UMUNSI MUKURU WA MARIYA UMUBYEYI W'IMANA
01 mutarama 2010
Ibar 6,22-27
Gal 4,4-7
Lk 2,16-21
Taliki ya mbere mutarama ni umunsi wa Mariya, Umubyeyi w'Imana. Numva byaritondewe ko mu minsi ya noheli twizihizamo ivuka rya Kristu, kiriziya yagenera umunsi Nyina wamwibarutse. Uwo munsi kandi ubimburiye umwaka ntako byaba bisa. Uyu munsi wanahariwe gusaba amahoro. Papa Benedigito wa XVI mu butumwa yageneye uyu munsi, ubutumwa yise «niba ushaka amahoro arambye, rengera ibidukikije», ashimangira ingingo yagiye igwarukwaho n'abamubanjirije ko amahoro aharaze mu bwenge bwa muntu akaba ari impano y'Imana. Ati niba koko dushaka amahoro nyayo, niba twumva dushishikajwe no kubiba amahoro, duhagurukire kurengera ibyaremwe. Wenda imvugo ibidukijije isa n'aho yibanda gusa ku mwashyamba, umwuka duhumeka, akanyatsi keza,... Papa si aha agarukira kuko asobanura ko amahoro nyayo ari uguha agaciro nyako ibyaremwe byose. Ibi kandi yabishimangiye mu butumwa yoherereje abari mu nama i Copenhagen kuva kuri 7 kugeza kuri 18 ukuboza umwaka turimo turangiza. Amahoro ni agabire Imana yagabiye abayo, atari abantu gusa, ahubwo yashushanywa n'ubusabane buranga ibyaremwe byose. Mu butumwa bwe, Papa aragerageza kwerekana ko ikibazo k'ibidukikije kitareba gusa umuvuduko w'ibihugu bikize byiha kutagaguza umutungu w'isi, cyangwa abashakashatsi barengera bakaba bahungaba imibisikanire y'ibihe. Ahubwo aribanda ku bibazo muri rusange byugarije isi: guhumanya ibidukikije, guhindura isi ubutayu bigatuma abantu bagomba kwimuka ngo bajye gushaka imibereho ahandi, ibibazo bijyanye n'umuvuduko w'ubukungu kuri bamwe unaranga ahanini no kwikunda kudatuma ibyiza by'isi bisaranganwa kuri bse, ... Ibi bisaba abatuye isi gufata ingamba nshya haba mu kuzigama ubukungu kamere bw'isi no kubusaranganya nk'amazi, amashanyarazi n'ibindi. Bisaba kandi ko mutu yibuka ko ari we Imana yaragije gahunda yo kwita ku isi ngo ikunde ibe Ingoro yayo. Aha niho Kiriziya ishingira itanga ubutumwa bwayo, atari uko igomba kwivanga, ahubwo ko isabwe kwibutsa muntu agacir gakomeye Imana yamuremanye. Muntu yahawe ubwenge wo gutegeka isi no kuyigira nziza. Ibi ariko ntibumuha uburenganzira bwo gutandukira ngo akore ibyo yishakiye, haba ku buzima bwe cyangwa ku bindi bimera. Imana niyo mugenda wa byose, kuyiyoboka nyakwo no guharanira amahoro arambye ni ukubaha injyana Imana yashyize mu biremwa byayo. Kiriziya ikaba ifite inshingano zo kwibutsa umuntu aho ava akagera ko aba ikiremwa cyuzuye iyo abayeho bijyanye n'ugushaka k'Uwamuremye. Birumvikana ko iyo neza yuzirijwe muri Kristu, shusho y'Imana nzima. Bikira Mariya watubyariye umucunguzi, we wenyine ufite ikuzo ryo kwitwa Nyina w'Imana, adutakambire kandi atube hafi ngo uyu mwaka dutangiye uzatubere uw'ubusabane, amahoro, ineza n'ubutungane.
Mugire mwese umwaka mwiza. Imana izabane namwe, ntimzayikenane cyangwa ngo mwigunge kandi yaraje kuducungura. Amahirwe yose mwifuza kimwe n'imigambi muteruye mu ntangiriro y'uyu mwaka Imana izabashoboze kubisohoza mu mahoro n'umudendezo biyiturukaho.
1 commentaire:
Abbé:
Sono don Jose Luis Cerra, prete da Matamoros, Mexico. Ho consciuto un sacerdote da voi, a Roma, quando ho fatto i miemi studi di spiritualitá. Joseph Nomansungu (sicuramente ho sbagliato la scrittura, mi dispiace). Per piaciere può dargli i miei saluti. lui? sento tanto affeto per lui, lo ricordo bene. pepecerra@hotmail.com
Grazie. Buon Anno 2010 a lei.
Enregistrer un commentaire