Icyumweru cya gatandatu mu byumweru bisanzwe 2011A
13 gashyantare 2011 umwaka A
Sir 15,15-20
1 Cor 2,6-10
Mt 5,17-37
"Niba ubutungane bwanyu budasumbye ubw'abafarizayi, ntimuzinjira mu Bwami bw'ijuru". Ivanjir y'iki cyumweru iradusobanuri uko tugomba gukuriza amategeko, bitari gusa guhagama mu kugenda ku byanditswe cyangwa kwibwira ko hari amategeko twakwiha gucaho nkana kuko " isi n'ijuru bizashira, ariko ijambo ry'Imana rizahoraho iteka" knadi nta kanyunguti cyangwa yemwe n'akabago katazuzuzwa. Ibi kandi isomo rya mbere ryabisobanuye neza aho Mwene Siraki adusobanurira ko Imana ntawe itegeka kuba umuhakanyi kandi ko nta n'uwo yahaye uburenganzira bwo gucumura. Ibyo nta no kubica ku ruhande kuko birenze kumvikana. Gusa nyine niba Imana iduha ubwigenge inaduha amategeko atuma tudapfa gukoreshe uko twishakiye iyo neza yatugabiye ku buntu. Si amategeko gusa ariko agomba kutugenga kuko Ubuntu Imana yatugiriye burenze kure gukurikiza amategeko. Aha niho Yezu asobanura ati: mwumvise bavuga ngo ntuzice, ntuzasambane,... jyewe ndababwiye ngo nimugenze gutya, nimurenzeho mwihagama ku mategeko, nimurenze ibiteganywa n'amategeko kuko ubutunga bwanyu bugomba gusatira ubw'Imana. Yezu aranaduha uburyo bufatika bwo kugera kuri izo nshingano: kwihatira kumvikana n'umuvandimwe wawe hakiri akanya n'uburyo, kutihutira gutura ituro niba umutima wacu hari icyo ugushinja mu mibanire yawe n'abavandimwe, kutagira irari ryatugusha mu cyaha cy'ubusambanyi,.... uburyo Yezu yigisha burumvikana ko busaba kugira imabaraga za Roho Mutagatifu kuko umubiri ugira imbaraga nke. Uburyo ariko bwo gutsinda ibyatugusha si ukuhagama gusa mu kwifata no kwibungesera, ahubwo ni ukugaragaza ineza n'urukundo biturimo bityo ubutungane n'ubutabera bwacu bikarenga iby'abafarizayi. Ubwo ga nibwo twaba urumuri n'umunyu by'isi kuko hari icyo twaba dutambutse ku bandi byo gutuma baturebeho bagakuza Imana iri mu ijuru. Iyo neza wagiriwe, urwo rukundo Imana igukunda, uwo muryago wawe ukunejeje, .... niki wabimarishije ngo ugaragaze ubutabera n'ubutungane by'Imana? Iryo talenta ryawe waritubuye ute byo gutera bandi kurata no gusingiza Imana yawe. Ibi bisaba kudahera gusa mu kubona cyangwa gushakisha ibyo twatunganyije n'ibyo twirinze ahubwo tugaharanira kugera ku bikorwa bihesha ikuzo Imana bikanaramira abayo. Birumvikana ko abemera Imana kandi baharanira ubutungane bwayo batagomba gusa kuvunga ngo: siniba sindoga, sinasambanye reba nawe imyaka mfite, mu misa iyo ntacyansibije njyayo rwose,.... ibi biri munzi y'ibyo Yezu yanengaga abafarizayi n'abanditsi. Wowe se ubutungane n'ubutabera bwawe bwaba bushingiye kuki? Ese aho ntiwaba uri mu gihiriri kimwe na za rukurikira izindi? "Niba ubutungane bwawe butaruta ubw'abafarizayi ntabwo uzinjira mu Bwami bw'ijuru".
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire