ICYUMWERU CYA GATANDATU CYA PASIKA
27 mata 2008 Umwaka A
Intu 8,5-8.14-17
1Pet 3,15-18
Yh 14,15-21
«Niba munkunda koko, muzubaha amategeko yanjye. Nanjye nzasaba Data, azabahe undi muvugizi, uzaza kubana namwe iteka». Amasomo y'iki cyumweru aradufasha kwitegura umunsi wa Penekositi tuzahimbaza mu byumweru bibiri biri imbere. Igitabo cy'ibyakozwe n'intumwa kiratubwira uburyo intumwa zaramburiye ibiganza ku bemera bo muri Samariya maze Roho akabamanukiraho. Uwo Roho niwe udaha imbaraga n'ubwenge kugirango tubashe gusobanukirwa n'ibyo twemera kandi duhore twiteguye gusobanura impamvu y'ukwizera kwacu; Petero arabisobanura neza mu isoma rya kabiri. Aha niho Kristu ashaka ko tugera: kumumenya no gukomera ku bumwe bumukomokaho. Ibi abakristu bashobora kubikora ku buryo bubiri. Ubwa mbere ni ukwakira Kristu mu buzima bwacu, tukamumenya kandi tukamukunda. Ubwa kabiri, ni ugukundisha Kristu abatamuzi n'abari mu ngorane zitaborohereza kurangamira ineza n'impuhwe by'Imana. Uyu ni umurimo wa Roho Mutagatifu kuko ni umuvugizi, umwunganizi n'umurinzi wa Kiriziya n'abayo. Tumenyereye ya mvugo ko uwemera Kristu abera abandi Kristu kuko imigenzereze ye iranga iya Kristu kandi ikaganisha kuri Kristu. Na Roho ni kimwe. Uwahawe Roho wa Nyagasani, ahinduka umuvugizi w'ineza y'Imana mu bandi. Ibi bituma twumva neza amagambo ya Pawulo mutagatifu: «Haragasingizwa Imana, Se w'Umwami wacu Yezu Kristu, Umubyeyi w'impuhwe zose kandi utanga ihumure ryuzuye. Ni yo iduhumuriza mu magorwa yacu yose ikaduha natwe guhumuriza abashavuye bose, ubagezaho ihumure twiherewe n'Imana» (2Kor 1,3-4), kimwe n'ayo dusoma mu gitabo cya Izayi umuhanuzi: «Nimuhumurize umuryango wanjye, nimuwuhumurize –ni ko Imana ivuze-» (Iz 40,1). Ibi nibyo abakristu ba mbere bakoze kandi na n'ubu ni byo bigomba kuranga abemera. Kwigiramo ineza, ukwizera n'ihumure dukesha ko tuzi Yezu. Gutanga ihumure rituruka ku Mana ni ugukurikiza amategeko ya Kristu ari yo kumukunda no kumukurikiza, gukundana nk'uko yadukunze. Ng'iyi imetero dupimiraho ko tuzi Imana. Yakobo intumwa abisobanura mu yandi magambo ati «niba umuvandimwe wawe cyangwa mushiki wawe bambaye ubusa, cyangwa se badafite ibyo kurya bya buri munsi, maze muri mwe hakagira ubabwira ati "nimugende amahoro, mwote kandi muryoherwe", atabahaye ibibatunga, byaba bimaze iki?» (Yak 2,15-16). «Unkunda, azakundwa na Data, nanjye nzamukunda kandi nzamwiyereka». Yezu ntadusezeranya amabonekerwa -usibye ko atatugwa nabi-, aradusezeranya kutuba hafi no kunganira imbaraga zacu kugira ngo tube abahamya n'abagabuzi b'ineza ye. Aradusezeranya Roho Mutagatifu, mbaraga z'abemera kugira ngo tugire koko ukwemera gushyitse gushyigikiwe n'ibikorwa biranga abemera. Ya mvugo ngo mu kiriziya ndagerageza, iyo mfite akanya njya mu minsi, siniba, sindoga, ayo hari uko meze mfasha abakene...ntiyagombye kugira umwanya mu buzima bwacu niba koko tugengwa na Roho wa Kristu kandi niba dukunda Kristu koko.
Reka nsozereze kuri iri sengesho rya Roho Mutagatifu:
Ngwino Roho Mutagatifu
Ngwino udutoze umuco wo mu ijuru
Ngwino Mubyeyi w'abakene
Ngwino Soko y'ibyiza
Ngwino Rumuri rw'imitima
Uri Umuhoza usumba byose
Mbera Umushyitsi muhire
Uhumurize umutima wanjye.
Ni wowe buruhukiro bw'abarushye
Ni wowe umara inyota abayifite
Ni wowe uhoza abarira
Ni wowe uhabura abahabye
Ni wowe Rumuri ruhire
Rwuzuze mu mitima y'abakwemera.
1 commentaire:
Hi there friend! I am a blog reader from the Philippines. I am happy to found your interesting site. It is really worth visiting.
Enregistrer un commentaire