Ubanza iyi minsi nararangaye kuko nahuye n'akazi kenhi muri paruwase hanyuma bikubitiraho n'akabazo k'ikoranabuhanga katumye ntabasha kohereza ivanjiri y'ibyumweru bibiri byose.
Ubwo abo narumangije marambabarira.
UMUNSI W’UBUTATU BUTAGATIFU A
18 gicurasi 2008 umwaka A
Iyim 34,4b-6.8-9
2 Kor 13,11-13
Yh 3,16-18
Imana yakunze isi kugeza aho yohereza Umwana wayo w’ikinege ngo uyemera atazapfa ahubwo azaronke ubugingo buhoraho. Ubwo bugingo tubuhabwa na Roho Mutagafu utura mu mitima y’abemera. Ng’iryo ihame ry’Ubutatu butagatifu: Imana imwe mu batatu. Uyu munsi mukuru birumvikana uza ukurikirana n’uwa Pentekositi n’uwa pasika. Yezu niwe wabwiye abigishwa be ati. Ntawigeze abona Imana kereka Umwana wayo w’ikinege ubana nayo niwe wayitumenyesheje. Nta yindi nzira kandi Yezu yanyuze ngo tubashe gusobanukira n’ubuzima bw’Imana uretse kwitanga ku musaraba. Uburyo twamenye Imana nibuturuka ku buhanga dukesha bwenge bwacu, ni Imana ubwayo yatwiyeretse kugira ngo nituyimenya tubashe kubaho ku buryo bunoze. Mu mateka y’ibyaremwe, niyo tutagendera kuri Bibiliya, atwereka ko muntu ari mu biremwa byaremwe nyuma, ko isi, ibimera n’inyamaswa aribyo bikuru kuruta muntu kabone n’ubwo aho aziye yahise abona ko ari we ufite uhuganga n’ubwenge byo gusesengura no kumenya imiterere y’ibituye isi. Yanamenye ko ibyo byose byaremwe bitavuye mu busa, ko hirya y’ibi tubona hari Umuhanzi. Ari abemeraga Imana imwe Rurema nka ba sogokuru bacu; ari abemeraga imana nyinshi zigaragariza mu bintu byose birenze ubwenge bwa muntu nk’abagereke, abaromana... ari abageragezaga guhanga ishusho y’iyo mana cyangwa abatarubaghutse no kubirota bitewe n’uko bumvanga ubuhangange bwayo, amateka y’abantu atwereka ko kwemera ko Imana ibaho atari ikibazo. Ahuwo kumenya uko iyo Mana iteye ni ihurizo ry’amateka y’abantu b’ibihe byose. Umunsi w’Ubutatu butagatifu utumara amatsiko kuko Imana yatwimenyesheshe mu buzima bwayo bwuzuye no mu mugambi wayo wo kuducungura. Imana ni Uhoraho, Nyirububasha, Nyirimpuhwe. Ni Rukundo ruzima rwigaragarije ku musaraba, ni Mbaraga zitagererenywa zatsinze urupfu zigatangaza izuka ku bemera bose. Ni Buzima busendereye , Roho Mutagatifu utubesha, akatuyobora kandi akazatugeza aho ineza nyayo iganje. Kwemera Ubutatu Butagatifu rero ni ukuyoboka ubuzima no kubaho ku buryo nyabwo. Ni ukwishushanya na Kristu mu mibereho izira icyaha, ni ukugaragaza imbaraga za Roho mutagatifu, ni ukwemera kuba ingoro y’Ubutatu Butagatifu maze ineza igataha iwacu. Nubwo turi umuryango w’ijosi rishingaraye nk’uko Musa yabibwiraga Uhoraho, wenda tukaba tunafite umutima wa cyarutare, Imana Nyirimpuhwe yakwemera kutura iwacu ikahagira ingoro yayo. Ibi kandi bituma abemera Imana babaho ku buryo buhuje n’umugambi wayo: umuryango w’abemera ugahinduka ikitegererezo cy’urukundo rw’Imana kuko ubusabane buranga Ubutatu Butagatifu nibwo shusho y’ubuzima nyabwo. Tureke rero ineza y’Imana itwiyoborere, Roho atumurikire ma ze isi dutuye duhereye mu mitima yacu no mu ngo zacu, ibe koko ingoro y’Umusumbabyose.
UMUNSI MUKURU WA PENTEKOSITI A
11 gicurasi 2008 umwaka A
Intu 2,1-11
1 Kor 12,3b-7.12-13
Yoh 20,19-23
Turahimbaza umunsi mukuru wa Pentekositi, umunsi usoza ibihe bya Pasika, ukatwinjiza mu bihe bisanzwe by’umwaka. Umunsi wa pentekositi, nk’uko tubisoma mu gitabo cy’ibyakozwe n’intumwa, wari umunsi wahimbazwaga mu bayahudi nyuma y’iminsi mirongo itanu pasika ibaye. Abayahudi bibuka cyane cyane uko Imana yabavanye mu Misiri, ikabatungira mu butayu imyaka mirongo ine yose badahinga kugeza igihe binjiriye mu gihugu cy’isezerano. Muri iyo minsi mirongo itanu, bamurikiraga Imana umusaruro wabo, bakayishimira ineza ibagirira, bakiyibutsa amategeko yayo, muri make bakanagura umubano n’ubucuti bari bafitanye n’Uhoraho, umubano ushingiye mu gukurikiza amategeko. Yezu asezeranya abigishwa be Roho Mutagatifu, yababwiraga ko azaza akabigisha ibyo yababwiye byose, akabafasha gusobanukirwa n’ukuri kandi akababera umuvugizi. Nk’uko abahanuzi bari barabivuze, ntibizaba bikiri ngomwa amategeko n’abigisha kuko Imana ubwayo ariyo iziyigishiriza umuryango wayo, abantu bose bakazayimenya, bakamenya n’abategeko yayo cyane ko azaba atari ayanditse ku mabuye abiri nko mu gihe cya Musa, ahubwo mu mutima wuzuye Roho Mutagatifu. Ibi rero byabaye impamo ku munsi wa penekositi ubwo Intumwa zahabwaga imbaraga nshya maze zigasohoka aho zari zifungiranye kubera ubwoba bwo gutinya abayahundi, zikajya kwamamaza ko nta wundi mukiro ubaho utanyuze kuri Kristu wadupfiriye akazuka ngo turonge ubuzima bw’iteka. Ivaijri ya Yohani ariko itubwira ko intumwa zahawe RohoMutagatifu ku munsi wa mbere wa pasika. Ndetse usoma iby’urupfu rwa Yezu abona ko Roho Mutagatifu twamuhawe mu gihe Yezu yatangaga. Roho Mutagatifu ni imbuto y’ugucungurwa kwacu. Izo mbaraga zavuye mu rubavu rwa Yezu zigomba gutuma intumwa zigenda zikagera aho isi ishirira, zikamamaza hose ko Imana yaduhaye imbaraga zayo ngo dukiranuke n’inzira y’icyaha. Uyobowe na Roho ntashobora kwihandagaza ngo atuke Imana nk’uko ari Roho utubwiriza buri gihe igikwiye n’igitunganye. Roho kandi aduha ingabire akurikije akamaro zigirira umuryango wose nk’uko ingingo zungikiranya ngo zikore umubiri umwe. Ntawe wihangisha ko yahawe ingabire ngo atangire ashyuhaguzwe ngo arakorera Kristu cyangwa arubaka Kiriziya ye. Yemwe n’ingabire zihariye nko kuvuga mu ndimi, gukiza abarwayi, kwirukana amashitani,... ni Roho ugena abazihabwa akurikije ububasha bwe. Abakristu rero twatoye ingoma ku ruteme kuko Imana byose yaragennye ku buntu bwayo. Icyo tugomba gukora ni kimwe: kumvira Roho wayo akaba ariwe utwiyoborera hato tutavaho tumera nk’uyu mugabo wateze indege maze akanipfunyikira ifunguro kuko yumvaga nta mikoro yo kugurira ibyo kurya mu ndege. Abagomba kumuhereza bamugeraga iruhande ati: oya nta appétit mfite. Ariko bamara kugenda agapfundura uruhago akigirira akamaro. Usibye nyine ubuswa bwo kutamenya no kutabaza, uriya mugabo yanarwanye n’isoni zo kwihisha no kubeshya, tutaretse no kumira amalitiro ubwo abandi biherezaga ifunguro ryari ryabateguriwe. Uwashaka kubaho gikirisitu adafite imbaraga za Roho Mutagatifu nawe ni kimwe: ubuswa, ubujiji, isoni no kutagira icyo ageraho. Nyuma hakazaza amarira igihe azamenya ko byose byari byarishyuwe mbere, ko nta mpamvu yo kuruha uwa Kavuna kandi Kristu yaradupfiriye akanaduha Roho we.
mardi 20 mai 2008
Inscription à :
Articles (Atom)
Rechercher dans ce blog
umuryango wa Thomas
MUSENYERI N'URUNGANO
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi
VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel
VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI
VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE
visite pastorale
ishuri ribanza
visite pastorale
ishuri ribaza
visita pastorale
visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri
Visite pastorale
abana n'abakateshisti
Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA
Visite pastorale
accueil
ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe
amafoto
ishusho ya Bikira Mariya
amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo
amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba
amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka
amafoto yo mu Rwanda
ubusitani
amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali
amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini 2008
inkongoro
ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano
IKIRUGU
YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)
ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO
URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
kiriziya ya mut Patero i Roma
COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA
ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO
MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA
SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)
BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)
Archives du blog
Qui êtes-vous ?
ikaze
mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,...
Imana ibahe umugisha.
ERMO DELLE CARCERI
ASSISI
abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi