vendredi 27 novembre 2009

ICYUMWERU CYA MBERE CY’ADIVENTI 2009C

ICYUMWERU CYA MBERE CY'ADIVENTI

29 ugushyingo 2009 Umwaka C


 

Yer 33,14-16

1 Tes 3,12- 4,2

Lk 21,25-28.34-36

Dutangiye igihe cy'adiventi kidutegurira kuzahimbaza Noheli, ivuka rya Nyagasani Yezu. Adiventi niyo kandi itangira umwaka wa kiriziya. Ku bakenera kumenya uko amasomo atoranywa, bamenye dutangiye umwaka wa C. Iyo umwaka utangiye akenshi usanga tuba dufite ibyufuzo bishya twabwira Imana ndetse n'imigami mishya y'ibyo twifuza kuzageraho. Kiriziya itwibutsa ko icyifuzo kiruta ibindi ari ukwibuka ugucungurwa kwacu duhimbaza kuri Noheli no guhoza agatima ku isezereno rya Kristu ko azagaruka kujyana abe. Adiventi ni cyo idufasha kuzirikana kandi amasomo y'icyi cyumweru arabishimangira. Gusa ariko hari ingingo nkuru tutagombye kwibagirwa mu kwitegura Kristu; ni ukwizera kuko kubaho ni ukwizera kandi kwizera ni ko kubaho. Ngo mu ntangiriro y'umwaka umuntu yagiye kugura kalendari ku mucuruzi ariko nk'uko twese tubigenza iyo dufite akanya, arabanza amuterera inkuru. Wenda yifuzaga ko agabanya gato. Ati: ese ukeka uyu mwaka uzaba mwiza kurusha ushize? Umucuruzi ati: cyane. Undi ati: ukagenda nk'uwo turangije. Umucuruzi ati: uzawurusha kuba mwiza. Ati: ese byagushimisha uyu mwaka ukugendekeye nk'umwe mu myaka makumyabiri ishize? Umucuruzi ati: Nyagasani azabindinde. Nyamuguzi ati: ese wakwifuza gutangirira kuri zero ukongera ukabaho nk'uko wabayeho kuva wavuka? Undi ati: Imana ibishatse, byaba. Ati: ubwo se wumva wasubiramo byose, byaba ibyakunyuze cyangwa ibyakubihiye n'ibyakuvunnye? Wa mucuruzi ati: ndakanyagwa kuko byaba ari akaga. Wa muguzi ati: ubwo wumva ubuzima wifuza bwaba bumeze gute? Undi ati: nifuza ubuzima nk'ubu mbaho, nk'uko Imana yabumpaye. Wa muguzi yumvise anyuzwe nawe yungamo ati: nanjye numva ubuzima bwiza atari ubwo naba narabayeho ahubwo ubwo ngomba kubaho kuko ubuzima ni ubwerekeza imbere si ubudusubiza mu byarangiye. Wenda birasa na ya mvugo ngo ibyiza biri imbere ariko na none nta cyanga ubuzima bwagira niba ari mu gusubira mu byahise. Ikizere cyo kubaho ni iha gishingiye. Akenshi ariko iyo tuvuga kwizera Imana n'amasezerano yayo, hari igihe tubyitiranya no kubyaza Imana ibyo twifuza. Ugasanga Imana iturimo umwenda kuko twayisabye ibi n'ibi none ikaba itarabikora, tukaba twaravuze za rozari ku babishobora dusaba umugisha, amahoro mu rugo, gukizwa... hanyuma Imana ikaba itaradusubiza. Nyamara twiregagiza ko Imana nayo buri mwaka iba yizera ko wayibera mwiza, ikatubona dutunganye, twitanga kurusha, dukundana kurusha, nta nabi, nta nda y'umujinya. Erega burya nayo ayo masengesho yarayavuze ubwo itubwira iti: iyaba uyu munsi wumvaga ijwi ryanjye ntunangire umutima. Tekereza rero niba ufite nk'ibirarane mirongo by'imyaka Imana imaze yifuza umwaka mwiza iwawe. Sinavuze umubare kuko buri wese yafata imyaka ye agakuraho gusa ya yindi yari igitambambuga ataraca akenge. Ngo ukwizera kw'Imana gushingira mu guhinduka kwa muntu kandi aha ubanza hatoroha cyangwa ubanza iki kibazo tugisimbuka tukiha ikindi aka wa munyeshuri wabonye ibyo yabajijwe atabiva imbere akihimbira ibye ati wenda mwarimu azabona ko n'ubwo ntashubije ibyo yambajije, isomo rye ntarisibye ryose. Mu gukosora yasanze handitseho HS aribyo bisobanura HORS SUJET. Twebwe Imana si uko izandika. N'uwakwiha ikibazo ntiyabura inota keretse gusa nahusha matière. Reka tuyibukiranye: Imana ni urukundo kandi n'abayo bagomba gukundana. Ikindi kibazo twaba dutegura ni uko amasezerano y'Imana izuzuzwa nta kabuza. Ubwo ga si ngombwa ko hongera kuvuga Bikira Mariya, Yohani Batisita, Elizabeti,... Uyu mwaka noheli izaba nziza binyuze kuri wowe. Ineza y'Imana izigaragaza binyuze muri twe abayemera kandi bayiringira. Ubu nibwo buryo Yezu atubwira ngo nitubona ibintu hirya no hino byadogereye, tuzubure umutwe turangamire aho Imana iganje kuko izatugenderera nta kabuza. Hahirwa abayitegereza mu kwizera n'urukundo.


 


 

samedi 21 novembre 2009

UMUNSI MUKURU WA KRISTU MWAMI 2009B

UMUNSI MUKURU WA KRISTU MWAMI

22 ugushyingo 2009 umwaka B


 


 


 


 

Dan 7,13-14

Hish 1,5-8

Yh 18,33-37

Turahimbaza umunsi mukuru wa Kristu Mwami. Ni umunsi uzoza umwaka wa Kiriziya, umunsi usobanura ko Kristu ari Umwami w'isi n'ibihe. Ingoma ye ariko si iyiyi si nubwo ngo ari cyo yavukiye. Kuvuga ingoma ya Yezu bijyana no gusobanura uko iteye yemwe n'aho yaba ihurira cyangwa itandukaniye n'izindi ngoma tuzi. Kristu ni umwami ariko ku buryo bwe: ubwo abigishwa be babonaga akora ibitangaza bikomeye baketse ko kabaye batangira kwisabira imyanya. Yezu ati murahusha, ushaka kuba uwanjye aheke umusaraba anjye mu nyuma. Ni umwami utagira amabugaragira ahubwo ubereyeho gukorera abandi kugeza anabapfiriye. Ni Umwami wakira bose: impumyi, amahabara, ababembe kandi akanakirwa mu mazu y'ibikomerezwa. Interuro nyamukuru ye ni ukwoza ibirenge by'abigishwa be. Yezu yatangaje ubwami bwe ubwo yendaga gupfa kandi ntiyareka abe bamurwanirira kuko mu bwami bwe inabi igomba gutsindwa n'ineza kandi ugukubise ku musaya w'iburyo ukamuha n'uw'ibumuso. Kristu ntatetse ku ntebe nk'abandi bami, azamanikwa ku musarabara ngo abazamurangamira bose bazaronke agakiza. Kristu yambaye ikamba nk'abandi bami ariko irye rikoze mu mahwa. Kristu ntibamushoneshereje imyambaro y'ubutegetsi, ahubwo bamwambuye byose kuko ntacyo yima abe kuva ataragundiriye kuba Imana akemera kwigira umwe nka twe ngo utwigarurire. Ngo na za nkuba ze ziricecekera ngo tumusange. Kristu kimwe n'abandi bami yakoresheje umunsi mukuru igihe yimikwa: rubanda rwaramushukamirije ruramuzomera, abamupfuye agasoni ni Veronika wamuhanaguye mu maso, mu gihe ku musaraba bamuhaye divayi ivanze n'indurwe. Nyamara ijambo yahavugiye twebe twese turigenderaho: "bababarire Dawe kuko batazi icyo bakora". Kristu ni Umwami usengwa na benshi n'ubwo n'abamutera umugongo batabarika. Rimwe turamuramya ubundi tukamugomera. Iyo twishimye turamusenga, byatuyobera tukamucunaguza. Nyamara ngo ahora ari wa wundi uko ibihe bihora bisimburana iteka. Ntakenera kumurwanirira nk'igihe abanyaburayi bahagurukaga n'iyonka ngo bagiye kubohoza imva ye miri Isiraheli. Bwari ubujiji kuko abamalayika bari barabwiye abagore igihe bajyaga kumva ngo ntawe uri hano yazutse. Awakomeza kuvuga uko ubwami bwa Yezu buteye ubaza atarangiza. Gusa ariko ngo abamwemeye yabahe kuba abana b'Imana. Abo rero ni abagendera ku mategeko y'ingoma ye: ingoma y'ukuri n'ubugingo, ingoma y'ubutungane n'ingabire, ingoma y'ubutabera n'amahoro n'urukundo. Ngiyo ingoma ya Yezu. Ushaka kuyiyoboka ntacikanywe kandi ntazakorwa n'ikimwaro.


 

samedi 14 novembre 2009

ICYUMWERU CYA 33 MU BYUMWERU BISANZWE 2009B

ICYUMWERU CYA 33 MU BYUMWERU BISANZWE

15 ugushyingo 2009


 


 

Dan 12,1-3

Heb 10,11-14.18

Mk 13,24-32

Impera z'umwaka wa kiriziya ziri hafi kuko icyumweru gitaha ari umunsi wa Kristu Mwami, umunsi uzoza umwaka, tugatangira igihe cya Adventi. Amasomo y'iki cyumweru aratubwira iby'ishira ry'isi. umuhanuzi Danyeli ati: umunsi w'Uhoraho azaza ari gica kandi uteye ubwoba. Uzaba umunsi w'agakiza k'umuryango w'Imana kimwe n'abazaba banditse mu gitabo cyayo. Abantu bose bazazuka bamwe bahemberwe ibyiza bakozwe, abandi bakozwe isoni kubera uko bitwaye. Kristu, mu ivanjiri ya Mariko, ati: amagambo yanjye ntazashira. Ari byo bivuga ngo ibyanditswe bizuzuzwa ko Kristu azagaruka gucira abantu bose urubanza. Amagambo ya Yezu ntagamije kuvuga ko isi izashira cyane ko hari n'abibwira ko isi izayoyoka, bakaba batenemera isi nshya tuzabanamo n'Imana ubuziraherezo. Ndetse abandi barangije kugena igihe izarangirira. Iyo ni cenema yenda gusohoka ivuga ko isi izashira kuri 12 ukwakira 2012. Ngo bahereye ku mibare n'ubushakashatsi, kuri iriya taliki hazaba ibintu bikomeye cyane. Abo ni abishingikiriza ubuhanga bw'iyi si cyangwa abaterwa ubwoba n'imyitwarire ya muntu mu buhanga bwe. Nihazabura umusazi nk'umwami Neron watwitse umugi akarenga akabeshyera abakristu, cyangwa uwahimbye bombe atomique yamaze imbaga mu Buyapani. Bya bisasu bya kirimbuzi Bush yabuze muri Irak wenda ntihabuze ubitunze rwihishwa hazagira umurakaza akatwereka aho abera akaga. Erega ni kimwe nutegura gahunda yo kurimbura imbaga (génocide) ngo ngaho aramaranira gutegeka. Ubutumwa bwa Yezu bugamije kutwibutsa agaciro k'ubuzima. Agapande kabanziriza ivanjiri y'iki cyumweru katubwira ko ngo hazaduka abigisha binyoma biyitirira ubutumwa bw'Imana ngo barindagize abatagira ukwemera. Kristu ati: ntimuzabumve cyangwa ngo mubakurikire. Ijambo tugomba guhoza ku mutima ni uko Kristu azaza gucira isi urubanza, buri wese akagororerwa hakurikijwe uko yitwaye. Bitumye nibuka umuntu wari waranditse ku rugi rwe imbere mu cyumba ati wakirwa uko winjiye, ugasezererwa uko witwaye cyangwa wa wundi wanditse ngo frappez on vous ouvrira et ouvrez on vous frappera. Birenda gusa n'ubukristu bwacu. Gukingurirwa Imana yarabikoze ndetse ngo niba Kristu yarapfuye kubera twe si ngombwa kongera gutura ituro ryo guhongerera ibyaha byacu. Aya ni amagambo yo mu isomo rya kabiri. Ariko uwacunguwe agomba kuba maso, agasenga kandi akirinda gutwarwa n'ibidahuje n'ukwemera kwe naho ubundi azakanguka umunsi w'Imana wamuguye gitumo bityo akorwe n'isoni. Mwagira ngo bisaba ko umntu aba yapfuye, ndavuga yarangije urwe; igihe cyose ubuzima bwacu bwatannye, butacyumvira ijambo ry'Uwaduhanze, burya urubanza ruba rwakaswe. Gusa nyine tuba tugifite umanya wo kwisuzuma ngo tugarure ibintu mu buryo tubikesha ingabire y'Imana dukomora aha nini mu iskaramentu ry'ukaristiya no muri penetinsiya. Ko hazabaho ibimenyetso bikomeye, ni agahoraho mu buzima bwacu, turiyimbire gusa ni duherera muri ayo maze ntituzamenye igihe Imana izatugenderera. Erega buri munsi Imana iradusura ikaduha ihumera cyane cyane iyo turi mu bihe bibi. Ariko uzaba ataramenyereye kwakira Imana iwe, ninaza ku munsi w'imperuka si mpamya ko azabimenya. Twisabire ngo twoye gutwarwa n'ibyaduka by'iyi si, ahubwo duhore turangamiye Imana.

vendredi 6 novembre 2009

ICYUMWERU CYA 32 MU BYUMWERU BISANZWE 2009B

ICYUMWERU CYA 32 MU BYUMWERU BISANZWE

08 ugushyingo 2009 Umwaka B


 


 

1 Bami 17,10-16

Heb 9,24-28

Mk 12,38-44

Amasomo y'iki cyumweru arashingira nku nkuru y'abapfakazi babiri Imana itangaho urugero mu kwizera cyane cyane mu bihe bikomeye. Umupfakazi w'i Sareputa ngo yari agiye gutora udukwi two guteka agafu yari asigaranye, akagateka, akakarya we n'umuhungu we hanyuma bakipfira. Umuhanuzi Eliya yamusabye ko yamwakira iwe akanamufungurira. Nyamugore ntaho yamukinze kuko yamubwije ukuri ati: mfite agafu ku rushyi n'utuvuta mu rwabya, nimara kubiteka nta handi mba nsigaye. Uriya mupfakazi ariko yemeye kubanza kuzimanira umugenzi: ese aho ntiyangaga kwitereranyiriza ubusa amwima ako gafu katari kumurenza iminsi? Yaba se yari yamubonyemo umuntu w'Imana bityo akabikora ateganya kubyungukiramo? Iyi mibare ntituzi niba yarayikoze kandi kwakira Eliya ntiyanabikoze agononwa. Ngo agafu ntikabuze mu kibo n'amavuta ntiyakamye mu rwabya. Sinibuka neza inkuru ya Sebwugugu n'uruyuzi, ariko ubanza ngo Sebwugugu yararambiwe umwungu umwe akifuza byinshi maze na ducye tukayoyoka. Birasa n'inkuru ya Mwungeri wa Nyankaka wakanze Rutenderi. Undi mupfakazi tubwira mu masomo ya none n'ushyira ituro rye mu gaseke nk'uko iwacu tubigenza. Sinzi uko abayahudi babigenzaga, ariko iwacu dushakisha amayeri yatuma abatura badashyiramo ubusa, cyangwa se batifata. Si burya se duturisha abageni ngo ababaziye mu bukwe, bibwirize cyane ko baba bafotora. Na Yezu ngo yaritegerezaga. Uriya mupfakazi ubanza yarabitekerejeho maze akishyiramo akanyabugabo kuko yari ajyanye ubusa, uduceri tubiri. Ndizera iwabo uduceri twari tugikora. Budege niba akibona akanya ko kujya kuri net yazatwibutsa wa muvugabutumwa watuye inote ye yose y'ijana ayivanye mu mufuka w'ipantalo ye yiguriye imihenze. Gutinda kuri iryo turo si uko ryari ritubutse cyangwa ari ntaryo, ahubwo ni ukumvikanisha ko yaritanze. Uriya mupfakazi we ubanza atari ko yabyumvaga. Yumvaga atwo yagira twose, agomba gutanga ituro ry'Ignoro kuko biri mu shingano ze zo kubaka Ingoro y'Imana. Nsizi niba hari abandi babonye ayo yatuye, ariko Yezu aramutangaho urugero kuko atanze utwo yacungiragaho. Ntavunjishije, ntanusuye, ntabaze niba hasigayemo ay'agacupa cyangwa agatabi... yantaze uko yifite. Urwabya ngo ntacyasigayemo. Ntituzi uko nyuma yabayeho ariko birasa n'abantu batabarika bitanga buri munsi batiriwe bahamagara amaradiyo ngo abyamamaze. Amateka y'isi ntatubwira bene kwigomwa, abirya bakimara ngo babesheho abandi. Ahubwo twiga abatanga inyungu zabo nka Bill Gates, cyangwa se abifuza ko imfashanyo yabo isigaraho izina niba bitabanje guca mu binyamakuru. Nyamara ngo turiyimbire kuko ntawe uhenda Imana. Imana ntireregwa kuko icyo umuntu azaba yarabibye nicyo azasarura (Gal 6,7). Ukwemera kwacu kugomba gushingira ku mutima utavangavanga cyangwa ngo ubeshye Imana. Ibi tibireba amaturo dutanga gusa ndetse n'imyitwarire yacu muri rusange. Icyo turi cyo tugikesha ingabire n'ubuntu by'Imana. Icyo twakora cyangwa twatanga ni isengesho rishima Uwiteka. Twaba uduceri cyangwa amanote, yaba amasengesho cyangwa indabo twazana mu Kiriziya, yaba agafu twaha ushonje cyangwa imari itubutse yo kubaka Kiriziya, byose tujye tubikora tuzi ko Kristu atureba kandi adapfobya ineza ituvuye mu mutima. Ngo n'uzatanga ikirahure cy'amazi azagishimrwa mu ijuru. Icyo narangirizaho ni uko nta muntu wabura icyo atura. Koko twakena twagira, twabura n'agafu mu cyibo cyangwa uduceri tubiri? Twabura akanya ko kwegera ukeneye guhozwa, gusura umurwayi, gukora umurimo dushinzwe tutunuba, kwakira abatugana tutabacunaguza... Kugerageza kuba aho Imana yadushyize dutanga ituro ryo kubaka Ingoro yayo ari nayo ngoro yacu. Icyo Imana idusaba kwirinda ni ukuyigerera cyangwa kuyitwaza ngo ibikorwa byacu bikunde bitugarukire cyangwa biduheshe ikuzo.

Rechercher dans ce blog

umuryango wa Thomas

umuryango wa Thomas

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel

VSITE PASTORALE

VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribanza

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribaza

visita pastorale

visita pastorale

visite pastorale

visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri

Visite pastorale

Visite pastorale
abana n'abakateshisti

Visite pastorale

Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA

Visite pastorale

Visite pastorale
accueil

ordination dell'abbé Claude Mutabazi

ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe

amafoto

amafoto
ishusho ya Bikira Mariya

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
ubusitani

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini 2008

Corpus Domini 2008
inkongoro

ikirugu

ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano

IKIRUGU

IKIRUGU

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO

URUBYIRUKO

URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

kiriziya ya mut Patero i Roma

kiriziya ya mut Patero i Roma

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA

SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE

SANCTUAIRE DE SAN  AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)

Archives du blog

Powered By Blogger

ikaze

mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,... Imana ibahe umugisha.

ERMO DELLE CARCERI

ERMO DELLE CARCERI
ASSISI

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi

ermo si San Vitaliano

ermo si San Vitaliano

Caserta

Caserta

reggia di Caserta

reggia di Caserta

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere