UMUNSI MUKURU WA KRISTU MWAMI
22 ugushyingo 2009 umwaka B
Dan 7,13-14
Hish 1,5-8
Yh 18,33-37
Turahimbaza umunsi mukuru wa Kristu Mwami. Ni umunsi uzoza umwaka wa Kiriziya, umunsi usobanura ko Kristu ari Umwami w'isi n'ibihe. Ingoma ye ariko si iyiyi si nubwo ngo ari cyo yavukiye. Kuvuga ingoma ya Yezu bijyana no gusobanura uko iteye yemwe n'aho yaba ihurira cyangwa itandukaniye n'izindi ngoma tuzi. Kristu ni umwami ariko ku buryo bwe: ubwo abigishwa be babonaga akora ibitangaza bikomeye baketse ko kabaye batangira kwisabira imyanya. Yezu ati murahusha, ushaka kuba uwanjye aheke umusaraba anjye mu nyuma. Ni umwami utagira amabugaragira ahubwo ubereyeho gukorera abandi kugeza anabapfiriye. Ni Umwami wakira bose: impumyi, amahabara, ababembe kandi akanakirwa mu mazu y'ibikomerezwa. Interuro nyamukuru ye ni ukwoza ibirenge by'abigishwa be. Yezu yatangaje ubwami bwe ubwo yendaga gupfa kandi ntiyareka abe bamurwanirira kuko mu bwami bwe inabi igomba gutsindwa n'ineza kandi ugukubise ku musaya w'iburyo ukamuha n'uw'ibumuso. Kristu ntatetse ku ntebe nk'abandi bami, azamanikwa ku musarabara ngo abazamurangamira bose bazaronke agakiza. Kristu yambaye ikamba nk'abandi bami ariko irye rikoze mu mahwa. Kristu ntibamushoneshereje imyambaro y'ubutegetsi, ahubwo bamwambuye byose kuko ntacyo yima abe kuva ataragundiriye kuba Imana akemera kwigira umwe nka twe ngo utwigarurire. Ngo na za nkuba ze ziricecekera ngo tumusange. Kristu kimwe n'abandi bami yakoresheje umunsi mukuru igihe yimikwa: rubanda rwaramushukamirije ruramuzomera, abamupfuye agasoni ni Veronika wamuhanaguye mu maso, mu gihe ku musaraba bamuhaye divayi ivanze n'indurwe. Nyamara ijambo yahavugiye twebe twese turigenderaho: "bababarire Dawe kuko batazi icyo bakora". Kristu ni Umwami usengwa na benshi n'ubwo n'abamutera umugongo batabarika. Rimwe turamuramya ubundi tukamugomera. Iyo twishimye turamusenga, byatuyobera tukamucunaguza. Nyamara ngo ahora ari wa wundi uko ibihe bihora bisimburana iteka. Ntakenera kumurwanirira nk'igihe abanyaburayi bahagurukaga n'iyonka ngo bagiye kubohoza imva ye miri Isiraheli. Bwari ubujiji kuko abamalayika bari barabwiye abagore igihe bajyaga kumva ngo ntawe uri hano yazutse. Awakomeza kuvuga uko ubwami bwa Yezu buteye ubaza atarangiza. Gusa ariko ngo abamwemeye yabahe kuba abana b'Imana. Abo rero ni abagendera ku mategeko y'ingoma ye: ingoma y'ukuri n'ubugingo, ingoma y'ubutungane n'ingabire, ingoma y'ubutabera n'amahoro n'urukundo. Ngiyo ingoma ya Yezu. Ushaka kuyiyoboka ntacikanywe kandi ntazakorwa n'ikimwaro.