jeudi 31 décembre 2009

Umunsi mukuru w’ubunani 2010C

UMUNSI MUKURU WA MARIYA UMUBYEYI W'IMANA

01 mutarama 2010


 

Ibar 6,22-27

Gal 4,4-7

Lk 2,16-21

Taliki ya mbere mutarama ni umunsi wa Mariya, Umubyeyi w'Imana. Numva byaritondewe ko mu minsi ya noheli twizihizamo ivuka rya Kristu, kiriziya yagenera umunsi Nyina wamwibarutse. Uwo munsi kandi ubimburiye umwaka ntako byaba bisa. Uyu munsi wanahariwe gusaba amahoro. Papa Benedigito wa XVI mu butumwa yageneye uyu munsi, ubutumwa yise «niba ushaka amahoro arambye, rengera ibidukikije», ashimangira ingingo yagiye igwarukwaho n'abamubanjirije ko amahoro aharaze mu bwenge bwa muntu akaba ari impano y'Imana. Ati niba koko dushaka amahoro nyayo, niba twumva dushishikajwe no kubiba amahoro, duhagurukire kurengera ibyaremwe. Wenda imvugo ibidukijije isa n'aho yibanda gusa ku mwashyamba, umwuka duhumeka, akanyatsi keza,... Papa si aha agarukira kuko asobanura ko amahoro nyayo ari uguha agaciro nyako ibyaremwe byose. Ibi kandi yabishimangiye mu butumwa yoherereje abari mu nama i Copenhagen kuva kuri 7 kugeza kuri 18 ukuboza umwaka turimo turangiza. Amahoro ni agabire Imana yagabiye abayo, atari abantu gusa, ahubwo yashushanywa n'ubusabane buranga ibyaremwe byose. Mu butumwa bwe, Papa aragerageza kwerekana ko ikibazo k'ibidukikije kitareba gusa umuvuduko w'ibihugu bikize byiha kutagaguza umutungu w'isi, cyangwa abashakashatsi barengera bakaba bahungaba imibisikanire y'ibihe. Ahubwo aribanda ku bibazo muri rusange byugarije isi: guhumanya ibidukikije, guhindura isi ubutayu bigatuma abantu bagomba kwimuka ngo bajye gushaka imibereho ahandi, ibibazo bijyanye n'umuvuduko w'ubukungu kuri bamwe unaranga ahanini no kwikunda kudatuma ibyiza by'isi bisaranganwa kuri bse, ... Ibi bisaba abatuye isi gufata ingamba nshya haba mu kuzigama ubukungu kamere bw'isi no kubusaranganya nk'amazi, amashanyarazi n'ibindi. Bisaba kandi ko mutu yibuka ko ari we Imana yaragije gahunda yo kwita ku isi ngo ikunde ibe Ingoro yayo. Aha niho Kiriziya ishingira itanga ubutumwa bwayo, atari uko igomba kwivanga, ahubwo ko isabwe kwibutsa muntu agacir gakomeye Imana yamuremanye. Muntu yahawe ubwenge wo gutegeka isi no kuyigira nziza. Ibi ariko ntibumuha uburenganzira bwo gutandukira ngo akore ibyo yishakiye, haba ku buzima bwe cyangwa ku bindi bimera. Imana niyo mugenda wa byose, kuyiyoboka nyakwo no guharanira amahoro arambye ni ukubaha injyana Imana yashyize mu biremwa byayo. Kiriziya ikaba ifite inshingano zo kwibutsa umuntu aho ava akagera ko aba ikiremwa cyuzuye iyo abayeho bijyanye n'ugushaka k'Uwamuremye. Birumvikana ko iyo neza yuzirijwe muri Kristu, shusho y'Imana nzima. Bikira Mariya watubyariye umucunguzi, we wenyine ufite ikuzo ryo kwitwa Nyina w'Imana, adutakambire kandi atube hafi ngo uyu mwaka dutangiye uzatubere uw'ubusabane, amahoro, ineza n'ubutungane.

Mugire mwese umwaka mwiza. Imana izabane namwe, ntimzayikenane cyangwa ngo mwigunge kandi yaraje kuducungura. Amahirwe yose mwifuza kimwe n'imigambi muteruye mu ntangiriro y'uyu mwaka Imana izabashoboze kubisohoza mu mahoro n'umudendezo biyiturukaho.

samedi 26 décembre 2009

UMUNSI MUKURU W’URUGO RUTAGATIFU RW’I NAZARETI 2009C

UMUNSI MUKURU W'URUGO RUTAGATIFU RW'I NAZARETI

27 ukuboza 2009


 


 

1Sam 1,20-22.24-28

1Yh 3,1-2.21-24

Lc 2,41-52

Turahimbaza umunsi mukuru w'urugo rutagatifu rwa Yozefu, Mariya na Yezu. Ivanjiri ya Luka idutekereza bimwe mu byaranze urugo rwa Yezu, dore ko ari we wari umutware warwo niba tugendeye ku mpamvu zatumye ruriya rugo rwubakwa. Yego bari barasabanye kandi bazi ko bazabana, ariko gahunda nyayo izanozwa na Malayika ubwo yabwira umwe ukwe gahunda y'urugo rwabo. Mariya yabwiwe ko azasama ku bwa Roho mutagatifu, akabyara umucunguzi wa Israheli naho Yozefu yagiriwe inama yo kwakira Mariya iwe kuko imbuto yo mu nda ye ari umugisha ukomeye mu muryango we wari utegereje ugucungurwa. Kubana barabanye ndetse banibaruka Yezu. Bakurikije amategeko yagengaga abayisisraheli batitwaje ngo twebwe iwacu turerera Imana: haba kwibaruza byari byagenwe n'abaromani, haba gutura Yezu Imana muri Hekalu nk'uko byagendaga ku mwana wese w'uburiza, haba no kumujyana gusenga ubwo yari amaze kugira imyaka 12. iyi niyo nkuru twumva uyu munsi. N'ubwo Mariya na Yozefu bari barahishuriwe ibanga ry'umwana wabo, ntibyabujije gutungurwa. Ngo bavuye i Yeruzalemu Yezu yigumirayo batabizi. Birumvikana ko byabaruhije kubura umwana, ariko ntibabuze no kugira ubwoba bw'icyo babwira Imana biramutse bigoranye. Ngo bamusaze muri Hekaru, maze bamubajije icyabimuteye ati: ese ntacyo mwari mwatoramo ko ngomba kwita ku bya Data. Ngo ntibasobanukiwe n'icyo aya magambo avuga ariko ntibyababuza kusubirana nawe imuhira aho ngo yakomeje kubumvira kandi akakura ajya mbere haba mu bwnge, mu bushishozi no mu ngabire. Ese twavuga ko kimwe n'abandi babyeyi, Mariya na Yozefu babaye indangare gato ku nshingano zabo? Oya byaba ari ugukabya. Nyamara ariko ibanga ryo kurera burya ntiryoroha. Umuntu ni agatangaza cyangwa se iyobera ku buryo kwibwira ko umwana yakura nk'uko twabipanze biba ari ukwibeshya. Niyo ataba Yezu wari Imana, ntibyoroha kumenya niba ibyo ababyeyi bakorera abana babo biba koko aribyo bizatuma baba abantu bahamye. Icy'ingenzi ariko ni umutima wumva ijwi ry'Imana kuko niyo irera. Icya kabiri ni ubwumvikane hagati y'abashakanye kugira ngo mu bihe by'amahina hatagira ubwira undi ngo dore ibyo watoje umwana wawe, aka ya mvugo ngo ikigoryi ni icya nyina. Iyaba bitavugwaga n'abagabo! None se, wenda tubyemere gutyo, nyina arinda yibeshya se ahugiye handi he? Icya gatatu twakwigira ku rugo rwa Yezu,Mariya na Yozefu ni uguha abana uburere butumba bagimbuka, haba mu gihagararo, mu bwenge no bushishozi, bagakura buzuye Roho Mutagatifu. Ibi bisaba ababyeyi kwigiramo izi ngabire byibura se bagahora bateze ku Mana ibyatuma umwana akura neza. Nyina wa Samweri yatubera urugero mu isomo rya mbere. Icyo nasozerezaho ni icyaramira ababyeyi bafite ingorane yo kuba barajimije abana, baba abatakikoza inama n'impanuro, baba abatorongeye. Babyeyi nimwihangane mutegereze mutarambiwe, imbuto mwabibye mu mutima w'abana banyu izashibuka nta kabuza. Wenda iracyategereje igihe cyiza cyatuma imera. Niba mwarabibye imbuto nziza mu mutima w'abana banyu, ntakabuza izashibuka.

Rugo tutagatifu rw'i Nazareti, murikira ingo zacu turagutakambiye.

 


 

jeudi 24 décembre 2009

UMUNSI MUKURU WA NOHELI 2009C

UMUNSI MUKURU WA NOHELI

25 ukuboza 2009 umwaka C


 


 

Iz 52,7-10

Heb 1,1-6

Yh 1,1-18

Turahimbaza umunsi wa Noheli, Kristu yavutse, Imana yasuye umuryango wayo, impundu nizivuge zisunge amajwi y'abamalayika ahanika ati: Imana nisingizwe mu ijuru no munsi abantu ikunda bahorane amahoro. Amasomo matagatifu atubwira ineza yari itegerejwe muri Isiraheli. Ngo abarinzi bose nibahanikire icyarimwe batangaze inkuru nziza. Iyo si iyindi ni uko Imana yahisemo kwegera umuryango wayo ikaba itgikoresha abahanuzi nka mbere ahubwo ijwi ry'Umana wayo. Umwanditsi w'ibarowa y'abayahudi avuga ko ubu turi mu bihe bya yuma kuko ubuhanuzi bwarujujwe, Umwana w'Imana yigize umuntu abana natwe. Ni nabyo Yohani ashimangira mi ivanjiri. Muri aka kanya, reka ariko nibarize ibibazo nka bibiri: ese iyi noheli iyiba iya mbere kuri twe, ndavuga tukaba twari turiho mu gihe Yezu avuka twari kubyitwaromo gute? Ubu ko noheli yabaye, aho ibyo turi bukore hari isano bifitanye n'ibyabaye igihe Yezu avuka? Igisubizo ndakizi: nta namba. Yezu yagombaga kuvuka agakora ibyo yakoze hanyuma natwe tukirwanaho ukwacu uyu munsi bitewe n'ubushozi bwacu. Yego amateka ntasubira inyuma, ariko uyu munsi kimwe no mu ghe cya Herodi, Yezu aratuvukira. Uretse gutangarira ibyo Imana yakoze, wowe waba wakiriye gute iyo nkuru? kandi n'ubu Yezu yakongera akabura aho avukira n'imiturirwa twazamuye hirya no hno? Wenda uyu munsi si abashumba bamwakira kuko gushumura amatugo bitemewe. Wenda yakwakirwa naba mayibobo birarira hanze cyangwa abandi basa nabo! Ariko ntawe aheza kuko yemeye kuvukira mu kiraro k'inyamanswa ngo atwereke ko aje gusangira natwe byose ahereye ku bukene bwacu.

Akandi kabazo nakwibariza: noheli twahimbaje ko eri nyinshi bitewe n'imyaka buri wese afite, ubu iyi ibaye iya nyuma yaba idusigiye iki? Aho hari icyo twumva uzadusigira kuruta izindi twahimbaje cyangwa byose c'est la même chose aka wa wundi ntavuga wa mugani! Byanashoboka ko noheli yahita gutyo nk'indi minsi isanzwe cyangwa se uwo munsi ukatebera mwiza kurisha nk'uko tukawugiriramo ingorane. Ntibyaba bitunguranye na Mariya siwe wari ushimishijwe no kubyarira mu kiraro cy'amatungo cyangwa Yozefu si we wanejejwe no kubana umugore we inda imufatira ku gasozi. Icya ngombwa si uko uyu munsi uzagenda ahubwo ni agaciro tuwuha n'icyo twifuza ko Kristu atuzanira mu buzima bwacu. Ese ubu bibaye nko kubonekerwa Kristu akaduha akanya ko gusaba icyo dushaka kuri iyi noheli, ni iyihe ngabire twakwifuza ko noheli idusigira? Kandi ibi si inzozi kuko Imana ihora yifuza ko twagubwa neza tugatunga tugatunganirwa. Ngo abashumba bagiye kuramya Yezu mu kirugu ariko umwe ashaka kwanga kuko nta namba yari afite. Yibazaga icyo yatura Yezu. Kubera kugondozwa na bagenzi be yaremeye arabakurikira mu gihe abandi baturaga amaturo yabo, we yarareberaga n'isono nyinshi. Mariya yashatse kwakira impano zabo biramugora afite agahinja mu ntoki ni uko arabukwa wa mushumba wari waje imbokoboko, amuhereza uruhinja ngo arumufashe. Wa mushumba yaratunguwe kuko ubwo abandi batangaga amaturo yabo we yarangamiraga Yezu mu biganza bye. Nta wamenya wenda natwe wasanga twigaya byo kumva tutagira icyo dusaba Yezu, ariko no kumufasha Mariya ngo yakire impano z'abandi byatwungura ibyishimo. Noheli nziza kuri mwese.

mercredi 23 décembre 2009

AUGURI


 


 

Umwana yatuvukiye, twahawe umuhungu: izina rye ni Emmanuel, Imana turi kumwe.

Noheli nziza n'umwaka mushya muhire 2010

Padiri Grégoire Nsabimana

dimanche 20 décembre 2009

ICYUMWERU CYA KANE C’ADIVENTI 2009C

ICYUMWERU CYA KANE C'ADIVENTI

20 ukuboza 2009 umwaka C


 

Mik 5,1-4a

Heb 10,5-10

Lk 1,39-45

Noheli turayikozaho imitwe y'intoki. Iminsi yo kwitegura utarayikoresheje neza ubanza yacikanwe. Reka ariko noye kugira uwo naca intege ngo ngaho iminsi yagiye nk'aho ari jye uyigenga. Ivanjiri y'iki cyumweru iratwibutsa uko Mariya yagiye gusuhuza mubyara we Elisabeti. Icyo gihe haburaga amezi menshi ngoYezu avuke. Icya ngombwa ariko si iminsi twaba tumaze twitegura Noheli kuko imbere y'Imana, umunsi umwe ngo ni nk'iminsi igihumbi nk'uko iminsi igihumbi yaba n'umunsi umwe. Igitekerezo nagirango tuganireho ni uruhare rwa bariya bagore babiri Mariya na Elisabeti n'uburyo Imana yabagendereye. Umwe yasamye yari ingumba kandi ageze mu zabukuru, undi yari akiri umwari w'isugi. Elisabeti yari yarifuje akana kuko abonye asamye yarishimye ngo Uhoraho yankijije icyanteraga ikimwaro kuko kuba ingumba byari ishyano n'akaga katavugwa. Mariya yari yarasabwe ategereje ubukwe; kuri we ubanza ahubwo kari kamubayeho iyo Yozefu atumvira ijwi rya Malayika wamubonekeye mu nzozi, kuko ngo itegeko ryamugeneraga kwicwa atewe amabuye. Aba bagore bombi barasingiza Imana, atari uko ari ibihangange cyangwa ibyatwa, ahubwo ko Imana ari nkuru. «Imana yankoreye ibintu by'agatangaza, izina ryo ni ritagatifu». Aya magambo tuyasanga muri Bibiliya bwa mbere mu ndirimbo ya Ana nyina wa Samweli, ubwo yajyanaga Samweli kumutura Imana, akabwira umusaserdoti ati: ni jywewe wa mugore basengaga ningiga Imana ngo impe akana none ngaka. Ana yaririmbye indirimbo yo gushimira Imana, ariyo Mariya azasubiramo hamwe na mubyare we Elisabeti. Indirimbo yo gusingiza Imana ijyana no kuyishimira ibyo yadukoreye. Mariya kimwe n'abandi bayisiraheli bari bategereje ugucungurwa, yateye indirimbo ishimira. Kiriziya iduhitiramo aya magambo ngo idufashe natwe kureba niba twahimbaza noheli nk'umunsi w'agakiza kacu. Yezu yavutse rimwe rizima, abyarwa na Bikira Mariya, ariko buri munsi avukira buri muntu usonzeye ubutungane, umuntu uhangayikijijwe ni uko isi yaba nziza, uwo nguwo Yezu aramuvukira; uwo nguwo abona urumuri rumurangira aho agakiza kanganje. Noheri twitegura ni icyo yagombye kutumarira. Aha ariko binteye kwibuka indirimo ya Sekimonyo aho agira ngo ng'iki igiteye intimba, igiteye ishavu, aho abato bahunga...Muri iyi ndirimbo ibyari impamvu yo kutera magnificat nk'umwana wavutse, umuhungu wakubatse urwe,... bihinduka impamvu y'amaganya. Si uko se bamwe muri twe bazahimbaza noheli batishimye kuko ntako bari, ntaho bahagaze, n'izindi ngorane ntarondora ngo ntavaho ngira uwo nkomeretsa. Erega uretse imbaraga z'ukwemera n'ukwizera Imana, Mariya ntiyashoboraga kuririmba Magnificat. Umuhanuzi Izayi niwe utwibutsa ko ngo Umwami w'amahoro azaha ibiremwa byose gusabana, ikirura kigasangira n'intama, intare n'ikimasa, umwana w'ugitambambuga akaragira urusamagwe n'inyana kandi akidagadurira ku mwobo w'inzoka. Ngo icyo gihe, Umwuka w'Uhoraho usazakara hose, ibintu byose bisubirane uburanga byahanganwe kuko abantu bose basamenya Uhoraho kandi bakabeshwaho nawe. Ng'iyo noheli twiteguye, noheli izaduha amahoro nyayo, noheli atagira uwo isiga inyuma: umukecuru rukukuri nka Elisabeti n'umwari nka Mariya, bose bagahanikira icyarimwe ibyiza by'Imana. Nawe ndakuraritse, ivemo uzimize ubwire uwo muturanye cyangwa ishuti yawe uti: kenyera tuvugirize impundu Uhoraho kuko ejo ari noheli.

samedi 12 décembre 2009

ICYUMWERU CYA GATATU CY’ADIVENTI 2009C

ICYUMWERU CYA GATATU CY'ADIVENTI

13 ukuboza 2009 umwaka C


 

Sof 3,14-18

Ef 4,4-7

Lk 3,10-18

Icyumweru cya gatatu cy'adiventi ni icyumweru cy'ibyishimo nk'uko amasomo abishimangira. Umuhanuzi Sofoniya ati: ishime Yeruzalemu, sabagizwa n'ibyishimo mwari wa Siyoni. Pawulo mutagatifu nawe araryungamo ati: nimuge muhora mwishimye. Impamvu si iyindi ni uko Uhorahora yahanaguye umwenda w'ibicumuro byacu, akadukiza icyaduteraga ikimwaro. Wenda iyi mvugo ntikoma ku mutima wa benshi basa n'abahetamye intugu kubera umuzigo w'ubuzima n'ingorane zabwo. Sofoniya atangaza ariya magambo, Isiraheli ntiyari yorohewe. Nyamara Imana yibukije isezerano ryayo kandi irashaka guhoza umuryango wayo. Aya magambo yujurijwe muri Kristu kuko niwe wemeye kubambwa ngo twese turonke umukiro. Ariko ntibihagije kumva twarakijijwe, kuko tugomba no kwakira nyine ako gakiza. Urugero turarusanga mu ivanjiri. Ngo abantu bari bitabiriye inyigisho ya Yohani Batisita bashatse kumenya icyo bakora ngo babe intungane koko. Ntibihagije kwakira batisimu yo kwisuburaho Yohani yatangaga, ni ngombwa no kugira imibereho inoze, tugashimishwa n'ibyo dutunze, tugasaranganya n'abatifite, ntitugire abo duhutaza twitwaje imirimo dushinzwe. Uguhinduka nyakwo kujyana n'ibikorwa bifatika kuko si abavuga ngo Nyagasani, Nyagasani bazinjira mu bwami bw'Imana, ahubwo ni abakora ugushaka kwayo. Ngo Yohani yigishaka akoresheje amagambo atyaye bityo rubanda rugashaka kumwumva. Yemwe na Herodi wamwicishije ngo yakundaga kumwumva ariko ntabashe gukurikiza inyigisho ze. Ijambo ry'Imana tugomba kuryumva kandi tukariha umwanya rikwiye. Ntirigomba gushyirwa mu kebo ngo uryumvise yiherere muri ayo cyangwa ashimishwe no kuryumva gusa. Intambwe ya mbere ni ukubona abigisha ijambo ku buryo ryumvikana maze abantu bakifuza kuryumva. Aha harareba ba gitimujisho bashinzwe gutoza umuryango w'Imana. Intego ya kabiri ni abitabira kumva ijambo ry'Imana. Tumenyereye abashidukira kumva ijambo ry'Imana, ndetse bamwe bagacika mu ngo no muri paruwase zabo. Hari igihe ariko bidatera kabiri, bakaba bahinduye bitewe n'undi mwigisha w'umuhaga wadutse. Ikibazo cy'abumvaga Yohani Batisita ngo tugomba gukora iki, bo barakisubiriza kuko ikiba kibashishikaje ni ukumva uvuga neza cyangwa utanga mazi y'umugisha, utuma amshitani aririmba, utanga ikiru gikomeye kabone n'iyo tutagikurikiza, utubwira tukarira, cyangwa tukitura hasi, n'ubundi buryo bukurura abadafite umutima mu gitereko. Nyamara, uko twakumva ijambo kwose, ndetse n'iyo twaryisomera muri Bibiliya, tugomba kwibaza icyo ridusaba: guhinduka ngo ibyishimo by'Imana bisagambe mu mutima wacu. Ngiyo Noheli twitegura: kumurikira umutima wacu, tugasangira n'utifite, tugatunganya imirimo dushinzwe maze twese tukaba twakwitabira impuruza yo kujya kuramya Umwana mu kirugu. Ngo aje afite urutaro rwo kugosora imyaka ye, agashungura inkumbi zigatwikwa naho imbuto zima zigahunikwa.

 


 

samedi 5 décembre 2009

ICYUMWERU CYA KABIRI CY’ADIVENTI 2009C

ICYUMWERU CYA KABIRI CY'ADIVENTI

6 ukuboza 2009 Umwaka C


 

Bar 5,1-9

Fil 1,4-6.8-11

Lk 3,1-6

Nimutunganye amayira ya Nyagasani, musize utununga, muringanize imanga kugira ngo buri muntu aho ava akagera abone agakiza k'Imana. Ng'aya amagambo y'umuhanuzi Yohani Batisita tuzirikana kuri iki cyumweru cya kabiri cy'adiventi. Yohani Batisita tuzi ko ari umuhanuzi ukomeye waje kwerekana Kristu. Ngiyi impamvu nshaka kuvuga gato ku nshingano z'umuhanuzi n'akamaro ke muri Kiriziya. Umuhanuzi ngo ni ijisho ry'umuryango kuko awurebera akawubwira uko ugomba kwitwara cyane cyane ikibi ugomba kwirinda. Mu mateka ya Isaraheli, abahanuzi bakundaga gutura hafi y'ibwami ngo bagire inama abayobozi. Ntihaburaga n'abiyita abahanuzi atari bo ngo bibonere indonke. Icyarangaga umuhanuzi nyawe ni uko yazaga yunga mu ry'abamubanjirirje kandi agakomeza kwibutsa izezerano ry'Uhoraho. Akenshi abahanuzi basaga n'abavuga rumwe kuko bagiraga bati nimudahinduka ngo mugendere ku mategeko y'Uhoraho, nta kabuza muzarimbuka kubera ibyaha byanyu. Cyangwa bati nimwisubireho, maze mubeho; nimuce ukubiri n'imigenzereze idahwitse, nimusigeho kugira nabi, nimwiringire Uhoraho, azabakiza. Na Yohani Batisita niko yatangiye kwigisha ahamagarira bose guhinduka. Gusa ariko Yohani ntiyavugaga ibizaba mu bihe bizaza, kuko we yerekanye Umucunguzi. Mu yandi magambo yahanuye ibyarimo kuba. Wenda twavuga ngo nta gishya, niba yaravugaga ibyo bose babonaga. Nyamara igihe utununga tw'inabi no kwikuza twiyongera, bityo n'imanga z'amaganya n'agahinda zikiyongera, umuntu ntaba akibona ibyigaragaza n'amaso. Yohani ati nimusigeho kugoma bityo buri wese abone agakiza k'Imana. Ubuhanuzi nyabwo rero bushingira ku bintu bibiri: kwerekana agakiza k'Imana no guharanira ubutabera. Izi ngingo ntizigomba gutana kuko guharanira ubutabera budashingiye ku migambi y'Imana akenshi ni ukwigerezaho. Si rimwe cyangwa kabiri abantu bagiye bifuza kurenganura abari mu kaga ariko bakabikora birengagije ijambo ry'Imana cyangwa se bakarihigika, nyamara imigambi yabo ikaba impfa busa. Ni kimwe no kwibwira ko twakwigisha Ijambo ry'Imana gusa ariko tukirengagiza akaga k'abo turibwira; byaba ari ugucurangira abahetsi. Adiventi rero iradusaba kwatura tukarangurura ijwi tugatangaza umukiro w'Imana kandi tugaharanira ubutabera buyikomokaho. Ni ngombwa kugira ubutwari, ibitekerezo bihamye, imyitwarire inoze no gushyira mu gaciro. Ijambo twigisha ni ifunguro rya roho: urivuga agamba kugaragaza imibereho ijyanye n'ibyo yemera. Aha kandi haradushinja, bambe turahagera tukababwa. Guhuza imibereho yacu n'ijambo ry'Imana ntibitubangukira. Indi ngingo itatubangukira ni ukwerekana Yezu ari rwagati muri twe. Agakiza k'Imana kadusesekayemo, ariko abenshi turacyari ba "Nyamutegerakazazejo". Yezu yaraducunguye kandi ineza ye irigaragaza rwagati muryango we ariwo kiriziya. Gusa nyine utununga tugomba gusizwa n'imanga zigatabwa ngo twese dushobore kurangamira Imana ije kudukiza. Ibi birasaba ariko abakira ijambo ry'Imana nk'uko Yohani Batisita yabigenje. Erega ntacyo dukennye ngo nantwe turangurure cyane ko Imana iganje! Nta ngabire tutahawe byo gutuma ineza y'Imana itagomba kumenyekana no kwamamazwa kabone niyo twba twugarijwe n'ibikomerezwa by'iyi si nk'uko byagenze mu gihe cya Yohani Batisita. Imana irashaka kwinjira bicece mu mateka yacu inyuze mu ijwi n'imyitwarire y'abahanuzi bayo.

Rechercher dans ce blog

umuryango wa Thomas

umuryango wa Thomas

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel

VSITE PASTORALE

VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribanza

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribaza

visita pastorale

visita pastorale

visite pastorale

visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri

Visite pastorale

Visite pastorale
abana n'abakateshisti

Visite pastorale

Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA

Visite pastorale

Visite pastorale
accueil

ordination dell'abbé Claude Mutabazi

ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe

amafoto

amafoto
ishusho ya Bikira Mariya

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
ubusitani

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini 2008

Corpus Domini 2008
inkongoro

ikirugu

ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano

IKIRUGU

IKIRUGU

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO

URUBYIRUKO

URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

kiriziya ya mut Patero i Roma

kiriziya ya mut Patero i Roma

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA

SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE

SANCTUAIRE DE SAN  AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)

Archives du blog

Powered By Blogger

ikaze

mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,... Imana ibahe umugisha.

ERMO DELLE CARCERI

ERMO DELLE CARCERI
ASSISI

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi

ermo si San Vitaliano

ermo si San Vitaliano

Caserta

Caserta

reggia di Caserta

reggia di Caserta

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere