lundi 29 décembre 2008

Iminsi mikuru myiza

UMUNSI MUKURU W'UMURYANGO MUTAGATIFU

28 ukuboza 2008


 


 

Intg 15,1-6; 21,1-3

Heb 11,8.11-12.17-19

Lk 2,22-40

Turakomeza guhimbaza iminsi mikuru ya Noheli turangamira umuryango mutagatifu w' i Nazareti: Yosefu, Mariya n'umwana Yezu. Ivanjiri y'iki cyumweru itwibutsa uko Yosefu na Mariya bagiye gutura Yezu mu Ngoro nk'uko amategeko yabiteganyaga. Mu gihe batunganyaga izo nshingano, umusaza Simewoni kimwe n'umukecuru Ana barahagoboka maze basingiza Imana basobanura ibyari byerekeye umwana Yezu. Byose byakozwe nk'uko Imana yari yarabiteganyije kuko niyo igenga byose kandi nta na kimwe kiba itabishatse. Ibi ariko ntibivuga ko Umwana Yezu wari Imana nyirizina atari akeneye kwegurirwa Imana. Wenda twakeka ko ababyeyi be babikoze kuko bari bataramenya neza uwo ariwe. Byaba ari ukugabiriza kubyaza ibyanditswe ibyo wenda abanditse batibazaga. Umwanditsi Luka utubwirwa rwose mu magambo make kandi yumvikana uko bariya babyeyi bitwaye kimwe nk'abandi bo muri Isiraheli bakurikizaga amategeko y'Uhoraho. Gusa wenda igishya ni ijambo ryiyongeraga ku byerekeye imibereho ya Yezu. Ababyeyi bacu bagiye bibeshya bagakeka ko uwo babyaye azaba icyatwa cyangwa kabutindi, ubanza umurimo wabo wo kurera bawitiranya n'uwo kubumba umwana agakura akurikije iforoma y'icyo bifuza cyangwa bikanga ko umwana wabo yaba. Umunsi duhimbaza ni uw'umuryango w'i Nazareti wabayeho rwa gati mu yindi miryango. Umuryango wahuye n'ingorane zawo n'ibyishimo ariko muri byose ukaba warabayeho ukurikije ijambo ry'Imana wagendaga wumva. Aha niho tuwureberaho nk'umuryango utubera urugero mu miryango yacu. Yozefu tumubona yumva ijwi rya Malayika mu nzozi naho Mariya yakira indamutse ye. Ibi kandi bikazakomeza byibura kuri Mariya kuko niwe ibyanditswe bizatwereka mu nsi y'umusaraba Yezu umwana we amuturaga ho umubyeyi. Imana rero yahisemo kuvukira mu muryango igirango itwereke agaciro umuryango ufite mu buzima bwa buri wese. Niho umuntu uwo ari wese aronkera ubuzima, uburere n'umuco. Mu muryango niho twigira kuba abantu. Mu muryango niho twigira gushyikirana n'abandi kandi hakaba nko muri laboratoire y'ubuzima. Akaburiye mu muryango ubanza nta handi twakavana kuko niyo twisunze amashuri n'izindi zego zishinzwe kunganira umuryango mu mikurire n'imirere y'abana, icyo ababyeyi batifitemo umwana aba agihombye keretse nyine agize Rurema akazahura n'umurezi umenya akaga ahura nako mu muryango maze akemera kumwitaho birenze. Kandi ngo nibyo akaburiye mu isiza ntikabunekera mu isakara kimwe nuko umwana pafira mu iterura. Uyu munsi rero Kiriziya idusaba kwibuka agaciro k'umuryango no kuwuhindura koko Kiriziya ntoya aho abagize umuryango uko baba bameze kose ndetse n'ibibazo baba bafite. Imana yahisemo umuryango ngo yerekane ineza yayo ntacyo yatwima rero niba tuyemereye ngo itwigaragarize koko. Tureke rero Imana ikurire iwacu. Mu miryango yacu habe koko ahantu hatagatifu: abana batozwe uburere n'umuco, ababyeyi biyubahe, bubahane kandi bite ku nshingano zabo maze kiriziya ibe koko umuryango mugari ubumbye ingo ziyigize, ubusabane n'urugwiro biturange kuko Imana yasuye umuryngo wayo. Ba Simewoni na Ana bahore iteka bavugwa ibigwi by'uwaducunguye. Umunsi mwiza kuri mwese.


 


 

UMUNSI MUKURU WA NOHELI

25 ukuboza 2008 umwaka B


 

Iz 52,7-10

Heb 1,1-6

Yh 1,1-18

Kiriziya irahimbaza umunsi mukuru wa Noheli: isi yahawe umucunguzi, Nyagasani yasuye umuryano we, abantu bagenda mu icuraburindi ry'icyaha, ineza y'Umusumbabyose yabamurikiye. Mbega ngo biraba byiza ibirenge by'intumwa yamamaza hose ko ineza y'Imana iganje. Mu masomo kiriziya yagiye idutegurira, yibanze cyane ku rugendo abemera bagomba gukorana na Kristu uje kubacungura ngo hato ineza y'Imana itakirwa nk'ikindu idutsindira. Igihe cy' Adiventi twagitangiye twitabaza ineza y'ingabire by'Imana ngo hoye gusigara inyuma cyangwa uwacikanywa n'ibyishimo bya Noheli. Indi nyigisho kiriziya yatwibukije ni ugutegura inzira za Nyagasani cyane cyane tukavana mu nzira icyatumwa dutsitara cyose cyangwa icyi twumva kitubera inzitizi ikomeye idatuma turangamira ineza y'mana. Ibi kandi byatumwa tworohereza n'abandi bityo buri wese akarangamira umukiro dukeha Imana yacu. Ibyo byatuma buri wese abasha gutangaza no gusangiza ku bandi ineza akesha Imana. Ndibwira ntawacikanywa kandi ntawarya iminwa. Aha wenda ntihatworohera ariko duhereye ku ntore z'Imana dusanga muri bibiliya cyane cyane abo tobona bagize uruhare rukomeye mu gucungurwa kwacu, abo amateka y'ivuka rya Yezu adufasha kuzirika ku buryo bwohariye nka Mariya na Yozefu, Zakariya na Elizabeti ntibagiwe umwana wabo Yohani, Umwami Dawudi n'bandi benshi, natwe twabona uko duhanika nk'Umubyeyi Bikra Mariya tuti: koko Imana yatudigiye ibintu by'agatangaza izina ryayo ni ritagatifu. Ubwo natwe twaba duhimbaje noheli, Umwana Yezu natwe akatuvukira, iwacu tukumva ndirimbo y'abamalayika ihanika itangaza ikuzo y'Imana n'ugucungurwa kwa muntu, itangaza amahoro ku isi hose aho Imana iganje hamwe na mwene muntu usonzeye izena yayo, iwacu Imana igasengwa kandi igasingizwa kuko icyaha cyatinzwe na Sekibi wakihishaga inyuma. Noheli rero, nk'uko Yohani intumwa abitwibutsa mu ntangiro y'ivanjiri, ikaba ikimenyetso cyo kuzirikana uko Imana idukunda. Yo yahozeho mbere y'iremwa y'isi, yo yahoranye ikuzo ritagereranywa, ariko ikaba yaremeye kwigira umuntu ngo iture muri twe, natwe tubashe kubona ikuzo ry'Usumbabyose. Yohani akomeza atwibutsa ko muri Kristu twaronse ingabire zose. Nta kuntu rero tutahimbaza Noheli kabone n'iyo twaba dufite ibibazo, ingorane ntibwagiwe n'ibyaga agahiryi. Imana ntije kwitemeberera cyangwa gucunga niba ibyo yaremye bigenda nk'uko yabitegetse; ije kudufahsa kubaho twishimye kandi tunezerewe, ije kutubwira ko ingoyo y'ibyaha n'umwenda wabyo yabyishyuye, ko muntu asubijwe isura yaremanywe kandi ko afunguriwe imiryango ya bwa busitani Adamu an Eva bari barakinze kubera icyaha. Ubu muntu ntazongera kubunza imitima ashakiza icyamukiza cyangwa ngo abuyere anata igihe mu ngirwa gakiza kuko Imana yahiseo kumuba bugufi ngo umutwaze umutwaro w'ubuzima. Ngaho rero turushanwe guhanika twishimye dushimira uwemeye kuducungura akaza gusangira natwe ubuzima. Twirinde nyamuneka kugira aho tumukinga cyangwa kwibwirako tutagomba kumunaniza no kumuvunisha. Yaje aje kandi ngo kugeza igihe azaba atarashyikiriza byose Imana se, ntazagoheka. Tumworohereze aducungure biyro isi n'ijuru bisabane koko. Noheli nziza kuri mwese.


 


 

ICYUMWERU CYA KANE CY'ADIVENTI

21 ukuboza 2008


 


 

2Sam 7,1-5.8-12.14.16

Rom 16,25-27

Lk 1,26-38

Umunsi mukuru wa Noheli uregereje, dusigaje gusa iminsi mike tuawuhimbaza. Uyu mwaka ariko Noheli ibaye ku isi ahenshi baganya kubera ikibazo cy'ubukungu bwajegeje ibihungu bikize nk'Amerika. Ubwo abari basanzwe ntacyo bafite, byahumiye ku mirari nubwo akenshi kubera kumenyara gukena hari uwibwira ko icyo kibazo cy'ubukungu bw'isi we kitamureba. Iyi noheli rero ije hari ibibazo isanze nk'uko akensi n'izindi zagiye zigenda. Ikibazo ariko si umunsi twifuza kuzahimbaza ntacyo dutaka cyangwa tuniha. Ndibwira iyo Noheli itazabaho na rimwe. Imana yemeye kwinjira mu bzìuzima bwacu, ikavunyisha mu muryango, yifuzaga kutwereka uko itubanira nuko natwe tugomba kubanirana. Ikindi kandi kuko utari iyobewe aho ingaruka z'icyaha zitugeza, yifuje no kutwigisha uko twagombye kwitwara no buzima busanzwe. Amasomo y'iki cyumweru aragaruka ku isezerano Imana igirana n'abayo ryo kubana nabo. Mu gitabo cya kabiri cya Samweli kitubwira uko umwami Dawudi yifuje kubaka Ingoro y'Imana akabinyuza ku muhanuzi nawe akabyemera. Nyuma ariko Uhoraho yaje gutumaho Dawudi amubwira ko ari we ahubwo uzamwubakira Ingoro izahoraho iteka. iryo sezerano ryujurijwe muri yezu kuko, mu kwigira Jambo ka Yezu, Imana yubatse ingoro yayo rwa gati muri twe, iduha uburyo n'umwanya wo kuyimenya, kuyikunda no kuyikundira ngo itwiyoborere. Imana kandi yifuje kuducungura dufatanyije; atari uko itari ibuze uko ibigenza, ahubwo kugirango twumve neza agaciro k'urukundo idukunda. Ntiyari inaniwe guhindura isi na muntu ikoresheje imbaraga n'ubuhanga bwayo, ariko yahisemo inzira yo kwigira umuntu ikavugkira mu muryango nk'uko twese twavutse. Ntiyari inaniwe guhitamo ahandi yavukira cyangwa abandi bayibera ababyeyi, ariko yahisemo Mariya an Yozefu. Yemwe si na ngombwa kwibaza utu tubazo kuko sitwo tudufasha kumva umugambi w'Imana kurusha kuyirangamira mu neza n'ubuntu byayo. Nibyo dusanga mu ndamutso ya Malayika, aho Imana imenyesha Mariya ko yagize ubutoni bwo kuba nyina w'Umwana wayo. Nubwo kumva neza amagambo ya Malayika bitari byoroshye kuri Mariya, yewe bitanoroshye n'ubu ku muntu uwo ari we se, Mariya yakiriye ijambo rya Marayika maze isi yose ironka Umucunguzi. Kuba ineza yaratangiriye kuri Mariya ku buryo budashidikanywa kandi butagereranywa nta muntu ubishidikanya. Ibi ariko ntibivuga ko Imana yahisemo Mariya yarangije umurimo wo gukenera abayifasha kumenyekanisha ineza yayo. Buri wese ahamagariwe kwakira ubutumwa bwa Malayika kandi uretse gusubiza ngo yego, akanitabirabira kubumenyekaniha. Ng'ubu ubuyro bwo gutuma noheli itaba gusa iy'abacuruzi baboneraho bakiyungukira kuko aho kuba umunsi w'abemera, noheli yabaye iy'abacuruzi. Buri wese rero yibaza uko yaba yakira ijwi rya Malayika rimusaba gufatanya n'Imana mu gucungura isi. Ubwo birumvikana ko umurimo ukomeye ari uwo kugorora amatwi ngo twumve ijwi rya Malayika . undi murimo niwo kwibuka ko icyo Imana idusaba ariko ukwakira ubutumwa, atari ukwihangishaho ngo twihimbire ubwacu.


 

dimanche 14 décembre 2008

[ICYUMWERU CYA GATATU CY’ADIVENTI B 2008

ICYUMWERU CYA GATATU CY'ADIVENTI

14 ukuboza 2008 umwaka B


 

Iz 61,1-2.10-11

1Tes 5,16-24

Yh 1,6-8.19-28

Icyumweru cya gatatu cy'Adiventi kiragaruka ku nyigisho ya Yohani Batisita idusaba gutegura inzira ya Nyagasani. Yohani Batisita atangira abwira abamubazaga uwo ari we ko atari Kristu, ntabe Elia; ati ndi ijwi rirangura ryibutsa abantu gutegura inzira za Nyagsani. Yohani ni umuhamya w'Urumuri rwa Kristu kugira ngo abantu bashobore kuronka agakiza. Ng'iyi impamvu itima iki cyumweru kwita icyumweru k'ibyishimo kuko Umucunguzi ari bugufi, ndetse ari rwa gati muri twe kandi araturuta twese ndetse nta n'ububasha dufite bwo gufungura udushumi tw'inkweto ze. Ibi bisobanura ko ububasha bwe burenze kure ubw'umuntu usanzwe kandi ni mu gihe kuko ni Imana. Iki gisubizo cya Yohani cyadufasha gutegura neza umunsi mukuru wa Noheli ndetse cyanadufasha gushyira ubuzima bwacu ku murungo. Yohani ntiyanga kuvuga uwo ari we kuko azi neza ko agaciro k'ubuzima karenze kure umurimo twaba dukora. Uri umuntu. Si igitangaza kuba ari we kuko ku isi hari abantu benshi cyane. Uri umugabo mu rugo. Abitwa abagabo ni benshi kubyitwa gusa nta gaciro kadasanzwe bitanga. Uri umufundi, umubaji, ingenyeri... ubwabyo sibyo biguha ahagiro mu bandi. Itaburiya ya muganga ntiyayijyana mu misa nk'uko imyambaro ya padiri atayijyana guhaha imboga. Icya mbere cyo yaba asuzunguje umurimo akora, icya kabiri si itaburiya cyangwa igishura kikugira uwo uri we: ni Imana iduha agaciro kandi yarakanduhaye muri Kristu waducunguye. Icyo tugomba kumenya cyo nuko padiri aba padiri aho ari hose, umubyeyi nawe bikaba uko, umuganga kimwe n'umwarimu imirimo bakora ntirangirire gusa mu ishuri cyangwa ku ivuriro. Bitari ibyo, umurimo dukora waba nk'ikigote twikinga cyangwa ya ntero y'umwami w'abidishyi, uyu wari watuyemo uruhu rw'inyamaswa yibwira ko rumubereye maze bakajyaho bakwamwogeza nawe akibwira ako aganje kugeza igihe rumwumiyeho rukamuboha. Iyo Yohani Batisita asubiza ngo oya si ndi Kristu aba atubuza kugwa mu mutego w'umwami w'abidishyi ngo twibwire ko ubwo turi muganga, umuyobozi, chef runaka bihagije kubivuga maze bose bakatumenya. Oya ntabwo ari twe Kristu, Umucunguzi ni undi si jyewe. Jyewe ndi ijwi rumvikana riteguza inzira za Nyagasani. Mu rugo rwanjye sijye kampara ngo nibeshye ngo ntariho abandi ntibaramuka. Ubeshaho ni umwe gusa, ni Yezu Nyirubugingo; ku kazi sinibwire ko ntabonetse katakorwa kuko nk'aha mpumbirije haba bahonetse undi kandi ufite ubushobozi. Ariko kuba ijwi riranga aho Imana igaje haba iwanjye mu mutima, mu rugo rwanjye, mu baturanyi, ku kazi, mu kabari cyangwa kuri stade nagiye kwidagadura, aha rwose ndi rudasimburwa kuko Imana izakenera ijwi ryanjye ngo yigaragarize abayo, izakenera ijwi ryanjye ngo yiganirize abandi, izakenera ibirenge byanjye ngo ibashe kugenda no kugera ku bayo. Aha rwose ni jye jyenyine uzerekana ko Imana ari isoko y'ibyishimo nyabyo kandi ko mui Yezu ari ho honyine turonkera agakiza kuzuye. Ubu nibwo buryo tuzaba abagamya ba Nyagasani, ubuzima bwacu bukagira agaciro nyako. Ibi ndetse byatuma duhanika ijwi nka Mariya tuaririmba ko Ushoborabyose yadukoreye ibintu by'agatangaza kuko Izina rye ni ritagatifu. Mu minsi rero isigaye ngo duhimbaze umunsi wa Kristu, mureke twiyake ibyatuma twibeshya tukibwira ko turi abacunguzi, ahubwo dufate umwanya wacu wo kuba ijwi riranga aho Imana iganje.


 

mardi 9 décembre 2008

Umunsi mwiza wa Bikira Mariya utasamanwe icyaha

ICYUMWERU CYA KABIRI Y'ADIVENTI B

07 ukuboza 2008 umwaka B


 

Is 40,1-5.9-11

2Pt 3,8-14

Mc 1,1-8

Ivanjiri y'icyumweru gishize yadusabaga gukanguka tukava mu icuraburindi, tugatangira urugendo rutuganisha ku munsi mukuru wa Noheli. Kuri iki cyumweru turumva ijambo rya Yohani Batisita ridusaba gutegura amayira ya Nyagsani, tugasiba amataba tunatengeneza ahari utununga. Iyi vanjiri ya Mariko iratwereka Yohani Batistita nk'umuntu rwose utajenjeka kuko ijambo rye riratyaye. Haba uko arivuga, haba uko abaho, Yohani Batisita ni integuza koko ya Nyagasani. Araduhamagarira gutegura inzira za Nyagasani tugatengeneza inzira agomba kunyuramo. Dusubije amaso inyuma tukibuka ivanjiri y'icyumweru cya mbere cy'adiventi, dusanga Yezu yaradusabaga kuba maso, tugacana amatara yacu tukamutegereza uburatambirwa. Gutegereza Yezu ariko si ugukuba akabero; ni ugutegura inzira azanyuramu. Umuhanuzi Izayi adasaba gusiza umuhanda untengeneye: tugasiba utunogo n'amataba tutibagiwe no gutengeneza utununga. Abenshi iyi mvugo twumva idusaba kwitsa utununga tw'ingeso mbi bityo itaka rivuyemo rigasiba ibinogo by'ipfunwe ryatewe n'ubwirasi no kwikuza kwa muntu. Gutegura umuhanda wa nyagasani kandi ni igikorwa kidusaba kwitonda kuko uwo muhanda nitwe tuzawunyura. Padiri Rwahunde mu rukundo yakundaga ababirigi (uwamutiza ubu akadukangarira amafaransa), yavugaga ko ngo hari umuzungu wagombaga gusubira iwabo ariko aza guhimba mayeri yo kwishakira akazi gahoraho. Ngo yubakishaga iteme akoreshe amase aho gushyiramo sima, akumvisha bantu ko amase nayo akomeye, ko nta mpamvu yo gupfusha ubusa amafaranga yo kugura sima. Mu bwenge bwe, bajyaga kurangiza imirimo iteme ryaguye bakongera bagatangira. Ndibwira ariko ko mu maco y'inda ye, yibukaga kudaca kuri iryo teme kuko yari azi ko ryamuhitana. Gusiza umuhanda Yezu azanyuramo bidusaba kwirinda gukora nk'uriya muncashuro: ni umuhanda natwe ducamo dusanganira Yezu uje kuducungura. Niba rero twemera gukizwa, niba twumva koko Yezu aje gutabara intege nke zacu, twirinde gusiba no kurenzaho mu mirimo yo kumutegurira umuhanda. We ntakeneye umuhanda utengamaye, uyu wa kaburimgo, ahubwo nitwe dukeneye kunyura inzira izira amahwa n'ibindi byose byatubuza kurangamira ikuzo ry'Imana. Ikindi kandi ni ukwirinda ko inzitizi dusanze mu kwacu, twazijungunya mu kw'undi twibwira ko bihagije kumenya ibyacu abandi nabo bakimenya. Ntibikabe kuko nta muntu uzikiza wenyine yirengagije mugenzi we. Kuri uyu munsi rero dushakishe mu buzima bwacu icyauma umuhanda wacu utaba nyabagendwa. Dukuremo amabuye yose yatuma dutsitara. Ese muvandi, ni irihe buye mu buzima bwawe ryaba rikubuza koko kuba umukristu muzima? Ni irihe buye rigutambamira mu mibonano yawe n'Imana? Ni iki wumva Kristu yagukiza bityo ubuzima bwawe bukaba umutuzo n'umunezero byuzuye? Ko Noheli yegereje, ni gute wumva wakwitegura uwo munsi ukakubera koko impamvu yo kumva Imana itashye iwawe? Iki cyumweru kikubere impamvu yo kwisuzumuma maze Yezu azaze kko agukiza kandi akuvura. Reka twiragize Umubyiyi Mariya utarasamanywe icyaha, umucyo we n'ineza ye bitumurikire kandi iteka ajye adusabira ku Mwana we ngo natwe tuzabe abahire n'abatoni.


 

ICYUMERU CYA MBERE CY'ADIVENTI

30 ukwakira 2009 umwaka B


 

Iz,16-17.19; 64,2-7

1 Kor 1,3-9

Mk 13,33-37

Umwaka wa liturugiya urarangiye dutangiye undi ubimburirwa n'igihe ya Adiventi kidutegurira guhimbaza Noheli. Ivanjiri ya Mariko iratwibutsa ijambo Yezu yabwiye abigishwa be ati: nimube maso kugirango mutazatungurwa. Nibyo Pawulo mutagatifu asubiramo ati: nta ngabire nimwe mubuze byo kuba maso mu gihe mutegereje ihindukira rya Nyagasani. Igishishikaje rero Imana muri iyi ntango ya adiventi nuko twabaho tudaherenywe n'ibitotsi by'isi ahubwo tukaba maso nk'abakozi shebuja yasize mu bye, agategeka umunyarugi kuba maso ngo azamukingurire igihe azahindukirira. Tumenyereye muri iyi minsi inyigisho ya Yezu idusaba kuba maso no kwitegura ihidukira rye. Izi nyigisho zihuriranye n'igihe cyo kwitegura noheli. Yego turabizi nta n'impamvu yo kubisubiramo, ko Yezu atazongera kuvuka, ariko ivuka rye si inkuru yarangiye mu myaka ya kera. Ni inkuru ihoraho. Kristu wigize umuntu agatura muri twe, niwe utwigisha ubuntu n'urukundo by'Imana. Igihe rero cy'adiventi si icyo kwibera iyo ngo twitegura gusa kuzahimbaza umunsi mukuru wa Noheli wenda niba mu mufuka hazaba hifashe neza, tukinezeza gusa bigacira aho. Guhimbaza noheli neza ni ugukurikiza inzira ya Kristu maze natwe tukazavukana nawe mu buzima bushya. Iyo Yezu adusaba kuba maso aba afite impamvu kuko ubuzima bw'iyi si rimwe na rimwe dushobora kubegereranya n'ijoro rinini; kubaho bigasa no kurota cyangwa inzozi. Aha wenda niho Pawulo mutagatifu atubwira ati: ijoro riragiye kandi igitondo kiregereje, nitwipakurure ibikorwa by'umwijima (Rom 13,12). Ijoro rero twakumva ari ubuzima bwa kera, ubu butazi Imana, naho amanywa akaba ari ubuzima bwuzuye ineza n'ingabire by'Imana. Kandi kubaho nk'abari mu nzozi ubanza hari aho bibera cyangwa byorohera. Inzozi ziba ngufi: mu kanya k'ubusabusa umuntu aba arose yagiye ahantu henshi kandi hatanegeranye na mba , yakanguka agasanga atavuye aho ari ndetse nta minota myisnhi amaze asinziriye. Inzozi ni inzozi nyine: umuntu arota yakize, yatembereye, yafurashye, yakangaka agasanga ubukene bwe ni bwa bundi, uko yasaga ntibyahindutse n'inzara yararanye ntaho yagiye. Ndetse abahanga mu gusetsa baravuga ngo umugore wae cyangwa umukunzi wawe nakubwira ngo niwe nshuti y'inzozi zawe, uzasinzire ubudakanguka kuko aho uzakangukira uzasanga uwo warotaga ntaho ahuriye n'uwo ubona iruhande rwawe. Igitandukanya inzozi n'ubuzima nyabwo ni uruhare rwa muntu. Mu buzima icyo umuntu akoze ari kizima yagombye kugihemberwa naho igifutamye akakiryozwa. Mu nzozi uretse gukanguka ukibaza impamvu wenda waba warose inzozi ziterekeranye cyangwa umuntu yarose hari ibyo yononnye, nta rundi ruhare, ntacyo umuntu aryozwa. Naho icyo dukora mu buzima bitebe bitebuke Imana izatubaza iko tuzaba twarakoresheje amatalenta yaduhaye. Kuba rero inyigisho y'adiventi idusaba kuba maso no gukanguka ngo tudaheranwa n'iroro ry'ibishobora kuturangaza nuko Imana izi ko iyi si n'ibyayo byose bitadauasha mu gukurikira inzira nziza iganisha ku mukiro, ndavuga ariko uyu uhoraho iteka. amateka y'isi yuzuye ingero nyinshi zerekana ko kwituramira no kwirara ntaho bitaniye no gusinzira kugeza aho ibyago cyangwa ibizira by'iyi si bitugwa gitumo. Abamenyereye gutwara n'agatosti cyangwa kurangara, kimwe n'abakunda kugira twa gahunda twinshi, bakunda kwitabaza icyo bita mu gifaransa reveil ngo igihe nikigera ibibutse cyangwa ibakangure. Reka mu ntango y'iki gisibo, natwe dufate utwo dusaha cyangwa ako kayogera hato Noheli itazatugwa gitumo cyangwa se ikaba yanadukica rwose. Ako gasaha rero twagashyira ku gihe twibuka ibi bikurikira: kudacikanwa n'isakaramentu ry'imbabazi kuko ntawahimbaza Noheli aremerewe ku mutima n'ibyaha; kutibagirwa rendez-vous yo ku cyumweru aho twumva ijambo ry'Imana, tugasangira umubiri wa Kristu kandi tugasabana n'abavandimwe; kutibagirwa ibikorwa by'urukundo kuko nta gakiza twaririmba niba tutibuka abari mu kaga; gutibagirwa isengesho kuko nta bundi buro bw'itumanaho Imana ikoresha atari isengesho. Ubwo wenda wasanga hari n'ibindi nibagiwe, buri wese yakwihitiramo uko yakwitegura neza Noheli. Imyiteguro myiza kuri mwese.

Rechercher dans ce blog

umuryango wa Thomas

umuryango wa Thomas

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel

VSITE PASTORALE

VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribanza

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribaza

visita pastorale

visita pastorale

visite pastorale

visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri

Visite pastorale

Visite pastorale
abana n'abakateshisti

Visite pastorale

Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA

Visite pastorale

Visite pastorale
accueil

ordination dell'abbé Claude Mutabazi

ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe

amafoto

amafoto
ishusho ya Bikira Mariya

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
ubusitani

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini 2008

Corpus Domini 2008
inkongoro

ikirugu

ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano

IKIRUGU

IKIRUGU

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO

URUBYIRUKO

URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

kiriziya ya mut Patero i Roma

kiriziya ya mut Patero i Roma

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA

SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE

SANCTUAIRE DE SAN  AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)

Archives du blog

Powered By Blogger

ikaze

mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,... Imana ibahe umugisha.

ERMO DELLE CARCERI

ERMO DELLE CARCERI
ASSISI

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi

ermo si San Vitaliano

ermo si San Vitaliano

Caserta

Caserta

reggia di Caserta

reggia di Caserta

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere