ICYUMWERU CYA 29 MU BYUMWERU BISANZWE
21 ukwakira 2007
Iyim 17,8-13
2 Tim 3,14-4,2
Lk 18,1-8
Ngo umucamanza utaragiraga impuhwe ntanatinye Imana n’abaso y’abantu yagangurujwe n’umupfakazi wahoraga amusaba ko yamurenganura n’uwo baburanaga. Ngo yanze ko yagumya kumubuza uburyo. Uyu mugani Yezu yawuciye agirango yumvishe abamwumvaga akamaro ko gusenga ubutarambirwa. Iyi vanjiri ihuza n’isomo ryo mu gitabo y’Iyimukamisiri aho Musa yasabiraga umuryango we wari ku rugamba. Ngo uko yerekezaga amaboko ejuru, urugamba bararutsindaga. Nyamara ariko ngo yananirwa amaboko akagwa, urugamba bakarutsindwaga. Ngo byageze aho Aroni na Kur bashinga mabuye abiri, iburyo n’ibumoso maze hashyigikira amaboko bya Musa kugeza urugamba rurangiye. Sinzi niba twabyita amayeri, ariko gutakamba ntikwari guhagije kuko kunanirwa si icyaha; biri muri kamere yacu. Gusa kumenya ibanga ryo kungikiranya imbaraga ni bwo bwenge bwacu. Kuba Yezu asaba abamwumvaga gusenga ubutarambirwa ni uko azi ko gusenga ari ikintu k’ingirakamaro mu buzima bw’abemera. Ni bimwe mu by’ibanze umuntu akenera nko kurya, kwambara, kujijuka n’ibindi. Gusa ariko gusenga si ukudondobekaranya amagambo ngo wenda tuvuze menshi Imana yatwumva, si ukwikiza Imana ngo ngaho twarangije urwacu nayo nirebe uko itugenza cyangwa nikore ibiyireba hato tutayivaho, si ukuba imburamikoro ngo abasenga ni abashobewe cyangwa ababuze uburyo,... Gusenga ni ugushyikirana n’Iyaduhanze, tukayiramya, tukayikuza, tugahimbazwa ni uko turiho kandi tubeshejweho nayo. Gusenga ni ukumurikira Imana ibyayo n’abayo kuko twebwe turi abagabuzi n’abarinzi b’ineza yaturagije. Gusenga ni ukwemararira umuryango wose, tugatakamba ngo ineza inganze inabi, ngo dukunde dutsinde nk’uko umuryago wa Isiraheli wabingeje uyobowe na Musa. Ni nabyo Pawulo yibutsaga Tomotewo mu yandi magambo ati: jya utoza, ushishikaze, wigishe igihe n’imburagihe kugirango ujijure abantu mu buhanga bwo kumenya Imana bityo bazagere ku busendere bw’umuntu wuzuye. Ese ubu twe twaba tuzi gusenga? Cyane rwose. None se ntitwize amasengesho yose ubwo twigiraga amasakaramentu!!!! Iki cyaba ari ikisubizo kiri cyo ariko nta kamaro. Amasengesho si imari ihunitse ngo twibwire ko niba twikiriza iyo hari uyateye burya tuba dusenga. Ni uguhozaho tutarambirwa nk’uriya mupfakazi. Kandi ngo Imana ntizarangarana abayo bayitakira amanywa n’injoro. Ariko se niba twibuka kuyambaza za hize, ubwo izaturenganura ite? Kandi ibi ntibireba gusa gusenga. Iwacu mu ngo, iyo hari akabazo akabaye , turabanza tukagerageza kugakemura. Byaba byanze tugahanyanyaza, tugapfunda imintwe, ariko akenshi ntihabura uhita yiyamira ati: ni urwandiko kandi akaje karemerwa. Ubwo ga amaboko akaba araguye tugatsindwa. Umwana mu rugo arigagaza akigira kabutindi. Ababyeyi bakarwaza rimwe, kabiri, gatatu bagera aho bati: ashwi da ni mukuru azimenye. Ababoko akaba araguye, baratsinzwe. Siniriwe mvuga paruwase cyangwa se mu buzima busanzwe. Abemera gutwaza nka Musa si benshi. Ntacyo ariko wenda niyo naba Aroni cyangwa Kuru ngashyigikira amaboko y’abasenga batakamba ngo Imana itwongerere imbaraga. Niyo naba nk’ariya mabuye abiri bategesheje ibiganza bya Musa naba mfite akamaro ko kunganira abandi. Nyamara iyo byanze akenshi dusigara ku mbaraga z’amagambo. Ibyatunaniye tukifuza ko n’abandi batabishobora ngo hato tutahatakariza icyubahiro. Hari n’igihe imabaraga zacu ziherera gusa mu kurebera cyangwa nka ba bandi binjira mu mutsibo bakika gato ngo umutwaro utabageraho ariko bagatangira gutaka ngo bashize. Ubuzima ni umutwaro utareba gusa nyirabwo. Niba tugize umuryango umwe ari wo kiriziya, tugomba no gusagasirana. Abafite impano kurusha abandi bakarushaho kwitanga ariko natwe tukabunganira ngo hato amaboko atananirwa bagacika intege. Iyi ni nayo nteruro ya papa Bnedigito XVI ku munsi w’iyogezabutumwa ku isi: kiriziya zose zifatanye kwita ju isi yose.umuganda wawe n’uwanjye ni ngombwa kandi tutabikoze nta wundi uzadusimbura. Ngo mbese Umwana w’Umuntu nagaruka ku isi, aho azahasanga ukwemera?
Inscription à :
Publier les commentaires (Atom)
Rechercher dans ce blog
umuryango wa Thomas
MUSENYERI N'URUNGANO
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi
VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel
VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI
VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE
visite pastorale
ishuri ribanza
visite pastorale
ishuri ribaza
visita pastorale
visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri
Visite pastorale
abana n'abakateshisti
Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA
Visite pastorale
accueil
ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe
amafoto
ishusho ya Bikira Mariya
amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo
amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba
amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka
amafoto yo mu Rwanda
ubusitani
amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali
amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini 2008
inkongoro
ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano
IKIRUGU
YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)
ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO
URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
kiriziya ya mut Patero i Roma
COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA
ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO
MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA
SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)
BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)
Archives du blog
Qui êtes-vous ?
ikaze
mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,...
Imana ibahe umugisha.
ERMO DELLE CARCERI
ASSISI
abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire