirimbana tuba tuzi icyo turwanira. Buriya se bariya bahinzi bibwiraga ko niyo nyirumurima yatinda, aho azazira bizamubuza kubahana yihanukiriye? Twebwe nibwira ko inama twakurikiza ari iza Pawulo mutagatifu, aho abwira abakristu wa Kiriziya ya Efesi ati: nimiharanire ikiri icyiza, igikwiye kubaha, igitunganye kandi ineza ya Nyagasani ibane namwe. Hari se ikindi twakwifuza gutunga kiruta ineza ya kristu? Hari se abo twumva Imana yaheze ku meza yayo matagatifu? Ese ubundi niba Imana ikunda abandi nk’uko inkunda ikibazo kirihe? Ubonye naganyaga ngo jyewe yaranyibagiwe cyangwa yarantereranye? Yo itaratwimye Umwana wayo se twayiburana iki? Uretse n’umuzabibu, yaturagije ibirenzeho: amabanga yayo. Tujye tuzirika ijambo Yezu yabwiye abe ati: sinkibita abagaragu kuko nabamenyeshyeje ibyo Data yabwiye byose. Ubwo tutari abagererwa, twoye gutwarwa n’umururumba, ishyari no kwikubira ahubwo tureke Imana itwitungire twebwe n’abayo bose. Irakarama.
lundi 6 octobre 2008
Inscription à :
Articles (Atom)
Rechercher dans ce blog
umuryango wa Thomas
MUSENYERI N'URUNGANO
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi
VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel
VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI
VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE
visite pastorale
ishuri ribanza
visite pastorale
ishuri ribaza
visita pastorale
visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri
Visite pastorale
abana n'abakateshisti
Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA
Visite pastorale
accueil
ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe
amafoto
ishusho ya Bikira Mariya
amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo
amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba
amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka
amafoto yo mu Rwanda
ubusitani
amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali
amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini 2008
inkongoro
ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano
IKIRUGU
YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)
ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO
URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
kiriziya ya mut Patero i Roma
COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA
ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO
MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA
SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)
BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)
Archives du blog
Qui êtes-vous ?
ikaze
mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,...
Imana ibahe umugisha.
ERMO DELLE CARCERI
ASSISI
abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi