ICYUMWERU CYA MBERE CY'IGISIBO
13 werurwe 2011 umwaaka A
Int 2, 7-9, 3, 1-7
Roma 5, 12-19
MT 4, 1-11
Ku wa gatatu ushize twatangiye igihe cy'igisibo cyibimburirwa n'umuhango wo gusigwa ivu. Igisibo, ibyo turabizi neza, ni igihe kidufasha gutegura umunsi wa Pasika, tukisunga Yezu, tukamujya inyuma kandi tukamureberaho uko twaba koko abana b'Imana. Amasomo y'icyumweru cya mbere arakomoza ku ngingo y'ibigeragezo. Igitabo cy'Intangiriro kiratubwira iby'icyaha cy'inkomoko, naho ivanjiri ya Matayo, ikagaruka ku bishuko bya Yezu. Pawulo mutagatifu aragerageza gushyira isano hagati y'amasomo yombi, yerekana ko Kristu ari Adamo mushya utugeza ku kumvira nyako. Iyo tuvuga isengesho rya "Dawe uri mu ijuru", dusoza tuvunga ngo "ntudutererena mu bitwoshya". Nibyo turi abanyantege nke, ariko ibyo si iturufu twarisha buri gihe ngo igisubizo cyacu gihore ari narashutswe, naganjwe, si jye na njye, naho miseke ndarwana,...Ivanjiri ya none iratwereka uko umukristu yagombye gutsinda ibigeragezo. Icya mbere itwigisha ni ukwibuka ko Yezu yageragejwe na Sekibi amaze iminsi 40 mu butayu asiba. Simpamya ko iyi minsi twayigezaho cyangwa byadusaba kujya muri Sahara no ngaho turashaka gutangira igisibo. Ariko ni ngombwa kumva igisobanuro cyabyo. Iminsi 40 Musa yamaranye n'Uhoraho kuri Sinayi cyangwa imyaka 40 umuryango wa Isiraheli wamaze mu butayi bishushanya igihe gihagije cyo gutekereza no gufata ingamba zirebana n'umubano wacu n'Imana. Birumvikana ko haba hakenewe ahantu hatari urusaku rw'isi. Abamenyere gukora imyiherero bazi icyo bita nyine kujya mu butayu. Uyo rero umuntu ashaka guha inzira nyayo imibereho he, birumvikana ko mu ngamba afata hataburamo n'ibishuko biba bimwereka inzira zitagoye. Ibishuko bya Yezu rero si ikinamico, ahubwo wabaye umwanya nyawo wo kunoza umugambi yagombaga kuzamunyuza kuri Karuvaliyo agana inzira y'izuka. Ibishuko kandi yahuye nabyo natwe nibyo turwana nabyo buri munsi kuzageza natwe tubitsinze burundu tugasanga Nyirimitsino aho aganjye mu ijuru. Ivanjiri ibihinira mu ngingo eshatu, arizo: ubukungu, ubutegetsi n'ububasha. Yezu yatsinze shitani ahereye ku ijambo ry'Imana, usibye ko na shitani yamushutse ariho ihereye. Umuntu ntagizwe n'inda gusa cyangwa ngo abereho kwishimisha; Ubutegetsi nyabwo ni ukumvira Umuremyi kandi kwinja Imana ni ukwigerezaho; Ikuzo nyaryo ni iryo duhabwa n'Uwaduhanze, twacumura akaducungura, aka ya mvugo bamwe bandika mu mazu yabo ngo "ca bugufi ikuzo ni iry'Uhoraho". Ibishuko bya Yezu si ikinamico ngo kuko yari Imana, shitani izamukurikira mpaka ku musaraba, aho rubanda rwamukwenaga ngo niba ari Imana, niyimanure ku musaraba. Yezu aratwereka uko twatsinda natwe ibigeragezo, cyane cyane dusenga kandi dusiba; twigomwa kandi dusangira n'abatifite. Isengesho ricumbya irari ry'umubiri wacu maze tukabasha kumva neza ijwi ry'uduhamagara. Gusiba no kwigomwa biduha kuryoherwa n'ubuzima kuko bituma twibuka ko tutaremewe kurya no kunywa n'ibindi nk'ibyo, ahubwo guhesha Imana ikuzo. Igisibo cyiza rero kuri mwese kandi ubwo tukiri mu ntango, buri wese yihe umugambi wo kuzagera kuri Pasika hari akabyizi yihaye mu nzira yo kurushaho kwegera Imana n'abayo.
Imana nyirineza ibagwirize imigisha mwe n'abnyu bose.
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire