Kubungabunga umwimerere w'ururimi rwacu
Iyi nyandiko yasohotse muri kinyamateka yunganira iyo padiri Rutinduka Laurenti yari yanditse muri Kinyamateka n° 1662 Mutarama II 2005. Nyihinduyeho gato bijyanye n'igihe kugira ngo yumvikana maze niba hari uwanyunganira abone aho ahera.
Ururimi ni bimwe mu biranga umuco w'abantu. Ntiruberaho gusa kubafasha kumvikana n'ubwo nabyo atari ikintu gito: ahubwo ruba runabumbatiye ubukungu w'umuco, uburere, amateka n'ibindi bihuza abantu batuye hamwe kandi basangiye amateka. Ururimi rutuma abantu bashyikirana, bakungurana ibitekerezo bityo bagahuza imyumvire kandi bakajijurana.ururimi rurakura rukagenda rwunguka magambo mashya bitewe nuko abarukoresha bagenda bakingura imbibi bagashyikirana n'abandi ndetse bikaba byatuma indimi zisobekeranya. Ibi rero bari aho bitera impungenge, umuntu yavuga ukayoberwa ururimi arimo avuga ndetse bikanakuyobera uko wamusubiza. Ababaye mu mahanga bazi uko bigora kubasha gushyikirana n'abandi utaramenya ururimi rwabo. Si ukumenya magambo gusa kandi kuko bijyana no kwinjira mu mateka ngo hato utavaho ukoresha ijambo ritariryo cyangwa ukariha inyito beneryo batazi. Ibi bireba indimo zose muri rusange. Siniriwe ninjira mu miterere y'indimi: uko zivuka, ibiranga ururimi gakondo, ikibonezamvugo (niba iri jambo ari ryo rigikoreshwa) n'ibindi kuko, usibye ko ntanabizobereyemo,intego yanjye atari iro gusensengura indimi ahubwo kureba uko twabungabunga ikinyarwanda ngo cyoye gutwarwa na aserwakira y'indimo z'amahanga.kuba hari uwavuza impuruza ko ururimo rwacu rwajwemo ntiyaba akabije.
Iki kibazo koko kirahari kandi Padiri Lawurenti si we mbere ubibonye. Amajwi atandukanye ahora asaba ko inzego zibishinzwe zagena urwego wo kubungabunga umwimerere w'ikinyarwanda, hagasyirwaho icyo bita mu gifaransa l'académie de la langue rwandaise. Ntibinyoroheye kubisobanura muri gakondo yacu,ariko igitekerezo kirumvikana. Birumvikana ko ikinyarwanda cyonyine ntaho cyatugeza, ariko niumurage wacu ugaragaza umuco w'ababanyarwanda. Gusa rero, ururimi rurakura kandi rukagenda rwungunga andi magambo uko imico igenda ihura n'indi. Amagambo yakoreshwaga ku ngoma ya Rwabugiri, ubu amwe ntagikoreshwa kuko ibyo yavugaga bitakiriho, andi yahinduye inyito kuko ibyariho icyo gihe ubu byahindiriwe inyito bitewe n'ababikoresha. Muri iki gihe cyacu, hari byinshi bituma indimi zigenda zivanga ndetse zisa n'aho zenda guhinduka ururimi rumwe. Simvuga ko ejo ikinyarwanda n'igishinwa bizabyara ururimi rumwe cyangwa ngo umuhinde navuga umuturage utarakandagiye mu isomero amwumve bimworoheye, ariko ibigaragara ni uko gutsimbara ku rurimi gakondo bifite umwanya uciriritse mu gushaka amaramuko.
Ibimenyetso by'ibihe turimo biratwereka ko abantu basonzeye gushyikirana bitewe n'inyungu zibahuza. Mu mpamvu zitangwa harimo izi zikurikira: iya mbere ni iyo nakwita mu rurimi rw'igifaransa "globalisation". Amahanga cyane cyane ibihugu bikize biragenda byigarurira amasoko y'isi yose, ku buryo ubuhanga n'itumanaho bisa n'ibyakuyeho imipaka y'isi, abayituye bakamera nk'abatuye igihugu kimwe. Ibyo bijyana no kurengwaho kw'imico bwite y'ibihugu, abantu bagahora bagendana n'ibigezweho. Usibye ubukene bugira nabi butuma abaturage bo mu bihugu bikennye bahora bahaha ibyo muri sekeni, ndavuga ibyo abifite baba baretse gukoresha kubera kunguka ibishya, ubundi imyumvire ntaho iba itaniye. Sinibanda ku myambarire, indirimbo n'iburyo bw'itumanaho, kuko niho bigaragara cyane, ariko no mubirebana n'umuco ni kimwe. Ntitubyite ingorane twihariye nk'abanyarwana, kuko ntaho bukikera. Ahubwo iwacu turacyafite uruhenegekero. Ibyo kandi bikara mu bato n'abagashize kuko aribo bakira vuba ibyo amasoko aba abahata: umwangavu w'i Rwanda (niba bicyumvikana uko twabitojwe) azashakisha uko asa n'uwo muri Amarika; ingaragu y'i Parisi yigane iyo mu Budage; umusore n'inkumi bo muri Brésil, baharanire kwigana imyitwarire y'ab'i Roma haba mu myambarire, mu mvugo, mu ngendo no mu mitekerereze. Ab'iwacu siniriwe mvuga. Ibi bizamo no kurindagira, iyo banabikora batazi icyo bisobanura. Ejo umwe muri abo nashingwa imirimo sibwo azahinduka ngo ajye avuga ikinyarwanda cy'umwimerere atigeze mu mabyiruka ye. N'abo banyarwanda bari hanze, iyo bamwe bakubwiye ingorane bahura nazo zo gutoza ikinyarwanda abana babyarirayo urumirwa. Umwana abaza iwabo impamvu bamuhata ururimi rutagira ahandi ruvugwa usibye iwabo mu rugo, ugasanga bitaboroheye kumusobanurira ngo anyurwe cyane ko imirerere y'ubu ishingiye ku burenganzira buseseye bw'umwana: ibyo atemeye, ntabikozwa iyo ababisobanura badafite ingingo zisobanutse cyangwa badahuza na mwarimu we n'ibyo abona kuri televiziyo. Uko dutaka iwacu mu Rwanda ni nako ababyeyi bo mu bindi bihungu, nabo batabariza abana n'abazukuru babo bibaza amasaziro yabo.
Ingingo ya kabiri ni umuco wo kuba nyamwigendaho (individualisme et privatisation): Iyo abantu bibuka uko hambere babagaho, umuntu yarwaza bakamuhekera, yaterwa bakamutabara, bwamiriraho akabona icumbi, ndetse n'umwana yamurwana bwaki akabona umukamira, usanga bagaraza ko imico yahindutse, abantu bakaba barabaye ba nyamwigendaho. Ngo havuga ifaranga, usibye ko naryo rirengana. Intandaro yabaye imwumvire mishya yo kubaho. Umuntu yumva yamenya ibye, agacunga utwo yahashye kandi akaturya atitaye ku maso ya rubanda. Ibyo bigashyigikirwa n'imyumvire mishya y'uburenganzira bwa muntu bwo kwisanzura uko ashoboye akareka gusa kubangamira mugenzi we. Ibi binagera mu ngo no mu miryango kugeza aho abashakanye basa n'abatabana. Imyumvire mishya n'uburenganzira bw'umugabo n'umugore mu rugo, uburyo bwo guhahira urugo, imiterere y'ingo zishingwa ubu aho umwe atura aha undi agatura hariya bitewe no gushaka imibereho n'ibindi. Za nkingi zo gusabana, gufashanya no gutabara ziragenda zihidura isura kugeza aho buri wese yagombye kwimenya. Ntibinatangaza rero iyo muri ubwo burenganzira umwe ahisemo imyitwarire yabera abandi kigusha. Siniriwe mvuga ibyo abenshi twumva kuri radio by'abashyingiranywa bahuje ibitsina (homosexuels/lles). Erega na ya ndwara yateye yo guhohotera abana bato ni uko yadutse! Ubu buryo bushya bwo kubaho sibwo buzatuma umuco usubirana agaciro, ahubwo bihuhura n'uwo twaririragaho.
Ingingo ya gatatu ni icyorezo cyo gushaka gusuhuka (le phénomène de l'émigration): ingaruka ikomeye y'uburyo bushya bw'imicungire y'ubukungu ku isi (globalisation), ni ubukene bukaze mu bihugu byaheze mu nzira y'amajyambere, ku buryo abaturage babyo, cyane cyane urubyiruko, bahora barota bagiye gushaka imibereho hanze. Ibi si umwihariko w'iwacu i Rwanda, aho ikiganiro cy'abato gihora kigusha ku mahirwe abonwa na bake yo kugera mu Burayi cyangwa muri Amerika. Iyo ubajije ubyirotesha niba yumva hari icyo yazahungukira, cyangwa niba azi uko abahageze mbere babaho, ntibimworohera gusubiza, ariko ntibinamuhindurira igitekerezo. Ibihugu bikize nabyo byahagurukiye gufunga imbibi zabyo, ariko ni ay'ubusa, buri musi amagana n'amagana aba yabasatiriye. Iyaba byibura habonekaga uburyo bunoze bwo kugenda, bidasabye guhimba ko umuntu avuye muri Soudan ahunze intambara cyangwa muri Somaliya. Ntibyagira rero uwo bitangaza niba n'ibitekerereze bya bene abo bahora bararikiye kunyaruka bitaberanye n'umuco gakondo. Iwabo bazahaba ari abagenzi kabone n'iyo barinda bahapfira.
Ingingo ya kane ni iyo nakwita sécuralisation et relativisme culturel: umuco niwo ugaragaza uburere bw'umuntu. Umuco kandi ushingira ku ngingo zifatika abatuye hamwe bashingiraho imibereho yabo ku girango barusheho kubaho neza. Muri zo ngingo harimo ukwemera, ububere mbonezabupfura, uburenganzira bwa muntu, ubufatanye n'ibindi. Iki gihe turimo kirangwa ahanini no gushaka kugerageza uburyo bushya bwo kubaho kuko ubumenyerewe busa n'aho buremereye cyangwa se busaba kwigomwa byinshi. Ya mvugo ngo "sigaho udakora amahano", irasa ni iyakuwe ku ntebe, hakimikwa "hari kera". Ay'iburyo n'ay'ibumoso yose arakamwa. Ibyo ubwenge bwanjye butasobanurira ngo nyurwe, ibyo bambwira ngo kuko ari ko byahozeho, ibyo bansaba gukora kuko ariko bitegetswe n'idini cyangwa n'umuco, ntibigishishikaza benshi. Mere nka wa mupadiri w'umusaza bazaniye ibarowa, zimwe zabaga zanditseho CM (courrier missionaire) ngo azayibatangire yanditseho très urgent, agatangara ati: "très urgent ntihagurutsa imodoka, ari ibyo wayijyanira". Ubu buryo bushya rero bw'imitekerereze butera impungenge benshi, cyane cyane iyo bene kubikora bongeyeho ngo "ibyo bikurebaho iki?", "abandi ko babikora, urashakaho iki?", n'andi magambo ameze kimwe n'aya. Si ururimi gusa ruhagwa, ahubwo ni ubumuntu bugenda buhindura isura. Ikibazo si uvanga indimi, niba uzivuga ibyo avuga byumwikana bitaba ibyo ababwirwa bakirwanaho niba ari bo mukeneye. Ikibazo si ukwambara za mukondo out, ahubwo ni ukwandarika amaso. Ikibazo si ugutonora cyangwa gutukuza inzara, ahubwo ni ukubona ko byaguhangayikisha nk'aho ari umutwaro wawe. Iyo bigeze rero mu kwemera cyangwa mu madini, bihumira ku mirari. Mu nkuru ya Ngofero yise "Imana si iyo gukinisha", umwanditsi wayo yagaragazaga ingorane ituruka ku madini menshi. Ukeneye gusenga cyangwa kuyoboka Imana, iyo atagize amahirwe yo kuba yararerewe mu muryango ufite ukwemera gushyitse, biramugora kumenya idini yamukiza iyo ari yo. Sinzi niba New age yari yegera iwacu. Abayizi bazi ko intego yayo ni iyo kworoshya ibintu, ukeneye gusenga akaba yabona uburyo buhuriranye n'imyumvire ye cyangwa n'ingorane zamuzinduye. New age ubu ngo iragenda ihinduka next age, aho bisa na ya mvange yo muri restaurants zo mu cyaro, ndavuga uruvangitirane rw'amadini hafi ya yose ku buryo uhagiye yisanga akanisanzura mu buryo bumunogeye bwo gusenga. Iyo bigeze ku madini makuru: abayahudi, abakristu n'abayisilamu, induru ziravuga ngo ariya madini yigisha ibyo mu gihe cya shize kuko atsimbarara ku mahame ntayegayezwa yo kubaha Imana imwe, kuyikunda no gukunda muntu tubigiriye urwo Imana idukunda. Turasa n'abaguye mu mucuri, ntiye imvugo ya AMI (Association Modetse et Innocent). Nonese mbibarize: imvugo kwiyubaha, ubumanzi, ubusugi, ubudahemuka mwambwira bigisobanura kimwe n'ibyo twigishijwe tukibyiruka? Tekereza ko bikiri mu kinyarwanda! Humura ariko biratworohera kubishyira mu ndimi z'amahanga ngo byumvikane uko tubishaka: faire l'amour, copinage, deuxième bureau,..Ubwo no muzindi ndimi ntakabuza hari amagambo mashya twungutse atatubangamira mu buzima bwacu. Nanjye naguye mu mutego wo kuganzwa n'ururimi rw'amahanga, ni mu gihe kuko amagambo amwe ntibyoroshye kuyabonera ayo bihuye mu kinyarwanda, kandi jyewe simbangukirwa no gucura amagambo.
Nta mwanzuro ntanze kuri iki kibazo, ariko nasaba abumva batarahumana, gukazanya mu gushyigikira ibikorwa biteza imbere umuco wacu. Ibyo byanyuzwa mu biganiro, ibitaramo n'imyidagaduro, maze ibyiza tuvoma ahandi tukabihuza n'ibivumbikisho by'umuco wacu. Ikindi kandi ni umurimo w'abahanga n'abarezi mu nzego zinyuranye. Gushyira ahabona no kwibutsa ababyiruka umuco n'amahame shingiro y'ubuzima ni intego tutagomba gutezukaho. Mu burere n'umuco nta kurere bajeyi, ahubwo ni ugufasha abahuzagurika kumenya icyerekezo cy'ubuzima. Akazi rero karahari kandi karasaba imbaraga z'umubiri n'iza roho.
Papa Yohani Pawulo wa kabiri: umutagatifu!!!
Kuwa gatanu taliki ya 13 gicurasi 2005, Papa Benedigito wa XVI yatangaje iteka ritangiza ibijyanye no kwiga ibyo gushyira papa Yohani Pawulo wa II mu rwego rw'abatagatifu. Iyo nkuru yashimishije abari bayitegereje kuko imbaga itabarika yari yabisabye mu gitambo cya missa cyo gushyira Papa Yohani Pawullo wa II haba ku mu magambo bari banditse ku mabendera, ariko cyane cyane mu majwi yungikiranyaga rwa gati mu misa no mugihe bajyanaga umurambo kuwushyingura. Ubusanzwe amategeko ya kiriziya ateganya ko ibyo kwiga ku buzima bw'umukristu ukekwaho ubutagatifu, bitangira nyuma y'imyaka itanu nyirubwite yitabye Imana kandi bigashingira ku ngingo ebyri: fama sanctitatis in vita, in morte, post mortem, aribyo bisobanura kuba yaragaragaje imibereho y'ubutagatifu haba mu buzima bwe, mu mipfire ye na nyuma y'urupfu. Amategeko yashyizweho na papa Benedigito wa XIV avuga ko bareba imyaka icumi ya nyuma y'uwo kiriziya ikehaho ubutagatifu. Papa Yohani Pawulo wa II ntacyo yakinze isi kuko haba mu ngendo yakoze, mu nyadiko yagejeje ku bemera n'abandi bose bafite ubushake bwo kumva Imana, mu mpanuro yagejeje cyane cyane ku bayobozi b'ibihugu byabaga bishyamiranye, mu mahuriro anyuranye y'abakristu, cyane cyane ayabaye mu mwaka wa yubile no mu mahuriro mpuzamahanga y'urubyiruko, hose twiyuviye kandi tubona ikimenyetso cy'intore y'Imana itijanaga mu kugaragaza ukuri kwa Kristu, kwa kundi kuzaduha kwigenga (Yh 12,38). Papa Wojtyla yanatanze ikimenyetso gikomeye atora kandi agashyira mu rwego rw'abahire abantu1338 no mu rwego rw'abatagatifu 482. Ntihaburaga ababikerensa ngo aranyarutsa mu kwinjiza abantu mu ijuru, ariko papa Wojtyla yatumye abantu bamenya ko ineza y'Imana ntaho yagiye. Rwagati mu isi icumba inabi, igihe abantu bacyeka ko inabi yatsinze, ko icyaha kirusha imbaraga ineza n'inema by'Imana, ubwo hari uwashoboraga gukeka ko Imana yatuvanyeho amaboko, abantu batandukanye: abagabo n'abagore, abihaye Imana n'ingaragu, abaminuje n'abiberaho ku buryo buciriritse, batubereye ikimenyetso cyo kutiheba. Iyo ngabire tuyikesha papa Wojtyla wamenya kumvira Roho wa Nyagasani, dore ko ariwe uhamagara kandi akanatagatifuza. Turizera ko na Kiriziya y'iwacu izatinda igahagurukira ibyo kuturebe abahamya b'ivanjiri mu mateka yacu. Komisiyo ishinzwe iyogezabutumwa ry'abalayiki yari yaratangiye uwo murimo kandi ndumva yakomeza kuko biri mu muti watwomora mu nzira y'ubwiyunge. Kuri iyi ngingo yo kurangwa n'impumuro y'ubutagatifu, nta shiti papa Wojtyla izahora itubera urugero ndetse no mu buryo bwo kwiyumanganya mu kababaro no mu burwayi.
Ingingo ya kabiri ni fama signorum et miraculorum, aribyo bisobanura ibimenyetso n'ibitangaza bikorwa biyambaje izina ry'iyo ntumwa y'Imana. Aha naho, abutumwa butabarika bwatangiye kugera mu biro bishinzwe kwiga ibijyanye n'abatagatifu buragaragaza ko papa Wojtyla akwije ibisabwa ngo ibiro bibishinzwe byige iby'imibereho ye.
Papa Benedigito wa XIV abaye umupapa wa kabiri utangije imirimo yo kwiga ibijyanye n'imibereho y'uwo Kiriziya ikekaho kuba umutagatifu nyuma y'igihe gito nyirubwite yitabye Imana. Papa Yohani Pawulo wa II niwe wabimburiye abandi mu kwiga iby'ubuzima bwa Tereza w'i Calcuta . Papa Yohani wa XXIII, ubwo yifuzaga ko biga ubuzima bwa Gregorio Barbarigo, ababishinzwe baramubwiye ngo byose biruzuye ariko ko bagomba gutegereza igihe cyagenywe. Yarababajije ati harya ni nde washyizeho ayo mategeko. Yari papa Urbano wa VIII. Yongeye kubabaza mu mvugo ye yuzuyemo no gusetsa, ati harya jyewe sindi papa? Papa rero afite uburenganzira bwo kuba yasaba ko amategeko amwe ahinduka cyane cyane iyo bigaragaza ikimenyetso cya Roho Mutagatifu.Umunyamabanga w'ibiro bishinzwe ibyo kwiga iby'abatagatifu, Musenyeri Edward Nowak, mu kiganiro yahaye abanyamakuru avuga ku ishyingurwa rya Wojtyla, yavuze ko ari ubwa mbere imbaga y'Imana isaba ko umuntu yashyirwa mu rwego rw'abatagatifu ku buryo bunyarutse. Yavuze ko mu ishyingurwa ry'abapapa Yohani wa XXXIII, Pawulo wa VI na Yohani Pawulo wa I hatagaragaye imbaga ingana n' iyaje gusezera no guherekeza Yohani Pawulo wa II. Si abageze i Roma gusa kuko aho umuntu yabaga ari yashoboye kwishushanya na papa Wojtyla haba mu nsi ye yanyuma haba na nyuma y'urupfu rwe. Musenyeri Nowak yumvaga Papa Benedigito azasaba abasenyeri bazateranira i Roma muri sinodi y'abepiskopi izasoza umwaka witiriwe Ukarisitiya kwihutisha ibyo kwiga iby'ubuzima bwa Papa Wojtyla. Siko byagenze, icyemezo cyaje mbere.
Imana nisingirizwe mu biremwa byayo biyubahisha.