UMUNSI W'ABATAGATIFU BOSE
01 ugushyingo 2010 umwaka C
His 7,2-4.9-14
1Yh 3,1-3
Mt 5,1-12
Turahimbaza umunsi w'abatagatifu bose. Ngo ni imbaga itabarika y'abantu baturutse imihanda yose bakikije Ntama, bafite imikindo mu ntoki kandi bahanikira hamwe ibisingizo by'Imana mu ndirirmbo ya ALELUYA. Ni abantu baturutse imihanda yose bameshe amakanzu yabo bakayezereza mu maraso ya Ntama.. Nguko uko imvugo y'incamarenga ya Yohani itwinjiza mu munsi mukuru wa bakuru bacu bashyikiriye ihirwe ry'ijuru. Kuba barabigezeho si ikindi nuko babaye abahamya b'ivanjiri mu bantu kandi ingingo-ntima zayo turazisanga mu ivanjiri ya none ariyo ivanjiri y'abahire. Bemeye ko ijambo rya Yezu rishobora guhinduka interuro y'ubuzima bwabo. Hahirwa abakene ku mutima, abiyoroshya, abatera amahoro, abasonzeye ubutungane...abashishikazwa nuko Imana yamenyekana bityo n'abayo bakadendeza mu mahoro, atari abantu gusa ahubwo n'ibiremwa byose. Ni abagabo n'abagore baharaniye ko ineza y'Imana itaba imbuto igwa mu butaka bw'agasi, ahubwo mu murima muzima wera kandi ukarumbuka imbuto ntinshyi. Si ibyatwa cyagwa ibyamamare, ahubwo ni abiringira ko byose bishoboka kuebra ububasha bwa Kristu wazutse. Es kuba umutagatifu uyu munsi birashoboka? Aho ababayeho mbere ntibatomboye bo batabonye uru Rwanda cyangwa iyi si? Aho igabire zabyaye abatagatifu Imana iracyazitanga cyangwa niba izitanga ziracyabona abazakira? Abatagatifu ni abahamya b'ubuzima bushingiye ku kuri, ubutabera, impuhwe, ineza, amahoro, kwigomwa n'indi migenzo dusanga muri iriya vanjiri y'igingo ntera hirwe. Iyo nzira ni nyabagendwa nubwo itabuzemo amahwa ya Sekibi. Ariko Imana iracyakenye abahamya b'ubuima budashingiye gusa ku byisi bihindagukrika,. Bibiliya yibutsa iteka ko icy'ingezi ari uguhitamo. Inzira ni ebyiri kandi ntaho zizahurira: uhitamo ubugingo ukabaho, wahitamo urupfu ugasoma … Aka Pascal, dushobora gutinda guhitamo cyangwa tugahitamo nabi, bikazaba aritwe bigaruka. Umunsi w'abatagatifu bose nutubere natwe, intandaro yo kuvugurura ubuzima bwacu. Duhagarare gato turebe icyerekezo cy'ibihe hato tutazaherera mu kujyendana n'ibigezweho, ndavuga inkubiri y'ibitekerezo, maze ubuzima bwacu tukazayoberwa impamvu twabuhawe. Ivangiri ya Matayo iratsindagira ku ijambo amahirwe kandi ni nacyo turota ndetse muntu yamye arota, guhera mu ntangiriro ( umunara wa Babeli). Uyu munsi Yezu aratubirwa ko tutagomba kurarikira kuba nk'Imana, ahubwo ko twahawe ubushobozi bwo kubigeraho. Ni nabyo Yohani atwibutsa ati ubu turi abana b'Imana. Duharanire rero kuguma kuri iryo shema kandi tunabitoze abandi duhereye kubo Imana yaduhaye. Mutagatifu Agusitini niwe wavugagati ahereye kuri ariya magambo y'Igitabo cy'Ibyahishuwe ati koko niba bariya bantu bose batabarika barabashije kugera mu ijuru koko nijye jyenyine byananira. Nanjye nunge murye: ese koko ubu nitwe byananira kandi Imana iduhagarikiye.
Nyagasani Yezu nabane namwe.
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire