samedi 29 décembre 2007

UMUNSI W’UBUNANI 2008

UMUNSI W'UBUNANI, UMUNSI WA BIKIRA MARIYA UMUBYEYI W'IMANA

01 mutarama 2008 umwaka A


 

Ibar 6,22-27

Gal 4, 4-7

Lk 2,16-21

Umunsi w'ubunani, umunsi wa mbere w'umwaka, ni umunsi tumenyereyeho gusaba amahoro ku isi. Muri kiriziya ni umunsi twizihizaho Bikira Mariya, umubyeyi w'Imana. Igitabo cy'ibarura kitubwira uko Aroni n'abahungu be, bagomba gutanga umugisha. Ni byo nta kindi twakwifurizanya kuri uyu munsi atari umugisha wa Nyagasani nk'uko abakurambere bacu babyifurizanyaga cyangwa se banabisabaga Imana, basaba kubyara, gutunga, kuramba no guhirwa. Tuzi ariko ko amahirwe nyayo akomoka ku Mana kandi agatungwa n'abayigororokera. Ni byo tuzirikana muri iyi minsi ya noheli. Urugero tureberaho ni Mariya watubyariye umucunguzi. Ijambo yabwiye malayika niryo twibuka tuzirikana na twe ihamagarwa ryacu, umwanya wacu mu kwakira ubutumwa bw'Imana no kunga mu ry'abatubanjirije mu gucungura isi. Umubyeyi Mariya atubera urugero mu kwemera, mu kwicisha bugufi, mu kugira umuhate wo gukurikira Yezu kugeza ku musaraba. Yego yari umwana we kandi nta kuntu atari kwakira umurambo we, ariko uko bibiliya itubwira imyitwarire ya Mariya, tumubonamo umuntu washakaga kumva ibanga malayika yari yaramubwiye umunsi amugezaho ya ndamutso tumenyereye mu isengesho rya "Ndakuramutsa Mariya". Imigenzo myiza yose twakwifuza kugeraho, nta kindi yatugezaho atari ugusingiza Imana no gukwiza mu isi ineza n'urukundo byayo. Ngiyo indi ngingo tuzirikanaho ku bunani: umunsi wo gusaba amahoro. Mu butumwa papa ageza kuri kiriziya y'isi, FAMILLE HUMAINE, COMMUNAUTÉ DE PAIX, aratwibutsa ko umuryango ari wo soko y'ibanze yo kuba umuntu, atari ukuvuga kuvuka gusa, ahubwo kwigiramo imico iranga abantu. Umuryango ni ingobyi y'ubuzima n'amahoro, umuryango ni ishuri ry'ineza, ubusabane, ubufatanye n'amahoro. Papa Benedigito kandi arashimanagira ko buri muryango ugomba kugira uburenganzira nshingiro ngo ubashe kurangza neza inshingano zawo. Aha Papa aributsa uburenganzira bwo kugira inzu, akazi, kwivuza... n'ibindi byose bikenerwa ngo umuryango ushobore kuko gusohoza inshingano zawo. Birumvikana ko igihe umuryango uzarangwa no kumvikana hagati y'abavandimwe, kwubahana kw'abashakanye no kumenya buri wese inshingano ze, buri rugo ruzaba isoko y'amahoro bityo abantu tugahinduka umuryango umwe. Ariko se niba mubasangiye umuryango hatarimo ubwumvikane, niba isura y'imiryango yacu igenda ihinduka ukundi, ndavuga kurangwa n'indi myumvire, abatuye isi bashobora bate kurema umuryango umwe? Ibi kandi bisaba kwiyumvisha ko isi yahinduka inzu ya bose, abayituye bakumva ko bagize umuryango umwe. Aha Papa arashimangira akamaro kwo kurengera ibidukikije kugira iznu dutuyemo irusheho kuba nziza. Ibi bisaba guhindira uburyo bwo gucunga umutungo w'isi, ukaba koko umurage wa bose ntiwiharirwe na bamwe. Ibi bisaba kugena amategeko mashya, mambe tukibuka amategeko agenga abantu, ntitubeho nk'ibyigenge cyangwa ba nyamwigendaho. Ubutumwa bwa Papa bugaruka kandi ku nshingano yo guharanira amahoro no kurwanya intamabara. Iki ni ikibazo cyugarije isi, ariko cyane cyane umuryango kuko iyo nta mahoro ahari ahantu ha mbere bigaragarira ni mu ngo zacu. Niba kandi mu ngo zacu tudahumeka amahoro, ubanza bitazoroha kurota amahoro ku isi, ndavuga hagati y'ibihugu.

Duharanire rero iyo neza Imana yaduhaye yo kugira umuryango waba uwo turimo ubu, ndavuga ku barwubatse, cyangwa uwatwibarutse. Umubyeyi wa Jambo, Mariya ahore adutakambira kandi natwe twunge mu rye tuti: Uhoraho yatugiriye ibintu by'agatangaza, izina rye ni ritagatifu.

Umwaka mwiza kandi Imana izabahe ibyiza byoze muwifuzamo.

UMUNSI W’UMURYANGO MUTAGATIFU RW’I NAZARETI

UMUNSI W'UMURYANGO MUTAGATIFU RW'I NAZARETI

30 ukwakira 2007 umwaka A


 

Sir 3,2-6.12-14

Kol 3,12-21

Mt 2,13-15.19-23

Kiriziya irahimbaza umunsi w'urugo ruhire rw'i Nazareti rwa Yozefu, Mariya na Yezu, urugero rw'ingo zacu. Ni umunsi uba ku cyumweru gikurikira noheli. Isomo ryo mu gitabo cya mwene Siraki riratubwira ineza y'umwana wubaha ababyeyi be n'imibereho igayitse y'usuzugura abamwubarutse. Pawulo mutagatifu nawe yunzemo atubwira uko ingo z'abakritsu zagombye kumera. Zigomba gushingira ku rukundo no kubahana muri Kristu. Ivanjiri ya Matayo, ihereye ku nkuru ya Yozefu ahungana Yezu mu Misiri, yatubwiye zimwe mu nshingano z'ababyeyi zo kumenya no kurwana ku bana babo. Igihe Imana yemeye kuvukira mu muryango, ndavuga Yezu yigira umuntu, yashakaga kutwereka ko ishingiro rya muntu riri mu muryango, mu buryo ababana bagerageza kugaragaza ineza y'Imana mu buzima bwabo bwa buri munsi. Yozefu, kimwe n'abandi basore, yari yararambagije Mariya ngo bazarwubakane bakurikije imico n'amategeko yagengaga umuryango wabo. Mbere y'uko bombi Imana ibahishurira umugambi wayo, bari nka twe twese kuko ntaho tunabona mu bitabo bitagatifu bari barigeze bavugwa ngo wenda tube twabakekaho indi miterere itari iy'abantu. Gusa ariko, aho bamenye ibanga ry'Imana, baryakiriye batajijinganya kabone n'ubwo bataryumvaga uko ryakabaye. Mariya yaratwawe, ageza n'aho kuririmba ya ndirimbo yabaye icyamamare, magnificat, indirimbo yari yarahimbwe na Ana, nyina w'umuhanuzi Samweli, igihe Uhoraho amuhanaguye amarira akamuha akana k'agahungu kuko yari ingumba. Yozefu, dore ko Imana yanamubonekeye mu nzozi, yagumye kugenda yakira ubwo butumwa, butari bworoshye kuko imitego yari agahiryi. Ngabo rero abo tugomba kureberaho urugero mu ngo zacu, bakadufasha kurera barumuna ba Yezu ndetse na Yezu ubwe kuko kurera no kurema jyewe mbona byakwitiranywa. Ababyeyi bafite akazi kandi ni mu gihe kuko bunganira Imana mu kurema. Ibihe bigenda bihinduka, ntitukiri muri cya gihe cya Habyarimana, Niyikuza, Harerimana…Ahubwo duhamagariwe guteganya no kugena gahunda ihamye yo kurera abana Imana iduha. Twakwiyibutsa ikibazo twashubije mbere yo guhana isezera ry'ugushyingirwa tuvuga ko twemeye kuzakira no kurera neza abana bose Imana izaduha. Ni ukuri Imana ni yo irema kandi ni yo ikuza, ariko yifashija bene muntu mu nzego zinyuranye yabashyizemo. Ababyeyi rero, uyu munsi urabashishikariza kurera abana babo no kubitangira ngo bakure kandi bakurane uburere. Ntibagomba gufitira ngo bashakishe cyangwa bahimbahimbe, batererana abana bibwira ngo aho bazakurira bazihitiramo, babateteshe cyangwa babakure umutima, ahubwo bagomba kubatoza ineza n'ukwemera bakesha Imana. Uko umuteruye niko akunera kandi uwiba ahetse aba yigisha uwo mu mugongo. Sicyo twakwifuriza abarushinze, ahubwo ni ukurwubaka rugakomera no kurera abakura. Intero ya none kandi inareba abana. Aho umuntu abera akaga ni uko ari umunyabwenge. Abana b'ubu bavuga ko twananiranye. Ngo ntidukoreka, twigize kagarara, twahindutse abajyambere, turagendana n'ibigezweho… Simbujije kandi koko umwana ni umujyambere. Nyamara ngo nta kubona isha itamba ngo dute n'urwo twari twambaye. Zimwe mu ngorane tunigana nazo muri iki gihe cyane cyane mu bijyanye n'imitekerereze, ni ukwinubira imico ishingiye ku ivanjiri ngo irashaje kandi ikavuga ibintu bitakivugwa cyangwa igategeka ibidashoboka. Tekereza nawe, ivanjiri ikigisha ubusugi, ubumanzi, ubudahemuka, kumvira… Kurerwa nka ba sogokuru koko ninde wabyemera!! Ikibazo kizabe kurerwa cyangwa kurerwa neza? Gutozwa ineza cyangwa kudushumurira ibibonetse byose boshye abadafite abagomba kuturebera. Erega amazi yabaye magari kandi siko twese tuvuka tuzi kwoga. Dukeneye Yozefu na Mariya baduhungana mu Misiri baducikisha Herodi; dukeneye abo babyeyi bazana kudushaka twazimiye niyo twaba tutasigaye muri Hekaru wenda twigiriye za kigali night; dukeneye Mariya wazaza kutureba igihe batangiye kudutaramana ngo wa mwana wawe yahanzweho; twebe ntituri nka Yezu we wari Imana, ariko twaba we igihe twemeye kumvira ijwi rya Nyagasani ryiranga mu bo yatoye ngo bamukorere.

Umunsi mwiza kuri mwese.

mardi 25 décembre 2007

NOHELI YA NYAGASANI UMWAKA A

UMUNSI MUKURU WA NOHELI UKUBOZA 2007


 

Iz 52,7-10

Hb1,1-6

Yh 1, 1-18

«Imana nisingizwe mu ijuru no munsi abantu ikunda bahorane amahoro». Ngiyo indirimbo abamalayika bateye umwana Yezu amaze kuvuka, igihe Imana yongeraga kuzamura ibendera ryayo ku isi nka mbere y'icumura rya Adamu na Eva. Ivanjiri ya Luka isomwa mu misa yo mu gicuku (Lk 2,1-14) niyo itubwira ko inteko y'abamalayika yungikiranije amajwi ishima ineza Imana yari imaze kugirira abantu yemera kohereza Umwana wayo ngo azabacungure. Ni koko Imana nisingizwe mu ijru kuko izina rya yo ari ritagatifu, ni iriziranenge. Imana nisingizwe mu ijuru kuko yasohoje isezerano ryayo ititaye ku myitwarire yacu. Imana nisingizwe mu ijuru kuko ntako isa, yadukijije ikimwaro twagendanaga kubera ipfunwe ry'icyaha maze, muri Kristu, ituma dusubirana ishema ryo kwitwa abana bayo. Ikuzo ry'Imana tuzi ko ari umuntu muzima, ariko n'ishema rya muntu rikaba kurangamira Imana. Ngiyo mpamvu, indirimbo y'abamalayika ifite icyika cya kabiri: amahoro asagambe ku bantu Imana ikunda. Ni byo, amahoro nasagambe ku bantu bose biringiye Imana kandi bayitezeho amizero. Abo bose ibitabo bitagatifu bitubwira ko bari intungane kandi bategereje ugucungurwa Ku muryango wabo. Abo bose bahora bashakashaka Imana n'umutima utaryarya kandi bayikorera amanywa n'ijoro, baba abayimenyeshwejwe ku buryo butaziguye cyangwa abakurikira umutimanama wabo. Amahoro nasagambe kuko Imana yumvise amasengengesho n'amaganya yabo, none ikaba ije ngo ibifashishe mu gukwiza hose ingoma yayo. Umuhanuzi Izayi yatubwiraga mu isomo rya mbere ngo mbega ngo biraba byiza ibirenge by'intumwa yamamaza inkuru nziza, itangaza hose ko Iman ayacu iganje. Uyu munsi rero wa noheli ni umunsi w'ibyishimo, atari ibishingiye gusa ku ngoma n'izongera ziri bunihire kuri za paruwase, ahubwo kuko ijuru n'isi byiyunze maze Kristu wabyawe na Bikira Mariya, isi igatemba ineza y'Imana.

Gusa rero biroroshye kuzirikana kuri noheli wenda duheze ku masomo matagatifu, iriko bikaba bigoye cyane cyane iyo turebye uko iyi si yacu ubu iteye nyuma y'imyaka irenga ibihumbi bibiri iyo ndirimbo y'ineza itewe n'abamalayika. Isi yo ubanza itararabutswe ko Kristu yaje kuyicungura cyane ko anavuka ibikomerezwa byari bihugiye mu ibarura ngo bamenye umubare w'abo bayobora. Ntibari no kubimenya kuko yavukiye ahantu hadasobanutse mu kirugu nk'amatungo –nanze kuvuga inyamaswa kuko yaba ibaye imvugo nyandagazi-. Naho kandi babimenyeye, siko bose byabashishikaje. Yego abashumba baramwakiriye ndetse n'abami baturutse iyo bigwa baza kumuramya, ariko Herode byaramuvangiye bituma arimbura impinja zose zavutse mu gihe kimwe na Yezu ngo wenda nawe yagendana nabo. Bizi Yozefu wafashe iy'ubuhunzi ajyanye n'umugore wari ukimara kubyara. Ntibyaciriye aho kuko n'ubu inkuru y'ineza y'Imana yakirwa na bamwe, abandi bayihinda. Abaciye bugufi barayakira naho ba Herodi baracyamanitse icumu: icumu ry'urugomo, inabi, ubusambo, ubusinzi, ubusambanyi n'indi migenzereze idahesha Imana ikuzo ngo inatume muntu agira amahoro cyangwa se byibura agahenge. Si ibyo gusa kandi, abana b'iyi si bazi ubwenge kuko noheli bayihinduye business guhera ku nganda zikora cadeaux za noheli kugeza kuri ba bana b'iwacu bacuruza bombo imbere ya kiriziya. Ni byo Imana itunga abayo, ariko se si aho noheli yahindutse icyo gusa impamvu yo kwigusha neza? Abantu, ndavuga cyane ab'ino aha mu burayi, basesagura amafaranga atabarika ngo baragura impano za noheli bazaba bajugunye nyuma gato y'ubunani –ntizinagera muri caguwa ngo abakene bihahire!-. Yego iwacu si cyane dore ko n'ubukene bunuma, ariko burya natwe karimo. Ntituramenya ko inyigisho ya mbere ya noheli ari nyine ubwo busabane butuma Imana yemera kuvukira mu kiraro kugira ngo natwe twige kwicisha bugufi nka yo. Abasoma igitaliyani nababikiye ku mugereka inyandiko yafasha kuzirikana kuri uyu munsi. Mwazamfasha mukazihindura mu rurimi rwacu kuko za programmes zo kuri computer zo guhindura indimi ziratanga traduction igayitse ntabagezaho kuko iri inyuma y'imyumbati.

Kristu mwana wa Mariya, turakwiringiye ngo ivuka ryawe rituvugurure kandi ridutere koko kwishima. Shyira mu mitima yacu bya binezaneza byateye abamalayika guhanika indirimbo y'ibisingizo maze natwe tunihirize tuti: Imana nisingizwe mu ijuru no mu nsi abantu ikinda bahorane amahoro.

dimanche 23 décembre 2007

ICYUMWERU CYA KANE CY’ADIVENTI A

ICYUMWERU CYA KANE CY'ADIVENTI

23 ukuboza 2007 umwaka A


 

Iz 7,10-14

Rom 1,1-7

Mt 1,18-24

Tugeze ku cyumweru cya kane cy'adiventi, harabura umunsi umwe gusa tugahimbaza noheli. Uwaba agishyashyana namubwira iki ariko amenye ko ibirori twabitaniye. Amasomo ya none aribanda ku ngingo y'ukwemera (nk'uko bihora iteka) kuko umuhanuzi aributsa umwami Akazi ko Uhoraho ari we ukwiye kwiringirwa kabone n'iyo ibihe byaba bikomeye gute. Izayi avuga ariya magambo, igihugu cya Isiraheli cyari cyagirijwe impande zose, umwami akibaza niba bitaba byiza gushakisha amaboko ku bihugu bari baturanye yibwirako kwiringira gusa Uhoraho bitari bikimuhagije. Umuhanuzi ati: Imana iguhaye ikimenyetso cy'umwari ugiye gusama inda akazabyara umwana uzitwa Emmanuele, Imana turi kumwe. Niba se Imana turi kumwe ni iki cyadukangaranya? Ivanjiri iratubwira uko Yozefu yabonekewe na malayika mu nzozi akamusaba gutwara Mariya bakabana kuko inda yari atwite yari yarayisamye ku bwa Roho Mutagatifu. Ibyo umuhanuzi Izayi yari yarabwiye Akazi, twemera ko byujurijwe ku buryo nyabwo muri Kristu kandi ko kuba Yezu yaravukiye mu muryango w'abantu kimwe na twe twese, ari uburyo bunoze Imana yakoresheje ngo itwereke ko yifuza koko kubana natwe ngo idufashe kuyimenya bityo tureke itwiyoborere. Ni ibi Pawulo mutagatifu yashimangiraga mu ibarowa yandikiye abaromani. Ivanjiri ya none ariko iragaruka ku nkuru y'ukuntu Yozefu ngo amaze kumenya ko Mariya atwite yifuje kumureka ariko ntamuhe rubanda kuko byari kumuviramo igihano cyo kwicishwa amabuye. Ngo umumalayika yamubonekye mu nzozi amusobanurira umugambi w'Imana. Nta kintu gitungurana mu nkuru ya Yozefu nko kubona umuntu wiringira inzozi cyane cyane mu kibaz gikomeye nka kiriya. Kandi si aha bizarangirira kuko Yozefu azagumya kumvira Imana mu nzozi. Kandi ga burya uwiringira Imana ntamenya gutandukanya inzozi n'ibitari inzozi kuko ineza y'Imana isumba kure ubwenge bwa muntu. None se muribwira ko bizorohera Yozefu gusobanura ko abaye se w'umwana w'Imana, ko yinjiye mu mateka y'umuryango wa Isiraheli. Inyigisho ariko tuzirikana uyu munsi ni ukuntu Yezu yahisemo kuvukira mu muryango ngo atagatifuze imiryango yose, ngo isi ihinduke inturo y'Imana. Noheli ni iki isobanura: Imana turi kumwe, Emmanule. Sinzi niba tumva ukuntu Imana yadukunze byo kwemera kubana natwe. Twe abitegura guhimbaza ineza dukesha noheli, dukomeze kwitegura kwakira Yezu uje atugana. Yoye kuzavukira mu kirugo nk'amatungo kandi twujuje imiturirwa; yose kuzakirwa n'abashumba, ndavuga abarara hanze kubera akazi, abandi twibereye mu iraha iwacu mu nzu; yoye kuzayoboka n'abami bazaturuka iyo bigwa kandi twarahishuriwe aho atuye. Ibyo twakota ni byinshi ngo twakirere Yezu n'ineza imukomokaho. Yozefu atugbere urugero.

Noheli nziza kuri mwese.

    

mardi 18 décembre 2007

ICYUMWERU CYA GATATU CY’ADIVENTI A

ICYUMWERU CYA GATATU CY'ADIVENTI

16 ukuboza 2007 umwaka A


 

Iz 1335,1-6a.8.10

Yak 5,7-10

Mt 11,2-11

Tugeze ku cyumweru cya gatatu cy'adiventi. Hasigaye iminsi mike tuhagimhaza noheli. Amasomo ya none araturarikira kwigiramo ibyishimo kuko Yezu ari we koko ugomba kuducungura. Ibyo turabisanga mu isomo rya mbere aho umuhanuzi Izayi yibutsaga umuryango we ko Imana yenda kubakorera ibitangaza n'ubwo bo basaga n'abihebye. Ati: ubuzima buzashibuka mu butayu, ibimuga bisimbagurike bisabagizwa n'ibishimo, abahumanye basubirane umubaranga, kuko Imana yabitegetse. Ibi ariko bisaba kwitonda no kugeza make ngo nk'uko umuhizi ategereza ubutarambirwa igihe cyo gusarura. Ibarowa ya Yakobo nicyo yatwibutsaga. Mu ivanjiri, Yohani Batisita wari mu buroko yohereje abigishwa be kubaza Yezu niba koko ari we mukiza wagombaga kuza cyangwa niba bagomba gutegereza undi. Yezu ati: nimugende mumubwire ibyo mwiboneye ko ineza n'impuhwe by'Imana byigaragaza. Yezu yasubije abigishwa ba Yohani akoresheje amagambo y'umuhanuzi Izayi dusoma mu isomo rya mbere. Ni uburyo bwo kwereka abamwumvaga ko ibyo akora byinjira mu mugabi w'Imana kabone wenda n'ubwo bitahuzaga nuko abayahudi bari bategereje umukiza. None se ko Yohani yari mu buroko, abaromani bakidegembya mu gihugu Imana yasezeranije abayo, abafarizayi barigize kabutindi, ni gute Yohani yari kumva ko Yezu ari we wari warasezeranijwe amahanga kandi ntacyo akora ngo bamwemere? Haniyongeraho ko Yezu yagendaga aho yishakiye, agasangira n'abanyabyaha, akakira amahabara, bikavangira abari biteze umucunguzi uzaza ukubura imbuga, agahana abanyabyaha kandi akarenganura abari biringiye Uhoraho. Nyamara ukuri ni kuriya: Imana yohereje Yezu, umwana wayo ngo adukure ku ngoyi ya shitani abari bategereje ugucungurwa. Ibi kandi bikagaragarira mu bimenyetso dusanga mu gitabo cy'umuhanuzi Izayi: impumyi zirahumuka, abacumbagira bakasimbuka byishimye, abahumanye bagasubirana uburanga,... nta wundi muhanuzi, nta wundi mukiza, nta wundi mutabazi uzaza atubwira indi nkuru unyuranyije n'iyo Yezu yasubije bariya bigishwa ba Yohani Batistita. Gusa nyine ikibazo cyabajijwe Yezu, ubu nitwe abamwemera tugomba kugisubiza, kuko ni twe twerekana ko Yezu ari umucunguzi wacu koko. Ese koko Yezu niwe wagombaga kuza cyangwa tugomba gutegereza undi mukiza? Igisubizo tugomba kugitanda: wowe mugabo mu rugo, wowe muganga, wowe mucamanza, wowe ushinzwe gucunga ibya rubanda, waba uhamya ko Yezu ari mucunguzi twari dutegere, bityo ukabaho koko ugaragaza ineza imukomokaho. Aho iwawe ntibyabayobeye bakaba bahora bararikiye uwabagoborera undi mucunguzi? Niba udashobora gusubiza iki kibazo, niba wumva utatinyuka guhamya ko Yezu ari mucunguzi wacu, humura Zuba ry'ubutabare araye ari bukurasire, maze azaguhaze ineza ye. Guhamya ko Yezu ari umucunguzi wacu bisobanura ko aho yadushyize ngo tumubere abahamya tugomba kuhahagarara gitwari, na none tutigerezaho nk'aho ari twe Yezu. Turi abahamya n'integuza, ntituri Imana; turi nka Yohani Batisita, ntituri Kristu. Ibi nibyo Yakobo intumwa yatubwiye adusaba kurangwa no kwihangana, tugategereza tutarambirwa nka kurya umuhinzi atereza yitonze imvura ya mbere n'iya nyuma. Gusarura bisaba kudashyuhaguzwa kuko Imana uwo iha iramugenera kandi imuha umuhaza. Duhumure nta n'umwe uzacikanwa. Iminsi isigaye ngo duhimbaze noheli nidufashe kumva ko twacunguwe byo gutuma ntacyo twakwikanga. Yezu Rumuri rw'amahanga azasange twese dukereye kumwakira.

Aragahoraho.

mercredi 12 décembre 2007

Kubungabunga umwimerere w'ururimi rwacu

Iyi nyandiko yasohotse muri kinyamateka yunganira iyo padiri Rutinduka Laurenti yari yanditse muri Kinyamateka n° 1662 Mutarama II 2005. Nyihinduyeho gato bijyanye n'igihe kugira ngo yumvikana maze niba hari uwanyunganira abone aho ahera.

Ururimi ni bimwe mu biranga umuco w'abantu. Ntiruberaho gusa kubafasha kumvikana n'ubwo nabyo atari ikintu gito: ahubwo ruba runabumbatiye ubukungu w'umuco, uburere, amateka n'ibindi bihuza abantu batuye hamwe kandi basangiye amateka. Ururimi rutuma abantu bashyikirana, bakungurana ibitekerezo bityo bagahuza imyumvire kandi bakajijurana.ururimi rurakura rukagenda rwunguka magambo mashya bitewe nuko abarukoresha bagenda bakingura imbibi bagashyikirana n'abandi ndetse bikaba byatuma indimi zisobekeranya. Ibi rero bari aho bitera impungenge, umuntu yavuga ukayoberwa ururimi arimo avuga ndetse bikanakuyobera uko wamusubiza. Ababaye mu mahanga bazi uko bigora kubasha gushyikirana n'abandi utaramenya ururimi rwabo. Si ukumenya magambo gusa kandi kuko bijyana no kwinjira mu mateka ngo hato utavaho ukoresha ijambo ritariryo cyangwa ukariha inyito beneryo batazi. Ibi bireba indimo zose muri rusange. Siniriwe ninjira mu miterere y'indimi: uko zivuka, ibiranga ururimi gakondo, ikibonezamvugo (niba iri jambo ari ryo rigikoreshwa) n'ibindi kuko, usibye ko ntanabizobereyemo,intego yanjye atari iro gusensengura indimi ahubwo kureba uko twabungabunga ikinyarwanda ngo cyoye gutwarwa na aserwakira y'indimo z'amahanga.kuba hari uwavuza impuruza ko ururimo rwacu rwajwemo ntiyaba akabije.

Iki kibazo koko kirahari kandi Padiri Lawurenti si we mbere ubibonye. Amajwi atandukanye ahora asaba ko inzego zibishinzwe zagena urwego wo kubungabunga umwimerere w'ikinyarwanda, hagasyirwaho icyo bita mu gifaransa l'académie de la langue rwandaise. Ntibinyoroheye kubisobanura muri gakondo yacu,ariko igitekerezo kirumvikana. Birumvikana ko ikinyarwanda cyonyine ntaho cyatugeza, ariko niumurage wacu ugaragaza umuco w'ababanyarwanda. Gusa rero, ururimi rurakura kandi rukagenda rwungunga andi magambo uko imico igenda ihura n'indi. Amagambo yakoreshwaga ku ngoma ya Rwabugiri, ubu amwe ntagikoreshwa kuko ibyo yavugaga bitakiriho, andi yahinduye inyito kuko ibyariho icyo gihe ubu byahindiriwe inyito bitewe n'ababikoresha. Muri iki gihe cyacu, hari byinshi bituma indimi zigenda zivanga ndetse zisa n'aho zenda guhinduka ururimi rumwe. Simvuga ko ejo ikinyarwanda n'igishinwa bizabyara ururimi rumwe cyangwa ngo umuhinde navuga umuturage utarakandagiye mu isomero amwumve bimworoheye, ariko ibigaragara ni uko gutsimbara ku rurimi gakondo bifite umwanya uciriritse mu gushaka amaramuko.

Ibimenyetso by'ibihe turimo biratwereka ko abantu basonzeye gushyikirana bitewe n'inyungu zibahuza. Mu mpamvu zitangwa harimo izi zikurikira: iya mbere ni iyo nakwita mu rurimi rw'igifaransa "globalisation". Amahanga cyane cyane ibihugu bikize biragenda byigarurira amasoko y'isi yose, ku buryo ubuhanga n'itumanaho bisa n'ibyakuyeho imipaka y'isi, abayituye bakamera nk'abatuye igihugu kimwe. Ibyo bijyana no kurengwaho kw'imico bwite y'ibihugu, abantu bagahora bagendana n'ibigezweho. Usibye ubukene bugira nabi butuma abaturage bo mu bihugu bikennye bahora bahaha ibyo muri sekeni, ndavuga ibyo abifite baba baretse gukoresha kubera kunguka ibishya, ubundi imyumvire ntaho iba itaniye. Sinibanda ku myambarire, indirimbo n'iburyo bw'itumanaho, kuko niho bigaragara cyane, ariko no mubirebana n'umuco ni kimwe. Ntitubyite ingorane twihariye nk'abanyarwana, kuko ntaho bukikera. Ahubwo iwacu turacyafite uruhenegekero. Ibyo kandi bikara mu bato n'abagashize kuko aribo bakira vuba ibyo amasoko aba abahata: umwangavu w'i Rwanda (niba bicyumvikana uko twabitojwe) azashakisha uko asa n'uwo muri Amarika; ingaragu y'i Parisi yigane iyo mu Budage; umusore n'inkumi bo muri Brésil, baharanire kwigana imyitwarire y'ab'i Roma haba mu myambarire, mu mvugo, mu ngendo no mu mitekerereze. Ab'iwacu siniriwe mvuga. Ibi bizamo no kurindagira, iyo banabikora batazi icyo bisobanura. Ejo umwe muri abo nashingwa imirimo sibwo azahinduka ngo ajye avuga ikinyarwanda cy'umwimerere atigeze mu mabyiruka ye. N'abo banyarwanda bari hanze, iyo bamwe bakubwiye ingorane bahura nazo zo gutoza ikinyarwanda abana babyarirayo urumirwa. Umwana abaza iwabo impamvu bamuhata ururimi rutagira ahandi ruvugwa usibye iwabo mu rugo, ugasanga bitaboroheye kumusobanurira ngo anyurwe cyane ko imirerere y'ubu ishingiye ku burenganzira buseseye bw'umwana: ibyo atemeye, ntabikozwa iyo ababisobanura badafite ingingo zisobanutse cyangwa badahuza na mwarimu we n'ibyo abona kuri televiziyo. Uko dutaka iwacu mu Rwanda ni nako ababyeyi bo mu bindi bihungu, nabo batabariza abana n'abazukuru babo bibaza amasaziro yabo.

Ingingo ya kabiri ni umuco wo kuba nyamwigendaho (individualisme et privatisation): Iyo abantu bibuka uko hambere babagaho, umuntu yarwaza bakamuhekera, yaterwa bakamutabara, bwamiriraho akabona icumbi, ndetse n'umwana yamurwana bwaki akabona umukamira, usanga bagaraza ko imico yahindutse, abantu bakaba barabaye ba nyamwigendaho. Ngo havuga ifaranga, usibye ko naryo rirengana. Intandaro yabaye imwumvire mishya yo kubaho. Umuntu yumva yamenya ibye, agacunga utwo yahashye kandi akaturya atitaye ku maso ya rubanda. Ibyo bigashyigikirwa n'imyumvire mishya y'uburenganzira bwa muntu bwo kwisanzura uko ashoboye akareka gusa kubangamira mugenzi we. Ibi binagera mu ngo no mu miryango kugeza aho abashakanye basa n'abatabana. Imyumvire mishya n'uburenganzira bw'umugabo n'umugore mu rugo, uburyo bwo guhahira urugo, imiterere y'ingo zishingwa ubu aho umwe atura aha undi agatura hariya bitewe no gushaka imibereho n'ibindi. Za nkingi zo gusabana, gufashanya no gutabara ziragenda zihidura isura kugeza aho buri wese yagombye kwimenya. Ntibinatangaza rero iyo muri ubwo burenganzira umwe ahisemo imyitwarire yabera abandi kigusha. Siniriwe mvuga ibyo abenshi twumva kuri radio by'abashyingiranywa bahuje ibitsina (homosexuels/lles). Erega na ya ndwara yateye yo guhohotera abana bato ni uko yadutse! Ubu buryo bushya bwo kubaho sibwo buzatuma umuco usubirana agaciro, ahubwo bihuhura n'uwo twaririragaho.

Ingingo ya gatatu ni icyorezo cyo gushaka gusuhuka (le phénomène de l'émigration): ingaruka ikomeye y'uburyo bushya bw'imicungire y'ubukungu ku isi (globalisation), ni ubukene bukaze mu bihugu byaheze mu nzira y'amajyambere, ku buryo abaturage babyo, cyane cyane urubyiruko, bahora barota bagiye gushaka imibereho hanze. Ibi si umwihariko w'iwacu i Rwanda, aho ikiganiro cy'abato gihora kigusha ku mahirwe abonwa na bake yo kugera mu Burayi cyangwa muri Amerika. Iyo ubajije ubyirotesha niba yumva hari icyo yazahungukira, cyangwa niba azi uko abahageze mbere babaho, ntibimworohera gusubiza, ariko ntibinamuhindurira igitekerezo. Ibihugu bikize nabyo byahagurukiye gufunga imbibi zabyo, ariko ni ay'ubusa, buri musi amagana n'amagana aba yabasatiriye. Iyaba byibura habonekaga uburyo bunoze bwo kugenda, bidasabye guhimba ko umuntu avuye muri Soudan ahunze intambara cyangwa muri Somaliya. Ntibyagira rero uwo bitangaza niba n'ibitekerereze bya bene abo bahora bararikiye kunyaruka bitaberanye n'umuco gakondo. Iwabo bazahaba ari abagenzi kabone n'iyo barinda bahapfira.

Ingingo ya kane ni iyo nakwita sécuralisation et relativisme culturel: umuco niwo ugaragaza uburere bw'umuntu. Umuco kandi ushingira ku ngingo zifatika abatuye hamwe bashingiraho imibereho yabo ku girango barusheho kubaho neza. Muri zo ngingo harimo ukwemera, ububere mbonezabupfura, uburenganzira bwa muntu, ubufatanye n'ibindi. Iki gihe turimo kirangwa ahanini no gushaka kugerageza uburyo bushya bwo kubaho kuko ubumenyerewe busa n'aho buremereye cyangwa se busaba kwigomwa byinshi. Ya mvugo ngo "sigaho udakora amahano", irasa ni iyakuwe ku ntebe, hakimikwa "hari kera". Ay'iburyo n'ay'ibumoso yose arakamwa. Ibyo ubwenge bwanjye butasobanurira ngo nyurwe, ibyo bambwira ngo kuko ari ko byahozeho, ibyo bansaba gukora kuko ariko bitegetswe n'idini cyangwa n'umuco, ntibigishishikaza benshi. Mere nka wa mupadiri w'umusaza bazaniye ibarowa, zimwe zabaga zanditseho CM (courrier missionaire) ngo azayibatangire yanditseho très urgent, agatangara ati: "très urgent ntihagurutsa imodoka, ari ibyo wayijyanira". Ubu buryo bushya rero bw'imitekerereze butera impungenge benshi, cyane cyane iyo bene kubikora bongeyeho ngo "ibyo bikurebaho iki?", "abandi ko babikora, urashakaho iki?", n'andi magambo ameze kimwe n'aya. Si ururimi gusa ruhagwa, ahubwo ni ubumuntu bugenda buhindura isura. Ikibazo si uvanga indimi, niba uzivuga ibyo avuga byumwikana bitaba ibyo ababwirwa bakirwanaho niba ari bo mukeneye. Ikibazo si ukwambara za mukondo out, ahubwo ni ukwandarika amaso. Ikibazo si ugutonora cyangwa gutukuza inzara, ahubwo ni ukubona ko byaguhangayikisha nk'aho ari umutwaro wawe. Iyo bigeze rero mu kwemera cyangwa mu madini, bihumira ku mirari. Mu nkuru ya Ngofero yise "Imana si iyo gukinisha", umwanditsi wayo yagaragazaga ingorane ituruka ku madini menshi. Ukeneye gusenga cyangwa kuyoboka Imana, iyo atagize amahirwe yo kuba yararerewe mu muryango ufite ukwemera gushyitse, biramugora kumenya idini yamukiza iyo ari yo. Sinzi niba New age yari yegera iwacu. Abayizi bazi ko intego yayo ni iyo kworoshya ibintu, ukeneye gusenga akaba yabona uburyo buhuriranye n'imyumvire ye cyangwa n'ingorane zamuzinduye. New age ubu ngo iragenda ihinduka next age, aho bisa na ya mvange yo muri restaurants zo mu cyaro, ndavuga uruvangitirane rw'amadini hafi ya yose ku buryo uhagiye yisanga akanisanzura mu buryo bumunogeye bwo gusenga. Iyo bigeze ku madini makuru: abayahudi, abakristu n'abayisilamu, induru ziravuga ngo ariya madini yigisha ibyo mu gihe cya shize kuko atsimbarara ku mahame ntayegayezwa yo kubaha Imana imwe, kuyikunda no gukunda muntu tubigiriye urwo Imana idukunda. Turasa n'abaguye mu mucuri, ntiye imvugo ya AMI (Association Modetse et Innocent). Nonese mbibarize: imvugo kwiyubaha, ubumanzi, ubusugi, ubudahemuka mwambwira bigisobanura kimwe n'ibyo twigishijwe tukibyiruka? Tekereza ko bikiri mu kinyarwanda! Humura ariko biratworohera kubishyira mu ndimi z'amahanga ngo byumvikane uko tubishaka: faire l'amour, copinage, deuxième bureau,..Ubwo no muzindi ndimi ntakabuza hari amagambo mashya twungutse atatubangamira mu buzima bwacu. Nanjye naguye mu mutego wo kuganzwa n'ururimi rw'amahanga, ni mu gihe kuko amagambo amwe ntibyoroshye kuyabonera ayo bihuye mu kinyarwanda, kandi jyewe simbangukirwa no gucura amagambo.

Nta mwanzuro ntanze kuri iki kibazo, ariko nasaba abumva batarahumana, gukazanya mu gushyigikira ibikorwa biteza imbere umuco wacu. Ibyo byanyuzwa mu biganiro, ibitaramo n'imyidagaduro, maze ibyiza tuvoma ahandi tukabihuza n'ibivumbikisho by'umuco wacu. Ikindi kandi ni umurimo w'abahanga n'abarezi mu nzego zinyuranye. Gushyira ahabona no kwibutsa ababyiruka umuco n'amahame shingiro y'ubuzima ni intego tutagomba gutezukaho. Mu burere n'umuco nta kurere bajeyi, ahubwo ni ugufasha abahuzagurika kumenya icyerekezo cy'ubuzima. Akazi rero karahari kandi karasaba imbaraga z'umubiri n'iza roho.

Kubungabunga umwimerere w'ururimi rwacu

Iyi nyandiko yasohotse muri kinyamateka yunganira iyo padiri Rutinduka Laurenti yari yanditse muri Kinyamateka n° 1662 Mutarama II 2005. Nyihinduyeho gato bijyanye n'igihe kugira ngo yumvikana maze niba hari uwanyunganira abone aho ahera.

Ururimi ni bimwe mu biranga umuco w'abantu. Ntiruberaho gusa kubafasha kumvikana n'ubwo nabyo atari ikintu gito: ahubwo ruba runabumbatiye ubukungu w'umuco, uburere, amateka n'ibindi bihuza abantu batuye hamwe kandi basangiye amateka. Ururimi rutuma abantu bashyikirana, bakungurana ibitekerezo bityo bagahuza imyumvire kandi bakajijurana.ururimi rurakura rukagenda rwunguka magambo mashya bitewe nuko abarukoresha bagenda bakingura imbibi bagashyikirana n'abandi ndetse bikaba byatuma indimi zisobekeranya. Ibi rero bari aho bitera impungenge, umuntu yavuga ukayoberwa ururimi arimo avuga ndetse bikanakuyobera uko wamusubiza. Ababaye mu mahanga bazi uko bigora kubasha gushyikirana n'abandi utaramenya ururimi rwabo. Si ukumenya magambo gusa kandi kuko bijyana no kwinjira mu mateka ngo hato utavaho ukoresha ijambo ritariryo cyangwa ukariha inyito beneryo batazi. Ibi bireba indimo zose muri rusange. Siniriwe ninjira mu miterere y'indimi: uko zivuka, ibiranga ururimi gakondo, ikibonezamvugo (niba iri jambo ari ryo rigikoreshwa) n'ibindi kuko, usibye ko ntanabizobereyemo,intego yanjye atari iro gusensengura indimi ahubwo kureba uko twabungabunga ikinyarwanda ngo cyoye gutwarwa na aserwakira y'indimo z'amahanga.kuba hari uwavuza impuruza ko ururimo rwacu rwajwemo ntiyaba akabije.

Iki kibazo koko kirahari kandi Padiri Lawurenti si we mbere ubibonye. Amajwi atandukanye ahora asaba ko inzego zibishinzwe zagena urwego wo kubungabunga umwimerere w'ikinyarwanda, hagasyirwaho icyo bita mu gifaransa l'académie de la langue rwandaise. Ntibinyoroheye kubisobanura muri gakondo yacu,ariko igitekerezo kirumvikana. Birumvikana ko ikinyarwanda cyonyine ntaho cyatugeza, ariko niumurage wacu ugaragaza umuco w'ababanyarwanda. Gusa rero, ururimi rurakura kandi rukagenda rwungunga andi magambo uko imico igenda ihura n'indi. Amagambo yakoreshwaga ku ngoma ya Rwabugiri, ubu amwe ntagikoreshwa kuko ibyo yavugaga bitakiriho, andi yahinduye inyito kuko ibyariho icyo gihe ubu byahindiriwe inyito bitewe n'ababikoresha. Muri iki gihe cyacu, hari byinshi bituma indimi zigenda zivanga ndetse zisa n'aho zenda guhinduka ururimi rumwe. Simvuga ko ejo ikinyarwanda n'igishinwa bizabyara ururimi rumwe cyangwa ngo umuhinde navuga umuturage utarakandagiye mu isomero amwumve bimworoheye, ariko ibigaragara ni uko gutsimbara ku rurimi gakondo bifite umwanya uciriritse mu gushaka amaramuko.

Ibimenyetso by'ibihe turimo biratwereka ko abantu basonzeye gushyikirana bitewe n'inyungu zibahuza. Mu mpamvu zitangwa harimo izi zikurikira: iya mbere ni iyo nakwita mu rurimi rw'igifaransa "globalisation". Amahanga cyane cyane ibihugu bikize biragenda byigarurira amasoko y'isi yose, ku buryo ubuhanga n'itumanaho bisa n'ibyakuyeho imipaka y'isi, abayituye bakamera nk'abatuye igihugu kimwe. Ibyo bijyana no kurengwaho kw'imico bwite y'ibihugu, abantu bagahora bagendana n'ibigezweho. Usibye ubukene bugira nabi butuma abaturage bo mu bihugu bikennye bahora bahaha ibyo muri sekeni, ndavuga ibyo abifite baba baretse gukoresha kubera kunguka ibishya, ubundi imyumvire ntaho iba itaniye. Sinibanda ku myambarire, indirimbo n'iburyo bw'itumanaho, kuko niho bigaragara cyane, ariko no mubirebana n'umuco ni kimwe. Ntitubyite ingorane twihariye nk'abanyarwana, kuko ntaho bukikera. Ahubwo iwacu turacyafite uruhenegekero. Ibyo kandi bikara mu bato n'abagashize kuko aribo bakira vuba ibyo amasoko aba abahata: umwangavu w'i Rwanda (niba bicyumvikana uko twabitojwe) azashakisha uko asa n'uwo muri Amarika; ingaragu y'i Parisi yigane iyo mu Budage; umusore n'inkumi bo muri Brésil, baharanire kwigana imyitwarire y'ab'i Roma haba mu myambarire, mu mvugo, mu ngendo no mu mitekerereze. Ab'iwacu siniriwe mvuga. Ibi bizamo no kurindagira, iyo banabikora batazi icyo bisobanura. Ejo umwe muri abo nashingwa imirimo sibwo azahinduka ngo ajye avuga ikinyarwanda cy'umwimerere atigeze mu mabyiruka ye. N'abo banyarwanda bari hanze, iyo bamwe bakubwiye ingorane bahura nazo zo gutoza ikinyarwanda abana babyarirayo urumirwa. Umwana abaza iwabo impamvu bamuhata ururimi rutagira ahandi ruvugwa usibye iwabo mu rugo, ugasanga bitaboroheye kumusobanurira ngo anyurwe cyane ko imirerere y'ubu ishingiye ku burenganzira buseseye bw'umwana: ibyo atemeye, ntabikozwa iyo ababisobanura badafite ingingo zisobanutse cyangwa badahuza na mwarimu we n'ibyo abona kuri televiziyo. Uko dutaka iwacu mu Rwanda ni nako ababyeyi bo mu bindi bihungu, nabo batabariza abana n'abazukuru babo bibaza amasaziro yabo.

Ingingo ya kabiri ni umuco wo kuba nyamwigendaho (individualisme et privatisation): Iyo abantu bibuka uko hambere babagaho, umuntu yarwaza bakamuhekera, yaterwa bakamutabara, bwamiriraho akabona icumbi, ndetse n'umwana yamurwana bwaki akabona umukamira, usanga bagaraza ko imico yahindutse, abantu bakaba barabaye ba nyamwigendaho. Ngo havuga ifaranga, usibye ko naryo rirengana. Intandaro yabaye imwumvire mishya yo kubaho. Umuntu yumva yamenya ibye, agacunga utwo yahashye kandi akaturya atitaye ku maso ya rubanda. Ibyo bigashyigikirwa n'imyumvire mishya y'uburenganzira bwa muntu bwo kwisanzura uko ashoboye akareka gusa kubangamira mugenzi we. Ibi binagera mu ngo no mu miryango kugeza aho abashakanye basa n'abatabana. Imyumvire mishya n'uburenganzira bw'umugabo n'umugore mu rugo, uburyo bwo guhahira urugo, imiterere y'ingo zishingwa ubu aho umwe atura aha undi agatura hariya bitewe no gushaka imibereho n'ibindi. Za nkingi zo gusabana, gufashanya no gutabara ziragenda zihidura isura kugeza aho buri wese yagombye kwimenya. Ntibinatangaza rero iyo muri ubwo burenganzira umwe ahisemo imyitwarire yabera abandi kigusha. Siniriwe mvuga ibyo abenshi twumva kuri radio by'abashyingiranywa bahuje ibitsina (homosexuels/lles). Erega na ya ndwara yateye yo guhohotera abana bato ni uko yadutse! Ubu buryo bushya bwo kubaho sibwo buzatuma umuco usubirana agaciro, ahubwo bihuhura n'uwo twaririragaho.

Ingingo ya gatatu ni icyorezo cyo gushaka gusuhuka (le phénomène de l'émigration): ingaruka ikomeye y'uburyo bushya bw'imicungire y'ubukungu ku isi (globalisation), ni ubukene bukaze mu bihugu byaheze mu nzira y'amajyambere, ku buryo abaturage babyo, cyane cyane urubyiruko, bahora barota bagiye gushaka imibereho hanze. Ibi si umwihariko w'iwacu i Rwanda, aho ikiganiro cy'abato gihora kigusha ku mahirwe abonwa na bake yo kugera mu Burayi cyangwa muri Amerika. Iyo ubajije ubyirotesha niba yumva hari icyo yazahungukira, cyangwa niba azi uko abahageze mbere babaho, ntibimworohera gusubiza, ariko ntibinamuhindurira igitekerezo. Ibihugu bikize nabyo byahagurukiye gufunga imbibi zabyo, ariko ni ay'ubusa, buri musi amagana n'amagana aba yabasatiriye. Iyaba byibura habonekaga uburyo bunoze bwo kugenda, bidasabye guhimba ko umuntu avuye muri Soudan ahunze intambara cyangwa muri Somaliya. Ntibyagira rero uwo bitangaza niba n'ibitekerereze bya bene abo bahora bararikiye kunyaruka bitaberanye n'umuco gakondo. Iwabo bazahaba ari abagenzi kabone n'iyo barinda bahapfira.

Ingingo ya kane ni iyo nakwita sécuralisation et relativisme culturel: umuco niwo ugaragaza uburere bw'umuntu. Umuco kandi ushingira ku ngingo zifatika abatuye hamwe bashingiraho imibereho yabo ku girango barusheho kubaho neza. Muri zo ngingo harimo ukwemera, ububere mbonezabupfura, uburenganzira bwa muntu, ubufatanye n'ibindi. Iki gihe turimo kirangwa ahanini no gushaka kugerageza uburyo bushya bwo kubaho kuko ubumenyerewe busa n'aho buremereye cyangwa se busaba kwigomwa byinshi. Ya mvugo ngo "sigaho udakora amahano", irasa ni iyakuwe ku ntebe, hakimikwa "hari kera". Ay'iburyo n'ay'ibumoso yose arakamwa. Ibyo ubwenge bwanjye butasobanurira ngo nyurwe, ibyo bambwira ngo kuko ari ko byahozeho, ibyo bansaba gukora kuko ariko bitegetswe n'idini cyangwa n'umuco, ntibigishishikaza benshi. Mere nka wa mupadiri w'umusaza bazaniye ibarowa, zimwe zabaga zanditseho CM (courrier missionaire) ngo azayibatangire yanditseho très urgent, agatangara ati: "très urgent ntihagurutsa imodoka, ari ibyo wayijyanira". Ubu buryo bushya rero bw'imitekerereze butera impungenge benshi, cyane cyane iyo bene kubikora bongeyeho ngo "ibyo bikurebaho iki?", "abandi ko babikora, urashakaho iki?", n'andi magambo ameze kimwe n'aya. Si ururimi gusa ruhagwa, ahubwo ni ubumuntu bugenda buhindura isura. Ikibazo si uvanga indimi, niba uzivuga ibyo avuga byumwikana bitaba ibyo ababwirwa bakirwanaho niba ari bo mukeneye. Ikibazo si ukwambara za mukondo out, ahubwo ni ukwandarika amaso. Ikibazo si ugutonora cyangwa gutukuza inzara, ahubwo ni ukubona ko byaguhangayikisha nk'aho ari umutwaro wawe. Iyo bigeze rero mu kwemera cyangwa mu madini, bihumira ku mirari. Mu nkuru ya Ngofero yise "Imana si iyo gukinisha", umwanditsi wayo yagaragazaga ingorane ituruka ku madini menshi. Ukeneye gusenga cyangwa kuyoboka Imana, iyo atagize amahirwe yo kuba yararerewe mu muryango ufite ukwemera gushyitse, biramugora kumenya idini yamukiza iyo ari yo. Sinzi niba New age yari yegera iwacu. Abayizi bazi ko intego yayo ni iyo kworoshya ibintu, ukeneye gusenga akaba yabona uburyo buhuriranye n'imyumvire ye cyangwa n'ingorane zamuzinduye. New age ubu ngo iragenda ihinduka next age, aho bisa na ya mvange yo muri restaurants zo mu cyaro, ndavuga uruvangitirane rw'amadini hafi ya yose ku buryo uhagiye yisanga akanisanzura mu buryo bumunogeye bwo gusenga. Iyo bigeze ku madini makuru: abayahudi, abakristu n'abayisilamu, induru ziravuga ngo ariya madini yigisha ibyo mu gihe cya shize kuko atsimbarara ku mahame ntayegayezwa yo kubaha Imana imwe, kuyikunda no gukunda muntu tubigiriye urwo Imana idukunda. Turasa n'abaguye mu mucuri, ntiye imvugo ya AMI (Association Modetse et Innocent). Nonese mbibarize: imvugo kwiyubaha, ubumanzi, ubusugi, ubudahemuka mwambwira bigisobanura kimwe n'ibyo twigishijwe tukibyiruka? Tekereza ko bikiri mu kinyarwanda! Humura ariko biratworohera kubishyira mu ndimi z'amahanga ngo byumvikane uko tubishaka: faire l'amour, copinage, deuxième bureau,..Ubwo no muzindi ndimi ntakabuza hari amagambo mashya twungutse atatubangamira mu buzima bwacu. Nanjye naguye mu mutego wo kuganzwa n'ururimi rw'amahanga, ni mu gihe kuko amagambo amwe ntibyoroshye kuyabonera ayo bihuye mu kinyarwanda, kandi jyewe simbangukirwa no gucura amagambo.

Nta mwanzuro ntanze kuri iki kibazo, ariko nasaba abumva batarahumana, gukazanya mu gushyigikira ibikorwa biteza imbere umuco wacu. Ibyo byanyuzwa mu biganiro, ibitaramo n'imyidagaduro, maze ibyiza tuvoma ahandi tukabihuza n'ibivumbikisho by'umuco wacu. Ikindi kandi ni umurimo w'abahanga n'abarezi mu nzego zinyuranye. Gushyira ahabona no kwibutsa ababyiruka umuco n'amahame shingiro y'ubuzima ni intego tutagomba gutezukaho. Mu burere n'umuco nta kurere bajeyi, ahubwo ni ugufasha abahuzagurika kumenya icyerekezo cy'ubuzima. Akazi rero karahari kandi karasaba imbaraga z'umubiri n'iza roho.


 


 

Papa Yohani Pawulo wa kabiri: umutagatifu!!!


 

Kuwa gatanu taliki ya 13 gicurasi 2005, Papa Benedigito wa XVI yatangaje iteka ritangiza ibijyanye no kwiga ibyo gushyira papa Yohani Pawulo wa II mu rwego rw'abatagatifu. Iyo nkuru yashimishije abari bayitegereje kuko imbaga itabarika yari yabisabye mu gitambo cya missa cyo gushyira Papa Yohani Pawullo wa II haba ku mu magambo bari banditse ku mabendera, ariko cyane cyane mu majwi yungikiranyaga rwa gati mu misa no mugihe bajyanaga umurambo kuwushyingura. Ubusanzwe amategeko ya kiriziya ateganya ko ibyo kwiga ku buzima bw'umukristu ukekwaho ubutagatifu, bitangira nyuma y'imyaka itanu nyirubwite yitabye Imana kandi bigashingira ku ngingo ebyri: fama sanctitatis in vita, in morte, post mortem, aribyo bisobanura kuba yaragaragaje imibereho y'ubutagatifu haba mu buzima bwe, mu mipfire ye na nyuma y'urupfu. Amategeko yashyizweho na papa Benedigito wa XIV avuga ko bareba imyaka icumi ya nyuma y'uwo kiriziya ikehaho ubutagatifu. Papa Yohani Pawulo wa II ntacyo yakinze isi kuko haba mu ngendo yakoze, mu nyadiko yagejeje ku bemera n'abandi bose bafite ubushake bwo kumva Imana, mu mpanuro yagejeje cyane cyane ku bayobozi b'ibihugu byabaga bishyamiranye, mu mahuriro anyuranye y'abakristu, cyane cyane ayabaye mu mwaka wa yubile no mu mahuriro mpuzamahanga y'urubyiruko, hose twiyuviye kandi tubona ikimenyetso cy'intore y'Imana itijanaga mu kugaragaza ukuri kwa Kristu, kwa kundi kuzaduha kwigenga (Yh 12,38). Papa Wojtyla yanatanze ikimenyetso gikomeye atora kandi agashyira mu rwego rw'abahire abantu1338 no mu rwego rw'abatagatifu 482. Ntihaburaga ababikerensa ngo aranyarutsa mu kwinjiza abantu mu ijuru, ariko papa Wojtyla yatumye abantu bamenya ko ineza y'Imana ntaho yagiye. Rwagati mu isi icumba inabi, igihe abantu bacyeka ko inabi yatsinze, ko icyaha kirusha imbaraga ineza n'inema by'Imana, ubwo hari uwashoboraga gukeka ko Imana yatuvanyeho amaboko, abantu batandukanye: abagabo n'abagore, abihaye Imana n'ingaragu, abaminuje n'abiberaho ku buryo buciriritse, batubereye ikimenyetso cyo kutiheba. Iyo ngabire tuyikesha papa Wojtyla wamenya kumvira Roho wa Nyagasani, dore ko ariwe uhamagara kandi akanatagatifuza. Turizera ko na Kiriziya y'iwacu izatinda igahagurukira ibyo kuturebe abahamya b'ivanjiri mu mateka yacu. Komisiyo ishinzwe iyogezabutumwa ry'abalayiki yari yaratangiye uwo murimo kandi ndumva yakomeza kuko biri mu muti watwomora mu nzira y'ubwiyunge. Kuri iyi ngingo yo kurangwa n'impumuro y'ubutagatifu, nta shiti papa Wojtyla izahora itubera urugero ndetse no mu buryo bwo kwiyumanganya mu kababaro no mu burwayi.

Ingingo ya kabiri ni fama signorum et miraculorum, aribyo bisobanura ibimenyetso n'ibitangaza bikorwa biyambaje izina ry'iyo ntumwa y'Imana. Aha naho, abutumwa butabarika bwatangiye kugera mu biro bishinzwe kwiga ibijyanye n'abatagatifu buragaragaza ko papa Wojtyla akwije ibisabwa ngo ibiro bibishinzwe byige iby'imibereho ye.

Papa Benedigito wa XIV abaye umupapa wa kabiri utangije imirimo yo kwiga ibijyanye n'imibereho y'uwo Kiriziya ikekaho kuba umutagatifu nyuma y'igihe gito nyirubwite yitabye Imana. Papa Yohani Pawulo wa II niwe wabimburiye abandi mu kwiga iby'ubuzima bwa Tereza w'i Calcuta . Papa Yohani wa XXIII, ubwo yifuzaga ko biga ubuzima bwa Gregorio Barbarigo, ababishinzwe baramubwiye ngo byose biruzuye ariko ko bagomba gutegereza igihe cyagenywe. Yarababajije ati harya ni nde washyizeho ayo mategeko. Yari papa Urbano wa VIII. Yongeye kubabaza mu mvugo ye yuzuyemo no gusetsa, ati harya jyewe sindi papa? Papa rero afite uburenganzira bwo kuba yasaba ko amategeko amwe ahinduka cyane cyane iyo bigaragaza ikimenyetso cya Roho Mutagatifu.Umunyamabanga w'ibiro bishinzwe ibyo kwiga iby'abatagatifu, Musenyeri Edward Nowak, mu kiganiro yahaye abanyamakuru avuga ku ishyingurwa rya Wojtyla, yavuze ko ari ubwa mbere imbaga y'Imana isaba ko umuntu yashyirwa mu rwego rw'abatagatifu ku buryo bunyarutse. Yavuze ko mu ishyingurwa ry'abapapa Yohani wa XXXIII, Pawulo wa VI na Yohani Pawulo wa I hatagaragaye imbaga ingana n' iyaje gusezera no guherekeza Yohani Pawulo wa II. Si abageze i Roma gusa kuko aho umuntu yabaga ari yashoboye kwishushanya na papa Wojtyla haba mu nsi ye yanyuma haba na nyuma y'urupfu rwe. Musenyeri Nowak yumvaga Papa Benedigito azasaba abasenyeri bazateranira i Roma muri sinodi y'abepiskopi izasoza umwaka witiriwe Ukarisitiya kwihutisha ibyo kwiga iby'ubuzima bwa Papa Wojtyla. Siko byagenze, icyemezo cyaje mbere.

Imana nisingirizwe mu biremwa byayo biyubahisha.

samedi 8 décembre 2007

ICYUMWERU CYA KABIRI CY’ADIVENTI A

ICYUMWERU CYA KABIRI CY'ADIVENTI

09 ukuboza 2007 umwaka A


 

Is 11,1-10

Rom 15,4-9

Mt 3,1-12

Tugeze ku cyumweru cya kabiri cy'adiventi. Abaryoherwa na noheli ubu barangije kuyibarira: aho bazasohokera, icyo bazasohokana, icyo bizatwara n'indi mibare ijyanye n'iminsi mikuru. Iyi mibare ariko hari n'abo ivangira, bakibaza niba bazabana uko bikura mu isoni: mu rugo nta kigenda, nta kazi n'izindi ngorane ntarondora. Ntihabura n'abazahimbaza noheli gutyo ntacyo bikopa igahita nk'uko indi minsi igenda. Abandi tuzayihimbaza wenda ntacyo iduhinduyeho: tuzatumire aba dusanzwe dutumira, abo tutavuga rumwe tubirinde ngo hato batatubihiriza, abazanwa no kuvumba nibiba ngombwa tubimirire kure. Noheli muri make turayitegura kandi nibyo. Gusa rero ni byiza kwibuka ko ari umunsi wo kuvuka kwa Yezu bityo tukaba tugomba kwibaza niba uburyo tuyitegura bijyana n'uko Yezu abishaka. Reka twumve uko amasomo matagatifu abitubwira. Umuhanuzi Izayi ati: nimutegure amayira ya Nyagaasani, muhinduke maze muharanire ubutabera. Izayi aratwibutsa ko mu gihugu cy'Uhoraho, igihe Umwami w'amahoro azaba aganje, nta nabi izongera kubaho kugeza aho ikirura kizasangira n'intama, umwana agakinira ku mwobo w'inzoka ndetse ngo intare akarisha hamwe n'inyana. Ubanza hano ntuye bitazatworohera kuko hari akagani baca ngo aho guturana n'inshuti magara ya GAGLIANO waturana n'inzoka. Ibi kandi si inzozi kuko ubwo Yezu yavukiraga i Betelehemu, abamalayika bahanitse amajwi bati: Imana nisingizwe mu ijuru kandi amahoro aganze mu bantu Imana ikunda bakayikundira. Ntihabura uwambaza aho ayo mahoro yazimiriye ko ku isi nta munsi w'ubusa tutavuga intambara z'amoko yose. Nibyo koko. Turirimba amahoro ku isi mu gihe icyaha kigikomeza kwiharira urubuga: abiba bakabihindura kwitiza cyangwa kwikoreramo, abitwara nabi basenya iz'abandi cyangwa bakurakuza incuke ngo niyo majyambere, abanywa urumogi, abambara ibyo bihimbiye kimwe n'abahitamo kuba ba rukabyamurimbo ngo niyo majyambere. Hagati aho inzara igaca ibintu abandi barunda kurusha ifuku, abapfa babuze imiti bakiyonegra ariko abatunze ibya mirenge barwanira kumenyekana. Amahoro Yezu yatuzaniye si amagambo gusa, yemwe si na ya yandi abaromani bitaga PAX ROMANA bagezeho ku ruhembe rw'umuheto; ni amahoro y'umutima, aya atuma ineza itsinda, umuhoro ukogosha, uruhu rw'urukwavu rukisasira batanu,...amahoro ya Yezu ni ya yandi aharanirwa n'abatitwaza intwaro cyangwa bitabaze indangururamajwi, ni abiringira gusa ineza y'Imana nka wa mukecuru w'i Sarepta wazimaniye umuntu w'Imana agafu yarasigaje ntakagundire maze Imana ikamwitura kutabura ikimuramira. Ng'iyi noheli tugomba kwitegura. Gusa ariko Yohani Batisita aratwibutsa ijambo rikomeye ko uguhinduka kwacu kugomba kujyana n'imbuzo nyazo. Si ukwitwaza ngo turi abana b'Aburahamu (ku bayahundi), cyangwa ikindi twakwiyitirira, ahubwo ni ukugaragaza ko twemera Imana koko. Yego simvuze ko nahindura isi, ariko nahindura imyitwarire yanjye, singusabye guhangana na Irani nka Bush ariko wakemura amakimbirane aguturukaho niba hari ahari; Imana ntigusaba guhuza ibirura n'intama, ahubwo kwirinda kuba ikirura mu ntama; Imana ntiyobewe ko ntaho wikora byo kumara inzaba abashonji b'isi yose, ariko niba hari ibyo ushinzwe gucunga irinde gutubya ifunguro ryaramira abandi. Icyo gihe ngo ntawe uzaba agikora nabi kuko bose bazaba bazi ijambo ry'Uhoraho kandi bakazagendera mu kuri kwe. Ibi ndabishimye kandi ndumva ngiye kugerageza hato noheli itazantungura nkabura icyo murikira Umwana Yezu, bikazasaba kujya guhimba ikirugu n'amaturo adafite shinde na rugero.

  


 

samedi 1 décembre 2007

ICYUMWERU CYA MBERE CY’ADIVENTI A

ICYUMWERU CYA MBERE CY’ADIVENTI
2 ukuboza 2004 umwaka A


Iz 2,1-5
Rom 13,11-14
Mt 24, 37-44
Twatangiye igihe cy’adiventi ariyo minsi idutegurira guhimaza umunsi wa Noheli. Amasomo twumva akomeza kudufasha kuzirikana ibijyanye n’ishira ry’ibihe, amaza ya Kristu, urubanza rw’imperuka...Impamvu nta yindi nuko mu maza ya Kristu yaba ubwa mbere yigira umuntu ( noheli), yaba ubwa kabiri tugitegereje, niho huzurizwa amayobera y’ugucungurwa kwacu. Kristu niwe nzingiro rya byose, kubaho tubereyeho we nibwo buryo bwonyine bwo gusobanukirwa n’irengero ry’ibintu n’ibihe.
Mu ivanjiri ya none, Yezu arahera ku rugero rwa Nowa, akatwereka uburyo tugomba kwitegura umunsi wa Nyagasani. Ngo mbere y’uko Nowa yinjira mu bwato abantu bararyaga, bakanywa, bagahaha kandi bakagurisha, ariko ngo nta warabutswe imyiteguro ya Nowa kugeza igihe umwuzure ubarimburiye bose. Ngo abantu bariri bazaba bakora umurimo umwe, umwe bazamwenda undi asigare. Ntitubyitiranye n’ivangura, ahubwo ni ubutorwe kandi iyo mvugo turayimenyereye. Abakobwa bahamagawe gusanganira umukwe bari icumi, nyamara batanu baje kuba ibipfapfa maze bahezwa hanze; abagaragu bahawe amatelenta bose nyamara umwe yahisemo nabi nawe arabiryozwa; abatumiwe mu bukwe bari babikwiye nyamara banze kuza kubera induruburi zabo bwite, uwacyuje ubukwe bimusaba kujya mu mayirabiri; Yuda yari intumwa, ariko nyuma y’ibyo yakoze, umwanya we wahawe abandi. Ingero dushobora kuzongera ndetse tukazigeza no muri aya magingo yacu. Ariko sicyo cya ngombwa. Pawulo mutagatifu yatubwiye icyo tugomba gukora: Ijoro rirakuze,umunsi ugiye gucya, nitwiyake ibikorwa by’umwijima maze twambare ibikorwa by’urumuri. Tugendane umurava nk’abagenda ku mugaragaro amanywa ava, nta busambo, nta businzi, nta busambanyi, nta biterasoni, nta ntonganya, nta shyari. Icyo gihe hazuzuzwa amagambo y’umuhanuzi Izayi: umusozi w’Imana uzaba ku kanunga witegeye bose maze amahanga azaze awugana. Nyagasani azabakiranura maze amacumu yabo ayakoremo ibihabuzo, naho inkota azicuremo amasuka. Nari ngiye kuba nka Petero intumwa ukunze kubangukirwa n’ibibazo ngo mbaze nti: ibyo bizaba ryari Nyagasani ko wenda ahari twaruhuka? Yezu ati: nimube maso. Iyaba nyir’urugo yamenyaga igihe abajura bazaterera inzu ye … Bizabe se aka wa mugani ngo agapfa kaburiwe ni impongo. Oya! Adiventi idufasha kwibuka ko nta na rimwe tuzatungurwa kandi Emanweli, Imana turi kumwe ariwe uturengera, ariwe uturagiye. Adiventi yagombye kutumara iroro, tukibuka ko twacunguwe maze tukarangwa n’ineza n’inema by’Imana. Erega nta kundi twagombye guhimbaza Noheli atari ugukwiza hose iyo neza y’Imana! Bigomba kuba bitoroshye kuko hirya no hino, induru ziravuga, intambara ziriho kandi zirasa n’izabaye inzira yo gucyemura ibibazo, ubukene buranuma cyane ko n’ibyagatunze bamwe, biherera mu murengwe w’abandi ndetse no muri za gahunda z’intambara, imyitwarire idahwitse yahindutse umuderi, wa mugani wa kinyarwanda wajya wumvikana: umugabo nurya utwe akarya n’utw’abandi. Ni gute se tutatungurwa niba imitima yacu itarangamira ahaganje Imana n’ibyiza byayo? Ni gute tutatungurwa niba tugikora kimwe n’ibyo mu gihe cya Nowa tutanibuka ko umwuzure w’ubukozi bw’ibibi wigeze gutsemba imbaga? Nawe ushake ingero kandi urazibona zigaragaza ko uko muntu yagiye yihangishaho, akarya, akanywa maze agahora muri ibyo, iminsi yagiye imutungura. «Nimukanguke mube maso», ni amagambo y’indirimbo dukunze kuririmba muri adiventi. Nitubere natwe intero muri icyi gihe dutangiye cyo kwitegura Nobeli.
Ineza ya Nyagasani Yezu nibane namwe. Amina

Rechercher dans ce blog

umuryango wa Thomas

umuryango wa Thomas

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel

VSITE PASTORALE

VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribanza

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribaza

visita pastorale

visita pastorale

visite pastorale

visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri

Visite pastorale

Visite pastorale
abana n'abakateshisti

Visite pastorale

Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA

Visite pastorale

Visite pastorale
accueil

ordination dell'abbé Claude Mutabazi

ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe

amafoto

amafoto
ishusho ya Bikira Mariya

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
ubusitani

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini 2008

Corpus Domini 2008
inkongoro

ikirugu

ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano

IKIRUGU

IKIRUGU

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO

URUBYIRUKO

URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

kiriziya ya mut Patero i Roma

kiriziya ya mut Patero i Roma

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA

SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE

SANCTUAIRE DE SAN  AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)

Archives du blog

Powered By Blogger

ikaze

mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,... Imana ibahe umugisha.

ERMO DELLE CARCERI

ERMO DELLE CARCERI
ASSISI

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi

ermo si San Vitaliano

ermo si San Vitaliano

Caserta

Caserta

reggia di Caserta

reggia di Caserta

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere