ICYUMWERU CYA MUNANI MU BYUMWERU BISANZAWE
27 gashyantare 2011 umwaka A
IZ 49,14-15
1Kor 4,1-5
Mt 6,24-34
"ntawe ushobora kugaragira abami babiri". Amasomo y'icyumweru arakangurira abemera kutagira icyo babangikanya n'ubuyoboke bwayo, byaba ibintu, yaba imihangayiko yo gushaka amaramuko, yaba gushaka icyo twakwambara. Ngo Imana Umubyeyi wo mu ijuru azi ko ibyo byose tubikeneye kandi kuba yambika indabo akangaburira inyoni si twe abo yaremye mu ishusho rye yatererana. Ibi umuhanuzi Izayi yari yarabisobanuye mu magambo yumvikana cyane ati naho umubyeyi yagera aho yibagirwa uwo yibarutse, jye sinzakwibagira bibaho. Imana se yaba iduca iki byo kugeza kuri iriya ndahiro? Ese yaba yunguka iki byo gutuma yaremeye ko Yezu adupfira ku musaraba ngo akunde aduhe gihamya ko urwo adukunda rudasanzwe? Uwabyumvise kandi ubiduhamo ubuhamya ni Pawulo Mutagatifu, we utwibutsa ko ntacyo yishinja kuko umucamanza wacu ari Imana kandi niyo izaduha ikuzo ryayo. Kuba Ijambo ry'Imana ridusaba kuyizera tukirinda kuhangayikishwa n'ibyo tuzarya cyangwa tuzambara, si uko iby'isi nta gaciro bifite; Yezu aranga ko twatwarwa n'imihangayiko y'isi kugeza aho twakwibwira ko ari twe twigize. Ngo byaba bimariye iki umuntu kwigarurira isi yose niba bitamufasha kurokora roho? Ese iyo mari cyangwa iyo myambaro byaba bishingiye kuki niba tutariho? Yezu wagira ngo arabikabiriza ngo nta n'ububasha tugira bwo kuba twarenza umunsi twandikiwe aka ba bandi bemera urwandiko. Ubu se iri jambo rya Yezu aho ntiribugwe kure y'umurima mwiza cyangwa rikaba ryaheranywa n'inzitane y'imihangayiko twiberamo! Ubu se koko hari uwakwihandagaza akigisha ngo nimusigeho guhihikana? Ngo izo nduruburi nimuzihashe hasi? Ngo mwikibaza uko ejo hazamera kuko buri munsi ugira gahunda zawo? Ubanza uwabyigisha bamwita umusazi cyane ko abahanura uko ejo hazamera, abasobanura ibimenyetso byo mu kirere, abaraguza umutwe... rwose isoko bararifite. Yezu ati nimushaka mbere na mbere Ubwami bw'Imana n'ubutabera bwayo ibindi bizaza ari umugereka. Ikibazo si ukudahangayika cyangwa kutamenya guharanira ibyatubeshaho. Impungenge z aYezu ari nyo nyigisho ye ni ugukunda iby'isi tukageza aho tugaragira ibyo tuba twaronse twiyushye akuya. Bizabe se aka wa mugani ngo umuntu akorera inda yapfa akayipfumbata. Bene kumva turumve kuko kumenya uwo dukurikiye ni impano twaronkeye muri batisimu kandi ni ubukungu bukomeye burenze kure ibindi byose twararikira.
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire