samedi 26 février 2011

ICYUMWERU CYA MUNANI MU BYUMWERU BISANZAWE 2011A

ICYUMWERU CYA MUNANI MU BYUMWERU BISANZAWE

27 gashyantare 2011 umwaka A


 

IZ 49,14-15

1Kor 4,1-5

Mt 6,24-34

"ntawe ushobora kugaragira abami babiri". Amasomo y'icyumweru arakangurira abemera kutagira icyo babangikanya n'ubuyoboke bwayo, byaba ibintu, yaba imihangayiko yo gushaka amaramuko, yaba gushaka icyo twakwambara. Ngo Imana Umubyeyi wo mu ijuru azi ko ibyo byose tubikeneye kandi kuba yambika indabo akangaburira inyoni si twe abo yaremye mu ishusho rye yatererana. Ibi umuhanuzi Izayi yari yarabisobanuye mu magambo yumvikana cyane ati naho umubyeyi yagera aho yibagirwa uwo yibarutse, jye sinzakwibagira bibaho. Imana se yaba iduca iki byo kugeza kuri iriya ndahiro? Ese yaba yunguka iki byo gutuma yaremeye ko Yezu adupfira ku musaraba ngo akunde aduhe gihamya ko urwo adukunda rudasanzwe? Uwabyumvise kandi ubiduhamo ubuhamya ni Pawulo Mutagatifu, we utwibutsa ko ntacyo yishinja kuko umucamanza wacu ari Imana kandi niyo izaduha ikuzo ryayo. Kuba Ijambo ry'Imana ridusaba kuyizera tukirinda kuhangayikishwa n'ibyo tuzarya cyangwa tuzambara, si uko iby'isi nta gaciro bifite; Yezu aranga ko twatwarwa n'imihangayiko y'isi kugeza aho twakwibwira ko ari twe twigize. Ngo byaba bimariye iki umuntu kwigarurira isi yose niba bitamufasha kurokora roho? Ese iyo mari cyangwa iyo myambaro byaba bishingiye kuki niba tutariho? Yezu wagira ngo arabikabiriza ngo nta n'ububasha tugira bwo kuba twarenza umunsi twandikiwe aka ba bandi bemera urwandiko. Ubu se iri jambo rya Yezu aho ntiribugwe kure y'umurima mwiza cyangwa rikaba ryaheranywa n'inzitane y'imihangayiko twiberamo! Ubu se koko hari uwakwihandagaza akigisha ngo nimusigeho guhihikana? Ngo izo nduruburi nimuzihashe hasi? Ngo mwikibaza uko ejo hazamera kuko buri munsi ugira gahunda zawo? Ubanza uwabyigisha bamwita umusazi cyane ko abahanura uko ejo hazamera, abasobanura ibimenyetso byo mu kirere, abaraguza umutwe... rwose isoko bararifite. Yezu ati nimushaka mbere na mbere Ubwami bw'Imana n'ubutabera bwayo ibindi bizaza ari umugereka. Ikibazo si ukudahangayika cyangwa kutamenya guharanira ibyatubeshaho. Impungenge z aYezu ari nyo nyigisho ye ni ugukunda iby'isi tukageza aho tugaragira ibyo tuba twaronse twiyushye akuya. Bizabe se aka wa mugani ngo umuntu akorera inda yapfa akayipfumbata. Bene kumva turumve kuko kumenya uwo dukurikiye ni impano twaronkeye muri batisimu kandi ni ubukungu bukomeye burenze kure ibindi byose twararikira.


 

dimanche 13 février 2011

ICYUMWERU CYA GATANDATU MU BYUMWERU BISANZWE 2011A

Icyumweru cya gatandatu mu byumweru bisanzwe 2011A

13 gashyantare 2011 umwaka A


 


 

Sir 15,15-20

1 Cor 2,6-10

Mt 5,17-37

"Niba ubutungane bwanyu budasumbye ubw'abafarizayi, ntimuzinjira mu Bwami bw'ijuru". Ivanjir y'iki cyumweru iradusobanuri uko tugomba gukuriza amategeko, bitari gusa guhagama mu kugenda ku byanditswe cyangwa kwibwira ko hari amategeko twakwiha gucaho nkana kuko " isi n'ijuru bizashira, ariko ijambo ry'Imana rizahoraho iteka" knadi nta kanyunguti cyangwa yemwe n'akabago katazuzuzwa. Ibi kandi isomo rya mbere ryabisobanuye neza aho Mwene Siraki adusobanurira ko Imana ntawe itegeka kuba umuhakanyi kandi ko nta n'uwo yahaye uburenganzira bwo gucumura. Ibyo nta no kubica ku ruhande kuko birenze kumvikana. Gusa nyine niba Imana iduha ubwigenge inaduha amategeko atuma tudapfa gukoreshe uko twishakiye iyo neza yatugabiye ku buntu. Si amategeko gusa ariko agomba kutugenga kuko Ubuntu Imana yatugiriye burenze kure gukurikiza amategeko. Aha niho Yezu asobanura ati: mwumvise bavuga ngo ntuzice, ntuzasambane,... jyewe ndababwiye ngo nimugenze gutya, nimurenzeho mwihagama ku mategeko, nimurenze ibiteganywa n'amategeko kuko ubutunga bwanyu bugomba gusatira ubw'Imana. Yezu aranaduha uburyo bufatika bwo kugera kuri izo nshingano: kwihatira kumvikana n'umuvandimwe wawe hakiri akanya n'uburyo, kutihutira gutura ituro niba umutima wacu hari icyo ugushinja mu mibanire yawe n'abavandimwe, kutagira irari ryatugusha mu cyaha cy'ubusambanyi,.... uburyo Yezu yigisha burumvikana ko busaba kugira imabaraga za Roho Mutagatifu kuko umubiri ugira imbaraga nke. Uburyo ariko bwo gutsinda ibyatugusha si ukuhagama gusa mu kwifata no kwibungesera, ahubwo ni ukugaragaza ineza n'urukundo biturimo bityo ubutungane n'ubutabera bwacu bikarenga iby'abafarizayi. Ubwo ga nibwo twaba urumuri n'umunyu by'isi kuko hari icyo twaba dutambutse ku bandi byo gutuma baturebeho bagakuza Imana iri mu ijuru. Iyo neza wagiriwe, urwo rukundo Imana igukunda, uwo muryago wawe ukunejeje, .... niki wabimarishije ngo ugaragaze ubutabera n'ubutungane by'Imana? Iryo talenta ryawe waritubuye ute byo gutera bandi kurata no gusingiza Imana yawe. Ibi bisaba kudahera gusa mu kubona cyangwa gushakisha ibyo twatunganyije n'ibyo twirinze ahubwo tugaharanira kugera ku bikorwa bihesha ikuzo Imana bikanaramira abayo. Birumvikana ko abemera Imana kandi baharanira ubutungane bwayo batagomba gusa kuvunga ngo: siniba sindoga, sinasambanye reba nawe imyaka mfite, mu misa iyo ntacyansibije njyayo rwose,.... ibi biri munzi y'ibyo Yezu yanengaga abafarizayi n'abanditsi. Wowe se ubutungane n'ubutabera bwawe bwaba bushingiye kuki? Ese aho ntiwaba uri mu gihiriri kimwe na za rukurikira izindi? "Niba ubutungane bwawe butaruta ubw'abafarizayi ntabwo uzinjira mu Bwami bw'ijuru".

samedi 5 février 2011

Icyumweru cya gatanu mu byumweru bisanzwe 2011A

Icyumweru cya gatanu mu byumweru bisanzwe 2011A

06 gashyantare 2011 umwaka A


 


 

Iz 58,7-10

1Kor 2,1-5

Mt 5,13-16

Ivanjiri y'icyumweru gishize yatwibutsaga ko inzira yo kugera ku butungane ari ugukurikiza ingingo nterahirwe. Kuri iki cyumweru Yezu aratubwira ko turi umunyu n'urumuri by'isi. Ngo umusozi wubatse ku mpinga ntiwihisha abarebye kandi ntibacana itara ngo baryubikeho igitebo. Kuba urumuri ni impano dukesha ubuntu bw'Imana. Uwakiriye ijambo rya Kristu, Rumuri nyakuri, nawe ahinduka urumuri. Ubeshwaho na Kristu, Mugati nyabuzima, nawe arahindukira akabera abandi ikiryoshya, agatuma baryoherwa no kubaho. Ngo niba umunyu utakaje uburyohe, nta kandi kamaro. Mutagatifu Charles de Foucauld niwe wavugaga ngo abemera bagomba kwatura bakamamaza ivanjiri bakoresheshe imibereho yabo. Kandi koko umunyu isi ikeneye si ikindi kindi atari ubuhamya bw'abemera kubaho bagendeye ku kuri, ubutabera, ubusabane n'imbabazi. Ibi nibyo umuhanuzi Izayi yashimangiraga ati: niwakira umukene iwawe, ukamuha ku ifunguro ryawe, ugacumbikira utagira aho aba ... icyo gihe urumuri rwawe ruzabengerana. Niwirinda ibinyoma, ukirinda gutunga agatoki cyangwa kuvugaguzwa, ineza yawe izamuri k'itara. Ng'ibi ibyo abemera bagomba gukora kugira ngo isi ikurizeho gusingiza Imana Data iri mu ijuru. Iyi vanjiri irasaba buri wese kumenya umwanya we muri Kiriziya, akamenya ko igikuru atari ubwinshi by'ibyo twakora ahubwo impamvu ituma twumva turi abakristu. Umunyu ntugombera ubwinshi kuko icyo gihe ibiryo ntibiba bikiriwe. Ibi rero bisaba kwirinda ya mvugo ngo "jyewe ndi umukristu, nemera Imana ariko ku buryo bwanjye"; "gusenga nasenga ariko njya mu misa ariko numva bindimo bitari ugushakisha"; "iyo hari icyaha nakoze ndiherara n'Imana yanjye nkicuza ntiriwe njya kwa padiri cyane ko nawe aba atorohewe n'ibyahe bye".... iyo twageze aha, umunyu uba watakaje uburyohe, dusigaye gusa mu gufitira no gushakiza uko twakwikura mu isoni. Erega burya nta kandi kamaro uretse kujugunywa hanze no gukandagirwa n'abahisi. None se iyo twihaye gusobanurira n'abo bitareba ko ikitubuza kujya mu kiriziya ari iki cyangwa kiriya ntituba twiha amenye y'abasetsi. Ikindi amasomo y'iki cyumweru atwigisha ni ijambo Pawulo Mutagatifu yabwiye abanyakorinto. Ati iwanjyu nta kindi nashatse kumenya no kwamamaza atari Kristu, kristu wabambwe ku musaraba. Aha nakwibutsa ko hari abari barihaye kunegura Pawulo ko atari azi kuvuza ibi bityaye nk'uko abigishaga mu gihe cye babigenzaga. We ati igikuru si ubuhanga bwa muntu, ahubwo kumenya ineza y'Imana dukeshya Kristu watubambiwe. Tuzi kandi ko ivugo ya Pawulo itari ivugo yo kwihagararaho, ahubwo kwari ukwemera kwe: ubuhanga nyabwo ni ukumenya Imana n'urukundo rwayo rwigaragarije muri Kristu wemeye kudupfira. Aha rero isi iba iduteze igitego: ese koko abakristu twumva turi urumuri rurangira abandi aho umukiro w'Imana uganje? Ese aho ibikorwa byacu byaba bihesha Imana ikuzo? Ubuzima bw'abemera bwaba bifite icyanga byo kutuma butera abababona kuryoherwa???? Ibisubizo ntimubimbaze. Nashoboraga no kubishakisha, ariko Pawulo Mutagatifu yabindinze. Iyo bigeze aha, buri wese aba agomba kurangamira Yezu maze akamwibutsa ko ari urumuri n'umunsi by'isi.

Rechercher dans ce blog

umuryango wa Thomas

umuryango wa Thomas

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel

VSITE PASTORALE

VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribanza

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribaza

visita pastorale

visita pastorale

visite pastorale

visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri

Visite pastorale

Visite pastorale
abana n'abakateshisti

Visite pastorale

Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA

Visite pastorale

Visite pastorale
accueil

ordination dell'abbé Claude Mutabazi

ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe

amafoto

amafoto
ishusho ya Bikira Mariya

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
ubusitani

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini 2008

Corpus Domini 2008
inkongoro

ikirugu

ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano

IKIRUGU

IKIRUGU

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO

URUBYIRUKO

URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

kiriziya ya mut Patero i Roma

kiriziya ya mut Patero i Roma

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA

SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE

SANCTUAIRE DE SAN  AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)

Archives du blog

Powered By Blogger

ikaze

mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,... Imana ibahe umugisha.

ERMO DELLE CARCERI

ERMO DELLE CARCERI
ASSISI

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi

ermo si San Vitaliano

ermo si San Vitaliano

Caserta

Caserta

reggia di Caserta

reggia di Caserta

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere