ICYUMWERU CYA 29 MU BYUMWERU BISANZWE
18 ukwakira 2009 umwaka B
Iz 53,10-11
Heb 4,14-16
Mk 10,35-45
Ivanjiri y'iki cyumweru iratubwira uburyo nyina wa Yohani na Yakobo yagereye Yezu akamusaba ko abahungube bakwicarana nawe umwe iburyo undi ibumoso mu bwami bwe. Birumvikana ko Yezu yari amaze kumenyekana nk'umuntu ufite ububasha ndetse abenshi bumvaga ko yegereje kwima ingoma akabohora Isiraheli. Bityo rero hari abari baratangiye kureba kure, bagasanga ari ngombwa kwisabira imyanya hakiri kare ngo hato batazacikanywa. Iyi mikorere kandi si iya kera gusa kuko kubona umwanya, haba mu kazi, yemwe no mu mashyirahamwe, akenshi bisaba kuba hari ukuzi maze akabifuga neza. Yezu ariko ubanza atari azi iby'isi. Yabanje kubaza niba biteguye kunyura inzira azanyura. Bati rwose turabishoboye ntugire impungenge. Aha biracyasa n'ibyacu bisanzwe iyo batangiye kutubwira ibisabwa ngo batange akazi: impamyabumenyi, uburambe ku kuza, uruhushya rwo gutwara imodoka n'ibindi. Nyuma bakatubaza niba tuzajya twemera gukorera mu misozi, nyuma y'amasaha y'akazi, tuti rwose turabyemeye kabone niyo bitatubuza gusaba inyongera y'ayo masaha cyangwa agahimbazamusyi iyo tumaze kubona akazi. Yezu ati izo ngorane, nta kabuza muzahura nazo, ariko gutanga imyanya si ibyanjye. Ubanza barumiwe, bati atwumviye ubusa ndetse yanahise abashyira ahabona kuko yababwiriyemo asobanurira abandi bigishwa uko ubutegetsi bwe buteye. Ushaka kugira umwanya wa mbere, azafate uwa nyuma kandi ushaka kuba umutware azabanze abe umugaragu w'abandi. Aka ni akaga kuko Yezu ubanza yirengagizaga nkana. Ese uwamuzana iwacu ngo arebe uko ubuyobozi bwegerejwe abaturage ndetse akanareba ako abo bategetsi bihemba, bambe bahembwa n'abo bashinzwe, ubanza yakongera agakora mu ngazo akatubwira irindi jambo, atari uko irya mbere ritakoze, ahubwo ko twaritabye nka ya talenta. Reka ariko nivugire ibindi, ndeke abo bireba bazajye banyuzamo basome ivanjiri kuko ari ijambo ry'ukuri n'ivanjiri y'agakiza (Ef1,13). Koko abigishwa ntibari bazi icyo basaba, none se ni bande bicaranye na Yezu igihe yimaga ingoma ye? Ndavuga igihe yererezwaga ku musaraba? Si ibisambo bibiri. Abandi bigishwa bari he? Gusaba guhabwa imyanya kwa Yohani na Yakobo birashushanya uburyo twumva Imana cyangwa uko twifuza ko yatubanira. Ikba Imana itwumva, dusaba ibyo twifuza byose cyane cyane ibitagira icyo bihungabanya ku buzima n'ubwingenge bwacu. Ariko se twibuka no kumenya icyo yo iduteganyiriza. Gusenga nyakwo burya ni ugutega amatwi cyangwa se mbyite gutega amashyi kuko Nyirumuringa niwe wenyine ushobora kumenya uwatubera. Ngo Yezu ni umusaserdoti nyakuri witanze kubera twe. Ngo ni umugaragu w'Uhoraho. Aho tumubona atubohora ni ku musaraba. Igihe rero usengesho ryacu ridaca kuri Yezu ku musaraba, bizasa no kwihangisha dusaba ibidakwiye kuko ibidashoboka byo ngo ntabyo imbere y'Imana. Ariko Yohani yaragerageje kuko ari we nyine wari munsi y'umusaraba. Wenda ubanza ariyo mpavu Yohani ari wenyine mu ntumwa utarapfuye ahowe Kristu kuko yari yarageze ku musaraba mbere. Ibi ariko ni ibyo nitekerereje kuko ntaho byanditse. Gusa nyine tuzi ko Yezu yabambanywe n'ibisabo bibiri. Yezu ntiyigishije gusa n'amagambo, ahubwo ibyo yavugaga yaranabikoraga kandi ni mu gihe kuko yari Jambo w'Imana. Ariko natwe muri batisimu, twabaye umwe nawe kuko twahambanywe nawe mu rupfu rwe maze tuzukana nawe. Nka Pawulo mutagatifu, sitwe turiho ahuhwo ni Kristu uriho muri twe tubikesha ukwemera tumufitiye. Ibi birajyana n'umunsi duhimbaza w'iyogezabutumwa. Abakristu twese duhamagarirwa kwamamaza ivanjiri twakiriye. Si umurimo uhariwa papa, abasenyeri, abapadiri, abadiyakoni ndetse n'abakateshisti ahubwo buri wese ni intumwa cyane cyane iyo ahabo ku buryo buhuje n'ijambo yakiriye. Ngiryo isengesho dutura Imana kuri iki cyumweru: Imana yaturemye ikanatubesha ku buntu, niduhe imbaraga zo kuyitunganira no kuyibera intumwa ziyihesha ikuzo ubu n'iteka ryose. Amina
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire