UMUNSI MUKURU WA NOHELI
25 ukuboza 2009 umwaka C
Iz 52,7-10
Heb 1,1-6
Yh 1,1-18
Turahimbaza umunsi wa Noheli, Kristu yavutse, Imana yasuye umuryango wayo, impundu nizivuge zisunge amajwi y'abamalayika ahanika ati: Imana nisingizwe mu ijuru no munsi abantu ikunda bahorane amahoro. Amasomo matagatifu atubwira ineza yari itegerejwe muri Isiraheli. Ngo abarinzi bose nibahanikire icyarimwe batangaze inkuru nziza. Iyo si iyindi ni uko Imana yahisemo kwegera umuryango wayo ikaba itgikoresha abahanuzi nka mbere ahubwo ijwi ry'Umana wayo. Umwanditsi w'ibarowa y'abayahudi avuga ko ubu turi mu bihe bya yuma kuko ubuhanuzi bwarujujwe, Umwana w'Imana yigize umuntu abana natwe. Ni nabyo Yohani ashimangira mi ivanjiri. Muri aka kanya, reka ariko nibarize ibibazo nka bibiri: ese iyi noheli iyiba iya mbere kuri twe, ndavuga tukaba twari turiho mu gihe Yezu avuka twari kubyitwaromo gute? Ubu ko noheli yabaye, aho ibyo turi bukore hari isano bifitanye n'ibyabaye igihe Yezu avuka? Igisubizo ndakizi: nta namba. Yezu yagombaga kuvuka agakora ibyo yakoze hanyuma natwe tukirwanaho ukwacu uyu munsi bitewe n'ubushozi bwacu. Yego amateka ntasubira inyuma, ariko uyu munsi kimwe no mu ghe cya Herodi, Yezu aratuvukira. Uretse gutangarira ibyo Imana yakoze, wowe waba wakiriye gute iyo nkuru? kandi n'ubu Yezu yakongera akabura aho avukira n'imiturirwa twazamuye hirya no hno? Wenda uyu munsi si abashumba bamwakira kuko gushumura amatugo bitemewe. Wenda yakwakirwa naba mayibobo birarira hanze cyangwa abandi basa nabo! Ariko ntawe aheza kuko yemeye kuvukira mu kiraro k'inyamanswa ngo atwereke ko aje gusangira natwe byose ahereye ku bukene bwacu.
Akandi kabazo nakwibariza: noheli twahimbaje ko eri nyinshi bitewe n'imyaka buri wese afite, ubu iyi ibaye iya nyuma yaba idusigiye iki? Aho hari icyo twumva uzadusigira kuruta izindi twahimbaje cyangwa byose c'est la même chose aka wa wundi ntavuga wa mugani! Byanashoboka ko noheli yahita gutyo nk'indi minsi isanzwe cyangwa se uwo munsi ukatebera mwiza kurisha nk'uko tukawugiriramo ingorane. Ntibyaba bitunguranye na Mariya siwe wari ushimishijwe no kubyarira mu kiraro cy'amatungo cyangwa Yozefu si we wanejejwe no kubana umugore we inda imufatira ku gasozi. Icya ngombwa si uko uyu munsi uzagenda ahubwo ni agaciro tuwuha n'icyo twifuza ko Kristu atuzanira mu buzima bwacu. Ese ubu bibaye nko kubonekerwa Kristu akaduha akanya ko gusaba icyo dushaka kuri iyi noheli, ni iyihe ngabire twakwifuza ko noheli idusigira? Kandi ibi si inzozi kuko Imana ihora yifuza ko twagubwa neza tugatunga tugatunganirwa. Ngo abashumba bagiye kuramya Yezu mu kirugu ariko umwe ashaka kwanga kuko nta namba yari afite. Yibazaga icyo yatura Yezu. Kubera kugondozwa na bagenzi be yaremeye arabakurikira mu gihe abandi baturaga amaturo yabo, we yarareberaga n'isono nyinshi. Mariya yashatse kwakira impano zabo biramugora afite agahinja mu ntoki ni uko arabukwa wa mushumba wari waje imbokoboko, amuhereza uruhinja ngo arumufashe. Wa mushumba yaratunguwe kuko ubwo abandi batangaga amaturo yabo we yarangamiraga Yezu mu biganza bye. Nta wamenya wenda natwe wasanga twigaya byo kumva tutagira icyo dusaba Yezu, ariko no kumufasha Mariya ngo yakire impano z'abandi byatwungura ibyishimo. Noheli nziza kuri mwese.
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire