dimanche 23 novembre 2008

UMUNSI MUKURU WA KRISTU MWAMI (ICYUMWERU CYA 34 A)

UMUNSI MUKURU WA KRISTU MWAMI (ICYUMWERU CYA 34)

23 ugushyingo 2008 umwaka A


 

Ez 34,11-12.15-17

1Kor 15,20-26.28

Mt 25,31-46

Turahimbaza umumnsi mukuru wa Kristu Mwami, umugenga w'isi n'ijuru, umutware w'amateka n'ibihe. Ni umunsi isoza umwaka wa kiriziya tugatangira igihe cy'adiventi kitwinjira mu mateka y'intango y'ugucungurwa kwacu: ukwigira umuntu kwa Kristu. Uyu munsi duhimbaza uradufasha kumva uko Kristu asobanura ubwami bwe ndetse n'aho azahera atwemerera gusangira nawe ibyiza by'ijuru. Umuhanuzi Ezekiyeli aratwibutsa umugambi w'Uhoraho wo kwita ku muryango we nk'uko umushumba yita ku matungo ye. Ati: nzayitaho yose, nomore ayakomeretse, nshakashake ayazimiye nyagarure mu gikumba, nzita ku matungo arwaye ntibagiwe n'ameze neza. Nzayakenura mu butabera. Pawulo mutagatifu agaruka kuri iyi ngingo ariko asobanura aho intsinzi ya Kristu inganje: ngo umwanzi wa nyuma Kristu azatsinda ni urupfu bityo akazadusohoza ku Mana Data ngo dusangire iyo neza. Ntibizaba ariko kugendera mu kigare. Ivanjiri y'iki cyumweru iratubwira uko bizagenda ku munsi w'imperuka. Kristu azaza mu ikuzo rye ashagawe n'abamalayika maze asobanure ibintu: abeza bazinjirane nawe mu ngoma yabateguriwe naho ababi bazasange uwo bayobotse. Kubyandika gutya cyangwa kubisoma birasa n'aho byoroshye. Habe na mba. Erega si ibirori tuzaba turimo ngo twituramire tureba uko Kristu avangura intama n'ihene; nta n'umwe uzaba yicaye muri tribune. Twese tuzaba twakoranijwe ngo urubanza rukatwe. Si uru rubanza tuba twize, twashatse abatuvugira cyangwa twashatse ibyitso; si uru rubanza wenda twakwibwira ko twarutsinda dore ko atari urwa mbere twaba dushoje kandi tukarutsinda; si uru rubanza wenda bazasubika kuko iperereza ryaze kurangira wenda nkana; si ka rumwe dutegereza ko rwacibwa tugaheba kuko bene gukosa ari nabo bakora amategeko; si rwa rubanza twihimbira kuko twiyumvamo imbaraga ngo twikize abatubangamiye. Uru rubanza ni urwa Kristu uzaza kutubaza icyo tuzaba twarakoze ngo ineza n'urukundo bye bimenyekane hose. Urubanza ruzakatwa atari rwa rundi duhora duhigira ngo ntacyo igihe kizagera Imana ibaryoze inabi bakora. Akenshi tuba tuvuga bariya aho gusura abafunze ahubwo bamariramo inzira karenga; bariya aho kugaburira abashonji, babangukirwa no kurya aby'abatishoboye; bariya aho kwakira abanyamahanga, baryoherwa no guheza abandi mu ishanga.... Si aka karengane gusa Yezu azareba ngo wenda twituramire kuko wenda bitatureba, twebwe twumva turi abere. Kandi tujye twibuka ko urubanza rwa Yezu rutazashingira ku ntege nke zacu cyangwa aho tuzaba twaratsikiye. Ruzashingira ku bikorwa byiza tuzaba twarakoze, atari ubwinshi bw'ibikorwa, ahubwo agaciro byagiriye ababikorewe. Yemwe niyo dusomye iyi vanjiri neza, dusanga ari abazakatirwa kwibanira na shitani bahisemo, ari n'abazahembwa ubugingo bw'iteka, ibyo bazaba barakoze ntibazaba bakibyibuka. Bose bazatangara cyangwa batungurwe bati: twakubonye ryari Nyagasani ashonje, wambaye ubusa, ufunze cyangwa uri mu kaga ako ariko kose maze tukwitaho cyangwa ntitwakwitaho. Igisubizo cya Yezu nicyo kitwumvisha agaciro cyangwa igipimo tugereramo ubuntu bwacu: ibyo mwakoreye bariya baciye bugufi nijye mwabaga mubikoreye. Ese kuki Yezu yahisemo abaciye bugufi? Impamvu iroroshye kuko ibyo twabakorera byose biba bivuye mu mutima. Nta kindi tuba tugambiriye kuko ntacyo tubaramuraho kindi atari ukubagirira neza. Imbere y'umujonji, uwambaye ubusa, infungwa.. uretse wenda uwajyanwa no kwiyerekana ngo ejo azasohoke mu kinyamakuru cyangwa azabone amajwi (kandi we umusaruro aba awucyuye dore ko nibyo aba akoze nta kamaro bisiga), ineza twakora nta kindi kiyihishe inyuma, Yezu aba ayiruzi we ubona ibyihishe. Kristu Umwami w'isi n'ijuru, umugenga w'ibihe n'amateka adufashe guha agaciro ubuzima bwacu, ibikorwa byacu bituganishe ku neza ye kandi bitubere uburyo bwo kwamamaza ingoma ye: ingoma y'urukundo n'ubutabera, ingoma y'ukuri n'imbabazi, ingoma y'ineza n'ubutugane.


 


 


 

lundi 17 novembre 2008

Ijambo ry’Imana

ICYUMWERU CYA 33 MU BYUMWERU BISANZWE

16 ugushyingo 2008 umwaka A


 

Imig 31,10-13.19-20.30-31

1 Tes 5,1-6

Mt 25,14-30

Ivanjiri y'iki cyumweru itadutekereza umugani w'amatalente nyirimari yasigiye abantu be agiye mu rugendo maze aho ahindukiriye abasaba ko bamumurikira umutungo yabaragije. Ni ivanjiri tuzi neza ariko akenshii wenda tudasobanukirwa neza kuko dukunze gutinda kuri uriya wahawe italenta rimwe. Uko ari rimwe cyangwa atanu, ariya matalenta yari umutungo utubutse. Italenta yari imari ihwanye n'imibyizi 6000. Ni akayabo rero k'imari. Niba wenda tubariye ku mubyizi amafaranga 300, ubwo twagera ku kuyabo ka 1.800.000. Umwana ushiritse ubute yavuga ati: turongeye turariye. Gusa rero twibuke ko uyu mugani ureba ibijyanye n'ubuzima bwacu. Ntawavuga ngo ndongeye ndariye arimo yotsa (ijambo rikoreshwa iyo bagurisha ikawa ikiri mbisi) amagara ye. Uyu mugani kandi tuwumva nabi iyo twibwirako Imana twebwe ntacyo yaduhaye habe n'italenta rimwe bityo tukumva ko nta n'icyo izatubaza. Impano ikomeye dufitekandi buri wese akaba atayihakana ni ubuzima: twaba bazima cyangwa turwaye, twaba dutuye mu gihugu gitemba amata n'ubuki cyangwa ubutayu butagira na mba, twaba twaravukiye mu bihugu bihorana akaga k'amahoro make... ubuzima turabufite kuko duhumeka umwuka w'abazima kandi tukazanahumeka umwuka w'ubugingo buzahoraho iteka. Buri wese rero afite icyo yaragijwe n'Imana kandi ntimuhoza ku nkeke ngo ese ugeze he ucunga ibyanjye cyangwa ngo izadutungure kuko yaduteguje kera ko umunsi utari uyu izaza kmurikisha ibyayo. Ikibazo rero kiba mu buryo twakira impano Imana iduha nuko tuyikoresha. Uriya mugani urasa nuworoshye mu kuvumva. Bariya bagaragu babiri ba mbere bitwaye neza cyane kandi barabishimrwa naho uwa gatatu ngo yatinye ubwoba maze ahisha imari ya shebuja aje arayimuha. Yagize amahirwe kuko yashoboraga no kuyihisha undi akayigwaho akayitwara akabura uko arya iminwa. Ubwoba kandi si ikintu cyoroshye kuko bubuza umuntu gutekereza no kwinyagambura. Ubwoba butuma ubwenge bwihisha, aho gutekereza umuntu agakora icyizanye nko kujya gutaba imari itari iyawe aho kuyibyaza umusaruro. Nawe rero yarabyishyuye kuko bamwatse n'ubusa yaririragaho barangije bamusuka hanze. Yego ni umugani Yezu yacaga ariko buriya iyo yongeramo n'abandi bagaragu benshi byari gutuma twibonamo bitaturuhije. Ndatekereza nk'umugaragu waba yarashatse gucuruza amatalenta hanyuma agahomba. Ubwo se yari kubwira iki shebuja? Ko yahombye? Ko Imana yandagije umuryango (umugore n'abana, cyangwa umugabo n'abana) none nkaba mbona ntacyo mbamariye? Ko umurimo nshinzwe ntawitangira uko byagombye? Ko nihimbiye ubundi buryo bwo kubaho nkaba meze nka wa mwana w'ikirara ivanjri itubwira ariko jye ariyo ngitangira urugendo rwo kujya kwishakira imibereho aho bweze? Imana si gatumwa gatindi nkuko hari wenda uwabikeka atya. Yaba akoze sakirirego (nk'uko kubyandika nabyo ubwabyo binteye ubwoba). Imana ntigenzwa no kudutega iminsi. Uwakwibwira ko yahombye kandi koko yareba agasanga ubuzima butaramusekete aka ya ndirimbo "ikica amahirwe", ntazihebe kuko Imana nk'umubyeyi unyurwa no kubona turiho. Kabone niyo nta musaruro twagaragaza, aka wa mugani w'umwana w'ikirara, yatwakira kandi igakoresha umunsi mukuru. Undi mugaragu Yezu atavuze ni uyu wirirwa aganya ngo we ntacyo yahawe: ntatuze ibya Mirenge (kuko nyine atari Mirenge), ntiyize menshi, ntavuka mu bahinza, ntafite uburanga bwamutera kumenyekana,... ubwo se Imana izirirwa imubwira ngo murikira? Izaba se imumurikisha iki nyine itamuhaye? Ahubwo ndumva ariwe uzashinga urubanza akaba icyo yacumuye. Umugaragu nk'uyu rero niba abaho, ubuzima bwe abumara aganya kandi akarwana n'umutima kubera kurarikira utw'abandi: ngo reba sha uko abandi Imana ibakunda! Agafuhira byose kandi igihe cyose bigatuma atabona akanya ko kwita ku buzima bwe no kubona byinshi ariko byinshi cyane Imana yamuhaye kandi nawe ashobora gusangiza abandi. Imana ntiyifuza ko tubaho tuganya cyangwa ngo twicwe n'mukeno. Yaduhaye amatalenta ahagije kandi buri wese mu rugero rw'uko ashobora kuyacunga no kuyabyaza umusaruro. Ikibazo gusa nuko tudashobora kwibera iyo ngo tuyakoreshe ibyo twishakiye. Dusabe Imana iduhe ingabire ya Roho Mutagatifu tubashe kumenya ubukungu Imana yaturagije kandi turonke imbaraga n'ubwenge bwo gutubura iyo neza y'Imana.


 


 

IYIBUKA RY'UMUNSI KIRIZIYA BASILIKA YA MUT. YOHANI I ROMA YAHWE UMUGISHA

09 ugushyingo 2008 umwaka A


 

Ezk 47, 1-2.8-9.12

1 Kor 3, 9c-11.16-17

Yh 2, 13-22

Kiriziya irahimbaza kuri iki cyumweru umunsi bazilika yitiriwe mutagatifu Yohani Batista yahaweho umugisha. Ni kiriziya yubatse nyuma y'ihinduka ry'umwami Constatino, ikaba n'ikimenyetso cy'amahoro uwo mwami yatanze nyuma y'igihe kinini kiriziya yari imaze itotezwa. Ni kiriziya yatuwemo n'abapapa inahimbarizwamo inama nkuru za kiriziya zatumye isobanukirwa neza ubutumwa n'agaciro kayo. Umunsi duhimbaza none uretse kutwibutsa nyine uwo munsi w'itahwa rya kiriziya, ni uburyo ku bemera bwo kwibuka ingoro duteraniramo cyane cyane buri cyumweru ngo twumve ijambo ry'Imana, dusangire amasakaramentu yayo kandi tureme umuryango wunze ubumwe n'Ubutatu butagatifu. Ni akanya ko kuzirikana kuri kiriziya y'umutima wacu kuko buri wese wemera Imana kandi ikihatira gukurikiza amategeko yayo ahinduka ingoro yayo, ingoro nzima ibereyeho gusingiza Uwiteka. Amasomo tuzirikana aradufasha kumva neza akamaro k'Ingoro y'Imana mu bantu. Pawulo intumwa aratwibutsa ko turi ingoro ntagatifu y'Imana kandi ko hagowe uwo ari we wese wakiha kwangiza Ingoro y'Imana. Ati: kuyubaka ni ibya buri wese ariko uwashaka kubaka uko yihimbiye, Imana yazabimuryoza. Ibi nibyo Yezu yakoze ubwo yinjiraga muri Hekaru akasanga hari abari barahashinze amaduka, bagurisha ibyo rubanda rwakeneraga ruje gusenga no gutura ibitambo. Ngo byose yabisutse hanze na bene byo, bamubajije ikibimuteye ati. Nimusenye iyi ngoro nzayubake mu minsi itatu. Birumvikana ko we yashakaga kuvuga ibijyanye n'urupfu rwe n'izuka rye. Ikiza ariko dusanga muri iriya vanjiri nuko n'ubu Yezu aje, wenda ntiyasanga muri za Kiriziya zacu, ibimasa n'intama zo gutura ibitambo, ariko ubucuruzi bwo ubanza twarakataje. Simvuga gusa ya mashusho, amashapule, imidari, indirimbo n'ibindi ducuruza, ndivugira uburyo urusengero cyangwa se Ignoro y'Imana bamwe tuyigira akarima bwite. Ibi ndetse ubanza bikaze kurusha kwicururiza ishapule cyangwa umidari cyangwa kwirukana ba bana bacuruza udukarito imbere ya Kiriziya. Pawulo Mutagatifu iyo avuga ngo ariyimbire uziha kubaka bitajyanye n'uko Imana ibishaka, aba atuburira ngo twirinde kuzibwira ko kiriziya itadufite itagenda neza. Buri wese ni ibuye rizima rigize ingoro y'Imana ariko agaciro nyako tugahabwa na Kristu we Rutare rudushyigikiye twese. Aha kandi tukahigira kubaka ubumwe bw'umuryango w'abana b'Imana bayobowe n'abepisikopi, Papa akababera ku isonga nk'umushumba wa diyosezi ya Roma. Ubumwe kandi bwa kiriziya ntibushingiye ku bushake bwa muntu ngo wenda habe hagira uwibwira ko imirimo yakora muri kiriziya yazatuma yambikwa undi mudari atari ya neza n'imbabazi dukomora mu Mutima mutagatifu wa Yezu. Iyo neza umuhanuzi Ezekiyeri yayigereranyaga n'amazi avubuka mu Ngoro y'Imana, akagenda yiyongera kugeza abaye umugezi maze aho unyura utemba, ugatanga ubuzima. Ngo ibiti byera imbuto zirimbwa zigatunga abanto naho amababi yabyo akaba umuti ubavura iyo hari icyo barwaye. Aha hatumye nibuka ya mvugo y'abakecuru iyo bagiye gusaba penetensiya bakabwira padiri ko bashaka umuti. Kandi ga nibyo, Penetensiya ni umuti wa roho nk'uko Ukarisitiya ari ifunguro. Papa Yohani wa 23, asobanura iyi vanjiri, atwibutsa ko kiriziya, cyane cyane paruwase, ari nk'umugezi, mambe kano iri rwa gati mu mudugudu, aho buri wese mu batuye uwo mudugudu yumva yajya kuvoma mazi yo kunywa ngo ashire inyota. Iryo riba Imana yatwihereye, ndumva ntawe riheza, twese aho twava hose, uko twaba dusa cyangwa twitwa, ibyo twaba dutunze, Imana yaturemeye iriba tuzajya tuvomaho ineza n'imigisha yayo kandi rikaba rituri hafi, riri rwa gati mu muryango wacu. Kandi twese iri riba turarigana kuko ni iriba ry'imbabazi n'impuhwe, urukundo n'ubutabera, urugwiro n'ubusabane, .... Ubwo se ninde wakwihirahira ngo we yarashyikiriye ntazakenera urukundo, impuhwe, imbabazi... ikindi kandi bibe nka rya buye riryoshya isombe nitwe tuzagenda twiyongereramo iby'ingenzi mu musaruro w'ubuntu bwacu ngo iriba ryacu (paruwase yacu) rihorane amazi meza kandi afutse. Inkuru y'ibuye riryoshya isombe cyangwa isupu ni iy'umugabo wari wagirijwe n'inzara agera mu mudugugu afunguje bati wapi nta kigenda ino rukinga batanu cyangwa batatu. Uwo mugabo arababwira ati: erega ibyo gufungura ndabifite kandi byabahaza mwese gusa ntaho kubiteka mfite. Baba bamuzaniye igisafuriya kinini yuzuzamo amazi ashyira ku ziko anagamo ibuye yari afite mu ruhago. Inkuru yarakwiriye abaturage bose barakorana ngo barebe uko umuntu muzima ateka ibuye abantu bakarya. Yanyuzagamo akapfundura akavanga n'umudaho ati: biraryoshye ariko haraburamo umwungu. Abafite imyungu bakiruka bakayizana, nawe akayikatiramo. Akongera ati: iyaba twari dushyizemo ibirayi nka bibiri, akagufa, agasenda, amavuta,.. kubera amatsiko ibyo yasabaga byose barabizanaga kugeza ifunguro ritunganye ati: muzane iby'ibanze tusangire. Mu gihe abantu bse bafungura batangaye ukuntu ibuye ryabyaye isupu, wa mugabo aranyonyomba arigendera ariko abasigira rya buye ngo igihe cyose bazajya bumva bashonje kandi badafite icyo gutegura, bazage baryitabaza ribarengere. Ntimumbaze niba iryo buye rikibaramira ahubwo mubwire niba muri za kiriziya zacu hari ibanga nka ririya tugira ridufasha kurema ubumwe nk'umuryango w'abemera Imana imwe.


 

samedi 1 novembre 2008

Ijambo ry’Imana

Abakiryoherwa n'Ijmabo ry'Imana, mbifurije umunsi mwiza kandi ntimukagarukire aha.

UMUNSI WO KWIBUKA ABAVANDIMWE BACU BATABARUTSE

2 ugushyingo 2008 umwaka A


 

Yob 19,1.23-27a

Rom 5,5-11

Yh 6,37-40

Kuri iki cyumweru Kiriziya irasabira abayo bose batabarutse ubu bakaba bataragera mu ihirwe ry'ijuru. Ni imunsi ikurikira uw'abatagatifu bose kuko kiriziya ari umuryango umwe w'abana b'Imana baba abakiri muri ubu bugingo, baba abarangije urugendo rw'iyi si bakaba baragororewe ikamba ry'ibyiza bakoze, baba b'abakiri mu nzira, bagisukurwa ngo bakunde bazakere kugera aho Imana iganje. Amasengesho yacu rero kuri uyu munsi ni ayo kwibuka ko ubuzima butarangirira kuri iyi si kandi ko urupfu nubwo rutungurana, atari rwo rufite ijambo rya nyuma. Kiriziya iteganya uburyo butatu, cyangwa amasomo ya misa ishatu kuri uyu munsi. Amasomo tuzirikana muri ibi bitekerezo ni iya misa ya mbere. Yobu tuzi ko ashushanya umuntu wahuye n'akababaro kandi yari azi ko ari intungane, aratubwira ijambo rikomeye, ati: iyaba amagambo yanjye yandikwaga agashyirwa ahantu atazasibama kuko nizeye Imana kandi nkaba niringiye kuzayireba uko iri. Yobu yari intungane, ariko se muri twe ninde wakwihandagaza ngo amagambo yanjye azandikwe atangazwe hose? Ni nde wakwemera kuvuga yeruye ko amagambo cyangwa ibikorwa bye byabaye koko iby'intungane? Jyewe niringira ijambo Pawulo intumwa yandikiye abanyaroma ko Kristu yemeye kudupfira kandi twari abanyabyaha bityo ubuzima bwacu bukaba bugira agaciro iyo twemeye ko aba ari we ubugenga. Iyaba twashobora ibi, twabaye koko intungane. Kristu yatanze ubuzima bwe ngo tube bazima kandi ngo nta n'umwe azazimiza nk'uko ivanjiri ya Yohani ibitwibutsa. Mutekereze ko ikidutera ubwoba, wenda nivugire, si ugupfa kuko iyo ni inzira ya twese, ahubwo ni uko twasanga twararuhiye ubusa. Tugasanga aho tugiye hatagibwa (nanze kuvuga mu muriro utazima). Ubwo se ku mugani w'umuhanuzi Izayi ko Imana iturarikiye kuzatwakiriza umunsi mukuru w'akataraboneka, none twasanga twarahushije inzira. Baca umugani ngo igiti kigwira aho kibogamiye. Ivanjiri twazirikanaga ejo, kandi ari nayo kiriziya idusangiza mu misa ya gatatu y'uyu munsi, itwibutsa ingingo nterahirwe. Niba se ku mugani abantu batabarika barashohoye kugera kuri uriya mugambi, kuko wowe cyangwa jyewe byatunarira. Umva si amashuri bisaba kuko si ukwaka akazi; si ubundi buhanga cyangwa indi mpano bisaba atari ingabire itangwa n'Imana igasanganirwa n'umutima ugambiriye kugera ku neza y'Imana. Uko biri ubanza nta numwe wagombye kuzahezwa niba ashyizemo umuhate. Umuhanga mu nyigisho za Kiriziya, Origène niwe wavuze ko amaherezo na shitani izagezaho igahinduka kuko ineza n'imbabazi by'Imana bisumba kure ubushukanyi n'ubugome bya shitani. Ariko guhinduka ni igokorwa gisaba ubushake. Ng'iyo impamvu ivanjiri ya misa ya kabiri y'uyu munsi idubiriramo uko Imana iteganya kuzaca urubanza. Ngo izasobanura abantu nk'uko umushumba asobanura amatungo, abeza bage ukwabo n'ababi bigende gutyo. Kandi ngo urubanza ruzashingira ku ngingo yoroshye (uretse ko niyo yaba ikomeye, tuba tuyizi bihagije ngo twitegure kuzatsinda urwo rubanza): uko tuzaba twarabaniye Yezu muri bagenzi bacu. Ubwo se koko hari uzavuga ngo ntiyaburiwe cyangwa ko nta kanya yigeze abona ko gukora igikorwa cy'urukundo. Gusura abababaye, kugoboka abari mu kaga, gucumbikira udafite icumbi n'ibindi tutarondora kuko ibyanditswe mu ivanjiri ni ibyo abo mu gihe cya Yezu babagamo. Twebwe wenda ntituzakenera kucumbira abagenzi cyangwa kwambika udafite akambaro. Wenda tuzakenera gukora ibindi bikorwa ariko kereka udafite amaso yo kureba, amatwi yo kumva n'umutima, uwo niwe uzihandagaza ngo rwose Nyagasani uranteye abo bakene ntaho twahuriye. Ngo agapfa kaburiwe ni impongo kandi abafite amatwi turumve. Sinarangiza ariko iyi nyigisho ntagize icyo mvuga ku muhango wo kwibuka abapfuye. Wenda iwacu ntitubikagatiza ngo duhore mu irimbi buri munsi tujyane indabo zo gushyira ku mva z'abacu bapfuye. Simbigaya ariko mu irimbi siho ubuzima bugarukira. Abacu batuvuyemo bari mu maboko y'Imana kandi bakaba no mu buzima bwacu. Niba tubakunda koko ntitwagombye kubabohera muri ya sanduku twabitsemo umubiri wabo kugeza igihe uzazukira. Twagombye kwibuka ko Imana yabacunguje amaraso y'Umwana wayo ibakunda kurenze uko tubakunda. Uruhare rwacu ni ukutabibagirwa kandi tukabasabira ngo ibyo batatunganyije, isengesho ryacu ribabere impongano. Na none kubaharira Imana byasa no kwibwira ko tutifuza kuzataha aho bari. Ubwo se twaba dupfana iki tubibagiwe? Imana ibiyereke kandi natwe iduhashishe ingabire yayo.


 


 


 

UMUNSI MUKURU W'ABATAGATIFU BOSE

01 ugushyingo 2008


 

Hish 7,2-4.9-14

1 Yh 3,1-3

Mt 5,1-12a

Mutagatifu Agusitini ngo iyo yahimbazaga umunsi w'abatagatifu bose, yakundaga gusubiramo aya magambo ati: koko aba na bariya bose babe barabishoboye, bizabe ari jyewe binanira. Ko Imana itanga ingabire ari imwe kandi idukunda twese, ni kuki jyewe iriya nzira y'abahire ntayinyura. Ng'iyi interuro idufasha kuzirikana ku munsi mukuru w'abatagatifu bose duhimbaza kuri taliki ya mbere ugushyingo. Na none birumvikana sinabura kudatera indirimbo y'abamaritiri b'i Bugande: Dusingize ubutwari bwa benewacu, Yezu bahowe bose yarabagororeye. Ngo ni imbaga itabarika y'abantu baturutse imihanda yose bakikije Ntama, bafite imikindo mu ntoki kandi bahanikira hamwe ibisingizo by'Imana mu ndirirmbo ya ALELUYA. Ikibatandukanya na rubanda rundi ngo nuko bameshe imyenda yabo bakayezereza mu maraso ya Ntama. Nguko uko imvugo y'incamarenga ya Yohani itwinjiza mu munsi mukuru wa bakuru bacu bashyikiriye ihirwe ry'ijuru. Kuba barabigezeho si ikindi, nuko babaye abahamya b'ivanjiri mu bantu kandi ingingo-ntima zayo turazisanga mu ivanjiri ya none ariyo ivanjiri y'abahire. Hahirwa abakene ku mutima, abiyoroshya, abatera amahoro, abasonzeye ubutungane...abashishikazwa nuko Imana yamenyekana bityo n'abayo bakadendeza mu mahoro, atari abantu gusa ahubwo n'ibiremwa byose. Ndi bwirinde gutinda ku mubare 144.000 cyangwa se ibindi bibazo bijyanye n'inyigisho za y'andi madini, uwaba yemera ibyo yigisha, turi buhurire ku ngingo ngirango mbasangize: kuba umutagatifu uyu munsi birashoboka? Aho ababayeho mbere ntibatomboye bo batabonye uru Rwanda cyangwa iyi si? Ese aho iyi ntero iracyagira abayikiriza cyangwa ni ibyino ya karahanyuze? Ibihugije abantu ni byinshi kandi n'ibyo bumva byabatera guhirwa no gutunganirwa si bike, ivanjiri se ishobora kujya mu ipiganwa ikaba nayo yagira abo inyura? Abakurikira uko amajyambere yihuta, ikoranabuhanga rinyaruka, basanga muntu yaraminuje byo kuba yakwigaramira. Nyamara ariko ubwo Amerika yatangazaga ko umutekano wayo usagambye, ko nta gahugu kayikora mu jisho, Ben Laden yaberetse ko utazi akaraye i Fumbwe araza ifu. Muri iyi minsi haravugwa igwa rya bourse, aya mafaranga amabanki aba acunga, akaba ariyo agena uko turamuka n'uko twirirwa. Wenda udafite na mba yumvaga bavuga ko amabanki y'Abanyamerika yatswitse amamiliyoni atabarika, akumva yakwifuza kuba ari we bashinze umurimo wo kujya kuyashumika. Uwibwiraga ko yari kuhakirira nabe yihanganye gato ntibizamubuza kugubwaho n'ingaruka z'ibyo atazi aho biva n'aho bigana. Guhirwa rero kuri iyi si si ikintu kidashoboka. Rwose tubifitiye uburyo cyane cyane abagashize. Nyamara ntibitubuza guhora twiteze ko kabutindi yatuvutsa uwo mugisha. Ubu ikigezweho nuko Leta zose z'Uburayi cyangwa iyo Burayi nshya (ntavaho mvuga icyo Kirayi) igamije guha abayituye cyane cyane abenegihugu babo uburyo buhagije bwo kubaho no kwishima (Produire beaucoup de plaisir en qualité et en quantité et réduire au maximum la souffrance). Umuntu akarya akikura, akishimisha uko yaraye ibirose, yashaka akabyara cyangwa undi akaba yamubyarira, akaba yabyara atinze ngo bitamubuza kwibeshaho akiri muto kabone niyo yaba ageze mu zabukuru ; imbwa ye ikitabwaho uko abishaka kandi yaramuka , niba ari umuhungu ashegeye undi muhungu bakabana bitanaretse ko bakora ishyirahamwe hagati y'abashaka kubana baba bahuje ibitsina cyangwa badahuje. Ubwo banagena igihe uwo mubano wamara. Kandi hagira utwita akaba yayikuramo cyangwa yamenya ko uwo atwite azavukana ubusembwa bakamurinda kuvuka cyane ko aba ataragira ububasha bwo kwivugira ndetse atazanabugira niba azavukana ubwo bumuga. Ndetse n'uwo ubwo burwayi bwagwirira, bakaba bamufasha guhita atandavuye ndetse atanduranyije cyane ko atanabona uwo arushya. Umuntu akagira uburenganzira bwo kuba yasaba abaganga ko igihe bazabona ahuye n'indwara y'igikatu, batazirirwa bagisha inama, ko bazamufasha gupfa vuba. Ubwo kandi bagomba kwimira ku buryo bwose uwababuza kubaho neza ndetse n'uwo bakeka ko yazabirota bakaba bamutanga bakamubuza uburyo bwo kuzabirota. Ngibyo muri make ibitekerezo birimo bitutumba muri demokarasi turirira ndetse muri paradis terrestre ab'iwacu tujya turirira. None se bana b'Imana, kuba umuhire biracyasaba kurindira kuzajya mu ijuru? Ubu se birakwiye guta igihe tumesa amakanzu yacu ngo ngaho azerera mu maraso ya Ntama ? Karabaye kuko isi yaraginje kugenda umucuri aka Lawuriyani na AMI. Mu Butaliyani b'epfo muzi ko bakataje muri MAFIA, hari umugabo wari uyisaziyemo uherutse kwivuganwa n'abashinzwe umutekano. Mu minsi ikurikiyeho habaye umupira wa ruhago maze mbere yawo basaba abari bawitabiriye, guhaguruka gato bakibuka iyo ntwari. Ngo nyuma umuhagarikizi w'umukino baramuhagariste kuko yemeye ko biba. Yararenganye kuko ibitekerezo by'abatuye aho nibyo byagombagwa guhagarikwa. Natinze ku Burayi kubera impamvu ebyiri: iya mbere nuko ariho twibwira ko twavoma amajyambere. Iya kabiri nuko agahwa kari k'uwundi gahandurika. Abatagatifu ni abahamya b'ubuzima bushingiye ku kuri, ubutabera, impuhwe, ineza, amahoro, kwigomwa n'indi migenzo dusanga muri iriya vanjiri y'igingo ntera hirwe. Iyo nzira ni nyabagendwa nubwo itabuzemo amahwa ya Sekibi. Bibiliya yibutsa iteka ko icy'ingezi ari uguhitamo. Inzira ni ebyiri kandi ntaho zizahurira: uhitamo ubugingo ukabaho, wahitamo urupfu ugasoma impyisi. Aka Pascal, dushobora gutinda guhitamo cyangwa tugahitamo nabi, bikazaba aritwe bigaruka. Umunsi w'abatagatifu bose nutubere natwe, intandaro yo kuvugurura ubuzima bwacu. Duhagarare gato turebe icyerekezo cy'ibihe hato tutazaherera mu kujyendana n'ibigezweho, ndavuga inkubiri y'ibitekerezo, maze ubuzima bwacu tukazayoberwa impamvu twabuhawe. Ivangiri ya Matayo iratsindagira ku ijambo amahirwe kandi ni nacyo turota ndetse muntu yamye arota, guhera mu ntangiriro ( umunara wa Babeli). Uyu munsi Yezu aratubirwa ko tutagomba kurarikira kuba nk'Imana, ahubwo ko twahawe ubushobozi bwo kubigeraho. Ni nabyo Yohani atwibutsa ati ubu turi abana b'Imana. Duharanire rero kuguma kuri iryo shema kandi tunabitoze abandi duhereye kubo Imana yaduhaye. Nyagasani Yezu nabane namwe. 


 


 

ICYUMWERU CYA 30 MU BYUMWERU BISANZWE

26 ukwakira 2008 umwaka A


 

Iyim 22,20-26

1 Tes 1,5-10

Mt 22,34-40

Uzakunde Nyagasani Imana yawe wowe wese kandi ukunde mugenzi wawe nkawe ubwae. Ngiri itegeko riruta ayandi kandi riyabumbye yose. Imana niyo nkuru, niyo dukesha kubaho, kuramuka no kuramba, niyo izaturokora ikatugeza mu bwami bwami bwayo, kugira ikindi twayibangikanya, uretse ubujiji, byaba ari ukurasa hasi. Gukunda Imana ariko ntibishirira mu kwibwira ko yanyurwa n'ituro cyangwa isengesho twavuga. Nabyo ni ngombwa ariko kuba yarigaragarije mu Mwana wayo Yezu Kristu, yatweretse ko kuyikunda bijyana no gukunda umuvandimwe wacu nk'uko Yezu yadukunze kandi nk'uko natwe twumva twakunda. Uretse nyine awaba afite ikibazo cy'uburwayi, nta muntu numwe wiyifuriza inabi cyangwa wumva atakundwa. Gukunda abadi rero, tugendeye ku itegeko rya Yezu, ni ukurebera ku gipimo natwe twifuza ko twagererwamo. Si ukubakunda nk'uko badukunda, byaba bibaye gukurikiza rya tegeko rya kera ngo iryInyo rihorwe irindi n'ijisho rihorwe irindi. Mu gihe cya Yezu, hariho inzobere nyinshi mu bijyanye m'amatego y'Imana nk'uko biri muri iki gihe cyacu. Abo bahanga bari barayanonoseye ku buryo ngo aho kuba icumi nk'uko twayatojwe muri gatigisimu twigira amasakaramentu, ngo yari yaratubuwe arenga 600. Harimo iyo umunyayisiraheri wuhaba Imana koko yagombaga gukurikiza n'ibyo yagombaga kwirinda. Ubwinshi bw'amategeko, turabimenyereye sibwo bworoherereza abagomba kuyakurikiza, ahubwo abanyantege nke barahagwa. Hagera mu cyeragati no mu bwoba bwo kuba baba bteshuka ku itegeko kabone n'iyo baba ntaryo bishe cyangwa nta n'iryo bazi. Yezu rero asubiza uriya munyabwenge bambe iriya nzobereye mu mategeko, ntiyari ayobewe ko amategeko angana kandi akurikirana, ahubwo yashatse kumuha igisubizo cyamufasha kugororekera Imana atagombye guhetama umugongo kubere ubwisnhi n'uburemere bw'amategeko. Yezu ati: uzakunde Nyagasani Imana yawe n'umutima wawe wowe, na rho yawe , n'ubwenge bwawe bwose kandi uzakinde mugenzi wawe nk'uko winkunda. Yungamo ati: muri aya mategeko yombi habumiyemo amagambo ya Musa n'ayabahanuzi. Ese koko uwakubaza itegeko riruta ayandi kuri wowe wasubiza iki? Aho ntitwajya muri gatigisimu, tugahera ku itegeko rya mbere maze tukayarondora yose uko yakabaye niba tukiyibuka? Aho ntitwarya iminwa tukavuga ko haciye igihe, tutakiyibika cyangwa tukaba twavuga ko yose agana. Uretse bariba bafarizayi bari bagambiriye kugushao Yezu, ntibyoroshye kumenya itegeko riruta ayandi. Ibi kandi ntibireba gusa amategeko y'Imana kuko ni kimwe no mu mategeko agenga iyi si. Iyo twibutse ko amategeko dufite ari akayabo kandi buri munsi tuba twatoye cyangwa twashyizeho andi, umuntu yakwibaza nyine akomeye kurusha ayandi. Twibuke ko mu gihe cya Yezu ngo aya mategeko tuzi ko ari icumi, abahanga bari barayatubuye (bu buryo bwo kuyasobanura neza) maze arenga 600. Ubwinshi bw'amategeko akenshi butera impungenge cyangwa ubwoba kutamenya iryo tubanza n'iryo duheruka iyo aramutse agonganye. Yezu rero asubiza abafarizayi, rishatse kuberaka ko amategeko yose aturuka ku Mana kandi akaba ariyo aganishaho anyunze ku nzira yitwa umuvandimwe. Nta tegeko ribereyeho Imana gusa: kuyikundira ko ari Imana, Nyirimihayo, Nyramaboko,... ntacyo biyungura kuko ntisonzeye urukundo rwacu. Navuga ko irusonzeye iyo rutuma tubaho neza kandi n'abavandimwe bacu bagatunganirwa. Ng'iyi impamvu Yezu avuga ko ariya mategeko yombi asa. Imana mu Mwana wayo Yezu Kristu yishushanyije n'umwe muri twe, bityo gukunda Imana tudakunze abantu nta gaciro byaba bifite. Gukndana gusa ariko tutarebeye ku Mana nabyo byaba ari ukwihimgira inzira y'agakiza itageira aho itugeza. Uzakunde Imana kandi ukunde mugezi wabe ubundi nakubwira iki. Uzaba wujuje ibyavuzwe n'abahanuzi kandi uzaba ukurikije amategeko yose ya Musa. Simvuze ko kuba amategeko yose yakubirwa muri ariya abiri aribyo bizatworohera, ariko byibura bizaturinda guta igihe mu mihango n'imiziririzo akenshi biturindagiza kurisha uko bitwubaka. Ikindi kandi imbaraga zo kubahiriza ariya mategeko ni Kristu ubwe dusanga haba mu ijambo rye no mu masakaramentu. Muze tumwigireho gukundana nibwo koko tuzaba abigishwa be n'abana b'Umubyeyi wacu uri mu ijuru.


 


 


 


 

ICYUMWERU CYA 29 MU BYUMWERU BISANZWE

19 ukwakira 2008 umwaka a


 

Iz 45,1.4-6

1Tes 1,1-5b

Mt 22,15-21

Inyigisho y'iki cyumweru iradusobanurira uko tugimba kwitwara mu bijyanye n'ubuyobozi cyangwa se imitegekere y'iyi si. Ngo Sezari nimumuhe ibye ariko n'Imana muyiharire ibyayo. Iyi vanjri itangira ivuga impamvu abafarizayi na bene Herodi bagiye kureba Yezu. Ngo bifuzaga kumugusha mu mutego. Mwibaze ko hagati yabo batacana uwaka kuko abafarizayi batemeraga ubutegetsi bw'abaromani naho Herodi we akaba ari bo yategekeraga. Kumva rero bafata inzira bagahuza umugambi wo kujya guziganuza si ikintu cyari gutungura Yezu. Ati: kuki mushaka kunyinja? Nimumpe ifaranga ndebe icyanditseho. Ifaranga tuzi ko ari ikimenyetso cy'ubukungu, rikaba kandi n'agaciro k'ububasha buba bwihishe inyuma ya nyiraryo. Iyo igihungu kikomeye n'ubukungu bwacyo buba bwigaragaza, maze bene gutwara bakanagira uburyo babitangariza abo bashinzwe. Ku gihe cya Sezari rero abo abaromani bari barakoronije, bakoreshaga ifaranga ryabo. Si ku ifaranga gusa ariko kuko bagenderaga ku matwara ya ba shebuja. Muri iki gihe turimo wenda twakwibwira ko kuba ibihugu byigenga, turirimba demokarasi, byaba byarakuyeho iyo myumvire. Habe na mba. Uwashaka kumpinyuza sinamurwanya ariko ubanza igisubizo yagihabwa n'urusaku rumaze iminsi rubuza ibihugu bikize ginsizira ku igabanuka ry'agaciro ry'ifaranga ry'abanyamerika. Utagira n'urwara rwo kwishima wenda yakumva bitamureba. Nyamara buriya niwe Sezari azigizaho nkana. Yezu rero ati: ibya Sezari mujye mubiha Sezari ariko n'Imana muyiharire ibyayo. Iyi vanjiri ntishaka kuvuga ko iby'isi, ibya politiki, ubucuruzi n'ibindi twirirwamo ari ibintu bibi. Amafaranga si umwanda wa shitani ahubwo ni meza nuko tuyabura uko tuyifuza bigatuma tuyahakwaho, akacu kakaba karashobotse. Na politike ni kimwe. Ni nziza kuko ibereyeho guteganya no gucunga iby'abenegihugu. Abaturage bose siko baba abayobozi. Ariko ababayebo bagomba kubikorera abo bashinzwe. Pawulo mutagatifu we yanasabaga abakristu gukunda no gusabira ababayobora kuko ubutegetsi nyabwo bwose buturuka ku Mana. Twibuke ko mu gihe cye Kiriziya itari ikinzwe cyane byo kumva yashimishwa no kuvugira abayoboraga. Yezu rero asaba abakristu kutihunza ubuzima bw'igihugu batuyemo, bigire ab'ijuru, ahubwo ko bagomba gutanga umuganda wabo kugira ngo isi iruheho kuba nziza. Gutanga imisoro no kwitabira ibikorwa by'amajyambere si ukuramya ibiyobokamana nk'uko abavandimwe bacu bo mu yandi madini bajya bayigisha. Dukenera kwiga, kwiviza, kugenda mu mihanda imeze neza, kugira umutekano n'ibindi bikorwa Leta ikorera abaturage. Tudatanze umusanzu wacu ngo iyo mirimo itungane, twaba twisenyera. Yego bisaba ko abatorewe kutuyobora bagira koko umutima wo kwita ku nyungu za bose no gukora igenamigambi rijyana n'ibibazo nyabyo abaturage bafite. Ati: ibya Sezari mubihe Sezari, n'Imana muyiharire ibyayo. Kumenya kuvangura ibintu no kubiha agaciro kabyo ikintu gikomeye cyane. Iyo tutabishoboye, nitwe dihindukira tukaba abagaragu b'isi n'ibyayo. Ubwo kandi Sekibi iba iturangije nk'uko yigeze kwototera Yezu imishukisha kumuha ubukungu bwose bw'isi. Ikibabaza kandi n'ubwo bukungu, politiki n'ibindi twararikira siko tuba tubitunze ku buryo buhagije; inzara yabyo ntishira. Guha Sezari ibri ibye ni inzira nayo yo kwibuka ko akaciro kacu karuta kure ishusho iba ku ifaranga cyangwa ku note. Muri batisimu twashyizweho ikimenyetso kidasibangana cy'ishusho y'Imana Nyirizina. Iyo shusho ntigurwa kandi nticuruzwa kuko kaba ari akaga kugaba ishusho y'Imana. Ngaho rero twige guha Imana ibiri ibyayo bityo tuzamenya no kuvangura no kugenera Sezari ibiri ibye.

Imana niduhe umugisha kandi iduhe n'imbaraga zo kuyikorera haba muri kiriziya kimwe no mu buzima busanzwe.


 


 


 


 
 

 

 

Rechercher dans ce blog

umuryango wa Thomas

umuryango wa Thomas

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel

VSITE PASTORALE

VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribanza

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribaza

visita pastorale

visita pastorale

visite pastorale

visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri

Visite pastorale

Visite pastorale
abana n'abakateshisti

Visite pastorale

Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA

Visite pastorale

Visite pastorale
accueil

ordination dell'abbé Claude Mutabazi

ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe

amafoto

amafoto
ishusho ya Bikira Mariya

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
ubusitani

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini 2008

Corpus Domini 2008
inkongoro

ikirugu

ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano

IKIRUGU

IKIRUGU

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO

URUBYIRUKO

URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

kiriziya ya mut Patero i Roma

kiriziya ya mut Patero i Roma

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA

SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE

SANCTUAIRE DE SAN  AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)

Archives du blog

Powered By Blogger

ikaze

mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,... Imana ibahe umugisha.

ERMO DELLE CARCERI

ERMO DELLE CARCERI
ASSISI

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi

ermo si San Vitaliano

ermo si San Vitaliano

Caserta

Caserta

reggia di Caserta

reggia di Caserta

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere