ICYUMWERU CYA GATANU CYA PASIKA
06 Gicurasi 2007 umwaka C
Intu 14,21-27
Hish 21,1-5
Yh 13,31-33.34-35
"Icyo mbasaba nuko mukundana kuko nibwo bazamenya ko muri abanjye". Aya magambo Yezu yayavuze mbere gato y'uko adupfira kuko ngo Yuda yari amaze gusohoka ngo ajye kuzana abamufashe. Birumvikana ko ari amagambo afite uburemere kuko Yezu yahaga abe umurage. Ati: mbahaye itegeko rishya. Aka wa musazi yagize ati isi bayikanga agashya ubwo bamubazaga impamvu yambaye amashara, na Yezu ubanza twagombye kumubaza impamvu aduha itegeko rishya. Mutekereze ko mu gihe cye amategeko yageraga kuri 600, kwongeraho irindi n'iyo ryaba rimwe si umusaraba woroshye. Kuyavunjira muri rimwe gusa nabyo ubanza twabifata ngo gukabya kworoshya ibintu. Ariko gusaba abantu gukundana wenda ubanza byaba bitagorana. Reka turebe uko urukundo rwigishwa mu mategeko ya bibiliya. Musa yari yarategetse abayisiraheri abibwirijwe n'Uhoraho ngo "uzakunde Nyagasani Imana yawe n'umutima wawe wose, n'ubwenge bwawe bwose n'imbaraga zawe zose. Yezu azafatanya iri tegeko n'irindi ryasabaga gukunda mugenzi wacu nk'uko twikunda. Birummvikana ko gukunda Imana ari ryo tegeko risumba ayandi. Ariko ntawaherera mu kuvuga ngo Imana niyo nkuru niba nta gitinyiro agirira abayo. Yohani intumwa azavuga ati niba udashobora gukunda mugenzi wawe ureba, wakwihirahira ute ko ukunda Imana utaruzi. Irindi tegeko bita irya zahabu ni ukutifuriza abandi icyo twumva natwe kitatubaho cyangwa se gukorera abandi ibyo twifuza ko natwe badukorera. Ibi ariko bisa na rya jambo ngo "ha uguha" cyangwa kugererwa n'abandi mu kebo natwe tubagereramo. Yezu ntashaka ko urukundo ruhinduka umuzigo cyangwa agahato. Gukunda si itegeko. Iyi ngingo papa Benedigito wa XVI yayishimangiye neza mu rwandiko rwe yise Deus Caristas Est. Gukunda biba itegeko ku muntu wumva akunzwe bityo nawe agaharanira ko icyo kibatsi kitazimata; ahubwo kigahinduka uruhererekane. Icyo abandi bazamanyeraho ko muri abanjye ni uko mukundana. Erega n'ubundi ngo udakunda burya aba yarapfuye kandi ikibazo si abo tugomba gukunda, ahubwo ni uburyo tugomba gukundana. Nabyo Yezu yarabitwigishije ubwo yozaga ibirenge by'intumwa ze. Ivanjiri ya Yohani itubwira ko ngo Yezu yakunze abe kugenza ku ndunduro. Abakristu bagomba gukunda nka Yezu, bakagenza ku ndunduro, bakaranguza kuko nibwo bazaba bakunze nka Yezu. Ikindi ni urukundo ruhoraho. Si umwambaro w'akanya, cyangwa agahararo ko kurebana akana ko mujisho, ahubwo ni ugukunda hanyuma tugakunda, biyo bityo. Aha ho ubanza twahuza na ya mvungo ya wa musazi wakunda kwivugira ngo uko umutima wanjye utera, ndagukunda. Twebwe ariko si uko umutima utera, ahubwo uko Kristu adukunda. Ibi rero ntako bisa. Mutekereze abantu bose biyemeje gukundana. Ese ubwo isi yahinduka gute? Ubanza byahurirana n'amagambo yo mugitabo cy'Ibyahishuwe, aho Imana ishaka kurema isi nshya n'ijuru rishya. Reka wenda tworoshye ibintu: abantu bose biyemeje gusuhuzanya, umwe atabanje ngo atekereze ngo wenda uriya arancaho atansuhuje cyangwa ngo atantera umwaku n'utunti twihimbira ngo dukuririze imyitwarire yacu. Nta kabuza isi yaba nshya. Ik'ingenzi rero si uko twaba aba mbere cyangwa ibihangange, ahubwo ni uko buri wese yakumva atacikanwa no gutambutsa icyo kibatsi cy'urukundo rwa Yezu. N'impundu z'urushishi zaba zihagije kuko ntawagaya imisaya yarwo cyane ko nta rukundo ruba ruto cyereka uruhimbano. Ngaho rero twese icya rimwe nk'abitsamuye, duharanire gukunda nk'uko Imana ikunda. Si uko se ngo Pawulo na Barinaba bashimishwaga no gutekerezeba abandi ibyiza Imana yakoreraga mu makoraniro y'abemera.
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire