dimanche 27 juillet 2008

ICYUMWERU CYA 17 MU BYUMWERU BISANZWE BY’UMWAKA A

ICYUMWERU CYA 17 MU BYUMWERU BISANZWE BY'UMWAKA

27 nyakanga 2008 umwaka A


 


 

1 Bam 3, 5.7-12

Rom 8, 28-30

Mt 13, 44-52

Yezu akomeje kutwigishiriza mu migani ngo abumva bumve abandi batahire aho. Abagomba kumva kandi nabo bagasabwa gutanga igisubizo niba koko bumvise icyo ashaka kutubwira. Mu ivanjiri y'iki cyumweru, Yezu araca imigani itatu. Uw'ubukungu butabye mu murima, uw'isaro ry'agaciri gakomeye n'urucundura barobesha. Iyi migani yose kandi igasobanura ingoma y'ijuru. Ngo ingoma y'ijuru imeze nk'umubungu butabye mu murima, ubuguyeho akagurisha ibyo atunze byose maze akagura uwo murima. Ingoma y'ijuru kandi imeze nk'isaro ry'agaciro gakomeye, uriguyeho akagurisha ibye byose maze akarigura. Iyi migani yombi icyo igushaho ni uko umenye umugambi w'Imana atagomba kuzuyaza, agomba kwihutira kushakisha ibintu byose byatuma ashyikira uwo mukiro, akaba yagurisha byose mpaka awegukanye. Nta kindi twarutisha kumenya Imana n'imigambi yayo. Icyiza kandi tuvana muri iyi vanjiri nuko ari Imana ubwayo iduha kumenya ako gaciro k'isaro twabaye. Mutagatifu Tomasi wa Akwino niwe atwibutsa ko abantu turi nk'umwambi Imana yeretse ikerekezo ugomba gukurikira n'intego ugomba guhamya. Si twebwe rero tugomba guhangayikwa n'aho twaganisha ubuzima bwacu kuko ibyo Imana yarabikoze. Dusabwa gusa kumenya icyo cyerekezo ngo hato tudahusha intego, tukazacyura ubusa. Aha niho umugani wa gatatu ugusha: ubwami bw'ijuru bumeze nk'urucundura runini, umurobyi ajugunya mu nyanja rugafata amafi y'ubwoko bwose maze bamara kurukururira ku nkombe bakarobanura amafi meza n'amabi. Ntawe Imana iheze mu nzira yo kugera ku ntego yo kubaho neza no gutunganirwa, dore ko ari wo mukiro uruta iyindi yose. Hari ariko abibwira ko kuba Imana yarabahaye ubwenge n'ubwigenge busesuye, bisobanura kobashobora kubikoresha uko bishakiye, bakaba bahugira mu bindi cyangwa bateshuka inzira yo kuzagera ku bukungu nyabwo, bagahagama ku ngirwabukungu, bityo amaherezo yabo akazaba ayo kujugunywa nk'amafi adafite agaciro. Mu gitabo cya kabiri cy'abami, umwami Salomoni Imana yaramubonekeye maze imuha akanya ko gusaba icyo ashaka. Aya ni amahirwe akomeye ko Imana yaguha akanya ko kuyisaba icyo ushaka. Si tombola yaguye kuri Salomone, kuko twese iyo dusenga turisanzura, tugasaba Imana icyo dushaka. Ariko se iba tubaye nka wa wundi Imana yabwiye iti icyo usaba mugenzi wawe ndamukubira kabiri. Maze kuko batacanaga uwaka, undi akiyumvira ati nisaba inzu, umwanzi wanjye arabona ebyiri, ninaka amafaranga, arankuba kabiri. Sibwo se yitonze agatekereza agasaba ko Imana imunogoramo ijisho maze mugenzi we akaba impumvi. Iri si ishengesho ni ukwigerezaho. Ni uguhusha intego maze tugatanga ibyacu bose tukagura ikintu kitagira agaciro, nyuma tugasigara turirira mu byotsi, bambe Yezu avuga ko tuzajugunywa mu itanure rigurumaba, aho umwana arira nyina ntiyumve. Inyigisho y'iki cyumweru isoza idutega ikibazo. Ngo aho mwumvise icyo nshaka kuvuga. Abandi bati twabyumvise. Noye kuba nka ya mvugo ngo aho bwenge wumvise icyo nshaka kuvuga. Gusubiza Imana si ibyo tugomba guhubukira. Ngo rimwe tubikore tuyikiza ireke gukomeza kuduhata ibibazo. Ikibazo cy'Imana ni rwa rwandiko tujya tuvuga. Bidasobanuye ko Imana yashushanyije byose mu mateka yacu, ahubwo ko tugomba guhora dusubiza niba koko twumva umugambi wayo kandi tukiri muri gahunda yo kuronka ubukungu buruta byose. Ntitugomba kuyikiza ngo twikirize tutikirije nka ya mvugo ngo kwikiriza ntibibuza uwanga kwanga. Ubwami bw'Imana ni ubukungu bukomeye, ni isaro ry'agaciro. Hahirwa ubabyumvise kandi akaba akaharanira gutunga uwo murage.

Imana ibahe umugisha.

samedi 19 juillet 2008

ICYUMWERU CYA 16 MU BYUMWERU BISANZWE BY’UMWAKA A

ICYUMWERU CYA 16 MU BYUMWERU BISANZWE BY'UMWAKA

20 nyakanga 2008 umwaka A


 

Buh 12,13.16-19

Rom 8,26-27

Mt 13,24-43

Nyuma y'umugani w'umubibwi, ivanjiri y'iki cyumweru iragaruka ku kigereranya kirebana n'umurima, umububyi n'imbuto itubwira imigani itatu: urumamvu mu ngano, akabuto ka sinapisi n'umusemburo. Ngo umuhinzi yabibye imbuto nziza hanyuma umwanzi amuca inyuma abibamo urumamvu kandi babibona imbuto zarakuze. Tugarutse ku ivanjiri y'umubibyi yo ku cyumweru gishize, ntibihagije kubiba mu murima mwiza ngo ubundi twidamararire. Ubiba ni Nyirubuntu kandi akorera mu mucyo. Ariko hari n'umwanzi witwikira ijoro, akabiba urumamfu, urwatsi rubi, rwonka ingano. Birumvikana igitekerezo cy'abakozi cyo kurandura urumamvu kuko nicyo kibanguka kandi twibwira ko cyoroshye. Nyamara siko bigomba kugenda kuko uranduye urumamfu rwajyana n'ingano, bityo uwahinze akabura byose. Reka tubishyire nko mu mvugo yacu: abakozi bahagaze ahirengeye cyangwa iruhande rw'umurima bakabona urumamfu rwuzuye mu ngano. Ndibwira atari akatsi kamwe, kuko ntikatera ikibazo. Ikigaragara kandi si uwabiteye kuko hashize iminsi abikoze ndetse akaba ubu yigira nyoninyinshi ngo azumve akabavamo. Ikigaragara ni umurima, ni paruwase yuzuye abakristu, baba abaza n'abataye cyangwa abanditse gusa mu gitabo cy'ubukarane. Turabonamo abantu benshi: abeza, abitabira ubutumwa, ab'akazuyazi, rukurikirizindi, abazanwa no kuca abandi intege,... Ni benshi ndetse byanashoboka kubona ingano zihetse urumamfu n'urumamfu ruzera n'ingano. Turabona yemwe nko mu ndorerwamo na twe ubwacu, rimwe tuzera ingano, ubundi ari urumamfu gusa. Simvuze wa mugani ngo rweze ibamba rwa ruyuzi nari nizeyeho ibihaza. Naba n'urumamfu rwo mu isarura umuntu azaba azi ko ari busarure nk'umuba umwe cyangwa ibiri. Ibamba ryo ushobora no kurimenya mugiye ku meza mwibwira ngo muhishiwe ifunguro. Imana irihangana ngo hato dukurane n'urumamfu ngo tuzere imbuto ariko tutaranduwe kubera urumamfu tutabura n'umubiza bwacu. Ubuzima ntibubagarirwa n'abakora muri bwa musitani bwiza nabonye za Kigali, ubwatsi bugomba kuba buconze neza. Uwakwifuza guconga neza cyangwa kubagara neza, ubanza umurima wasigara weze. Umugani wa kabiri nawe uratubwira ijambo ryiza. Ngo akabuto gato ka sinapisi iyo gakuze kaba kangana n'igiti cy'ingwizamarumbo inyoni zijya kwarikamo. Ineza y'Imana n'umurimo wayo ntibiba bito. Dupfa gusa kemera uko Imana ikora, ntidushyuhaguzwe kugira ngo akabuto kazabe igiti iki kimomeye kandi cyagabye amashami. Ineza niko yagombye kumera kango ga n'ubundi ngo ikurenza impinga. Umugani wa gatatu utubwira umusemburo bashyira mu ifu maze ikayitera gututumba. Ni uko ubwami bw'Imana bukora kuko butuma tugira imbaraga. Uwakiriye Ingoma y'Imana agomba akwiranga, akigiramo imbaraga kuko siwe uba wiyobora, ahubwo ni Imana ubwayo. Uwifitemo kandi imbaraga z'Imana nawe aho atuye aba ari umusemburo; ntashobora kubaho atyo gusa, ngo yitwe umukristu kandi nta bikorwa bimuranga, nta mbuto yera, ubuzima bwe budatutumbya isi ngo buyihindure nshya. Icyo Yezu atwifuriza ni ubuzima bushya, buzabengerana imbere y'Imana ubwo abamalayika bazaza gusarura. Duharanire kuzabarirwa mubo Imana yateguriye ubwami bwayo aho kuzabohwa ngo tujugunywe mu nyenga nk'urumavu. Ngo bene amatwi nibumve.


 


 


 


 
 

lundi 14 juillet 2008

Ndisegura

Mu minsi ishize nari naranyarukiye mu Rwanda. Kubera guhugira muri twa gahunda tunyuranye no kutabona akanya gahagije ko kujya ku byuma by'itumanaho, inyigissho ya buri cyumweru yari yarahagaze. Hari ababimbajije wenda n'abandi bibazaga uko byagenze. Impamvu ni iyo kandi ubu ubanza tugiye gusubiraga gahunda twahoranye.
Imana ikomeze ibaragire.

ICYUMWERU CYA 15 MU BYUMWERU BISANZWE BY’UMWAKA A


 

ICYUMWERU CYA 15 MU BYUMWERU BISANZWE BY'UMWAKA A

13 nyakanga 2008-07-13


 


 

Is 55,10-11

Rm 8,18-23

Mt 13,1-23

Dukomeje kuzirikana ku ivanjiri ya Matayo muri ibi byumweru. Nyuma yo gusobanukirwa n'inyigisho Yezu yatangije ubutumwa bwe, aho yabwiraga rubanda ingingo nterahirwe, agasobanura amategeko kandi agahamagarira bose kumukurikira atarobanuye, avuga ko ari abarwayi bakeneye umuganga, atari abazima kandi ko atazanywe no guhamagara intungane ahubwo abanyabyaha, dutangiye igipande gikubiyemo inyigisho Yezu yatanze abinyujije mu migani. Umugani ubimburira iyindi ni uw'umubibyi. Uyo dusoma uyu mugani, dutungurwa no kubona umubibyi abiba hose n'abahatari umurima, mu mahwa, ku gasi noneho akabona no kugera mu murima mwiza. Iyaba Yezu atari yarasobanuye icyo yashakaga kuvuga, ikosa twari kurishyira ku mubibyi nyamara ahubwo akazi gakomeye ari ak'umurima. Ubiba ni Buntu butagereranywa wizera ko hose hashobora kuva umusaruro. Naho umurima, ba twebwe Imana isaba kuba ubutaka bwiza, tukirinda kuba ba Birihanze ngo imbuto izaribwe n'inyoni; tukirinda kuba ubutaka bw'agasi ubu bw'urusekabuye rutagira ikirumeraho kuko nta buzima buturimo; tukirinda kuba ubutaka bupfukiranye mu bibazo by'izitane wagerereranya n'igihuru cy'umugeyo aho nta kandi gati cyangwa urubuto rushobora gutobora ngo rumene igihuru cyawo; tukirinda kuba twashyuhaguzwa ngo twibwire twakwera imbuto zitari izo Imana yabibye muri twe. Uyu mugani rero, dore ko Yezu yawusobanuye neza, urararika buri wese kureba uko yakira ineza Imana imugenera n'imbuto ayibyaza. Uradusaba kandi guha igihe gihagije Ijambo ry'Imana twumva ngo ribashe rirumbuke imbuto. Ubiba ntibucya ngo ajye gusarura kereka wa mwana usura umugina w'icyobo kandi nawe akibuza gukura neza. Umuhanuzi Izayi ati: nk'uko imvura igwa ikabobeza imirima maze igatuma itanga umusaruro, ni nako ijambo ry'Uhoraho ridashora gupfa ubusa ngo rimusubireho ridasohoje ubutumwa, ritarumbuye imitima y'abamwemera. Kwumva ijambo ry'Imana rero tudafite akanya ngo turireke rimanuke ritugera ku nzoka aka wa mugani w'abakuru, ubanza ari ukuriterera inyoni. Kuryumva duhuze cyangwa tukaribangikanya n'induruburi zacu nabyo ni akaga gakomeye kuko bituma turwara bwaki kandi tudakenye ifunguro. Kuryakira nyabyo, tukaryumva maze rikaducengera rigakunda rikarumbuka ngiyo inyigisho ya Yezu. Umurimo w'ingezi ariko ubanza atari imbuto tugomba kwera nk'uko Kristu abisobanura, ni ukutaba ba rukurikirizindi, ngo twumve ariko tutumvise, dukanure tutabona, umutima wacu uhore ufunze uri cya rutare. Ngo kumva bazumva ariko ntacyo bazitoreramo; kureba bazabona ariko bicire iyo, umutima wabo ntuzasobanukirwa ngo mbakize babeho. Aka se ntikaba ari akaga kugira amaso ntitubone, kugira amatwi ntitwumve no kugira umutima ntiubashe gukunda nk'uko Imana ikunda. Ngo abafite amatwi nibumve.

Rechercher dans ce blog

umuryango wa Thomas

umuryango wa Thomas

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel

VSITE PASTORALE

VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribanza

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribaza

visita pastorale

visita pastorale

visite pastorale

visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri

Visite pastorale

Visite pastorale
abana n'abakateshisti

Visite pastorale

Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA

Visite pastorale

Visite pastorale
accueil

ordination dell'abbé Claude Mutabazi

ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe

amafoto

amafoto
ishusho ya Bikira Mariya

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
ubusitani

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini 2008

Corpus Domini 2008
inkongoro

ikirugu

ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano

IKIRUGU

IKIRUGU

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO

URUBYIRUKO

URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

kiriziya ya mut Patero i Roma

kiriziya ya mut Patero i Roma

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA

SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE

SANCTUAIRE DE SAN  AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)

Archives du blog

Powered By Blogger

ikaze

mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,... Imana ibahe umugisha.

ERMO DELLE CARCERI

ERMO DELLE CARCERI
ASSISI

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi

ermo si San Vitaliano

ermo si San Vitaliano

Caserta

Caserta

reggia di Caserta

reggia di Caserta

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere