YEZU ASUBIRA MU IJURU 2008
4 gicurasi 2008 Umwaka A
Intu 1,1-11
Ef 1,17-23
Mt 28,16-20
"Nimugende wigishe amahanga yose, mubabatize mu izina rya Data na Mwana na Roho Mutagatifu kandi mubatoze gukurikiza ibyo nabatoje byose". Ngaya amagambo tuzi-rikana kuri uyu munsi mukuru wa Yezu asubira mu ijuru. Yezu arasa n'ushoje umurimo we maze agaha intumwa amabwiriza yo gukomereza aho yari agejeje. Siko bimeze. Amasomo twagiye twumva muri iki cyumweru -ku bagira akanya ko kumva misa zo ku mibyizi- Yezu yagiye ateguza abigishwa be ku murimo Roho Mutagatifu azakora wo kubunganira ngo hato batibona nk'imfubyi kandi n'amagambo asoza ivanjiri ya none arabishimangira: "dore ndi kumwe namwe iminsi yose kugeza gihe isi izashirira". None se umunsi duhimbaza usobanura iki niba Yezu yaragiye kandi akaba akiri kumwe natwe? Ko Roho Mutagatifu, Imana Nyirubuzima, ariwe utwiyoborera, umunsi w'ukwererezwa mu ijuru kwa Yezu utwungura iki? Pawulo mutagatifu araduha igisubizo: "ubonye Imana yamurikiye amaso y'umutima wanyu kugira ngo musobanukirwe n'ukwizera mwifitemo. Ubonye Imana yabahaye umutima w'ubwenge n'ubujijuke kugira ngo murusheho kuyi-menya". Abamalayika nabo baryunzemo babwira intumwa bati: "nimusigeho gukomeza kurangamira ijuru, kuko uko mumubonye agenda niko azagaruka". Birabe atari akaya ndirimbo ngo "uko twaje niko tuzataha".Oya! Yezu yasubiye mu ijuru kandi agumana natwe, kugira ngo natwe tubeho hano ku isi ariko tunari mu ijuru. Ni mugihe kuko umwe muri twe yatashye mu ijuru kugira ngo natwe tuhabone icyicaro. Yezu mwene Mariya na Yozefu yadufunguriye bwa busitani Adamu na Eva bari barirukanywemo igihe bihaga kurya urubuto imburagihe. Ibyo kandi ntibigoye kubyumva kuko duhereye kuri Ukarisitiya, tubona ku buryo bunoze ko Yezu ari kumwe natwe hano ku isi kandi natwe tukaba turi kumwe nawe mu ijuru. Yezu nta kuntu atari gusubira mu ijuru. Iyo bitaba, twari kwigumira mu byishimo hamwe nawe ariko bigahera aho. Nyamara umugambi wo kuducungura wari uwo kutugarura mu rugo kwa Data. Nibyo Yezu ashimangira avuga ati: "ngiye kubategurira umwanya kugira ngo aho nzaba ndi namwe muzabe hamwe nanjye". Ibanga dukesha ukwemera kwacu ni uko mu masakaramentu duhimbaza cyane cyane ukarisitiya, duhimbaza ijuru kandi dutegereje kuzaritahamo ubwo imisi yacu ya hano ku isi izaba irangiye. Iyi mvugo wenda yaba ihanitse kumva dutuye mu ijuru kandi buri munsi tuganya, dupfa nabi, turuha, twiyuha icyuya ngo turonke icyaturamura, wenda hari n'abatabona uko barya icyo baronse kubera ingorane zo kubura amahoro, kubura aho bikinga n'izindi ngorane. Ingorane z'ubu buzima, Yezu azigereranya n'imibabaro y'umugore wenda kubyara: ntaba yorohewe, ariko kuko aba azi ibyishimo yizeya, aratwaza akemera ako kababaro k'akanya gato ariko ka ngombwa kugira ngo umwana avuke (Yh 16,21-23). Umurimo Yezu araga abe ni uwo gukwiza hose iyo neza ko guhera ubu ijuru n'isi ari ikintu kimwe kuko Kristu yabihuje; uwemera Imana arangwa no guhora mu mwiteguro wo gusanganira Kristu uzaza kumujyana mu ijuru; uwaronse ineza ya Kristu, adashobora guceceka cyangwa gucica intege imbere y'ingorane z'ubu buzima kuko Kristu ni muzima kandi agaje iburyo bw'Imana Data,...Ngaho rero, dukazanye kugirango koko tumenyekanishe ineza n'ukwizera twifitemo. Twibuke ko duhagarikiwe n'Uwatsinze urupfu: tawe uzadukoma imbere.
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire