vendredi 30 octobre 2009

UMUNSI W’ABATAGATIFU BOSE 2009B

UMUNSI W'ABATAGATIFU BOSE

01 ugushyingo 2009 Umwaka B


 

Hish 7,2-4.9-14

1Yh 3,1-3

Mt 5,1-12a

Turahimbaza umunsi mukuru w'abatagatifu bose. Inteko itabarika y'abantu baturutse imihanda yose bakikije alitari baririmbira Imana kubera intsinzi yayo. Si bamwe twizihiza kuri za kalendari, ahubwo ni abemeye ko ineza y'Imana ishoboka, ko ijambo ryayo atari baringa cyangwa impfabusa, maze bakamesa amakanzu yabo mu maraso ya Ntama, bagacana umucyo mu mage y'ubu buzima. Ni abarangamiye Yezu bakamukurikira umunsi n'amanywa. Abo ni abashoje urugendo rwabo hano ku isi ari indakemwa maze bakagororerwa ikaba hamwe na Kristu. Nta n'uwatinya kuvuga ko ari abantu batabarika bakiri muri bu buzima, bihatira kugaragaza ineza ya Nyagasani, babiba urukundo n'amahoro. Ni abahire nk'uko ivanjiri yanditswe na Matayo ibivuga. Ni abahire abahora basonzeye ubutungane kandi bagahorana inyota y'amahoro n'ubutabera. Ni abazi ko umugabane wabo uri mu ijuru ntibimike inda cyangwa ngo batwarwe n'amaraha atagira shinge na rugero. Ni abana b'Imana yo Nyirubutagatifu na Nyirimpuhwe. Umunsi wa none rero si utujyana mu mateka ya kera, mu ntangiriro ya Kiriziya ubwo umwami Nero yigabizaga abakristu akabica abahora ukwemera kwabo. Yemwe si n'umunsi w'ibihangange nka Padiri Pio dore ko ubu abarirwa ku isonga mu batagatifu bakunzwe hano mu Butaliyani. Uwashaka kumenya umwanya wa Yezu ubanza yawugereranya n'uw'u Rwanda muri rugaho ku isi. Nabyo kandi ngo si nk'Imana nk'uko twabitojwe tukanabyemera, ahubwo ngo nk'umutagatifu. Simvuze ngo ukwemera kwataye umurongo, ariko no gukunda Padiri Pio kuruta Imana yamuhaye ubwo butagatigu sinzi aho byatwerekeza. Ibi kandi bijyana no kwibeshya ko kuvuga ibigwi tukarenza byoo kugeza aho twakwibwira ko abatagatifu batari abantu basanzwe. Niba se Yezu yarabaye umuntu kugeza ku ndunduro, abamukurikira bakwitwa ibyatwa bimurenze gute? Ibi kandi yezu arabivuga ati umwigishwa ntaruta umwigisha. Uyu munsi rero twagombye guhimbaza abantu bose bihatira gushinga ikirenge mu cy'Umwigisha nyawe ari Yezu Kritu. Ibi tukabikora twemera ko no mu gihe cyacu umurima w'Imana weze abatagatifu kandi benshi. Yego tuzi ko kuvuga abatagatifi akenshi bijyana no kuvuga abantu babayeho ku buryo budasanzwe, bityo bigasa no kuvuga ko ubutagatifu ari inzira y'ibyihare mu kwemera. Imvugo nk'iyi hari abo itera ubwoba bityo bakumva ko kuba umutagatifu atari ibyabo. Abandi bakibwirako ibihe biha ibindi, isi yacu yahindanye, bityo ko, ku mugani wa bamwe bahamya ko umubare 144.000 waba waruzuye, ko imyanya yashize. Usibye nyine uwabikora nkana ngo yibonere urwitwazo, Imana niyo ubwayo ituraririka kuba abatagatifu, si ikibazo cy'amatike cyangwa imyanya yaba mike, ahubwo ni intego ya buri muntu: guharanira kugera ku kigero cya Kristu we shusho y'Imana nzima. Ngaho rero uyu munsi ntudusige gutyo ngo tuherere mu gutera ya ndirimbo y'amaganya ngo twaremewe kuzajya mu ijuru kandi dusa n'aberekeza mu irimbi. Kereka niba tuzaba twahisemo kwibuka abacu bapfuye dore ko kuri 2 ugushyingo, Kiriziya isabira abapfuye bose. Niba tudashishikajwe no kuba abatagatifu, ubanza no gusabira abapfuye bitatworohera. Wenda tuba twisabira ngo ruzatinde kuza cyangwa se ruzaze ukundi, ariko isengesho riturirwa uwapfuye rijyana no guhamya izuka. Atari ibyo byaba aka ya mvugo ngo urapfe upfuye... Ubutagatifu ni impano twaronkeye muri batisimu, dusabe inema yo kuyikomeraho.

samedi 24 octobre 2009

ICYUMWERU CYA 30 MU BYUMWERU BISANZWE 2009B

ICYUMWERU CYA 30 MU BYUMWERU BISANZWE

25 ukwakira 2009 umwaka B


 

Yer 31,7-9

Heb 5,1-6

Mk 10,46-52

«Mwana wa Dawudi, Yezu, ngirira impuhwe»! impumyi Baltimeo iratakira Yezu ngo ayikize, ngo ayigirire impuhwe. Yezu nawe ati: arifuza ko nkumarira iki? Iki kibazo kirasa n'icyo Yezu yabajije bene Zebedewo ku cyumweru gishize, ariko bo bishakiraga kwicara imwe iburyo undi ibumoso mu ngoma ye. Siniriwe mbaza uwari yasabye igikwiye kuko nta we utaka atababaye, ariko impumyi ihakuye ijambo kuko Yezu ayikijije akurikije ukwemera kwayo. Guhamya ko Yezu ari Umwana wa Dawudi byasobanuraga ko ari we muhanuzi wari utegerejwe, umuhanuzi wuzuzaga ibyo Imana yari yarasezeraniye umuryango wayo. Yego Baltimewo yari impumyi ariko umutima we wari ujijutse kuko yamenye ko Yezu agiye guhita kandi ko ari we mwene Dawudi. Ngo bari babanje kumucecekesha kuko icyo bari baramumenyereje ari ukumuha uduceri nk'uko bamwe tubigenzereza abo dusanga bicaye ku nzira basabiriza. Hari igihe tubaha kuko baba baturembeje cyangwa twanga ko basakuriza abo turi kumwe. Ntihabura nyine n'ababikora nkana kuko baba biteze bahabwa ngo bave mu nzira cyangwa baceceke. Yezu ati: urifuza iki? Ese iyo bimera nka wa wundi go iyo mba burugumesitiri nari kujya nsogongera ku buntu inzagwa n'ibigage byo mu isoko, cyangwa uyu wifuje kuba akabwana kuko yabonaga inkumi yari yagiye gusura yari yishimiye kwagaza imbwa we itamwitayeho. Aho kumenya icyo twasaba si ihurizo. Impumyi yo yisabiye kubona. Ubuhumyi ni indwara mbi kuko umuntu arandatwa, agatwarwa aho adashaka iyo abonye umurandata, agahora areberwa ndetse anabwirwa ibibera ku isi. ubuhumyi ni akaga iyo bubaye ubwo ku mutima, umuntu akaba injiji yarize, agahera mu icuraburindi afite amaso, akajunjama cyangwa akaba nk'uwatewe ikinya, ibibera ku isi ntibigire icyo bimubwira. Nta buhumyi bubi nk'ubwo utamenya ibibazo byugarije isi atuyemo, akabaho ari nyamwigendaho cyangwa se akareba ibyo yishakiye gusa. Yezu ahumura amaso y'umutima ngo tubashe kumenya ineza Imana idukunda bityo natwe tuyigaragarize abandi. Pawulo mutagatifu mu barowa yandikiye abanyefezi, niwe uvuga ati mpora nsaba Imana ngo ibakomereze ukwemera maze mubashe kumenya ku buryo bunoze urukundo Imana ibakunda (Ef 3,14-19). Guhumuka nyakwo rero ni ukwo; si ukuba inyaryenge cyangwa kugendana n'ibigezweho, ahubwo ni uguhoza umutima wacu ahaganje ineza n'umpuhwe by'Imana. Ng'uwo umurimo w'umusaserdoti nk'uko ibarowa yandikiwe abaheburayi yabitsibukije. Umusaserdoti atorwa mu bantu kuko nawe ari umuntu agengwa n'amategeko ndetse n'amateka amwe nk'abantu bose, ariko akaberaho abantu mu murimo wo kubahuza n'Imana. Babereye ho kudufasha guhumuka mu kwemera ngo tumenya Imana kandi ngo hato tutagira abo ducecekesha cyangwa twaba tazitira mu nzira igana Imana. Tubasabire kubona neza, atari ukubajyana kwa muganga w'amaso cyangwa ngo tubagurire indererwamo, ahubwo ngo Kristu abongere ukwemera bito bashobore kuturandata –abatabona-, no kwibutsa bose ko Yezu ahora ahita ngo adukize. Naharirwe ikuzo n'icyubahiro, ubu n'iteka ryose. Amina.


 


 


 


 

samedi 17 octobre 2009

ICYUMWERU CYA 29 MU BYUMWERU BISANZWE 2009B

ICYUMWERU CYA 29 MU BYUMWERU BISANZWE

18 ukwakira 2009 umwaka B


 


 

Iz 53,10-11

Heb 4,14-16

Mk 10,35-45

Ivanjiri y'iki cyumweru iratubwira uburyo nyina wa Yohani na Yakobo yagereye Yezu akamusaba ko abahungube bakwicarana nawe umwe iburyo undi ibumoso mu bwami bwe. Birumvikana ko Yezu yari amaze kumenyekana nk'umuntu ufite ububasha ndetse abenshi bumvaga ko yegereje kwima ingoma akabohora Isiraheli. Bityo rero hari abari baratangiye kureba kure, bagasanga ari ngombwa kwisabira imyanya hakiri kare ngo hato batazacikanywa. Iyi mikorere kandi si iya kera gusa kuko kubona umwanya, haba mu kazi, yemwe no mu mashyirahamwe, akenshi bisaba kuba hari ukuzi maze akabifuga neza. Yezu ariko ubanza atari azi iby'isi. Yabanje kubaza niba biteguye kunyura inzira azanyura. Bati rwose turabishoboye ntugire impungenge. Aha biracyasa n'ibyacu bisanzwe iyo batangiye kutubwira ibisabwa ngo batange akazi: impamyabumenyi, uburambe ku kuza, uruhushya rwo gutwara imodoka n'ibindi. Nyuma bakatubaza niba tuzajya twemera gukorera mu misozi, nyuma y'amasaha y'akazi, tuti rwose turabyemeye kabone niyo bitatubuza gusaba inyongera y'ayo masaha cyangwa agahimbazamusyi iyo tumaze kubona akazi. Yezu ati izo ngorane, nta kabuza muzahura nazo, ariko gutanga imyanya si ibyanjye. Ubanza barumiwe, bati atwumviye ubusa ndetse yanahise abashyira ahabona kuko yababwiriyemo asobanurira abandi bigishwa uko ubutegetsi bwe buteye. Ushaka kugira umwanya wa mbere, azafate uwa nyuma kandi ushaka kuba umutware azabanze abe umugaragu w'abandi. Aka ni akaga kuko Yezu ubanza yirengagizaga nkana. Ese uwamuzana iwacu ngo arebe uko ubuyobozi bwegerejwe abaturage ndetse akanareba ako abo bategetsi bihemba, bambe bahembwa n'abo bashinzwe, ubanza yakongera agakora mu ngazo akatubwira irindi jambo, atari uko irya mbere ritakoze, ahubwo ko twaritabye nka ya talenta. Reka ariko nivugire ibindi, ndeke abo bireba bazajye banyuzamo basome ivanjiri kuko ari ijambo ry'ukuri n'ivanjiri y'agakiza (Ef1,13). Koko abigishwa ntibari bazi icyo basaba, none se ni bande bicaranye na Yezu igihe yimaga ingoma ye? Ndavuga igihe yererezwaga ku musaraba? Si ibisambo bibiri. Abandi bigishwa bari he? Gusaba guhabwa imyanya kwa Yohani na Yakobo birashushanya uburyo twumva Imana cyangwa uko twifuza ko yatubanira. Ikba Imana itwumva, dusaba ibyo twifuza byose cyane cyane ibitagira icyo bihungabanya ku buzima n'ubwingenge bwacu. Ariko se twibuka no kumenya icyo yo iduteganyiriza. Gusenga nyakwo burya ni ugutega amatwi cyangwa se mbyite gutega amashyi kuko Nyirumuringa niwe wenyine ushobora kumenya uwatubera. Ngo Yezu ni umusaserdoti nyakuri witanze kubera twe. Ngo ni umugaragu w'Uhoraho. Aho tumubona atubohora ni ku musaraba. Igihe rero usengesho ryacu ridaca kuri Yezu ku musaraba, bizasa no kwihangisha dusaba ibidakwiye kuko ibidashoboka byo ngo ntabyo imbere y'Imana. Ariko Yohani yaragerageje kuko ari we nyine wari munsi y'umusaraba. Wenda ubanza ariyo mpavu Yohani ari wenyine mu ntumwa utarapfuye ahowe Kristu kuko yari yarageze ku musaraba mbere. Ibi ariko ni ibyo nitekerereje kuko ntaho byanditse. Gusa nyine tuzi ko Yezu yabambanywe n'ibisabo bibiri. Yezu ntiyigishije gusa n'amagambo, ahubwo ibyo yavugaga yaranabikoraga kandi ni mu gihe kuko yari Jambo w'Imana. Ariko natwe muri batisimu, twabaye umwe nawe kuko twahambanywe nawe mu rupfu rwe maze tuzukana nawe. Nka Pawulo mutagatifu, sitwe turiho ahuhwo ni Kristu uriho muri twe tubikesha ukwemera tumufitiye. Ibi birajyana n'umunsi duhimbaza w'iyogezabutumwa. Abakristu twese duhamagarirwa kwamamaza ivanjiri twakiriye. Si umurimo uhariwa papa, abasenyeri, abapadiri, abadiyakoni ndetse n'abakateshisti ahubwo buri wese ni intumwa cyane cyane iyo ahabo ku buryo buhuje n'ijambo yakiriye. Ngiryo isengesho dutura Imana kuri iki cyumweru: Imana yaturemye ikanatubesha ku buntu, niduhe imbaraga zo kuyitunganira no kuyibera intumwa ziyihesha ikuzo ubu n'iteka ryose. Amina

samedi 10 octobre 2009

ICYUMWERU CYA 28 MU BYUMWERU BISANZWE 2009B

ICYUMWERU CYA 28 MU BYUMWERU BISANZWE

11 ukwakira 2009 umwaka B


 


 

Buh 7,7-11

Heb 4,12-13

Mk 10,17-30

"Mwigisha, nakora iki ngo ndonke ubugingo bw'iteka"? Imihangayiko yo kubaho ni ikibazo cya buri muntu kandi ntikireba gusa abemera Imana kuko mbere yo guharanira ubuzima bw'iteka, ni ngombwa no kumenya niba n'ubu buzima buhita tubufite. Nta gihugu na kimwe kitagira inzego zishinzwe imibereho myiza y'abaturage nk'uko buri muntu wese agira uburyo bwe bwo kwiteganyiriza imibereho imunogeye, na none hakurikijwe amikoro ndetse n'ubwenge bwo kugera kuri iyo ntego. Kabone n'iyo twirirwa tuganya ngo turi mu isi yuzuye amaganya. Papa Yohani wa 23 niwe wavugaga ati. Iyi si yuzuye amaganya jyewe iraryoheye, Nyagasani ndagusabye ntuzayinkuremo vuba. Birumvikana ariko ntibibe kunyurwa n'ubu buzima gusa, ahubwo tukaniteganyiriza ubuzaza. N'uyu musore wo mu ivanjiri yifuzaga kugira ikizere cyo kutazacikanwa n'ubuzima bw'iteka kandi nkurikije ibisubizo bye yari afite imigambi mizima dore ko yivugira ko amategeko y'Imana yayubahirije kuva akibyiruka. Nyamara ubanza atari yaranyuzwe. Ku mugani wa ya mvugo ngo urawumwa, umuti wa Yezu ntiworoshye: genda ugurishe ibyo utunze, amafaranga uyahe amakene maze uze unkurikire. Iki gisubizo ngo cyaramutunguye kandi natwe nticyabura abo gitungura. Si uko jyewe ariya magambo ya Yezu nyumva kurusha abandi cyangwa nyakurikiza, ahubwo ni uko yaba uriya musore, yaba undi wese wakumva amagambo ya Yezu, ni ngombwa kumva ko Yezu ari we buzima bw'iteka kandi ko umukurikiye aba aronze umukiro uruta ibyo twaba dutunze byose. Yezu azakomeza gushimangira ko ari we rembo riganisha mu gikumba kimwe, ari we mugati utanga ubuzima, ari we nzira, ukuri n'ubugingo, ari we kimenyetso cy'umukiro, n'ubundi buryo butandukanye bwo kudusobanurira ko igisubizo cya byose ari Kristu. Ngo nyamusore yagiye yijimye. Ni ngombwa. Niba se uwo mutungo wari umuboshyeho, cyangwa yarawiboshyeho, birumvikana ko kuwugurisha byamusabaga kwigurisha. Ingorane ye kandi ishobora no guterwa n'uko yumvaga ubuzima bw'iteka. Karl Marx uzwi kuba yarigishije le communisme, yemeza ko ifaranga ari musemakweli aka wa mugani w'iwacu. Ngo iyo urifite uravuga rikijyana, uba ari nyirububasha, ntacyo utatunga nta n'ikigusoba. Ati niba ucumbagira, wagura igare ry'amafarasi abiri, mwanya wo kutagenda ahubwo ukagendesha amaguru umunani (hari mu gihe cye, ubu yajya muri cyogajuru). Uwashaka yakomeza ingero agasanga nyine ufite inoti agenga isi, atunga kurusha, yambara icyo umutima ushaka, yemwe ashobora no kwicongesha agasa uko yishakiye. Nyamara yatunga yagira, ntibimubuza gusonza, guhangayika, kurwara, n'izindi ngorane dusangira twese abantu twaba dukize cyangwa dukennye. Igisubizo cya Yezu rero kidusaba kurenza amaso ubu buzima ngo twiteganyirize mu buzaza, aho imungu n'umuswa bitagera kandi ngo uzaba yariteganyirije atyo azaronga inyngu inshuro ijana. Ubanza Yezu adushuka si gusa! None se ko amabanki y'iwacu adushukisha inyungu mu kubitsa kandi mu kuguza akadukama, ubwo Yezu ikizere aduha ni ikihe ngo hato tutagurisha utwacu ejo tukayatamo nka ba baturage bagurishaga amasambu ngo bagiye gukirira muri Tazaniya bwacya ikabatugarurira amara masa? Ibya Yezu nabyita "Biryuwiziritse" kuko yungamo ati abazaba barasize byose kubera jyewe, bazabironka inshuro ijana ariko n'ibitotezo rugeretse. Igitotezo cya mbere ni icyo kwiyaka iby'isi, tukabiha agaciro kabyo, ntitube abagaragu b'ibyo twaronse twiyushye akuya. Simvuze ngo nimurebe ingero ku bakungu baturimo, ahubwo buri wese niyikebuke, yibaze iyo aba uriya musore uko yari kubigenza. Uti ibyiza ni ukudasanga Yezu. Mbyemere ntyo. Ariko ukuri kuri mu mutima wawe kandi amaherezo y'inzira ni mu mbere. Jyewe sinzi icyo nari gusubiza, ariko nasaba ngo Yezu amurikire mbashe kubona igikwiye kandi ampe n'imbaraga zo kugikurikiza.

samedi 3 octobre 2009

ICYUMWERU CYA 27 MU BYUMWERU BISANZWE 2009B

ICYUMWERU CYA 27 MU BYUMWERU BISANZWE

4 ukwakira 2009 umwaka B


 

Intg 2,18-24

Heb 2,9-11

Mk 10,2-16

"Ese biremewe ko umugabo yirukana umugore we"? "Mu ntangiriro si uko byahoze". Ng'izi interuro ebyiri zidufasha kumva Ijambo ry'Imana ry'iki cyumweru. Abafarizayi babajiye Yezu ibijyanye n'umubano w'umugabo n'umugore, bashaka kumva akamuvamo ngo bazabone aho bamuhera. Ikibazo cyari kizwi kandi n'igisubizo bari bakizi. Hariho uburyo bubiri bwo kumva iki cyibazo: bamwe bemeraga ko umugabo afite ububasha bwo kwirukana uwo bashanye ku mpamvu ibonetse yose. Abandi nabo bemeraga ko umugore yasendwa ariko hari impamvu ikomeya. Yezu we ati: mu ntangiriro si uko byari bimeze. Umugabo n'umugore baba ari ikintu kimwe nk'uko Umuremyi yabigennye. Gutanya rero icyo Imana yahuje nta tegeko na rimwe ribyemerewe. Ikibazo si ukumenya niba byemewe cyangwa bitemewe, bishoboka cyangwa bidashoboka, ahubwo ni ukumenya agaciro k'umubano w'abashakanye cyangwa se akamaro ko guca undi inyuma no gutatira isezerano. Mu bibazo byugarije isi muri iki gihe cyane cyane mu bihugu byitwa ko byakataje mu majyambere, ni agaciro k'isakaramentu ry'ugushyingirwa. Muri diyosezi ndimo ya Catanzaro-Squillace mu Butaliyani bw'epfo, mu kwezi kwa karindwi, bari bamaze kwakira imanza zisaba ko isakaramentu ry'ugushyingirwa bahawe ryaba impfabusa zingana na 1/3 ry'abasabaga gushyingirwa muri uwo mwaka. Ibiro bishinzwe kwakira abashyingirwa ni nabyo biba byakira abasaba ko isakaramentu bari barahawe ryafatwa nk'aho ritabayeho ngo bakunde bahabwe irindi. Ni ukuvuga ko hafi urugo rumwe kuri eshatu rusenyuka, kandi niba biba muri Italie y'epfo yitwa ko yasigaye inyuma ma majyambere mu burayi, ubwo ahandi ibintu byaracitse. Yezu aje ntiyasubiza kibazo cyo kumenya niba byemewe kwirukana mugore, ahubwo ubanza bamubaza aho Imana yavanye igitekerezo cyo guhuza ubuziraherezo umugabo n'umugore. Ubu gusezerana kuzabana akaramata byenda gusa na za papiers mouchoirs ukoresha ugahita ujugunya. None se abatandukana bataramarana n'amezi abiri, abo twababeshyera ko bari barasezeranye. Kiriziya nayo yabaye nko mu gihe cya Musa kuko impamvu zitabura ngo abashaka kongera gusezerana babone impushya. Impamvu akenshi zitangwa zisobanura isenyuka ry'ingo muri iyi minsi harimo kuba bamwe bashinga ingo basa n'abakina bakimeze nk'abana, kubura uburere buhagije, imiterere y'ubukungu yararuye benshi, kwibwira ko kubaka urugo ari umukino,... Habaho ariko n'impamvu iruta izindi, ni uko muntu avukana ingaruka z'icyaha, akaba nyine adashobora kugira urukundu ruyunguruye, uru rutagira igitotsi. Kubana rero kw'abashakanye ntibigomba gushingira gusa ku mbaraga zacu kuko uko byagenda kwose uwo mubano wamungwa. Ni umugambi w'Imaana ujyano no guhora abashakanye barangamira Soko y'uwo mubano wabo nyine. Icyo Yezu yita ubunangire bw'umutima, ni ukwibwira ko twabyishoborera, twabyikemurira, twabitwara uko bije. Ubunangire bw'umutima ubanza bwariyongereya cyangwa iyacu yarabaye rutare. Iwacu mu bihugu bigikomeye ku muco w'umuryango, ikibazo turacyagifite cyo gusenda, kwirukana umugore ndetse no kubahohotera. Wenda ubanza tutakibabarira mu mitungo yacu, aka wa wundi ngo guhera ku mbeba itamba ku rusika kugeza ku mugore, ibiri mu nzu byose ni ibye. Aka kaba ari akumiro. Iringanira ririgishwa ndetse n'amatekego arenganura itsikamirwa ry'abagore ariho. Nyamara Bibiliya ntitwigisha kugendera kuri ayo mategeko, idutoza kumenya Imana n'ukuri kwayo kugira ngo buri wese mu rwego rwe abashe kuyitunganira no gutunganira abandi. Abashakanye rero basabwa mbere na mbere kwicisha bugufi no kwakira bamwe n'abandi cyane cyane iyo hari ingorane bahuye nayo. Ibyanditswe bitwibutsa ko ibigeragezo bibereyeho kugaragaza ukwemera kwacu kandi ko Imana idashobora kutugerageza birenze intege zacu. Umubano w'umugabo n'umugore ugomba gushingira ku kimenyetso cya Kristu witangiye Kiriziya ye kugeza ku musaraba, bityo abashakanye nabo bagakundana aho kwihanganirana cyangwa se kuba ba Nyirandarwemeye. Imana niyo Nkuru abayiyambaza ntibazakorwa n'isoni bibaho.

    

Rechercher dans ce blog

umuryango wa Thomas

umuryango wa Thomas

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel

VSITE PASTORALE

VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribanza

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribaza

visita pastorale

visita pastorale

visite pastorale

visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri

Visite pastorale

Visite pastorale
abana n'abakateshisti

Visite pastorale

Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA

Visite pastorale

Visite pastorale
accueil

ordination dell'abbé Claude Mutabazi

ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe

amafoto

amafoto
ishusho ya Bikira Mariya

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
ubusitani

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini 2008

Corpus Domini 2008
inkongoro

ikirugu

ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano

IKIRUGU

IKIRUGU

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO

URUBYIRUKO

URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

kiriziya ya mut Patero i Roma

kiriziya ya mut Patero i Roma

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA

SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE

SANCTUAIRE DE SAN  AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)

Archives du blog

Powered By Blogger

ikaze

mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,... Imana ibahe umugisha.

ERMO DELLE CARCERI

ERMO DELLE CARCERI
ASSISI

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi

ermo si San Vitaliano

ermo si San Vitaliano

Caserta

Caserta

reggia di Caserta

reggia di Caserta

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere