ICYUMWERU CYA 21 MU BYUMWERU BISANZWE
26 kanama 2007 umwaka C
Iz 66, 18-22
Heb 12,5-7.11-13
Lk 13,22-30
Nyagasani koko abantu bake nobo bazaronka umukiro w’iteka? Iki kibazo Yezu yakibajijwe ubwo yarimo yerekeza i Yerusalemu aho yagombaga kudupfira. Nk’uko tumumenyereye, Yezu ntasubiza ikibzo abajijwe. Atari uko ar injiji, ahubwo kuko ikibazo kidafite ishingiro. Kumenya umubare w’abazinjira mu ijuru si cyo cya ngombwa. Icy’ingenzi ni ukumenya uko twabarirwa mu batowe. Icyo tugomba kumenya mbere na mbere ni uko Imana ishaka ko twse turonka umukiro. Bitaba ibyo ntiyari kwohereza Umwana wayo ngo adupfire ku musaraba. Ibi rero bidutera ishema kuko niba twararemewe kuzajya mu ijuru, tugomba guhora duharanira kudatakaza uwo mwanya. Ibi bivuga ko isano ikomeye dufitanye n’Imana ishingiye mbere na mbere mu kuyitunganira. Ntibihadìgije rero kuba twarasangiye nawe, cyangwa hari imirimo twashinzwe muri kiriziya. Ntibihagije kwitwa bakristu, kujya mu missa, kuba amazina yacu yanditswe mu bitabo byo kwa padiri,... Tugomba guharanira ubutungane dukora ibijyanye n’ijambo twakiriye. Ngo nibamara gufunga urugi, abazaba bari hanze bazamanjirwa. Aka ni akaga katavugwa ko kuba umuntu yarirukiye ubusa. Ubuzima ni amashiraniro, iyi mvugo turayimenyereye. Niba ariko ayo mashiraniro atadufasha kuzaronga ubuzima buzahoraho iteka, twab aturimo tuyoba. Yezu go azabwira abaheze hanze ati nimwigireyo mwakonzi z’ibibi mwe. Ibi binyibukije iyo akenshi twicuza: usanga tuvuga ngo nasibye missa, narahiye izina ry’Imana mu binyoma n’ibindi byaha bijyanye n’icyubahiro tugomba Imana. Ni byo ibi ni ibyaha bikomeye kandi bigayisha izina ryacu abakristu. Ubundi tukogeraho ngo nta kindi kuko siniba, sindoga, sinivanga mu bitandeba,... Abakecuru n’abasaza bati si jye na njye ni umugabo wanjye, ni umukanza, ni umugore, n’umuturanyi,... kwicza ko twasebeje abandi, twabataramanye, ducura inabi mu mutima... ni ibyaha bitabanguka. Wenda ntabyo twakoze kuko umuntu yicuza ibyaha yakoze ariko ubanza inabi ir mu isi, ititirwa gusa Sekibi. Abayoboke be turahari kandi si agashya. Icyo Imana idusaba ni iri jambo ry’ikilatini: "Dum tempus habemus, operemur bona” (ubwo tugifite igihe, dukore iikiza). Akanya dufite ko kubaho, tugakoreshe mu kuronka ijuru. Twoye kwirukira ubusa hato tutazatungurwa kandi nta buryo bwo gusubira inyuma dufite. Imana ntugambiriye kudukura umutima, kuko iduhana nk’umubyeyi nkuko umwanditsi w’ibaruwa y’abayahudi yabitwibukije. Kandi si ikibazo cy’imyanya turwanira kuko ngo bazaturuka imihanda yose maze bicare mu bwami bw’Imana hamwe n’Aburahamu, Isaki, Yakobo n’abahanuzi. Aka ya ndirmbo y’abarokore, mbega ibyishimo nzagira ntamukanya n’abo twamenyanye. Ariko ngo n’amaganya n’amarira bizaba byinshi kubazaba barituramiye bakibwira ko ijuru bashobora kuritoragusa. Duharanire kwinjira mu muryango ufunganye.
26 kanama 2007 umwaka C
Iz 66, 18-22
Heb 12,5-7.11-13
Lk 13,22-30
Nyagasani koko abantu bake nobo bazaronka umukiro w’iteka? Iki kibazo Yezu yakibajijwe ubwo yarimo yerekeza i Yerusalemu aho yagombaga kudupfira. Nk’uko tumumenyereye, Yezu ntasubiza ikibzo abajijwe. Atari uko ar injiji, ahubwo kuko ikibazo kidafite ishingiro. Kumenya umubare w’abazinjira mu ijuru si cyo cya ngombwa. Icy’ingenzi ni ukumenya uko twabarirwa mu batowe. Icyo tugomba kumenya mbere na mbere ni uko Imana ishaka ko twse turonka umukiro. Bitaba ibyo ntiyari kwohereza Umwana wayo ngo adupfire ku musaraba. Ibi rero bidutera ishema kuko niba twararemewe kuzajya mu ijuru, tugomba guhora duharanira kudatakaza uwo mwanya. Ibi bivuga ko isano ikomeye dufitanye n’Imana ishingiye mbere na mbere mu kuyitunganira. Ntibihadìgije rero kuba twarasangiye nawe, cyangwa hari imirimo twashinzwe muri kiriziya. Ntibihagije kwitwa bakristu, kujya mu missa, kuba amazina yacu yanditswe mu bitabo byo kwa padiri,... Tugomba guharanira ubutungane dukora ibijyanye n’ijambo twakiriye. Ngo nibamara gufunga urugi, abazaba bari hanze bazamanjirwa. Aka ni akaga katavugwa ko kuba umuntu yarirukiye ubusa. Ubuzima ni amashiraniro, iyi mvugo turayimenyereye. Niba ariko ayo mashiraniro atadufasha kuzaronga ubuzima buzahoraho iteka, twab aturimo tuyoba. Yezu go azabwira abaheze hanze ati nimwigireyo mwakonzi z’ibibi mwe. Ibi binyibukije iyo akenshi twicuza: usanga tuvuga ngo nasibye missa, narahiye izina ry’Imana mu binyoma n’ibindi byaha bijyanye n’icyubahiro tugomba Imana. Ni byo ibi ni ibyaha bikomeye kandi bigayisha izina ryacu abakristu. Ubundi tukogeraho ngo nta kindi kuko siniba, sindoga, sinivanga mu bitandeba,... Abakecuru n’abasaza bati si jye na njye ni umugabo wanjye, ni umukanza, ni umugore, n’umuturanyi,... kwicza ko twasebeje abandi, twabataramanye, ducura inabi mu mutima... ni ibyaha bitabanguka. Wenda ntabyo twakoze kuko umuntu yicuza ibyaha yakoze ariko ubanza inabi ir mu isi, ititirwa gusa Sekibi. Abayoboke be turahari kandi si agashya. Icyo Imana idusaba ni iri jambo ry’ikilatini: "Dum tempus habemus, operemur bona” (ubwo tugifite igihe, dukore iikiza). Akanya dufite ko kubaho, tugakoreshe mu kuronka ijuru. Twoye kwirukira ubusa hato tutazatungurwa kandi nta buryo bwo gusubira inyuma dufite. Imana ntugambiriye kudukura umutima, kuko iduhana nk’umubyeyi nkuko umwanditsi w’ibaruwa y’abayahudi yabitwibukije. Kandi si ikibazo cy’imyanya turwanira kuko ngo bazaturuka imihanda yose maze bicare mu bwami bw’Imana hamwe n’Aburahamu, Isaki, Yakobo n’abahanuzi. Aka ya ndirmbo y’abarokore, mbega ibyishimo nzagira ntamukanya n’abo twamenyanye. Ariko ngo n’amaganya n’amarira bizaba byinshi kubazaba barituramiye bakibwira ko ijuru bashobora kuritoragusa. Duharanire kwinjira mu muryango ufunganye.