samedi 21 mars 2009

ICYUMWERU CYA KANE CY’IGISIBO 200 B

ICYUMWERU CYA KANE CY'IGISIBO

22 werurwe 2009 umwaka B


 

2 Matek 36,14-16.19-23

Ef 2,4-10

Yh 3,14-21

Turagenda dusatira gahoro gahoro umunsi mukuru wa Pasika. Birumvikana ko imyiteguro tuyijyanye niba twaragiye twihatira kugendana na Kristu. Tugahagurukana nawe mu butayu, akadufasha gutere umuzosi cyangwa ka gasozi iwacu twita simpara batisimu, ingorane z'ubuzima zatuzahaza akatwiyereka mu rumuri rw'umucyo we maze akadusukura ngo dukunde koko tube ingoro ye, yisange iwacu aho. Ubwo kandi twaba tutangiye kuvuka bundi bushya nk'uko Yezu yabisabaga Nikodemo. Ati: niba utavutse bndi bushya ntushobora kugera mu bwami bw'ijuru. Ibi kandi si ikiganiro nk'ibi dusanzwe dukora dukirutse imirimo cyangwa dutebya. Ni koko Imana yakunze isi bigeza aho itwoherereza Umwana wayo ngo umwumvira yoye kuzacibwa ahubwo azagire ubugingo bw'iteka. ibi rero bisaba guhindura imyumvire kandi bikaba bireba buri wese. Twibuke ko Nikodemu yari inzobere, ndetse ubanza ari yo mpamvu yatinze kumva imvugo ya Yezu. Imana yerereje Umwana wayo nk'uko mu isezerano rya kera Musa yari yarakoze inzoka y'umuringa maze akayimanika ahirengeye ngo uzajya aribwa n'inzoka z'ubumara ajye ayireba kugira ngo akire. Ubumara Kristu adukiza si ubundi ni ubw'icyaha n'ingaruka zacyo arizo kubaho mu mwijima bitugusha mu rupfu, uru rw'iteka. aha kandi Yezu arakoresha amagambo asobanutse ati: ugendera mu cyaha ahunga urumuri ngo ibikorwa bye bitavaho bigaragara. Agahitamo kwihisha, kububa no kwibana. Naho ukora ibikorwa byiza agendera mu mucyo, atari ukugira ngo yiyerekane cyangwa yiyamamaze, ahubwo kuko aba yumva akeye, ntacyi yishisha kandi ibikorwa bye abikorera mu Mana. Erega ni ibi Pwulo intumwa asubanura aho atubwira ko Imana ari inyampuhwe, yo yemeye gutanga Umwana wayo ngo iducungure, twe twari twarapfuye kubera ibyaha. Muri Kristu yatwicaje mu ijuru kubera urukundo idukunda. Urwo rukondo nirwo Imana ishaka kutwigisha ikoresheje ineza yayo. Reka turebe uko Imana itwigisha gukundana, mabe uko idukunda maze natwe turebeho dukundane, nibwo tuzaba tubaye abana bayo koko. Muri Bibiliya, tubona Imana itwigaragariza nk'urukundo umubyeyi w'umugabo akunda abana be. Urukundo rubarengera kandi rukabarasanira. Umugabo udahangayikishwa n'ubuzima bw'abo yabyaye yaba ari ntawe. Uru rukundo ariko rwirinda gupfukirana ubuzima bw'abana, rukabafasha gukura bafite ubwenge bwo kwihitiramo ikiboneye. Imana kandi igaragaa urukundo rwayo nk'urukundo umubyeyo w'umugore akunda abo yibarutse. Ni rwa rukundo rutuma amabere ashobora kwikora atonsa kuko umubyeyi hari icyo yikanze ku buzima bw'abana be. Ni urukundo rwumva rutarinze kubaza cyangwa kuvuga menshi. Uru rukundo Iman idukunda irutugaragazìriza ku buntu nk'uko ntawe uhitamo se uzamubyara cyangwa nyina. Urukundo rw'Imana kandi ni nk'ururanga abashakanye. Urukundu rusaba guhitamo, kudahemuka no kurwana ku nshingano z'ububano w'abashakanye. Uru rukundo rurangwa ndetse n'icyo nakwita gufuha kuko ukunda aba atinya kubura uwo akunda. Urukundo rw'Imana kandi rugaragarira mu bucuti. Aho ahanini urukundo rushingira ku bwumvikane n'ubusabane bidashingiye ku nyungu ahubwo k'umushyikirano w'abakundana. Izi ntera zose ziranga urukundo Imana rurangwa no kwitanga bigenda bikagera ku musaraba aho ushaka wese ashobora kurangamira ikimenyetso kidasubirwaho cy'ubuntu n'urukundo Imana yatugaragarije mu Mwana wayo. Ni hariya rero natwe tugomba kugez kugira twumve ko twavutse bundi bushya. Tubayeho kuir ubu buryo, Pasika ntakabuza twaba twayihimbaje. Tureke rero Iman itwiyoborere maze tuzashobore kuzukana na Kristu, tuvuke bundi bushya mu rukundo rwe bityo duhore turi abana b'urumuri.

samedi 14 mars 2009

ICYUMWERU CYA GATATU CY’IGISIBO 2009 B

ICYUMWERU CYA GATATU CY'IGISIBO

15 werurwe 2009 umwaka B


 


 

Iyim 20,1-17

1Kor 1,22-25

Yh 2,13-25

Icyumweru cya gatatu cy'igisibo kiratujyana mu Ngoro y'Imana i Yerusalemu hamwe na Yezu aho tumubona arungurirwa kubera abantu bari barayihinduye inzu y'ubucuruzi maze akabasuka hanze. Twibuke ko urugendo rwacu twarutangiriye mu butayu aho twafatiye imigambi yo kudatungwa gusa n'ibiribwa by'iyi si cyangwa ngo tuganzwe n'ibigeragezo by'uyu mubiri kuko Kristu Jambo w'Imana aturangaje imbere. Niwe kandi utwiyereka mu bubengerane bw'urumuri rwe ngo igihe cyose, cyane cyane mu ngorane z'ubuzima, tujye twibuka ko ubuzima bwacu bungomba kuhora bubengerana ineza n'urukundo by'Imana. Mbere yo kwibaza impamvu yatumye Yezu yikoma bariya bacuruzaga mu Ngoro y'Imana, twasoma ibyo igitabo cy'Iyimukamisiri kitwibitsa kuzirikana uyu munsi. Nyagasani aragira ati: ni jyewe Imana yawe, ntuzagire indi wihimbira ngo umbangikanye nayo, ngo uyiramye, ngo ukinishe izina ryanjye mu busa no mu binyoma kuko ari ritagatifu rwose. Uzubahe abaguhaye ubuzima kandi uramenye ntuzice, ntuzatwarwe n'irari ry'umubiri ngo usambane cyangwa ngo umubiri wawe uwugire urwitwazo rwo kwicuruza no kugusha abandi mu cyaha. Ntuzibe cyangwa ngo wifuze iby'abandi. Uramenye ntuzabeshye cyangwa ngo ushyigikire ibinyoma, uzubahe abandi n'ibyabo kandi ntuzifuze kwangiza no kwonona byaba ibyawe cyangwa iby'abandi kuko isi n'ibiyiriho n'ibyanjye. Aya ni amagambo y'Uhoraho wenda n'ubwo nayanditse mu mvugo yanjye. Igikuru ariko ni uko amategeko y'Imana twese tuzi ko ari ingenzi kabone n'ubwo hari ayo twahisemo kumva tutakurikiza kandi ntibigire inkurikizi n'andi twahinduye nkana kuko kuyakurikiza uko ari byatunaniye tuturiwe tugerageza. Aha rero niho Yezu ahera akarakarira cyane abagize Ingoro y'Imana ikibanza cyo kwicururiza. Aba ariko bararenganaga kuko amwe mu mategeko yagengaga abayahudi yabibutsaga kudatunguka imbere y'Uhoraho n'ibiganze bisa cyangwa n'urutwe gusa nk'uko iwacu twari kubivuga. Ikindi kandi hari amategeko agenga uburyo bwo gutura ibitambo n'ubwoko bw'inyamanswa bwagombaga guturwa. Si inyamanswa ibonetse yose rero abantu bazanaga ngo akira Nyagasani. Aha kandi twakwibuka ko mu gihe cya pasika ari nabwo abayisirahe babaga babonye akanya ko kujya i Yeruzalemu cyane cyane ababaga hanze bityo bakaba baragombaga no gutanga ituro ry'Ingoro ryanganaga n'imibyizi ibiri y'umukozi mu mwaka. Bakeneraga rero n'ababavunjira amafaranga y'amanyamahanga. Iyi mirimo yakorerwaga mu Ngoro rero uretse ko yair ifite akamaro ariko yari inemewe cyane. Iwacu twari kubwira Yezu tuti aho kwica Gitera wakishe ikibimutera, aho kwirukana abacuruza, wahereye ku bashyizeho amategeko abarengera. Si iyi mpamvu ariko Yezu ashaka kutwigisha nubwo nayo idafite agaciro gato: kwibwira ko Kiriziya yaba isoko, akenshi ndetse ikiraka kigahabwa inshuti zacu; kwibwira ko gutanga ituro cyangwa imfashanyo yo gusana ikibeho cyaguye cyngwa kugira ikindi gikorwa gitanga inyungu twakorera Kiriziya biduhesha itike yo kumva twarashyikiranye n'Imana. Iyi irimo ni ngombwa ngo kiriziya ibashe kujya imbere ariko gushyikirana n'Imana twabironse ku buntu muri Yezu Kristu Ingoro nzima y'Imana mu bantu. Ibi wena ntibyoroshye kuyumva. Nibyo Pawulo Mutagatifu yita ubusazi bw'iyamamazabutumwa. Twebwe abemera twamamaza Kristu wabamwe ku musaraba shema ry'abemera na soko y'umukiro kuri bose. Ingoro nya ngoro yero si iyi y'amabuye kandi no kuramya Imana nyakwo si umubare n'agaciro k'ibyo twatura ahubwo n'impuhwe n'ubutabera. Ngaho rero, wowe wifuza kugendana na Yezu ngo iwawe ahabone ikicaro bambe ngo umutima wawe uhinduke ingoro ye, isuzume urebe niba nta bucuruzi waba warazamuye mu mutirma wawe butuma uhuze byo kutabasha kuramya Imana kuko. Reba niba nta kindi wishingikirije kitari umusaraba wa Kristu. Gira imbaraga n'ibakwe ibisuke hanze humura agaciro gakomeye warakaronse: ni urukundo Imana igukunda muri Kristu.

samedi 7 mars 2009

ICYUMWERU CYA KABIRI CY’IGISIBO 2009 B

ICYUMWERU CYA KABIRI CY'IGISIBO

08 werurwe 2009


 


 

Intag 22,1-2.9.10-13.15-18

Rom 8,31-34

Mk 9,2-10

Inkuru zinza yo ku cyumweru gishize yaturarikiraga kujyana na Yezu mu butayu ngo tuhafatire ingamba zo kuzagerana nawe ku byishimo bya pasika. Uyu munsi aratwihererana ku musozi muremure, Tabor, ngo atuvungurireho ku bubengerane bwe. Ibi yabikoreye abigishwa Yakobo, Yohani na Petero ndetse ngo Petero yabonye ibibaye arateshwaguza ati: rwose reka twigumire hano, aho kuba ndahashaka. Birumvikana kandi ko atari ikintu cyoroshye kuba ngo barabonaga Musa na Eliya baganira na Yezu kandi bakanumva ijwi riturutse mu ijuru ritanga ubuhamya kuri Yezu. Ikindi cyiza dusanga muri iyi vanjiri ni uko ibyabaye ku bigihswa ntabwo bari babyiteze dore ko babaye bagitangara bakabona bari kumwe gusa na Yezu. Inzira y'ukwemeraa ntigizwe gusa n'ibigeragezo akenshi biba bishingiye mu buryo duhitamo uko twifuza kubaho, tukabona twaryoherwa n'ibitubangukiye cyangwa n'ibitadusaba imbaraga nyinshi. Ukwemera kunarangwa n'umucyo uturuka ku Mana, umucyo utuma inzira turimo twumva itunyuze kandi tuyishimiye kabone nubwo tuzisangamo ingorane. Twibuke ko ijwi rihamya ko Yezu ari Umwana w'Imana ugomba kubahwa, turyumva kabiri mu mavanjiri: nyuma ya batisimu ya Yezu (mbere y'uko atangira umurimo we wo kwigisha Ingoma y'Imana) no muri yi vanjiri ku musozi wa Tabor (mbere y'uko agana Yeruzalemu aho azadupfira ku musaraba). Ni ahantu rero hakomeye haba mu mateka ya Yezu, haba cyane cyane no mu mateka y'abazamwemera. Uyu ni Umwana wanjye nkunda cyane. Erega ni aya magambo Uhoraho yabwiye Abrahamu abwo yendaga gutura Izaki umwana we ho igitambo, maze Imana ikamubwira iti sigaho ntugire icyo utwara uwo mwana kuko nashimye ituro ryawe nuko Uhoraho agaha Aburahamu isekurume y'intama ngo abe ariyo atura kandi akamuha umugisha. Kwihindura ukundi kwa Yezu rero ni ka kanya Imana iha abayemera igihe iba ibabwira iti muri abana banjye nkunda namariyemo urukundo rwanjye rwose, kabone nubwo inzira murimo yaba yuzuyemo imitego cyangwa amahwa, nijye Usumbabyose, Nyirimbaraga, nzabahitisha n'aharenze aha. Umuririmbyi wa Zaburi aratwibutsa ijambo rikomeye ati: nzagenda nemye imbere y'Uhoraho mu isi y'abazima (zab 115). Sinzububa cyangwa ncishwe bugufi n'imitego ya Sekibi cyangwa n'izindi ngorane z'ubuzima kuko Uhoraho andi iruhande. Ibi ntibivuga ko abemera baba bihishe ibibazo cyangwa banywa umuti utuma batabibona. Habe na mba. Ahubwo amaso y'ukwemera atuma babibona mu buremere bwabyo nuko bakabyakira nk'uko Kristu yakiriye ubutumwa bwo kuza kuducungura cyane cyane ubwo guterera Kaluvariyo n'umusaraba. ikindi kandi aka kanya Imana iduha ko kurangamira ikuzo ryazo si uburyo gusa bwo kubona imbaraga zo guhangana n'ibyo twita imisaraba; ni inzira isanzwe y'ukwemera. Ukemera kudatuma twumva ijwi ry'Uhoraho ritubwira riti komera isengesho ryawe, ituro ryawe, amaganya yawe, ineza yawe... ndabyumva kandi nabishimye kwaba ari uko twihimbra cyangwa twikarana. Byaba nko kuvuga ngo Imana tuzaba duhura nimara kwambuka iteme ry'ubuzima; tuzaba tubonana impembe koko naharwanye inkundura none nkaba ndokotse. Iyaturemye, ituragira buri munsi, iyo twiyambaza byatuyobeye, iyo twumva tutava iruhande nka Petero iyo twumva twaryohewe cyangwa twatwawe, iyo rimwe na rimwe turakarira ngo kuki itwigizaho nkana cyangwa itugerageza bikabije... iyo Mana niyo dufatanya urugendo hamwe na Musa na Eliya. Aragowe uwazibwira ko ighembo cye azakironga cyose nta na ka avanse ahawe ko gusogongenzwa ku rumuri rw'ijuru. Azaba yariziziye kandi Yezu nyine yaraje kutwibutsa ko muri we twese turi abana b'Imana ikunda cyane kandi ko kabone niyo twanyura Kaluvariyo, inzira yacu izatugeza mu ijuru kwa Data wa twese. Nta n'icyo bivuze kumenya niba tuzanyura inzira iterera cyangwa iteze neza, niba ubuzima bwacu buzarangwa n'ingorane n'ibyago cyangwa niba tuziberaho mu ihirwe n'umunezero. Pawulo mutagatifu niwe utwibutsa ko byose bihira abakunda Imana. Muri iki gisibo twisabire ingabire yo gukunda Imana no kuyikudira kugira ngo hamwe na Yezu itwiyereke mu mucyo w'urumuri rwayo.

mercredi 4 mars 2009

[ICYUMWERU CYA MBERE CY’IGISIBO 2209 B]

ICYUMWERU CYA MBERE CY'IGISIBO

01 werurwe 2009 umwaka B


 

Intg 9,8-15

1Pet 3,18-22

Mk 1,12-15

kuwa gatatu w'iki cyumweru turangije, twatangiye igihe cy'igisibo twitabira umuhango wo gusigwa ivu ku gahanga, umuhango watwibutsaga ko twavuye mu gitaka kandi tuzasubira mu gitaka. Biryo tukaba tugomba guhinduka tukakira Inkuru nziza ya Yezu Kristu. Kuri iki cyumweru cya mbere cy'igisibo, amasomo matagatifu araturarikira ingingo ebyiri: iya mbere turayisanga mu gitabo cy'Intangiriro, aho nyuma y'umwuzure wahitanye abantu bose hakarokoka Nowe n'umuryango we kuko ari bo bari intungane, Imana yamuhaye umugisha maze imusezerenya ko itazongera na rimwe kurimbura abantu ikoresheje umwuzure. Ikimenyetso cy'umukororombyi kikazashushanya iryo sezerano n'uwo mugisha by'Imana. Gusa rero niba muntu yari yazize uko yitwara, nk'uko bizagendera abaturage ba Sodoma na Gomora, ntabwo azahinduka atya by'akanya gato ngo yoye kongera kugwa mu ngeso mbi. Bisazaba ubushake bukomeye nk'abaturage ba Ninive, bo bakiriye inyigisho ya Yonasi bagahinduka kabone n'ubwo yahinyujije yiruka kuko ngo kuri we yari azi ko Imana ari inyambabazi, itazarimbura abaturage ba Ninive. Ni koko Imana ni inyambabazi kandi nibyo Kristu yaje kutwigisha. Ntiyaje ariko ari umunyabubasha, umuntu utagira aho ahurira natwe abanyabyaha bahora batsikira bakagwa kabone n'iyo bafata ingamba zikaze gute. Yaje ari umwe muri twe, ndetse yemera kwicisha bugufi no kugeragezwa na Sekibi mu bitayu. Tumenyereye ko ivanjiri y'icyumweru cya mbere cy'igsibo itubwira inkuru y'uko Yezu yagiye mu butayu ayobowe na Roho Mutagatifu maze akahamagara iminsi 40 ageragezwa na Shitani. Si ngombwa gukomeza kwibaza ibibazo bijyane n'ubuzima bwa Yezu, niba koko nk'Imana nyirizina, Shitani yamuhangara, niba ubuzima bwe nk'umuntu bufite agaciro kangana n'ak'ubwacu twe duhozwa ku nkeke, bambe ku butaka n'imitego ya Shitani, niba... niba... Iyo duhagamye gusa muri ibi bibazo, uretse ko tutanabibonera igisubizo, tuba dupfobya ineza Imana yatugiriye, ubwo yatwohererzaga Umwana wayo ngo itwereke ko amasezerano yose yagiye igirana n'abantu atari icyuka, ahubwo ukuri n'urukundo bitagira ingano. Yezu ariko, mu mugambi we wo kuturokora, ntashaka kudushiraho igitugu. Kuba yaragiye mu butayu akemera kugeragezwa na shitani, kuba umutumwa bwe abutangiza ririya jambo Mariko yanditse ati: igihe kiregereje, nimuhinduke kandi mwemere Inkuru nziza, ni uburyo bwo kutubwirako, ushaka kwiharira ubuzima bwe nta kabuza ntazatsinda imitego ya shitani, iyi itanatinya guhangara Umwana w'Imana. Ushaka rero kuzayirokoka ni uzaba yarahisemo inzira ya Yezu. Tuzi kandi ko mu mvugo ya Bibiliya, ubutayu budasobanura gusa ahatuye ibinyamaswa by'ishyamba, ibi bishushanya ibidukura umutima byose. Hanashushanya ahantu hatuje, hatarangwa urusaku, aho abakundanye baganira nta kirogoya. Umuhanuzi Amosi niwe ukoresha ikimenyetso y'ubutayu yibutsa ko Uhoraho azajyana Isiraheli mu Butayu maze akazayikunda nk'uko umusore areshya umugeni we. Nidukundira Yezu rero akatunyuza mu butayu, uretse no kuzarokoka imitego ya Shitani, tuzanabona akanya ko kuganira nawe, tumwumve nawe atwumve, dusabane bityo dusubirane ineza n'ubutungane twahanganwe. Ngizi rero imbaraga zo gutunganya neza igisibo bityo tukazazukana na Kirstu kuri pasika. Ntitwibagirwe ariko no gutunganya ibikorwa by'ubuyoboke bijyane n'igisibi, aribyo isengesho, kwigomwa ngo dasangire na'abatifite kimwe no guhashya irari ry'umubiri. Imana ibahe umugisha kandi ineza yayo ibarinde.

Rechercher dans ce blog

umuryango wa Thomas

umuryango wa Thomas

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel

VSITE PASTORALE

VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribanza

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribaza

visita pastorale

visita pastorale

visite pastorale

visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri

Visite pastorale

Visite pastorale
abana n'abakateshisti

Visite pastorale

Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA

Visite pastorale

Visite pastorale
accueil

ordination dell'abbé Claude Mutabazi

ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe

amafoto

amafoto
ishusho ya Bikira Mariya

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
ubusitani

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini 2008

Corpus Domini 2008
inkongoro

ikirugu

ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano

IKIRUGU

IKIRUGU

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO

URUBYIRUKO

URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

kiriziya ya mut Patero i Roma

kiriziya ya mut Patero i Roma

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA

SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE

SANCTUAIRE DE SAN  AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)

Archives du blog

Powered By Blogger

ikaze

mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,... Imana ibahe umugisha.

ERMO DELLE CARCERI

ERMO DELLE CARCERI
ASSISI

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi

ermo si San Vitaliano

ermo si San Vitaliano

Caserta

Caserta

reggia di Caserta

reggia di Caserta

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere