mercredi 31 octobre 2007

UMUNSI W’ABATAGATIFU BOSE C

UMUNSI W’ABATAGATIFU BOSE
01ugushyingo 2007 umwaka A

Hish 7,2-4.9-14
1Yh 3,1-3
Mt 5,1-12
“Dusingize ubutwari bwa benewacu, Yezu bahowe bose yarabagororeye”. Aya magambo y’indirimbo y’abahowe Imana b’i Buganda niyo iri budufashe guhimbaza umunsi w’abatagatifu bose. Ngo ni imbaga itabarika y’abantu baturutse imihanda yose bakikije Ntama, bafite imikindo mu ntoki kandi bahanikira hamwe ibisingizo by’Imana mu ndirirmbo ya ALELUYA. Ikibatandukanya na rubanda rundi ngo nuko bameshe imyenda yabo bakayezereza mu maraso ya Ntama. Nguko uko imvugo y’incamarenga ya Yohani itwinjiza mu munsi mukuru wa bakuru bacu bashyikiriye ihirwe ry’ijuru. Kuba barabigezeho si ikindi nuko babaye abahamya b’ivanjiri mu bantu kandi ingingo-ntima zayo turazisanga mu ivanjiri ya none ariyo ivanjiri y’abahire. Hahirwa abakene ku mutima, abiyoroshya, abatera amahoro, abasonzeye ubutungane...abashishikazwa nuko Imana yamenyekana bityo n’abayo bakadendeza mu mahoro, atari abantu gusa ahubwo n’ibiremwa byose. Ndi bwirinde gutinda ku mubare 144.000 cyangwa se ibindi bibazo bijyanye n’inyigisho y’andi madini, uwaba yemera ibyo yigisha, turi buhurire ku ngingo ngirango mbasangize: kuba umutagatifu uyu munsi birashoboka? Aho ababayeho mbere ntibatomboye bo batabonye uru Rwanda cyangwa iyi si? Ku itariki ya 29 ukwakira2004, i Roma mu Butaliyani, abahagarariye ibihungu by’Uburayi bashyize umukono ku itegeko nshinga rishya rihuza Uburayi bwose. Mbere ariko habaye impaka zitoroshye. Papa kimwe n’abakristu muri rusange bari bifuje ko hashyirwamo ko Uburayi bwubatswe ku bishyitsi by’Ivanjiri. Ntabwo Papa yagirango ahembeshe ko Kiriziya hari icyo yakoze k’igitangaza, cyane ko hari n’ibyo yononnye nk’intambara zo kubohoza Yeluzaremu (croisades); Papa yabonaga aho icyo Uburayi,Ubufaransa cyane cyane n’Ubuhorandi, bwita laïcité gishobora kugusha abantu. Bwarakeye biraba da! Ubu ikigezweho nuko Leta zose z’Uburayi cyangwa iyo Burayi nshya (ntavaho mvuga icyo Kirayi) igamije guha abayituye cyane cyane abenegihugu babo uburyo buhagije bwo kubaho no kwishima (Produire beaucoup de plaisir en qualité et en quantité et réduire au maximum la souffrance). Umuntu akarya akikura, akishimisha uko yaraye ibirose, yashaka akabyara cyangwa undi akaba yamubyarira, akaba yabyara atinze ngo bitamubuza kwibeshaho akiri muto kabone niyo yaba ageze mu zabukuru ; imbwa ye ikitabwaho uko abishaka kandi yaramuka , niba ari umuhungu ashegeye undi muhungu bakabana bitanaretse ko bakora ishyirahamwe hagati y’abashaka kubana baba bahuje ibitsina cyangwa badahuje. Ubwo banagena igihe uwo mubano wamara. Kandi hagira utwita akaba yayikuramo cyangwa yamenya ko uwo atwite azavukana ubusembwa bakamurinda kuvuka cyane ko aba ataragira ububasha bwo kwivugira ndetse atazanabugira niba azavukana ubwo bumuga. Ndetse n’uwo ubwo burwayi bwagwirira, bakaba bamufasha guhita atandavuye ndetse atanduranyije cyane ko atanabona uwo arushya. Ubwo kandi bagomba kwimira ku buryo bwose uwababuza kubaho neza ndetse n’uwo bakeka ko yazabirota bakaba bamutanga bakamubuza uburyo bwo kuzabirota. Ngibyo muri make ibitekerezo birimo bitutumba muri demokarasi turirira ndetse muri “paradis terrestre” ab’iwacu tujya turirira. None se bana b’Imana, kuba umuhire biracyasaba kurindira kuzajya mu ijuru? Ubu se birakwiye guta igihe tumesa amakanzu yacu ngo ngaho azerera mu maraso ya Ntama ? Karabaye kuko isi yaraginje kugenda umucuri aka Lawuriyani na AMI. Mu Butaliyani b’epfo muzi ko bakataje muri MAFIA, hari umugabo wari uyisaziyemo uherutse kwivuganwa n’abashinzwe umutekano. Mu minsi ikurikiyeho habaye umupira wa ruhago maze mbere yawo basaba abari bawitabiriye, guhaguruka gato bakibuka iyo ntwari. Ngo nyuma umuhagarikizi w’umukino baramuhagariste kuko yemeye ko biba. Yararenganye kuko ibitekerezo by’abatuye aho nibyo byagombagwa guhagarikwa. Natinze ku Burayi kubera impamvu ebyiri: iya mbere nuko ariho twibwira ko twavoma amajyambere. Iya kabiri nuko agahwa kari k’uwundi gahandurika. Abatagatifu ni abahamya b’ubuzima bushingiye ku kuri, ubutabera, impuhwe, ineza, amahoro, kwigomwan’indi migenzo dusanga muri iriya vanjiri y’igingo ntera hirwe. Iyo nzira ni nyabagendwa nubwo itabuzemo amahwa ya Sekibi. Bibiliya yibutsa iteka ko icy’ingezi ari uguhitamo. Inzira ni ebyiri kandi ntaho zizahurira: uhitamo ubugingo ukabaho, wahitamo urupfu ugasoma … Aka Pascal, dushobora gutinda guhitamo cyangwa tugahitamo nabi, bikazaba aritwe bigaruka. Umunsi w’abatagatifu bose nutubere natwe, intandaro yo kuvugurura ubuzima bwacu. Duhagarare gato turebe icyerekezo cy’ibihe hato tutazaherera mu kujyendana n’ibigezweho, ndavuga inkubiri y’ibitekerezo, maze ubuzima bwacu tukazayoberwa impamvu twabuhawe. Ivangiri ya Matayo iratsindagira ku ijambo amahirwe kandi ni nacyo turota ndetse muntu yamye arota, guhera mu ntangiriro ( umunara wa Babeli). Uyu munsi Yezu aratubirwa ko tutagomba kurarikira kuba nk’Imana, ahubwo ko twahawe ubushobozi bwo kubigeraho. Ni nabyo Yohani atwibutsa ati ubu turi abana b’Imana. Duharanire rero kuguma kuri iryo shema kandi tunabitoze abandi duhereye kubo Imana yaduhaye.
Nyagasani Yezu nabane namwe.

lundi 29 octobre 2007

ICYUMERU CYA30 MU BYUMWERU BISANZWE C

ICYUMERU CYA30 MU BYUMWERU BISANZWE
28 ukwakira 2007

Sir 35,15b-17.20-22a
2 Tim 4,6-8
Lk 18,9-14
Abagabo bariri bagiye mu Ngoro gusenga, umwe yari umufarizayi undi ari umusoresha. Umwe aremarara ati: ndagushimra Nyagasani kuko ntari nka bariya bose b’abanyabyaha. Nkurikiza mategeko kandi ngatanga ituro. Undi ntiyatinyuka no kubura amaso, akikomanga mu gituza ati: ngirira imbabaza Nyagasani kuko ndi umuntu w’umunyabyaha. Ngo uwiyitanga intungane yatahiye aho naho umunyabyaba aronka imbabazi. Iri somo rirenze kumvikana. None se ko nyine umufarizayi yari intungane hari ikindi Imana yari kumumarira? Umusoresha we yamenye uko ari maze asaba Imana ko imugirira imbabazi. Wenda umufarizayi yavugaga ukuri, ariko ntacyo byamumariye kujya kwipima n’abandi imbere y’Imana. Umwanditsi w’igitabo cya Mwene Siraki atwibutsa ko Imana itareba igihagararo kandi idapfobya isengesho ry’uyitakira. Aha twakwibuka ko ku cyuweru gishize Yezu yadusabaga gusenga ubutarambirwa. Uyu munsi rero aratwigisha ko gusenga nyakwo atari ukujya kuratira Imana ko tutameze nk’abandi. Niyo ya mbere ibizi kuko niyo yaturemye. Kuyibwira ko turusha abandi kwigira intungane, usibye kwibeshyera, nta kindi bitwungura. Iyo tugeze n’aho tuvuga ngo ntinturi nk’abandi ho tuba twarengereye cyane. Ubwo se ko Iyakaremye ari yo ikamena, tuba dushingiye kuki ngo twemeze ko tutameze nk’abandi? Ubundi turinda twivuna tujya mu Ngoro cyangwa mu Kiriziya tujyanwe no kwivuga ibigwi, twahiniye bugufi tukabyamamaza wenda mu binyamakuru ko ari bwo twamenyekana vuba. Nta nyungu rero kuba umufarizayi mu isenegsho. Wenda twakabaye we mu bikorwa: koko tugasiba kurya, ntitwanduranye, ngo twibe dusambane, dupfe nabi kandi tukitangira ibikorwa by’ineza n’ubutabera. Maze twagera imbere y’Imana tukibuka ko ntacyo dutunze tutahawe, aho kwikuza, tugacisha make, tugapfukama tukayitakambira ngo itugirire imbabazi. Tukaba umusoresha aari imari dushyira abaromani, ahubwo tugasaba Imana ko idusanasana. Ubwo ga ngo birenge ni wowe ubwira. Yezu ntashaka kutubuza kujya mu Ngoro, gusa agambiriye kuturinda ko twahajyanwa n’ubusa. Niwe utwakira, kugendera ku mabwiriza ye ni ukwizigamira.

lundi 22 octobre 2007

ICYUMWERU CYA 29 MU BYUMWERU BISANZWE C

ICYUMWERU CYA 29 MU BYUMWERU BISANZWE
21 ukwakira 2007


Iyim 17,8-13
2 Tim 3,14-4,2
Lk 18,1-8
Ngo umucamanza utaragiraga impuhwe ntanatinye Imana n’abaso y’abantu yagangurujwe n’umupfakazi wahoraga amusaba ko yamurenganura n’uwo baburanaga. Ngo yanze ko yagumya kumubuza uburyo. Uyu mugani Yezu yawuciye agirango yumvishe abamwumvaga akamaro ko gusenga ubutarambirwa. Iyi vanjiri ihuza n’isomo ryo mu gitabo y’Iyimukamisiri aho Musa yasabiraga umuryango we wari ku rugamba. Ngo uko yerekezaga amaboko ejuru, urugamba bararutsindaga. Nyamara ariko ngo yananirwa amaboko akagwa, urugamba bakarutsindwaga. Ngo byageze aho Aroni na Kur bashinga mabuye abiri, iburyo n’ibumoso maze hashyigikira amaboko bya Musa kugeza urugamba rurangiye. Sinzi niba twabyita amayeri, ariko gutakamba ntikwari guhagije kuko kunanirwa si icyaha; biri muri kamere yacu. Gusa kumenya ibanga ryo kungikiranya imbaraga ni bwo bwenge bwacu. Kuba Yezu asaba abamwumvaga gusenga ubutarambirwa ni uko azi ko gusenga ari ikintu k’ingirakamaro mu buzima bw’abemera. Ni bimwe mu by’ibanze umuntu akenera nko kurya, kwambara, kujijuka n’ibindi. Gusa ariko gusenga si ukudondobekaranya amagambo ngo wenda tuvuze menshi Imana yatwumva, si ukwikiza Imana ngo ngaho twarangije urwacu nayo nirebe uko itugenza cyangwa nikore ibiyireba hato tutayivaho, si ukuba imburamikoro ngo abasenga ni abashobewe cyangwa ababuze uburyo,... Gusenga ni ugushyikirana n’Iyaduhanze, tukayiramya, tukayikuza, tugahimbazwa ni uko turiho kandi tubeshejweho nayo. Gusenga ni ukumurikira Imana ibyayo n’abayo kuko twebwe turi abagabuzi n’abarinzi b’ineza yaturagije. Gusenga ni ukwemararira umuryango wose, tugatakamba ngo ineza inganze inabi, ngo dukunde dutsinde nk’uko umuryago wa Isiraheli wabingeje uyobowe na Musa. Ni nabyo Pawulo yibutsaga Tomotewo mu yandi magambo ati: jya utoza, ushishikaze, wigishe igihe n’imburagihe kugirango ujijure abantu mu buhanga bwo kumenya Imana bityo bazagere ku busendere bw’umuntu wuzuye. Ese ubu twe twaba tuzi gusenga? Cyane rwose. None se ntitwize amasengesho yose ubwo twigiraga amasakaramentu!!!! Iki cyaba ari ikisubizo kiri cyo ariko nta kamaro. Amasengesho si imari ihunitse ngo twibwire ko niba twikiriza iyo hari uyateye burya tuba dusenga. Ni uguhozaho tutarambirwa nk’uriya mupfakazi. Kandi ngo Imana ntizarangarana abayo bayitakira amanywa n’injoro. Ariko se niba twibuka kuyambaza za hize, ubwo izaturenganura ite? Kandi ibi ntibireba gusa gusenga. Iwacu mu ngo, iyo hari akabazo akabaye , turabanza tukagerageza kugakemura. Byaba byanze tugahanyanyaza, tugapfunda imintwe, ariko akenshi ntihabura uhita yiyamira ati: ni urwandiko kandi akaje karemerwa. Ubwo ga amaboko akaba araguye tugatsindwa. Umwana mu rugo arigagaza akigira kabutindi. Ababyeyi bakarwaza rimwe, kabiri, gatatu bagera aho bati: ashwi da ni mukuru azimenye. Ababoko akaba araguye, baratsinzwe. Siniriwe mvuga paruwase cyangwa se mu buzima busanzwe. Abemera gutwaza nka Musa si benshi. Ntacyo ariko wenda niyo naba Aroni cyangwa Kuru ngashyigikira amaboko y’abasenga batakamba ngo Imana itwongerere imbaraga. Niyo naba nk’ariya mabuye abiri bategesheje ibiganza bya Musa naba mfite akamaro ko kunganira abandi. Nyamara iyo byanze akenshi dusigara ku mbaraga z’amagambo. Ibyatunaniye tukifuza ko n’abandi batabishobora ngo hato tutahatakariza icyubahiro. Hari n’igihe imabaraga zacu ziherera gusa mu kurebera cyangwa nka ba bandi binjira mu mutsibo bakika gato ngo umutwaro utabageraho ariko bagatangira gutaka ngo bashize. Ubuzima ni umutwaro utareba gusa nyirabwo. Niba tugize umuryango umwe ari wo kiriziya, tugomba no gusagasirana. Abafite impano kurusha abandi bakarushaho kwitanga ariko natwe tukabunganira ngo hato amaboko atananirwa bagacika intege. Iyi ni nayo nteruro ya papa Bnedigito XVI ku munsi w’iyogezabutumwa ku isi: kiriziya zose zifatanye kwita ju isi yose.umuganda wawe n’uwanjye ni ngombwa kandi tutabikoze nta wundi uzadusimbura. Ngo mbese Umwana w’Umuntu nagaruka ku isi, aho azahasanga ukwemera?

dimanche 14 octobre 2007

ICYUMWERU CYA 28 MU BYUMWERU BISANZWE C

ICYUMWERU CYA 28 MU BYUMWERU BISANZWE
14 ukwakira 2007 umwaka C

2 Bam 5, 4-17
2 Tm 2,8-13
Lk 17,11-19
“Ese ntibakize bose uko ari icumi? Abandi icyenda bari he ko batagarutse ngo bashimire Imana?” Abamenyereye gusoma Ijambo ry’Imana bahise bumva ivanjiri y’iki cyumweru. Ngo igihe Yezu yerekezaga i Yeruzalemu, ababembe icumi baramutakabiye ngo abakize. Ati: nimugende mwiyereke abasaserdoti bakuru bibabere ikimenyetso cyo kugira kwanyu. Igihe bari mu nzira, barakira. Umwe muri bo wari umusamaritani arahindukira ajya gushimira Yezu akuza Imana yamuhaye gukira. Yezu nibwo yamubazaga ati: ese abandi bo ntibakize? Kuki se bo batagarutse guhimira? Wenda iyi vanjiri twakwibiwra ko itwigisha ikinyabupfura cyo kwibuka gushimira. Nabyo ntibyaba ari bibi. Ariko si wo mugambi wa Yezu. Yezu yari agamije kutwereka ko ineza y’Imana itarobanura, baba abayahudi bimbwiraga ko aribo Imana yatoye cyangwa se abanyamahanga. Igitabo cya kabiri cy’Abami kitubwira inkuru y’umugabo Naamani wo muri Siriya wagiye gutakambira Elisha ngo amukize. Nawe yari umunyamahanga kandi hari mu gihe gikomeye mu mateka y’umuryango wa Isiraheli kuko kubera akaga kenshi warimo, bibwiraga ko Imana yabataye bityo bakumva kuyemera bitagishoboka. Umunyamahanga we yaremeye kandi yamamaza ko Uhoraho ari we wenyine ushobora gukiza. Gushimira rero ni intambwe ya mbere iranga umuntu wemera ko Imana ari yo soko yo kubaho kwe. Atari uko Imana iducunga cyangwa iba idutezeho ayo mashimwe. Ahubwo bidufaha kumva agaciro k’ineza idukura mu bubembe bw’’icyaha, ikadushyira mu mucyo w’urukundo rwayo. Aha twakwibuka ko umubembe yahabwaga akato, akaba ukwe ngo adahumanya abandi atari gusa iby’uburwayi bwe, ahubwo n’ibyaha kuko rubanda bamufataga nk’umunyabyaha wahanwe n’Imana. Ubu wenda ububembe twakwibwira ko bwashize, ko nta bantu tugiha akato ngo tubanene cyangwa tubace mu rubuga. Kwaba ari ukwihuta mu magambo. None se iyo hari abo turyanira inzara, abo twahinduye ba ruharwa mu ngeri zitandukanye, abo ducira urwa Pilato, ntituba tubashinja ububembe, tukaboneraho kubaca no kubanene cyangwa kubanegura. Natwe kandi dushobora kwiha akato iyo twibwira ko turi ibyibone, intyoza, ba nyiramwiza maze aho rubanda rwa giseseka ruteraniye tukahirinda ngo tudahumana. Tutabonye Yezu ngo adukoreho ryake cyangwa ngo avuge ijambo rimwe gusa dukire, ubanza twaguma mu nduruburi zacu, bityo tukazarundukirako. Ubwo kandi tukibuka no gushimira ko Imana yaduhaye kubaho, tudategereje gusa igihe hazaba habaye ikintu cy’akataraboneka. Erega burya igitangaza si ikintu kidasanzwe gusa; igitangaza ni igikorwa cyose kidukangura tukava mu iroro ryo guhora dutombereje gusa, ntutibuka kureba icyerekezo cy’ubuzima. Mu gifaransa navuga rompere la routine. Yego ntitube nka musazi wambaye amashara bamubaza impamvu ati: erega isi bayikanga agashya. Agashya si amashara, ahubwo ni ijambo rya Yezu ridusubiza agaciro maze tukumva ntawatuveba cyangwa ngo natwe tugire uwo tugendaho. Igitangaza ni igikorwa cyose gituma tubona ko mu ruherereka rw’ibihita, Imana iduha uburyo bwo gutangarira ineza yayo. Mutagatifu Fransisiko wa Asize niwe wageze n’aho guhimba igisingo cy’Imana kubera ibyiza yaremye kugeza naho arata Imana kubera urupfu. No mubyo twakeka ko ari bibi nk’ibibembe, ineza y’Imana ituma tubonamo ibitangaza by’urukundo itugirira. Umunyamahanga ngo yagarutse gushimira. Ariko se abandi babujijwe ni iki? wenda bahisemo kumvira Yezu bajya kuyereka abasaserdoti. Abo niba twebwe iyo twibwira ko ukwemera gushirira gusa mu mihango: kujya mu missa, gutanga ituro, kuvuga za Rozari,... Ibi ni byiza kandi ni ingirakamaro ariko niba bidatuma tukaruka gushimira Uwadukijije, tuba tuyoba rwose. Ikindi niyo twibwira ko bihagije gutaka ngo Nyagasani tubabarire, twaba dukiranutse ni icyatunihishaga, tukibwirako n’Imana ikeneye ikiruhuko. Tugaterera agati mu ryinyo. Ubuzima bw’uwemera ni ugushimira; ni ugukuza Imana, tubaka indahemuka mu gukurikiza amategeko yayo nk’uko Pawulo mutagatifu yabyandikiraga umwigishwa we Timotewo.

lundi 8 octobre 2007

ICYUMWERU CYA 27 MU BYUMWERU BISANZWE C

ICYUMWERU CYA 27 MU BYUMWERU BISANZWE
07 ukwakira 2007 umwaka C


Hab 1,2-3; 2,2-4
2 Tim 1,6-8.13-14
Lk 17,5-10
“Iyaba mwagiraga ukwemera kungana n’akabuto aka k’ubusabusa, mwategetse imisozi ikabumvira”. Ingingo tuzirikana mu masomo y’iki cyumweru ni ukwemera. Umuhanuzi Habakuki yatwibikje ijambo rikomeye ko intungane izabeshwaho n’ukwemera kwayo mu gihe ab’imitima yatannye bazorama. Uhoraho avuga aya magambo yasubuzaga ikibazo abenshi bibazaga, bati : ni kuko abanyabyaha badahanirwa ibyaha byabo mu gihe abihatira kubaho ku buryo bushingiye ku mategego akensi atari bo bahirwa muri ubu buzima. Ntihagire uwibeshya ngo abe yakwibwira ko iki kibazo cyoroshye kukibonera igisubizo, ndavuga dukoresheshe inyurabwenege yacu. Twe tumeneyereye kubara byose, tukibwira ko uko twumva ibintu ariko n’Imana yagombye kuba ibyumva. Tukibaza impamvu twayitakira ntihite idisubiza cyangwa abatirushya banayakura (niba babaho, atiri twe tubatwerera kudasenga) bakaba aribo basa n’abagashize. Amagambo yo mu ivanjiri ya Luka arashimangira ingingo ko igikuru si ibyo twakora, ahubwo ukwemera tuba dufite, ukwemera kwageza n’aho imisozi itwumvira. Twibuke ko Yezu yari amaze kuca umugani w’umukire na Lazaro, akungamo ati: ibigeragezo no kugwa birashoboka kandi bibaho, ariko yiyimbire uwo byarutukaho; ati: umuvandimwe wawe nacumura akagusaba imbabazi, kabone niyo yabigira inshuri ndwi, uzamubabarire. Abigishwa ubanza barumvise ari imvugo ihanitse bati: Nyagsani wo kabyara we, twongerere ukwemera kuko turumva iyi nzira itoroshye. Ngo padiri yuzuraga n’umuntu wiyitaga umuhakanyi, ndavuga aba berura bakavuga ko iby’Imana n’abayo bitabareba. Nuko padiri aramubwira ati: ariko ko mbona uri umuntu mwiza kandi muzima kuki utemera Imana? Undi aramusubiza ati: niba kwemera Imana bikubiye mu magambo nakumvanye, sinabishobora kuko birakomeye. Ariko niba ari ibyo mbonana abiyita abakristu, ndakanyagwa sinzaba umukristu. Gusaba ko Imana iduha ukwemera ni byo duheraho mu muhango wo guhimbaza batisimu kuko ukwemera niko kwa mbere. Niko dufungura umuryango winjira mu muryango w’Imana ariwo Kiriziya; niko kuduha imbaraga zo gutsinda ibigeragezo; niko kuduhuza na Yezu ntituigire isoni zzo kumubera abahamya, niko kutugira abantu bashya bayingayinga Kristu kuko ari we twese tureberaho mu nzira yo kwitagatifu. Ukwemera ariko si urukingo ngo nago uwagucakiye abe yakwidamararira ngo anyeganyize imisozi. Imisozi tugomba kunyaganyeza ni umutima wacu, tukareka Imana ikahagira ikicaro. Imigenzo myiza ikaba intego n’interuro tugenderaho mu buzima bwacu. Erega nibwo huzuzwa ibyanditswe, abantu ntibabe bagiherwanywa n’inabi n’ubwoba ahubwo bakitabira gukora gukwiza hose urukundo n’ubuntu by’imana. Ng’abo abatera amahoro, ng’abo abarizwa n’inabi yaritse mu mitima ya bamwe, abasonzeye kuzabona isi nshya, abatera amahoro,...Amasomo y’iki cyumweru adufashe kumenya Imana koko no kuyikunda kuko uko ni ko kwemera kwacu. Ibindi ngo tuzabihabwaho umugereka.

lundi 1 octobre 2007

ICYUMWERU CYA 26 MU BYUMWERU BISANZWE C

ICYUMWERU CYA 26 MU BYUMWERU BISANZWE
30 nzeri 2007 umwaka C

Am 6,1.4-7
1 Tim 6,11-16
Lk 16,19-31
Wowe muntu w’Imana, irinde ikibi, wihatire imigenzo myiza. Rwana intambara y’ukwemera maze uharanire kuzatunga ubuzima bw’iteka. Ng’aya amagambo Pawulo mutagatifu abwira Tomotewo, amagambo agomba kutuyobora natwe. Iyi mpanuro ya Pawulo mutagatifu igusha mu ijambo rya Yezu yabwiraga abamwumvaga mu mugani w’umuherwe wiberaga mu birori kandi akambara neza, n’umukene Lazaro utarabashaka no kwikiza imbwa zamuhunahunaga. Ngo yifuza utwagwaga ku meza y’umukire nk’uko wa mwana w’ikirara we azifuza ibiryo by’ingurube ariko ngo ntawamureba. Ibi ndumva atari ikibazo, ahubwo yageraga ate imbere y’urugi rw’umukire? Nta bazamu bamuhindaga? Nta bya byuma binihira iyo hari uwegereye imiturirwa yacu? Yatinyukaga ate gusiragira imbere y’urugo rw’umukungu byo kuba wenda yatera ikibazo abashyitsi. Ibi nibyo twirirwamo haba iwacu iyo twagize imanza, tukimira kuko ntawakira abavumbyi cyangwa se tugakubura umugi ngo hato ba mukerarugendo cyangwa abandi bashyitsi batabona ko dufite abashonji, ba mayibobo, utuzu tw’utururi n’ibindi bibazo bidakemerwa nuko tubuhishiriye. Ikibazo cya Yezu si ubusumbane buba hagati y’abakire n’abakene; ni imyitwarire y’abakire batamenya ko Iyabagabiye izatinda ikababaza uko bakoreshe ibyo batunze. Ngo bahayeho umukire n’umukene, umwe araberwa aranahirwa, undi aratindahara karahava. Bukeye baza gupfa. Aha niho ubuzima butangira kugira akagaciro koko. Twese urupfu ruraturinganiza kabone n’ubwo tugerageza kubihishira ngo urupfu rw’umukire ruruta ubukwe bw’umutindi. Hari abapfa bakajyanwa mu gituza cya Abrahamu, hakaba n’abahabwa ibyabo bikaba birangiye. Ibi kandi ntitukibwire ko ari urubanza rukatwa zero ngo ni umukungu cyangwa ubukire. Imanga itandukanya abakire n’abakire, iyi iheza Imana mu buzima bwacu, tukibwira ko ubwo twashyikiriye ubukungu n’Imana itakiri ngombwa, ntitubone Lazaro waba ufunguza imbere y’urugi rwacu, tukabangukirwa no kwibaza icyo aba ashaka iwacu nk’aho we nta maboko agira yo kwihahira...iyo manga niyo ituma nyuma y’urupfu ibintu biba bitagifite igaruriro, n’agatonyanga k’amazi tuba tudashobora kukabona. Twataka twagira, niba ntacyo twakoze ngo duce umuhanda uzatugeza mu ijuru, bizaba ari ntacyo bimaze gusaza imigeri ngo yebaba turashize. Twashize burya ubwo twafungaga inzuzi z’umutima wacu tukayoberwa aho isi yerekeza, tugatana tukigira kwa Sekibi. Ivanjiri kandi iragaruka ku ngingo na none itureba twese. Ngo nyamuneka ohoreza byibura Lazaro iwacu, aburire abavandimwe banjye hato tuzapfira gushira. Nibyo rwose kiriya kibazo gifite ireme. Ariko se niba batumva Musa n’abahanuzi, uwazuka we, akaza ari Lazaro aho bamubonera umwanya? Aho ntibizaba aka wa mugani ngo agapfa kaburiwe ni impongo. Turaburirwa, turatozwa, turigishwa –ndavuga ariko abemera kwitabira inyigisho- abandi twaranangiye ngo n’ubundi abajya mu kiriziya si bo ntungane, nyamara ba Rutare turahari kandi benshi. Pawulo mutagatifu ati rwana intamabara y’ukwemera, haranira ubugingo bw’iteka, twaza usingire Kristu, haranira kwitagatifuza. Simvuze ngo abirwa benshi, ariko ndangije nka Yezu nti: abafite abatwi yo kumva, nimwumve.

Rechercher dans ce blog

umuryango wa Thomas

umuryango wa Thomas

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel

VSITE PASTORALE

VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribanza

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribaza

visita pastorale

visita pastorale

visite pastorale

visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri

Visite pastorale

Visite pastorale
abana n'abakateshisti

Visite pastorale

Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA

Visite pastorale

Visite pastorale
accueil

ordination dell'abbé Claude Mutabazi

ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe

amafoto

amafoto
ishusho ya Bikira Mariya

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
ubusitani

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini 2008

Corpus Domini 2008
inkongoro

ikirugu

ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano

IKIRUGU

IKIRUGU

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO

URUBYIRUKO

URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

kiriziya ya mut Patero i Roma

kiriziya ya mut Patero i Roma

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA

SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE

SANCTUAIRE DE SAN  AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)

Archives du blog

Powered By Blogger

ikaze

mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,... Imana ibahe umugisha.

ERMO DELLE CARCERI

ERMO DELLE CARCERI
ASSISI

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi

ermo si San Vitaliano

ermo si San Vitaliano

Caserta

Caserta

reggia di Caserta

reggia di Caserta

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere