dimanche 26 juillet 2009

ICYUMWERU CYA 17 MU BYUMWRU BISANZWE 2009B

ICYUMWERU CYA 17 MU BYUMWRU BISANZWE

26 nyakanga 2009 umwaka B


 

2 Bami 4,42-44

Ef 4,1-6

Yh 6,1-15

Ivanjiri y'iki cyumweru irabimburira inyigisho ya Yezu yerekeye Ukaristiya dusanga mu mutwe wa gatandatu w'ivanjiri ya Yohani. Ngo Yezu yabonye abantu bari bamukurikiye abagirira impuhwe maze ashaka kubafungurira. Ngo barariye barijuta kandi barasigaza kugeza aho batangara bati koko uyu ni umuntu udasanzwe, uwamugira umwami ibintu byaba bitunganye. Yezu, usanzwe usi ibitekerezo by'abantu, yahisemo kubahunga ajya kwiherera ngo asenge. Isomo rya mbere naryo rivuga igitangaza nka kiriya umuntu w'Imana, Elisha yakoze agaburira imbaga ituro bari bamuzaniye ho umuganura. Abanyarwanda baca umugani ngo utunze ntagabe ibye ntibyiyongera. Ubusanzwe mu mibare twiga mu ishuri ibinyetso byo kugabanya no gukuba bikora imirimo itagira aho ihurira. Mu buzima ariko ubanza bisa nk'aho bisobanura kimwe. Imigati itanu n'udufi tubiri byahagije imbaga ndetse birasigara kuko babigabanye maze bikikuba inshuro tutazi kubera ibitangaza by'Imana. Iki ni igipimo cy'ineza dukesha Imana kandi tugomba gutubura niba twemeye kuyisangira, kuyigabana n'abandi. Mutekereze ba bana baza gucuruza imbere ya kiriziya iyo habaye iminsi mikuru. Agakarito kamwe gashobora guhaza imbaga iba yaje mu missa maze hagasaguka ibirenze ibyo bagabuye. Iki ni igitangaza cy'Imana. Ivanjiri ya Yohani iyo ivuga ibitangaza Yezu yakoze ikoresha ijambo ikimenyetso ngo kugira ngo tugire ukwemera kandi nitwemera tugire ubuzima bw'iteka. Ubu se muri iyi si yacu cyangwa mu Rwanda rwacu aho bamwe bicira isazi mu jisho cyangwa bakubitira abana kuryama, iki kimenyetso cy'ubuntu bw'Imana ko numva uwakidutiza wenda nka kabiri abantu bafutara. Ndavuga ko natwe igishuko cyo kuba twagira Yezu umwami ngo ajye atwihera imigati abanza ari cyo cyatubangukira. Nyamara si hano Yezu yashakaga kuganisha. Amagambo akurikira atwumvisha aho Yezu yashakaga kuganisha: uri kumwe na Yezu nta yindi nzara ataka kuko niwe mugati muzima utanga ubugingo. Si ngombwa kandi gutandukanya umugati utanga ubugingo n'uw'ubuzima nk'uko padiri Bourgois ajya abivuga ngo umwe aba chez Vénant undi ukaba uwa Yezu; Kristu ni byo se ku muntu wemera. Utugati dutanu n'udufi tubiri, ndavuga bimwe wita ubusabusa ngo utanageza ahabona, iyo tuvuga ngo nta cyo ndicyo, nta cyo nshoboye, nta mashuri, nta bukungu n'ibindi. Aho twibuka ko icyo turi cyose Imana yagiheraho igahaza imbaga yayo. Tuhamagariwe gushibura, tukarekura ineza n'ingabire Imana yaduhaye kuko ngo kuva aho Yezu yabambiwe ku musaraba akavuga ngo birujujwe, nta jwi, nta biganza, nta maguru, muri make akeneye wowe na najye ngo ikwize hose ubuntu bwe. Ni ayo magambo Pawulo mutagatifu yadusangije mu ibarowa yandikiye abanyefezi ati nimurangwe n'umutima umwe uranga ubutorwe bwanyu: Imana n imwe, ukwemera ni kumwe dukomora muri batisimu imwe, natwe rero turi abavandimwe. Abashyize hamwe Imana irabasanga nkanswe rero abashoye imari yabo hamwe n'Imana: imigabane yacu izakwira bose kandi togororerwe karijana. Hahirwa abemera ko Imana ishobora byose.

dimanche 19 juillet 2009

ICYUMWERU CYA 16 MU BYUMWERU BISANZWE 2009 B

ICYUMWERU CYA 16 MU BYUMWERU BISANZWE

19 nyakanga 2009 umwaka B


 


 

Yer 23,1-6

Ef 2,13-18

Mk 6,30-34

Ivanjiri y'iki cyumweru iratwereka abigishwa bavuye kwamamaza ubutumwa maze Kristu akabasaba ngo baruhuke gato. Nyamara ngo ntibyakunze kuko rubanda bababonye bagenda babatanga aho bibwiraga ko bagiye kuruhukira bityo Yezu ntiyaba ikibonye umwanya wo kuruhuka ngo kuko rubanda rwari rumeze nk'intama zitagira umushuma. Yahisemo rero kubabera umushumba maze ngo arabigisha birambuye. Hari ingingo ebyiri twazirikana: iya mbere ni ijyane n'ikiruhuko, iya kabiri ikaba impuhwe Yezu yagiriye rubanda rwamukurikiraga, impuhwe zigomba kuranga abashumba baragiriye Nyagasani. Hari ivugo y'ikilatini, abakizi ubwo nababwira iki, ivuga ngo festina lente cyangwa ngo inyakure gahoro gahoro yadufasha kumva imvugo ya Yezu. Ni kenshi twumva abantu bataka ngo nta gihe bafite, ngo aho gutinda mu muhanda watinda mu bitaro, ngo udasibye arasigaye n'izindi mvugo zerekana ko kubaho bisaba abazi kwinyaruka kandi ko nta gihe cyo guta. Guhora rero umuntu yiruka nabyo bigasa no gusiganwa n'ubuzima kandi amaherezo buducika tubureba. Mu bijyanye n'ukwemera kimwe n'ubuzima bwa roho tumenyereye ko ari ngombwa kugenera igihe nyacyo umwanya wo kwitangira ibikorwa n'uwo gusenga. Gutwarwa gusa n'imihihibikano y'iyi si kabone n'iyo yaba ngombwa ntibihagije kimwe n'uko kwibwira ko twakwibera mu Mana gusa iby'isi tukabitera umugongo na byo atari byo. Icya ngombwa ariko si ukugenda umunzani ngo hato tudacikwa mu kubibisikanya. Haba mu ivanjiri aho Yezu agaya abafarizayi ko bakabya mu guha agaciro amategeko bakirengagiza ko Umwana w'Umuntu ari umutware wa Sabato, haba no mu ivanjiri ya Marita na Mariya, cyangwa aho Yezu atwibutsa ko Imana ikeneye impuhwe no kwisubiraho kuruta ibitambo, hose Kristu adusaba guhoza umutima ku Mana kuko ari yo igena byose, ibindi bikaza ari inyongera. Agaciro gakomeye rero ni ukumenya ugushaka kw'Imana. Muri iyi vanjiri, abigishwa bari bakeneye kuruhuka gato kubera umurimo bari bakoze kandi ni ngombwa rimwe na rimwe kwitsa imirimo ya buri munsi ngo turuhuke, dusubiza amaso inyuma, turebe n'icyerekezo cy'ubuzima. Nyamara rubanda bari bakeneye kwitabwaho. Umuhanuzi Yeremiya yatwibukije ko abashumba bakenesha ubushyo bashinzwe akabo kashobotse. Ngo Uhoraho niwe ubwe ugiye kwiragirira umuryango we. Iyi mvugo yujurijwe muri Kristu we Mushumba nyakuri witangiye intama ze ku musaraba, akaba soko y'ubumwe n'amahoro nk'uko Pawulo mutagatifu yabitwibukije. Abemera Kristu, ababeshejweho n'ineza ye, dufite amahoro muri we. Iyi ni impano ikomeye tugomba gukomeraho. Dufite n'inshingano ikomeye yo kurangira abandi iyo soko y'amahoro n'ubuzima dukesha Kristu. Ng'abo abashumba Imana ishakira umuryango wayo, ngo woye kubuyera ushakisha ihumure n'amahoro cyangwa ngo wirohe ku ngirwabashumba. Amasomo ya none araduhamagarira gusabira abashinzwe umuryango w'Imana: papa, abasenyeri, abasaserdoti n'abandi bashinzwe umurimo w'ubuyobozi muri Kiriziya. Si abo gusa ariko tugomba gusabira ngo bite ku nshingano zabo, tugomba no kuzirikana abayobozi bose, cyane cyane ab'imibereho myiza ya rubanda, ngo bibuke ko imirimo bashinzwe bayikesha Uwabahanze. Ku buryo bw'umwihariko, dusabire ababyeyi ngo bagire umuhate n'ukwihangana mu murimo wo kurera. Aha rero tukubasha kmva ingingo ya kabiri ijyanye n'ibawe rigomba kuturanga mu butumwa bwacu. Kubona abo dushinzwe tukamva impuhwe zije. Tukumva tutaruhuka tutabitayeho kabone n'iyo twaba tunaniwe cyangwa se twitabiriye imirimo ikomeye. Umugani w'umusamaritani w'impuhwe udufashe kujya duha agaciro mbere na mbere abantu bakeneye impuhwe z'Imana aho takubitanira hose.

Imana niyo butabera bwacu, niyo mahoro yacu, nisinzwe iteka ryose. Amina


 

vendredi 10 juillet 2009

ICYUMWERU CYA 15 MU BYUMWERU BISANZWE 2009B

ICYUMWERU CYA 15 MU BYUMWERU BISANZWE

12 nyakanga 2009 umwaka B


 

Am 7,12-15

Ef 1,3-14

Mk 6,7-13

Amasomo y'iki cyumweru aradufasha kuzirikana ku murimo twashinzwe wo kwamamaza Inkuru nziza ya Kristu. Ngo Yezu yatoye ba Cumi na babiri maze abohereza babiri babiri ngo bajye kwigisha ko abantu bagomba kugarukira Imana. Iyo dusomye iyi vanjiri, dukunze kwibwira ko inyigisho yayo ireba gusa abakora ubutumwa bwo kwigisha: papa, abasenyeri , abapadiri n'abadiyakoni. Ndetse rimwe na rimwe tukumva abavuga ngo ibyo byo kujya kwigisha si ibyanjye. Ninshobora kujya mu missa, ngahabwa amasakaramentu (ab'iwacu bakongera ko batanga n'ituro), bizaba bihagishe. Nta mwanya wundi nabona kuko mfite umuryango wo kwitangarira. Nyamara abuvuga batya baba bibeshya kuko kuba intumwa ni ibya buri wese wabatije kandi Yezu abisobanura neza yerekana ko ari we utora abo ashaka, akanabohereza aho yishakiye. Twibuke wa musore wamubwiraga ati: nzagukurikira aho uzajya hose, Yezu ati: urabyitondere kuko inyoni zigira ibyari n'imihari ikagira imyobo, n'aho Umwana w'umuntu ntagira aho akinga umusaya. Bisobanura ngo ukurikiye Yezu ntaba akina nk'uko ngo nta we ukina abandwa. Ivanjiri y'uyu munsi rero iradufasha kumva ko duhamagariwe kwamamaza agakiza dukomora kuri Kristu. Pawulo mutagatifu yabivuze neza mu ibaruwa yandikiye abanyefezi, ati: nihasingizwe Imana Data yo yadaye kuba abana bayo muri Kristu Yezu. Ibi se si ibintu bikomeye tutagomba nyine guceceka. Ibi ni byo umuhanuzi Amosi yabwiye umwami Amasiya wamusaba kutazongera guhanura, ati: mpanura kuko nabitegetswe n'Uhoraho kuko si wo wari umwuga wanjye. Ingingo y'indi tuzirikana ni uburyo abigisha ivanjiri bagomba kwitwara. Kutagira imizigo bikorera y'ibyo bazakenera. Mu ivanjiri ya Matayo, Yezu abisobanura agira ati: umukozi wese akwiye ifunguro rye. Si uko hadakenewe ibya ngombwa ngo umurimo wo kwigisha ivanjiri ugende neza, ahubwo ni ukwibutsa ko ubutumwa ubwabwo bufite agaciro gakomeye kurusha ibyo twatekereza bindi. Ingingo ya gatatu tuzirikana ni uburyo Yezu yohereza abigishwa be. Ngo abohereza ari babiri babiri. Mu rwenya rw'ino aha mu Butaliyani, bavuga ko abapolisi bagombaga kugenda ari babiri nka kurya tubabona iwacu ku mihanda ngo kuko umwe yabaga azi gusa gusoma undi azi kwandika, bakaba rero bagomba kuzuzanya cyane cyane mu gihe cyo guca amande. Nyamara Yezu ntabwo yavukaga i Napoli, ahubwo ni uko ubutumwa bwose bugomba kurangwa n'urukundo. Babiri rero ni intango y'ubuzima, bikaba byaba byiza bunashingiye ku ivanjiri. Erega nta n'ikindi twavuga niba koko dukundanye. Abakristu ba mbere bari bararitaye mu gutwi kuko abapagani babatangariraga ngo nimurebe uburyo bakundana. Utaba papa, musenyeri cyangwa padiri, akaba umugabo mu rugo rwe, umukozi ku kazi cyangwa ahandi Nyagasani atwohereza, ndahamya ko yumvise ijambo Yezu amabwiye uyu munsi ati genda dore nguhaye ububasha kuri za roho mbi ngo utangaze inkuru y'umukiro, ubanza isi dutuye yakuzura intumwa bityo ntihabe hakiri uwacikanwa n'agakiza dukomora ku rupfu n'izuka bya Kristu. Ngo n'utamenya kwigisha na Petero cyangwa Pawulo, akajya avuga gusa ngo Yezu yaratwitangiye ku musaraba ngo tube abana b'Imana, yabona abo abibwira kandi yakiza benshi bakeneye iyi nkuru y'umukiro w'iteka.

Reka reko tuvugurure ingabire y'Imana twahawe muri batisimu kandi dusabe Nyagasani kudukiza ibyatubera umuzigo mu butumwa bwo kumwamamaza hose.

samedi 4 juillet 2009

ICYUMWERU CYA 14 MU BYUMWERU BISANZWE 2009 B

ICYUMWERU CYA 14 MU BYUMWERU BISANZWE

5 nyakanga 2009 umwaka B


 


 

Ezk 2,2-5

2 Kor 12,7-10

Mk 6,1-6

Ivanjiri twumva kuri iki cyumweru iratweraka zimwe mu ngorane abayahudi bagize mu kumva no gukurikira Yezu: kutabasha kubona ko Yezu yari Umwana w'Imana. Ivanjiri ya Mariko dukomeje kuzirikana yatangiye itubwira ko ingoma y'Imana iri rwagati muri twe, ko kuyakira ari ukwemera Yezu, uwo Imana yohereje. Hari igihe abayahudi bari babishoboye, ubwo babonaga ibimenyetso Yezu yakoraga, uko yigishaga n'ubuhanga bwamurangaga. Bati: uyu ni umuhanuzi udusanzwe kuko yigishanyaga ubuhanga, agatekega ndetse n'amashitani akamwumvira. Nyamara ngo yageze mu karere k'iwabo hazamo wa mugani ngo idakuzi ntituma umugabo yivuga kandi ngo nta muhanuzi iwabo. Aha niho abayahudi batsikiye kuko Yezu atagambiriye kwivuga ibigwi nk'uko abivuga mu ivanjiri ya Yohani ati: sinihesha ikuzo kandi sijye witangaho ubuhamya kuko Imana Data niyo impesha ikuzo ikanantangira ubuhamya. Icyamuzanye ni ukutwereka inzira y'umukiro nk'uko Imana yari yarabikoze mbere ibinyujije ku bahanuzi ariko kwemera bikatubera ihurizo. Imana yohereje Ezekiyeli imubwira iti: ndakohereje mu muryango wanjye, urubyaro rufite umutwe ukomeye n'umutima wanangiye. Bakumva cyangwa batakumva, uzababwire ijambo ryanjye bazamenye ko byibura muri bo harimo umuhanuzi. Iwakumva iyi mvugo afite ubwira yagira ngo Imana yari yihebye kubera kutakirwa neza. Ese koko ijwi ry'Imana turaryumva tukaryakira nk'ijambo ry'agakiza? Intumwa z'Imana zakirwa gute? Siniriwe mvuga uko nazo zigomba kwitwara kuko na byo ari ngombwa. Tugarutse gato ku ivanjiri, tuzi ko Yezu yavugiye mu isengero ry'iwabo ko aje gutangaza umwaka w'impuhwe za Nyagasani. Umwanditsi Mariko ntatubwira ko bene wabo bifuje kumuroha mu manga akabaca mu myanya y'intoki, ariko uko yakiriwe birumvikana. Ndetse twanavuga ko Yezu yaba yarahababariye kuko ngo nta bitangaza byinshi yahakoreye kubera ubunagire bwabo. Kenshi na kenshi iyo dusoma ibyanditswe hari igihe tugira igishuko cyo kugaya abayahudi ko bari ibigande, tukirengagiza ko n'ubu tutari ba miseke igiroye. Icya mbere ubu abahanuzi babaye uruhuri: amadini avuka kurusha ibyobo cyangwa amazu yo mu midudugu, ndetse akaba ari nako asenyuka. Icya kabiri, akenshi ururimi n'umunwa nta sano bifitanye ku buryo kwakira ubuhamya n'ubuhanuzi twumva bitogora iyo turebye imyitwarire ya bamwe mu ntumwa z'ubu. Icya gatatu, abubu ubanza dufite umutwe wa burende utadufasha na mba mu kumva ubuhanuzi bw'Imna. Uko biri kose, Imana yo iracyohereza intumwa ngo zitwibutse Ijambo rya yo. Ingorane zo kutabangukirwa no kumenya ubutumwa b'Imana, twazigereranya n'umugera Pawulo intumwa yari afite mu mubiri we wamurindaga kwikuza. Ngo yatakambiye Imana akatari gake ngo iwumukize ariko iramusubiza ngo ingabire yanjye iraguhagije kuko ububasha bwanjye bigaragariza cyane cyane mu banyantegenke. Natwe twisabire kwemera intege nke zacu. Atari amaburakindi, ahubwo kugira ngo ineza y'Imana ikunde igaragarire mu buzima bwacu. Tunasabe ingabire yo gushishoza ngo hato tutazavaho dupfobya ingabire y'Imana iturimo. Eraga n'ingabire yo kuba intumwa nka Ezekiyeli turayisonzeye kuko ibihe turimo bikeneye abahanuzi batwibutsa ijambo ry'Imana.

Rechercher dans ce blog

umuryango wa Thomas

umuryango wa Thomas

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel

VSITE PASTORALE

VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribanza

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribaza

visita pastorale

visita pastorale

visite pastorale

visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri

Visite pastorale

Visite pastorale
abana n'abakateshisti

Visite pastorale

Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA

Visite pastorale

Visite pastorale
accueil

ordination dell'abbé Claude Mutabazi

ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe

amafoto

amafoto
ishusho ya Bikira Mariya

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
ubusitani

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini 2008

Corpus Domini 2008
inkongoro

ikirugu

ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano

IKIRUGU

IKIRUGU

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO

URUBYIRUKO

URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

kiriziya ya mut Patero i Roma

kiriziya ya mut Patero i Roma

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA

SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE

SANCTUAIRE DE SAN  AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)

Archives du blog

Powered By Blogger

ikaze

mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,... Imana ibahe umugisha.

ERMO DELLE CARCERI

ERMO DELLE CARCERI
ASSISI

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi

ermo si San Vitaliano

ermo si San Vitaliano

Caserta

Caserta

reggia di Caserta

reggia di Caserta

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere