ICYUMWERU CYA 24 MU BYUMWERU BISANZWE
16 nzeri 2007 umwaka C
Iyim 32,7-11.1-14
1Tm 1,12-17
Lk 15,1-32
Amasoro y’iki cyumweru arashimangira ingingo ikomeye mu buzima bwa gikristu: ibyishimo by’Imana iyo yakiriye abanyabyaha bicuza. Igihe umuryango wa Isiraheli wavaga mu bucakara bwa Misiri ngo wageze mu butayu maze, bahengera Musa yagiye kuvugana n’Uhoraho, bati ibi ntitwabivamo, reka twikorere Imana tuzajya twitwaza tukayibona. Nibwo bakoze akamasa muri zahabu. Ibya muntu birasekeje: gukora akamasa muri zahabu warangiza uti maze rero wa kamasa we ni wowe mana yanjye, uzajya undengera kandi undagire. Ibi se si uburindagire, ntabyise ubusazi cyangwa uburwayi. Igikorwa cyo mu biganza byawe cyakubera Imana gute? Inyigisho ariko kiriziya iturarikira si uguhanga utumana twacu kuko ubwo bwenge turabuzi cyane. Iradusaba kwitwara nka Musa wasengeraga umuryango we ngo utarimbuka kubera icyaha cyawo. Muri iyi si hari abantu benshi baba baratannye, bakihimbira utumana twabo bakaturamya maze bati twarashyikiriye pe. Akenshi ntibatinda kuboba ko bayobye, iyo bagize abahirwe ntibisame basandaye. Musa ati rwose Nyagasani sigaho wibahora ubuhumyi bwabo kuko ineza yawe n’ijambo wabwiye abakurambere bacu birenze kure icyaha twagukorera. Iyo wenda aba undi yari kugira ati: bumvishe bo kijyana. Niyo waba intungane iyi idacumura, kandi ndabikwifuriza, kurimbura abanyabyaha byatuma usigara wenyine nk’umusozi, kandi Uhoraho ntagambiriye kuturokora nka ba nyakamwe. Umugambi we ni ukuduhuza nk’abavandimwe. Ng’iki ikibazo ngorabahizi, ububyeyi wo mu ivanjiri yagize cyo guhuza abahungu be babiri. Iwa mbere yarabanje ati mpa utwanjye nigendere. Ngo umwijuto w’ikinonko... Abonye asumbirijwe n’inzara ati rwose ubu ntashye niyo batansubiza agaciro niyatse ariko nkajya ndya. Amaco y’inda arakijyana. Ariko yarahiriwe da kuko yakiriwe nk’ucyuye umubyizi. Ng’ibi ibyashavije umuvandimwe. Ati koko nirirwe nduha nkora maze iriya nkorabusa nibunguka bashyashyane bakore iminsi mukuru. Ubanza atari benshi bakumva imyitwarire y’uriya mubyeyi. Ariko se ko nibyaye ikiboze ikirigata, yari kubona umwana we abungutse, agafunga imryango. Uwo ntiyaba ari umubyeyi! Isomo rya Yezu ngo ni uko intama yazimiye cyangwa akaceri nk’ifaranga katakaye bihangayika nyirabyo nkanswe rero umwana w’Imana waba atahutse. Ibi bishimangirwa n’ijambo Pawulo Mutagatifu yandikiye Timotewo, ati nshimira Imana Nyagasani yo yasanze nkwiye kwizerwa ikantorera umurimo wo kuyikorera. Yungamo ati nzi neza ko Yezu yaje gupfira abanyabyaha kandi muri abo ndi uwa mbere. Ibi ntibivuga ko Pawulo ari ruharwa; ahubwo bisobanura ko umuntu wese wumva akunzwe kandi yaracunguwe na Kristu, yego aba akiri umunyabyaha, ariko wishimiye agakiza. Kuba Imana itwizera si uko tuba dutuye ikivi. Ibi bigaragarira muri uriya mugani w’umwana w’ikirara. Ni uko ari urukundo rubabarira. Ikintu gikomeye Iman akomeyeho ni ibirori byo kwakira munyabyaha. Aya masomo udutere imbaraga twe twese abumva twaratannye, maze tugaruke mu nzira nyayo. Adufashe kandi no kutaba ba mujinya badashimishwa no kubona abandi bakwakira kabone n’ubwo baba baritwaye uko bishakiye. Umugambi ni ukuba nka Musa tugaakambira muryango wacu ari wo kiriziya kandi tukiyumvamo ko Imana itwizeye mu mirimo yadushinze. Uduhamagara ni Indahemuka nitumukomeraho azadushoboza byinshi birimo kwishimira ineza ye.
Inscription à :
Publier les commentaires (Atom)
Rechercher dans ce blog
umuryango wa Thomas
MUSENYERI N'URUNGANO
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi
VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel
VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI
VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE
visite pastorale
ishuri ribanza
visite pastorale
ishuri ribaza
visita pastorale
visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri
Visite pastorale
abana n'abakateshisti
Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA
Visite pastorale
accueil
ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe
amafoto
ishusho ya Bikira Mariya
amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo
amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba
amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka
amafoto yo mu Rwanda
ubusitani
amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali
amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini 2008
inkongoro
ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano
IKIRUGU
YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)
ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO
URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
kiriziya ya mut Patero i Roma
COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA
ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO
MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA
SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)
BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)
Archives du blog
Qui êtes-vous ?
ikaze
mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,...
Imana ibahe umugisha.
ERMO DELLE CARCERI
ASSISI
abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire