Icyumweru cya gatanu mu byumweru bisanzwe 2011A
06 gashyantare 2011 umwaka A
Iz 58,7-10
1Kor 2,1-5
Mt 5,13-16
Ivanjiri y'icyumweru gishize yatwibutsaga ko inzira yo kugera ku butungane ari ugukurikiza ingingo nterahirwe. Kuri iki cyumweru Yezu aratubwira ko turi umunyu n'urumuri by'isi. Ngo umusozi wubatse ku mpinga ntiwihisha abarebye kandi ntibacana itara ngo baryubikeho igitebo. Kuba urumuri ni impano dukesha ubuntu bw'Imana. Uwakiriye ijambo rya Kristu, Rumuri nyakuri, nawe ahinduka urumuri. Ubeshwaho na Kristu, Mugati nyabuzima, nawe arahindukira akabera abandi ikiryoshya, agatuma baryoherwa no kubaho. Ngo niba umunyu utakaje uburyohe, nta kandi kamaro. Mutagatifu Charles de Foucauld niwe wavugaga ngo abemera bagomba kwatura bakamamaza ivanjiri bakoresheshe imibereho yabo. Kandi koko umunyu isi ikeneye si ikindi kindi atari ubuhamya bw'abemera kubaho bagendeye ku kuri, ubutabera, ubusabane n'imbabazi. Ibi nibyo umuhanuzi Izayi yashimangiraga ati: niwakira umukene iwawe, ukamuha ku ifunguro ryawe, ugacumbikira utagira aho aba ... icyo gihe urumuri rwawe ruzabengerana. Niwirinda ibinyoma, ukirinda gutunga agatoki cyangwa kuvugaguzwa, ineza yawe izamuri k'itara. Ng'ibi ibyo abemera bagomba gukora kugira ngo isi ikurizeho gusingiza Imana Data iri mu ijuru. Iyi vanjiri irasaba buri wese kumenya umwanya we muri Kiriziya, akamenya ko igikuru atari ubwinshi by'ibyo twakora ahubwo impamvu ituma twumva turi abakristu. Umunyu ntugombera ubwinshi kuko icyo gihe ibiryo ntibiba bikiriwe. Ibi rero bisaba kwirinda ya mvugo ngo "jyewe ndi umukristu, nemera Imana ariko ku buryo bwanjye"; "gusenga nasenga ariko njya mu misa ariko numva bindimo bitari ugushakisha"; "iyo hari icyaha nakoze ndiherara n'Imana yanjye nkicuza ntiriwe njya kwa padiri cyane ko nawe aba atorohewe n'ibyahe bye".... iyo twageze aha, umunyu uba watakaje uburyohe, dusigaye gusa mu gufitira no gushakiza uko twakwikura mu isoni. Erega burya nta kandi kamaro uretse kujugunywa hanze no gukandagirwa n'abahisi. None se iyo twihaye gusobanurira n'abo bitareba ko ikitubuza kujya mu kiriziya ari iki cyangwa kiriya ntituba twiha amenye y'abasetsi. Ikindi amasomo y'iki cyumweru atwigisha ni ijambo Pawulo Mutagatifu yabwiye abanyakorinto. Ati iwanjyu nta kindi nashatse kumenya no kwamamaza atari Kristu, kristu wabambwe ku musaraba. Aha nakwibutsa ko hari abari barihaye kunegura Pawulo ko atari azi kuvuza ibi bityaye nk'uko abigishaga mu gihe cye babigenzaga. We ati igikuru si ubuhanga bwa muntu, ahubwo kumenya ineza y'Imana dukeshya Kristu watubambiwe. Tuzi kandi ko ivugo ya Pawulo itari ivugo yo kwihagararaho, ahubwo kwari ukwemera kwe: ubuhanga nyabwo ni ukumenya Imana n'urukundo rwayo rwigaragarije muri Kristu wemeye kudupfira. Aha rero isi iba iduteze igitego: ese koko abakristu twumva turi urumuri rurangira abandi aho umukiro w'Imana uganje? Ese aho ibikorwa byacu byaba bihesha Imana ikuzo? Ubuzima bw'abemera bwaba bifite icyanga byo kutuma butera abababona kuryoherwa???? Ibisubizo ntimubimbaze. Nashoboraga no kubishakisha, ariko Pawulo Mutagatifu yabindinze. Iyo bigeze aha, buri wese aba agomba kurangamira Yezu maze akamwibutsa ko ari urumuri n'umunsi by'isi.