ICYUMWERU CYA GATATU MU BYUMWERU BISAZWE A
23 mutarama 2011 umwaka A
Iz 8,23-9,3
1Kor 1,10-13.17
Mt 4,12-23
Ku cyumweru gishize, ivanjiri ya Yohani yadufashije kumenya Yezu uwo ari we, Ntama w'Imana waje kudukiza ibyaha. Intego ya Kiriziya yo kuduhitiramo ariya masomo yari ukugira ngo, tumenye ishingiro ry'ukwemera kwacu, bityo tubashe kuba abahamya koko. Nibyo rero amasomo y'iki cyumweru aduhamagarira. Yezu aratangira kwigisha ahamagarira abantu guhinduka, ati «nimwisubireho kuko ingoma y'ijuru yegereje». Ivanjiri itubwira ko Yezu yahereyeko atora intumwa ze za mbere, Simoni Petero n'Andereya mwene nyina hamwe na Yohani n'umuvandimwe we Yakobo. Yabahamagariye kuzabagira abarobyi b'abantu. Kuba barahise bamukirikira wenda byaturushya kubyumva. Kumva uko umuntu asiga byose atyo nk'aho yari yarambiwe ibyo yarimo, bikaba nko korosora uwabyukaga. Kuba Ingoma y'Imana yarigaragaje, abagira amahirwe yo kubimenya nta kindi bakora uretse kuyiyoboka: nta gihe cyo guta. Umuhanuzi Izayi aratwibutsa, mu ncamarenga, ko abari batuye ibihugu by'icuraburindi, urumuri rwabarasiyeho. Nyagasani yabagwirije ineza, abasakazaho ibyishimo, none bariho bariyereka, barakeye. Ngiyo inkuru ya Yezu, ituma Petero asiga ubwato bwari bumutunze, agakurikira Yezu; Yakobo na Yohani bagasiga se, bagakurikira Yezu. Mu ntago y'umwaka, Kiriziya iradushishikariza natwe guhitamo, bambe kumva ijwi rya Yezu uduhamagara, adusaba guhinduka kuko ingoma y'ijuru iturimo rwagati. Kiriziya iradusaba kusiga ubwato bwacu twari dutezeho amiringiro ngo tujye kuba abarobyi b'abantu. Twibuke ko hari igihe Petero azabyibutsa Yezu, amubaza iyo bazaronka bo bari barasize byose (Mt 19,27). Ikisubizo turakizi kandi ntawe utifuza kuzatunga uwo murage. Gusa rero mbere y'uko tugera imbere ya Kristu, ndavuga amasomo tuzasozesha umwaka avuga iby'urubanza rw'imperuka, twagombye gutegura uko tuzahahinguka. Pawulo mutagatifu yakomoje ku ngingo ikomeye y'ubumwe mu bemera bushingiye kuri batisimu twahawe. Yandikira bwa mbere abanyakorinti, yabagayaga ukuntu bari barumvise nabi ivanjiri ya Yezu, maze bamwe bakiyita aba Pawulo, abandi aba Apolo, abandi aba Kefasi. Ati harya mbabaze: mbese Kristu yaba agabanyijemo ibice? Amasomo y'iki cyumweru arakomeye kandi aracyamura buri wese. Yaba uwibwira ko yakurikiye Yezu, bityo akaba yarakiriye urumuri. Yaba ukibereye mu bye, wibwira ko gukurikira Yezu byahariwe inkorabusa cyangwa ababibonamo inyungu. Yaba uwakurikiye Yezu ariko akaba yarihimbiye agatsiko ke rwagati muri kiriziya. Haba se n'abandi bafite ibindi bahugiyemo, twese twese, Kristu araturarikira kwakira ukuri kwe n'urumuri rumukomokaho. Icyo buri wese yakora ntakiyobewe: ni uguhora iteka tuvugurura imibereho yacu ngo igendere ku ivanjiri. Dusabe Nyagasani guhorana uwo muhate wo kmukurikira no kumukurikiza, maze koko, nitubishyiraho umwete n'ubushake kandi tukamuha umwanya ngo yunganire intege nke zacu, tugendere mu mucyo we kandi haba mu magambo, ariko cyane cyane mu bikorwa, turembuze n'abandi ngo bave mu icuraburindi, bagane Kristu Rumuri rw'amahanga.
Imana ibahe umugisha.
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire