ICYUMWERU CYA 28 MU BYUMWERU BISANZWE
14 ukwakira 2007 umwaka C
2 Bam 5, 4-17
2 Tm 2,8-13
Lk 17,11-19
“Ese ntibakize bose uko ari icumi? Abandi icyenda bari he ko batagarutse ngo bashimire Imana?” Abamenyereye gusoma Ijambo ry’Imana bahise bumva ivanjiri y’iki cyumweru. Ngo igihe Yezu yerekezaga i Yeruzalemu, ababembe icumi baramutakabiye ngo abakize. Ati: nimugende mwiyereke abasaserdoti bakuru bibabere ikimenyetso cyo kugira kwanyu. Igihe bari mu nzira, barakira. Umwe muri bo wari umusamaritani arahindukira ajya gushimira Yezu akuza Imana yamuhaye gukira. Yezu nibwo yamubazaga ati: ese abandi bo ntibakize? Kuki se bo batagarutse guhimira? Wenda iyi vanjiri twakwibiwra ko itwigisha ikinyabupfura cyo kwibuka gushimira. Nabyo ntibyaba ari bibi. Ariko si wo mugambi wa Yezu. Yezu yari agamije kutwereka ko ineza y’Imana itarobanura, baba abayahudi bimbwiraga ko aribo Imana yatoye cyangwa se abanyamahanga. Igitabo cya kabiri cy’Abami kitubwira inkuru y’umugabo Naamani wo muri Siriya wagiye gutakambira Elisha ngo amukize. Nawe yari umunyamahanga kandi hari mu gihe gikomeye mu mateka y’umuryango wa Isiraheli kuko kubera akaga kenshi warimo, bibwiraga ko Imana yabataye bityo bakumva kuyemera bitagishoboka. Umunyamahanga we yaremeye kandi yamamaza ko Uhoraho ari we wenyine ushobora gukiza. Gushimira rero ni intambwe ya mbere iranga umuntu wemera ko Imana ari yo soko yo kubaho kwe. Atari uko Imana iducunga cyangwa iba idutezeho ayo mashimwe. Ahubwo bidufaha kumva agaciro k’ineza idukura mu bubembe bw’’icyaha, ikadushyira mu mucyo w’urukundo rwayo. Aha twakwibuka ko umubembe yahabwaga akato, akaba ukwe ngo adahumanya abandi atari gusa iby’uburwayi bwe, ahubwo n’ibyaha kuko rubanda bamufataga nk’umunyabyaha wahanwe n’Imana. Ubu wenda ububembe twakwibwira ko bwashize, ko nta bantu tugiha akato ngo tubanene cyangwa tubace mu rubuga. Kwaba ari ukwihuta mu magambo. None se iyo hari abo turyanira inzara, abo twahinduye ba ruharwa mu ngeri zitandukanye, abo ducira urwa Pilato, ntituba tubashinja ububembe, tukaboneraho kubaca no kubanene cyangwa kubanegura. Natwe kandi dushobora kwiha akato iyo twibwira ko turi ibyibone, intyoza, ba nyiramwiza maze aho rubanda rwa giseseka ruteraniye tukahirinda ngo tudahumana. Tutabonye Yezu ngo adukoreho ryake cyangwa ngo avuge ijambo rimwe gusa dukire, ubanza twaguma mu nduruburi zacu, bityo tukazarundukirako. Ubwo kandi tukibuka no gushimira ko Imana yaduhaye kubaho, tudategereje gusa igihe hazaba habaye ikintu cy’akataraboneka. Erega burya igitangaza si ikintu kidasanzwe gusa; igitangaza ni igikorwa cyose kidukangura tukava mu iroro ryo guhora dutombereje gusa, ntutibuka kureba icyerekezo cy’ubuzima. Mu gifaransa navuga rompere la routine. Yego ntitube nka musazi wambaye amashara bamubaza impamvu ati: erega isi bayikanga agashya. Agashya si amashara, ahubwo ni ijambo rya Yezu ridusubiza agaciro maze tukumva ntawatuveba cyangwa ngo natwe tugire uwo tugendaho. Igitangaza ni igikorwa cyose gituma tubona ko mu ruherereka rw’ibihita, Imana iduha uburyo bwo gutangarira ineza yayo. Mutagatifu Fransisiko wa Asize niwe wageze n’aho guhimba igisingo cy’Imana kubera ibyiza yaremye kugeza naho arata Imana kubera urupfu. No mubyo twakeka ko ari bibi nk’ibibembe, ineza y’Imana ituma tubonamo ibitangaza by’urukundo itugirira. Umunyamahanga ngo yagarutse gushimira. Ariko se abandi babujijwe ni iki? wenda bahisemo kumvira Yezu bajya kuyereka abasaserdoti. Abo niba twebwe iyo twibwira ko ukwemera gushirira gusa mu mihango: kujya mu missa, gutanga ituro, kuvuga za Rozari,... Ibi ni byiza kandi ni ingirakamaro ariko niba bidatuma tukaruka gushimira Uwadukijije, tuba tuyoba rwose. Ikindi niyo twibwira ko bihagije gutaka ngo Nyagasani tubabarire, twaba dukiranutse ni icyatunihishaga, tukibwirako n’Imana ikeneye ikiruhuko. Tugaterera agati mu ryinyo. Ubuzima bw’uwemera ni ugushimira; ni ugukuza Imana, tubaka indahemuka mu gukurikiza amategeko yayo nk’uko Pawulo mutagatifu yabyandikiraga umwigishwa we Timotewo.
Inscription à :
Publier les commentaires (Atom)
Rechercher dans ce blog
umuryango wa Thomas
MUSENYERI N'URUNGANO
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi
VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel
VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI
VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE
visite pastorale
ishuri ribanza
visite pastorale
ishuri ribaza
visita pastorale
visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri
Visite pastorale
abana n'abakateshisti
Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA
Visite pastorale
accueil
ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe
amafoto
ishusho ya Bikira Mariya
amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo
amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba
amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka
amafoto yo mu Rwanda
ubusitani
amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali
amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini 2008
inkongoro
ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano
IKIRUGU
YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)
ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO
URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
kiriziya ya mut Patero i Roma
COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA
ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO
MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA
SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)
BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)
Archives du blog
Qui êtes-vous ?
ikaze
mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,...
Imana ibahe umugisha.
ERMO DELLE CARCERI
ASSISI
abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi
1 commentaire:
Amiable fill someone in on and this enter helped me alot in my college assignement. Gratefulness you on your information.
Enregistrer un commentaire