mardi 29 mars 2011

Icyumweru cya kane cy’igisibo 2011A

Icyumweru cya kane cy'igisibo A

3 mata 2011 Umwaka A


 


 

1Sam 16,1.4.6-7.10-13

Ef 5,8-14

Yh 9,1-41

Amasomo y'icyumweru cya kane cy'igisibo arashingira ku gitangaza Yezu yakoze akiza impumyi yabuvukanye. Uko umwanditsi w'ivanjiri abidusobanurira, ikimenyetso cyo guhumura impumyi ni uburyo Yezu akoresha ngo agaragaze ineza n'ububasha by'Imana. Kuko kuvukana ubumuga cyangwa kumugara si igihano cy'Imana. Iyi ngingo y'imvano y'akababaro n'ingorane mu buzima bwa muntu, ntiyoroshye, ariko icyo twemera ni uko Imana idahwema kurema no gusubiza mu buryo ibyo muntu yangiza cyangwa sekibi avangavanga. Reka tugaruke k'uburyo igikorwa cya Yezu cyakiriwe, haba mu baturanyi b'iriya mpumyi, haba mu bafarizayi. Icyo gikorwa cyaraturanguranye, kugeza ubwo bibaza niba uwo babonaga ari ya mpumyi cyangwa uwo basa. Ni koko guhumura impumyi si igikorwa tumenyereye, ndetse usibye kuba twavuga ubuhumyi bw'amaso y'umutima, ubuhumyi bw'amaso y'umubiri ni indwara mbi kuko ibuza umuntu ikintu cy'ingezi: kurangamira ibyiza bitatse isi. Wenda inarinda abayirwaye ibiterasoni bitwugarije, nk'uko mutagatifu Pawulo yabibwiraga abanyefezi ati "ibyo bene abo bakora rwihishwa ( ni ukuvuga ibikorwa by'umwijima), yemwe no kubivuga biteye isoni". Akaga ko guhuma turakazi kandi ni kabi rwose. Nyamara guhuma amaso y'umutima byo ni akaga gakabije. Iriya mpumyi nubwo itari izi Yezu uwo ariwe, dore ko yavuze ko yakijijwe na wa muntu bita Yezu, ariko aho yamumenyeye yaremeye ndetse inashimira Imana. Na mbere y'uko amumenya, yahamije ko ari umuhanuzi, kabone n'ubwo abafarizayi bari bamwirengeje. Guhuma rero kubi ni ukurindagira, tukayoberwa inzira y'ukuri kandi twagombye kuyimenya ndetse twarayitojwe. Muri Isiraheli, abafarizayi bari inzobere mu kumenya no kumenyekanisha Imana, nyamara kenshi tubona basa n'abahagamye ahantu hadasobanutse, bakaba barananiwe kwemera Yezu, kubera inyungu cyangwa ubujiji. Kwemera ni uguhumuka, ndetse ni ukwiyuhagira, nk'uko Yezu yabisabye iriya mpumyi. Ibyo abenshi twarabikoze mu iriba rya batisimu. Koko icyaha niyo soko y'ubuhumyi bw'umutima, cyane cyane iyo dutangiye kwihimbahimbira ibisobanuro ngo amafuti y'umugabo nibwo buryo bwe. Ukwemera gutangirirwa no kujijuka, tukamenya ukuri, tukamenya uwo twemera n'icyo uko kwemera kudusaba. Ibi nabyo ntibihagije kuko kemera cyangwa guhakana ko Imana ibaho sibyo bigoye; ikigoye ni ukubaho dukurikije ibyo twemera. Ibyo bijyana no kuramya Imana, tuyishimira iyo neza yo kuva mu icuraburindi, ubuzima bwacu bukaba inyiturano y'iyo neza. Binteye kwibuka umuntu w'Imana, musenyeri Sekamonyo Raphael washinze umuryango w'Abizeramariya. Intego ye yari "Jijukira ineza". Tubishyize mu magambo y'ivanjiri ya none, twavuga ngo humukira ineza. Iyi ni inzira nshya yo kubaho: kuva mu mwijima, tukajya mu rumuri; kuva mu kinyoma, tukabaho mu kuri; gutsinda akarengane, tukarangwa n'ubutabera; kuva mu rupfu, tukabaho, tugatanga ubuzima. Ngiyo batisimu twahawe, ngiyo pasika tuzahimbaza, ng'ubu ubuzima dukesha Kristu, we rumuri rumurikira umuntu wese aza kuri iyi si (Yh 1,9). Ijambo rya Pawulo mutagatifu yabwiye abanyefezi natwe riratureba: nimushishoze mumenye ibishimisha Nyagasani. Mureke kugira uruhare mu bikorwa by'umwijija bitagira icyo bibyara. Ahubwo rero!! Niduheshe Imana ikuzo. Yezu, mu musozo w'ivanjiri, yabwiye abamwumvaga, ati "naje munsi nje gucira isi urubanza kugira ngo abatabona bahumuke, maze ababona babe impumyi", tumutakambire, bambe tumushimire ko yaduhaye amaso y'ukwemera. Ariko kandi tunamusabe guhora atwongerera ukwemera, hato tutazirara, tukagira ngo turabona naho....Ngo amaso abera imutwe kureba.

samedi 26 mars 2011

ICYUMWERU CYA GATATU CY'IGISIBO 2011A

ICYUMWERU CYA GATATU CY'IGISIBO A

27 werurwe 2011 umwaka A


 

Iyim 17, 3-7

Rm 5, 1-2. 5-8

YH-4, 5-42

Kuri iki cyumweru cya gatatu cy'igisibo, dusoma ivanjiri ya Yezu aganira n'umugore wo muri Samariya. Ni inkuru iryoshye mu kuyisoma kuko ni imwe mu nkuru zisobanuye neza kandi natwe twaheraho dusuzuma imiganirire yacu na Yezu. Ni inkuru inatangaje: ni ubwa mbere Yezu aganira n'umugore kandi utari ubonetse wese; umugore wari waratunze cyangwa waratunzwe n'abagabo batanu, ubu akaba ageze ku nshoreke ya gatandatu. Uwo mugore kandi ni uwo muri Samariya, agahugu katavugaga rumwe n'abayahudi kuko abanyasamariya bari ibivange n'abanyamahanga bari baratujwe muri aka karere n'umami wa Ashuru. Mu maso y'abayahudi, bari abanyabyaha n'abagomeramana kuko basengaga Imana bayibangikanyije n'ibigirwamana. Mu mitekerereze yacu, Yezu yari yakoze amahano, kandi n'abigishwa byarabatunguye nubwo ntacyo bamubajije. Iyi nkuru irasobanutse, abafite bibiliya mwayisoma mwitonze, ndetse mukaba mwanaheraho mukareba niba hari uburyo Imana ijya ibashotora, ibasaba amazi yo kunywa, ishaka ko mwakanguka mukamenya inyota nyayo ibazigirije; atari iyi wica none ejo ukabyuka ariyo igukanguye.Ahubwo kabutindi yo guhora twumva dukennye, dushonje, dukeneye uwatwumva, uwadukunda, uwo twakunda, uwadusura,...

Nagira ngo muri aka kanya, turebe uko twahuza amasomo uko ari atatu y'iki cyumweru. Abayisiraheli bageze mu butayu bahuye n'ikibazo cyo kubura amazi, maze bahangara Musa ngo abahe amazi. Babikoranye uburakari kuko bumvaga batagomba kuzira inyota mu butayu niba Imana yari yarabakuye mu nzara za Farawoni ibakunze. Isomo ryo mu gitabo cy'Iyimukamisiri riratubwira uko Imana yabahaye amazi avubutse mu rutare rwa Massa na Meriba bisobanura Kigeragezo na Rwiyenzo, kuko bari bagerageje Uhoraho bibaza niba akigendana nabo cyangwa yarabataye. Pawulo Mutagatifu,yandikira abanyaroma, yabibukije ko ukwizera kudatamaza kuko urukundo rw'Imana rwabuganijwe mu mitima yacu na Roho Mtagatifu twahawe. Imana rero turi kumwe kandi igihe cyose muri Kristu waducunguye. Uwo Krisu niwe soko y'amazi amara nyota akanatanga ubugingo bw'iteka. Ndumva abatuye mu mayaga na za Bugesera bagira amazi make, yemwe n'ab'iwacu, dore ko nibutse hafi kilimetero yose nakoraga buri gitondo ngiye kuvoma kuri Nyakagezi, basaba nk'uriya mugore wo mu ivanjiri ngo Yezu abahe ayo mazi maze bareke gusiragira mu nzira bajya kuvoma.

Ese aho aya masomo ntiyaba abyukije muri wowe utubazo tuniganira mu mutima wawe, tuguhoza ku iriba buri munsi, nyamara inyota igahora ari ya yindi? Tekereza uburyo uriya mugore yumvise ameze, Yezu amwibukije umubare w'abagabo babanye, kandi niba yari agishoboye kwigira ku mugezi, ubanza yari akiri muto. Ibuka wa mugore wari umaze imyaka cumi n'ibiri arwaye kuva amaraso, ntaho atashakijije, kugeza aho yifuzaga gukora ku gishura cya Yezu yizera ko yakira(Lk 8,43-48). Ibuka cya kimuga ku cyuzi cya Betesida cyari cyarabuze ukijingunya mu cyuzi ngo gikire(Yh 5,1-18). Tekereza na wa musore w'umukungu wabazaga Yezu icyo yakora ngo aronke ubugingo bw'iteka (Mt 19,16-30).

Muntu aho ava akagera asonzeye gukira no kuruhuka imiruho y'ubu buzima. Iyo nyota niyo ituma duhihibikana ndetsse bamwe tukanakoresha uburyo bw'amanyanga ngo wenda twagwiza vuba. Nyamara imfizi icugita iby'isi ni Rugaju rwa Birahinduka. Yezu arifuza ko ibyo tubimenya kugirango twoye guherenywa n'aya mazi atanamara inyota, ayo abayisiraheli baririye bakarinda kugondoza Imana, nyamara ntibibabuze guhora ku iriba. Igisibo rero kiraturarikira kurangamira aho umukiro wacu uganje. Kandi ngo uyobotse Yezu, soko y'amazi atanga ubugingo, nawe ahinduka isoko kuko muri we havubuka isoko y'amazi adakama, bisobanura ineza n'impuhwe by'igisagirane. Umugore ngo yagiye guhamagara abandi atera hejuru ati "nimuze murebe uwambiye ibyo nakoze byose, wenda yaba ariwe Mukiza". Ibyari impamvu y'isoni n'ikimwaro mu bandi (gutaha mu mazu atanu yose), yabihinduye indirimbo y'ibyishimo. Ese waba warasomye inkuru y'ihinduha rya Pawulo mutagatifu? Ushobora no gusoma ukwicuza kwa mutagatifu Agusitini (les confessions) cyangwa inkuru ya Zakewusi, Fransisko wa Asize n'abandi. Uzasanga ingabire yo guhinduka ari iriba rimara inyota koko. Ese ujya wibuka ko nawe amateka yawe ari matagatifu, niba uhoza ku mutima ko Roho wa Nyagasani atuye muri wowe? Tekereza wanditse amateka yawe? Ujya wibuka ko ubuzima bwawe bushobora kubera abandi impamvu yo gusanga Yezu? Uramutse ufite inkuru nk'iyo, wayinyoherereza nkayisangiza abandi. Naho jyewe icyo nifuza ni uko mwambwira, nka bariya banyasamariya, muti "ntitucyemezwa n'ibyo watubwiye; natwe twamwiyumviye, kandi tumenye ko ari we Mucunguzi w'isi koko."

samedi 19 mars 2011

ICYUMWERU CYA KABIRI CY’IGISIBO 2011A

ICYUMWERU CYA KABIRI CY'IGISIBO A

20 werurwe 2011 Umwaka A


 

Intg 12,1-4

2Tim 1,8-10

Mt 17,1-9

Urugendo rwacu rutuganisha kuri pasika rurakomeje: kuri iki cyumweru, amasomo twateguriwe aradusaba guhaguruka tukava mu byacu maze tukerekeza aho Imana ishaka. Igitabo cy'itangiriro kiratubwira ihamagarwa ry'Ibramu. Wenda kuko inkuru tuyizi umuzi n'umuhamuro, twakeka ko byari byoroshye. Nyamara guhambira ukagenda, ushingiye ku ijambo wabwiwe, bisaba imbaraga z'umutima n'ukwemera gukomeye. Ibyo aribyo byose, ukwemera ntigutamaza, Abramu yarumviye kandi twabyungukiyemo. Mu ivanjiri, Yezu yahisemo bamwe mu bigishwa be maze aterera umusozi agiye gusenga, ni uko yihundura ukundi. Sinzi niba byoroha guhuza inzira twatangiye yo gusenga, kwihana no kwigomwa, hamwe n'ivanjiri twazirikanye ku cyumweru gishize ya Yezu ageragezwa na shitani bu butayu. Gutsinda ibigeragezo hari uwakwibwira ko byitiranywa no kubaho nk'abaciye ukubiri n'uyu mubiri dukunze kwitirira nyirabayazana mu kudushora mu bigeragezo. Habe na busa. Kwigira umuntu kwa Yezu ni ikimenyetso ko umubiri wacu ufite agaciro gakomeye kuko tubishyize mu mvugo y'abafilozofe, nta roho itari mu mubiri, nta mubiri udafite roho. (mensa sana in corpore sano). Ng'icyo ikimenyetso cya mbere Yezu atanze yihindura ukundi. Akenshi dukunze guhuza iriya vanjiri n'umusogongero w'uko tuzamera mu gihe cy'izuka, ubwo tuzabengerana kuko tuzaba dusendereye ubuntu n'uburanga by'Imana. Ni byo! Yezu yashatse kwerekana ko ingorane z'ubu buzima zidashobora kutubera inzitizi mu rugamba rwo kumukurikira. Ntabwo tuzaba nka cya kirondwe cyumiye ku ruhu naho inka yarariwe cyera, cyangwa ngo tuzabe twaraziritswe ku kazi. Ntibikabe! Imana yahamagaye Abramu ntiyamutabye mu nama, ahubwo yashoje izezerano ryayo yohereza Kristu, we watsinze urupfu, maze agatangaza ubugingo n'ukutazapfa abigirishije inkuru nziza. Nguwo uturangaje imbere kandi, nk'uko Pawulo mutagatifu yabibwiraga Timotewo, ntidukwiye guterwa isoni no kumubera abahamya. Kuko niwe Imana Data yatanzeho ubuhamya iti "uyu ni Umwana wanjye nkunda cyane unyizihira; nimumwumve!" Natwe twarahamagawe, buri wese mu buryo buhuye n'ubutumwa ashinzwe. Imana iradusaba kuyikurikira nk'uko yahamagaye Abramu. Iradusaba kuyibera abahamya, tukitsinda kandi tugatsinda ibishuko, ariko ntitunaheranywe n'iroro ryo kurangamira gusa ubwiza bwayo, ahubwo natwe tukibuka ko Imana iduhamagarira gusa nayo mu mubiri na roho bizira amakemwa. Atari kwita kuri roho ngo umubiri wacu urumange, cyangwa ngo duhere muri mama wararaye mu gihe roho yacu yararirana nk'igipimo cy'ikawa kitakigira isaso. Byose kandi birashoboka kuko aho ni ho hari abanga rya muntu: abishatse yakira, ariko yirangayeho, yacyura umunyu. Murabyumva ko ari jyewe wibwira kandi namwe mbibibutsa. Ngaho rero dufate umugambi wo kujyana na Yezu ku musozi gusenga. Umusozi wa mbere ni wa mutima wacu tugomba gukingurira Nyagasani ngo awuturemo; umusozi wa kabiri ni ukubura amaso tukarangamira Kristu, Mugati utanga ubugingo, mu gitambo cy'Ukaristiya. Nta mwanya wo gutura igitambo cya Kristu kiduhindura ukundi, ntidushobora kwirirwa ngo ejo tuzaramuke tukiri bazima. Umusozi wa gatatu dushobora kuzamuka ni agasengesho ka buri munsi: mu gitondo tuti waramutse Nyagasani wowe waduhaye kuramuka. Mbere yo gufungura, tuti singizwa wowe uduha imbaraga zo guhaha, guhinga, kweza no gusangira ifunguro twaronse. Ku mugoroba, tuti ibyo twatunganyije tubigutuyeho ituro ry'uyo munsi, naho ibyatwihishe n'ibyo twazambije, ibigorore ejo tuzabihereho tugutunganira. Ubwo ntitwabura no kwibuka abacu n'abandi bose duhuje kubaho. Ndemeza ko ntakubengerana kurenze uko, kuko ineza y'Imana izaduhora imbere. Muragahorane Imana n'imigisha yayo.

samedi 12 mars 2011

ICYUMWERU CYA MBERE CY'IGISIBO 2011A

ICYUMWERU CYA MBERE CY'IGISIBO

13 werurwe 2011 umwaaka A


 

Int 2, 7-9, 3, 1-7

Roma 5, 12-19

MT 4, 1-11

Ku wa gatatu ushize twatangiye igihe cy'igisibo cyibimburirwa n'umuhango wo gusigwa ivu. Igisibo, ibyo turabizi neza, ni igihe kidufasha gutegura umunsi wa Pasika, tukisunga Yezu, tukamujya inyuma kandi tukamureberaho uko twaba koko abana b'Imana. Amasomo y'icyumweru cya mbere arakomoza ku ngingo y'ibigeragezo. Igitabo cy'Intangiriro kiratubwira iby'icyaha cy'inkomoko, naho ivanjiri ya Matayo, ikagaruka ku bishuko bya Yezu. Pawulo mutagatifu aragerageza gushyira isano hagati y'amasomo yombi, yerekana ko Kristu ari Adamo mushya utugeza ku kumvira nyako. Iyo tuvuga isengesho rya "Dawe uri mu ijuru", dusoza tuvunga ngo "ntudutererena mu bitwoshya". Nibyo turi abanyantege nke, ariko ibyo si iturufu twarisha buri gihe ngo igisubizo cyacu gihore ari narashutswe, naganjwe, si jye na njye, naho miseke ndarwana,...Ivanjiri ya none iratwereka uko umukristu yagombye gutsinda ibigeragezo. Icya mbere itwigisha ni ukwibuka ko Yezu yageragejwe na Sekibi amaze iminsi 40 mu butayu asiba. Simpamya ko iyi minsi twayigezaho cyangwa byadusaba kujya muri Sahara no ngaho turashaka gutangira igisibo. Ariko ni ngombwa kumva igisobanuro cyabyo. Iminsi 40 Musa yamaranye n'Uhoraho kuri Sinayi cyangwa imyaka 40 umuryango wa Isiraheli wamaze mu butayi bishushanya igihe gihagije cyo gutekereza no gufata ingamba zirebana n'umubano wacu n'Imana. Birumvikana ko haba hakenewe ahantu hatari urusaku rw'isi. Abamenyere gukora imyiherero bazi icyo bita nyine kujya mu butayu. Uyo rero umuntu ashaka guha inzira nyayo imibereho he, birumvikana ko mu ngamba afata hataburamo n'ibishuko biba bimwereka inzira zitagoye. Ibishuko bya Yezu rero si ikinamico, ahubwo wabaye umwanya nyawo wo kunoza umugambi yagombaga kuzamunyuza kuri Karuvaliyo agana inzira y'izuka. Ibishuko kandi yahuye nabyo natwe nibyo turwana nabyo buri munsi kuzageza natwe tubitsinze burundu tugasanga Nyirimitsino aho aganjye mu ijuru. Ivanjiri ibihinira mu ngingo eshatu, arizo: ubukungu, ubutegetsi n'ububasha. Yezu yatsinze shitani ahereye ku ijambo ry'Imana, usibye ko na shitani yamushutse ariho ihereye. Umuntu ntagizwe n'inda gusa cyangwa ngo abereho kwishimisha; Ubutegetsi nyabwo ni ukumvira Umuremyi kandi kwinja Imana ni ukwigerezaho; Ikuzo nyaryo ni iryo duhabwa n'Uwaduhanze, twacumura akaducungura, aka ya mvugo bamwe bandika mu mazu yabo ngo "ca bugufi ikuzo ni iry'Uhoraho". Ibishuko bya Yezu si ikinamico ngo kuko yari Imana, shitani izamukurikira mpaka ku musaraba, aho rubanda rwamukwenaga ngo niba ari Imana, niyimanure ku musaraba. Yezu aratwereka uko twatsinda natwe ibigeragezo, cyane cyane dusenga kandi dusiba; twigomwa kandi dusangira n'abatifite. Isengesho ricumbya irari ry'umubiri wacu maze tukabasha kumva neza ijwi ry'uduhamagara. Gusiba no kwigomwa biduha kuryoherwa n'ubuzima kuko bituma twibuka ko tutaremewe kurya no kunywa n'ibindi nk'ibyo, ahubwo guhesha Imana ikuzo. Igisibo cyiza rero kuri mwese kandi ubwo tukiri mu ntango, buri wese yihe umugambi wo kuzagera kuri Pasika hari akabyizi yihaye mu nzira yo kurushaho kwegera Imana n'abayo.

Imana nyirineza ibagwirize imigisha mwe n'abnyu bose.

dimanche 6 mars 2011

ICYUMWERU CYA CYENDA MU BYUMWERU BISANZWE 2011A

ICYUMWERU CYA CYENDA MU BYUMWERU BISANZWE

06 werurwe 2011 umwaka A


 

Ivug 11,18.26-28.32

Rom 3,21-25a.28

Mt 7,21-27

Ivanjiri Kiriziya yaduteguriye kuri iki cyumweru irasoza inyigisho ya Kristu twagiye twumva muri ibi byumweru. Ngo si abirirwa bavuga "Nyagasani, Nyagasani" bazinjira mu bwami bw'Imana. Ahubwo abumva ijambo ryayo kandi bakarikurikiza. Ngo bameze nk'umuntu wubatse inzu ku mucanga maze imvura yangwa n'imiyaga igahuha bikarundura ya nzu hagasigara itondo. Uwakira ijambo ry'Imana aba yubakiye ku rutare, inzu ye nta nkubiri y'imiyaga iyisenya. Ivanjiri y'uyu munsi kandi igaruka ku ngingo ikomeye: aba bose bazaba barahagamye mu kumva ijambo gusa ariko ntibarikurikize bazahera hanze kabone n'iyo batakamba babwira Yezu ko bahanuye mu izina rye, bakijije amashitani cyangwa se bakoze ibitangaza. Twibaze ko Yezu ababwira ati: nimumvira aha mwa nkozi z'ibibi mwe. Icyumvikana cyo ni uko yaba uwubakiye ku mucanga, yaba uwubakiye ku rutare, bose bararubatse, ntibicaye gusa. Ibi bigasobanura ko umukiro dukesha Yezu udashingiye ku bikorwa tuzaba twarakoze cyangwa ibigwi twakibwira ko dufite muri Kiriziya. Umukiro ushingiye mu kuba twaramenye guhitamo neza, tukubakira kuri Kristu. Ibikorwa biza ariko ikimenyetso cy'iyo neza twaronse aka wa mugani ko uwanyoye inka atayoberana. Pawulo Mutagatifu yabishimangiye cyane ati: umuntu ahabwa kuba intungane n'ukwemera hatagombeye ibikorwa. Iri niryo jambo Imana yari yarabwiye umuryango wayo ibinyujije kuri Musa, iti: ijambo nguhaye uryiteho urimenye. Imbere yawe hari inzira ebyiri. Nuhitamo kubaho uzabaho, ntuhitamo upfa nabwo uzapfa. Birumvika ko nta muntu wahitamo nabi nkana cyangwa ngo asome impyisi yabigambiriye. Aha hazamo gusaba ingabire yo kumva ijambo ariko tukaribonera umwanya n'igihe. Tudashikagurika, tutababwa cyangwa se tutari mu nduruburi zitarangira. Tukaryumva tuzirakana ko ari urumuri mu nzira tugenda, ifunguro rya roho yacu, isoko idakama itumara inyota.... erega nuko inzu yacu iba yubakiye ku rutare. Imiyaga yahuha, imvura yagwa cyangwa inkubiri z'isi zadukoraniraho tugahagarara gitwari kuko umuvugizi wacu, umurengezi wacu aba aturinze. Ukwemera kwacu ntigucubangane, ukwizera ntikudutamaze kandi ari nako urukundo rwacu rugenda rushora imizi rukanera imbuto z'ubutungane n'amahoro. Icya ngobwa rero ni uguhamya intego, inzu yacu tukayubakira ku rutare aho gushingira umusingi ku mucanga. Icyo twakisabira Imana ni ingabire yo kudashyuhaguzwa tukibuka ko uwubakira ku rutare yemera kubakirwa n'Imana.

Rechercher dans ce blog

umuryango wa Thomas

umuryango wa Thomas

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel

VSITE PASTORALE

VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribanza

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribaza

visita pastorale

visita pastorale

visite pastorale

visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri

Visite pastorale

Visite pastorale
abana n'abakateshisti

Visite pastorale

Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA

Visite pastorale

Visite pastorale
accueil

ordination dell'abbé Claude Mutabazi

ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe

amafoto

amafoto
ishusho ya Bikira Mariya

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
ubusitani

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini 2008

Corpus Domini 2008
inkongoro

ikirugu

ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano

IKIRUGU

IKIRUGU

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO

URUBYIRUKO

URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

kiriziya ya mut Patero i Roma

kiriziya ya mut Patero i Roma

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA

SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE

SANCTUAIRE DE SAN  AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)

Archives du blog

Powered By Blogger

ikaze

mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,... Imana ibahe umugisha.

ERMO DELLE CARCERI

ERMO DELLE CARCERI
ASSISI

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi

ermo si San Vitaliano

ermo si San Vitaliano

Caserta

Caserta

reggia di Caserta

reggia di Caserta

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere