ICYUMWERU CYA KANE CYA PASIKA
13 mata 2008 umwaka A
Intu 2,14a.36-41
1Pet 2,20b-25
Yh10,1-10
Icyumweru cya kane cya pasika ni icyumweru cy'Umushumba mwiza nk'uko ivanjiri ya none ibitubwira. Yezu wazutse niwe Mushumba witangira intama ze ngo zigire ubugingo. Iyi vanjiri yumvikana neza iyo uyisomye abonye n'akanya agasoma umutwe wa gatandatu wo mu ivanjiri ya Yohani, aho Yezu asobanura ko ari we Mugati utanga ubugingo kandi umugana azabaho ubuzirahereza. Ubwo buzima bushya, Kristu abugereranya n'uburyo umushumba yita ku bushyo ashinzwe. Iyi vanjiri ya none iragereranya umushumba muzima n'umujura. Umushumba mwiza yinjirira mu irembo, ntamene urugo; azi itama ze kandi nazo zikamumenya kuko azihamagara zikamukurikira; umujura intama ziramwishisha kuko zitamuzi; umushumba mwiza yitangira intama ze iyo hari igishatse kuzihungabanya; umujura we agenzwa no kwiba no kwica. Birumvikana ko Yezu ariwe Mushumba nya mushumba nk'uko tubiririmba muri Rata Siyoni, ya ndirimbo yo ku munsi w'Isakaramentu ritagatifu. Niwe wemeye guhara amagara ye kubera twe, yaramiye abashonje igihe atubuye imigati. Yateye ineza n'ibyishimo abari bari mu kaga azura abapfuye, akiza abarwayi, ahindura amazi divayi. Yararuye abari barihebye amanura Zakewusi mu giti, yarura mu nzara z'abafarizayi wa mugore wari wafatiye mu busambanyi, aha agaciro abasoresha n'abagore b'amahabara. Ntaho yiganyirije kujya igihe cyose hari umuntu ukeneye impuhwe z'Imana kandi nibyo kuko Umwana w'Umuntu atazanywe no kugaragirwa ahubwo no kuba umugaragu wa bose. Uwo murimo wo kuba umushumba, Yezu yawuraze abe ubwo yababwiraga ati "uko Data yantumye, nanjye ndabatumye"(Yh 20,21). Ku buryo bwumvikana neza, ababatijwe bose ni abashumba muri Kiriziya y'Imana ni ubwo ku bw'umwihariko hari abahamagarirwa kuba abayobozi. Abo ni intumwa n'abasimbura bazo. Abajura n'abambuzi nabo barahari. Abo ni abiyitirira ubutumwa naho ari inda yabo baharanira; ni abahanurabinyoma, ab'ibyaduka bihangishaho ngo Imana yaraye ingoboreye ibanga kandi ari mpemuke ndamuke; ni aya madini yiyitirira shitani (wenda iwacu ntarahagera, ariko ntacyo abazungu batazatuzanira, nayo tuyitege!). Yezu ati" muritondere abigishabinyoma babasanga, inyuma basa n'intama, naho imbere ari ibirura by'ibihubuzi"(Mt 7,15). Ubwo nateruye mvuga abashumba, reka mvuge gato ku bashumba ba none. Bamwe umurimo bakora ntibawujijukiwe cyane ku buryo ubabona yacyeka ko atari Kiriziya ya Kristu bakorera. Abo ni abitwaza umanya bafite muri Kiriziya maze bagakora indi mirimo ibahesha inyungu n'ibyubahiro. Hari abafite ukwemera guke bityo ijambo bigisha rikabura ireme kuko rimera nka ya cyuma kibomborekana Pawulo mutagatifu avuga mu gisigo cy'urukundo (1Kor13,1). Hari n'abatinyisha ya mvugo yo hambere ngo "tinya Imana, tinya umuriro", bakananirwa gusobanura neza Ijambo ry'Imana maze bagahagama mu kuvuga ngo ibi sibyo kuko ariko Kiriziya ibyigisha. Abakristu bakeneye imvugo isobanutse ishingiye ku ijambo ry'Imana , iyi ifasha umuntu kubona urumuri bityo agashobora guhitamo icyiza akirinda ikibi.Abo ni abatinya kuvuga ijambo ry'agakiza nk'iryo Kristu yamamaje ngo hato batiteranya cyangwa bagakoma Rutenderi: ngo mbwiye bariya bashyira gahunda zose ku cyumweru bakibagirwa misa ko iyo hatabaho izuka icyo cyumweru bari kukivana he! Bariya baca inyuma bagenzi babo ngo akadakora umwe ntikica ubukwe. Bariya basore n'inkumi bahinduye ijambo ry'Imana maze umuco w'ubusugi, uyu usaba abatararushinga gutegereza uwo munsi Imana izabagenera, kubibutsa kongera gusubiza iryo jambo mu buzima bwabo kuko abenshi baricishijemo akarongo. Bamwe basigaye baca umugani bihimbiye ngo urukwavu rukuze bararurya kandi ibyo ntaho byabaye. Ariko n'ubushyo bw'ubu si shyashya: hari abapfa guhomerera bagakurikira umuhisi n'umugenzi ngo gaho arababwira agakiza bakibagirwa ko ntawe ubona isha itamba ngo ate urwo yari yambaye. Aba baherera mu kugaya no kunegura imikorere ya Kiriziya, inkunga yabo ikaba iy'amagambo gusa. Abakeka ko Kiriziya ari CARITAS gusa, imfashanyo yaboneka bagatora akambaro, yaba ntayo bakavunurira mu zindi nsegero. Abibeshya ko ineza, amahoro n'abutabera bireba bamwe gusa, kwitangira abandi bikaba byaribagiranye mu buzima bwabo. Kristu niwe Mushumba mwiza, tumugane kandi tumutakambire ngo atuyobore koko; tumusabe aduhe imbaraga z'mutima kugira ngo abo dushinzwe tumenye tubayobora ku Mushumba mwiza, kandi ngo atwoherereze abashumba babereye umuryango we Kiriziya.
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire