Umunsi mukuru wa Pentekositi
27 gicurasi 2007 umwaka C
Intu 2,1-11
Rm 8,8-17
Yh 14,15-16.23b-26
Turahimabaza umunsi wa Pentekositi: Roho Mutagatifu asakara ku ntumwa. Ngo iminsi mikuru ya pentekositi y’abayahudi igiye kurangira, habaye inkubi ikomeye aho intumwa zari ziteraniye zitegereje isezerano rya Yezu wari warababwiye ngo bazategereze imbaraga za Roho Mutagatifu. Igitangaza cya mbere Roho Mutagtifu yakoze ni uko yatumye iminsi mikuru itarangira ngo abantu bikubure. Abari baje i Yeruzalemu bose ngo bumvaga mu ndimi zabi ibyo intumwa zavugaga. Ineza y’Imana ni uko abayemera bose baba abavandimwe nk’uko Yezu yabisabaga Se mu isengesho riri mu ivanjiri ya Yohani umutwe wa 17. kugira ngo isi izemere ko Yezu yaje aturuka ku Mana kandi ko abamwemera bose bazasangira nawe ikuzo, tugomba kubaho bihuje n’ingabire za Roho Mutagatifu. Roho rero niwe uduha kubaho nka Kristu kandi tugatuma isi imumenya. Ibi bituma umunsi mukuru uhoraho: abantu bakavuga rumwe, isi igasabana, Imana igakuzwa kuko ari yo Nkuru. Ibi kandi ni mu gihe kuko Yezu yadukunze mbere turi abanyabyaha, ntacyo aduca, nta cyo adukuramo kindi usibye ubuntu n’imbabazi. Roho Mutagatifu atuma ineza n’inyigisho bya Yezu bimenyekana ndetse bikiranga. Ngo Roho azatwibutsa ibyo Kristu yavuze ndetse anatubwire ibintu bishya. Mu gihe cya Yezu, uwo bitaga umuvugizi yari umuntu wunganiraga abandi akababwira ijambo bagomba kuvuga ndetse akabamara ubwoba. Si uwo se dukenera kenshi iyo byahinanye tugatangira kurya iminwa cyangwa tugacurikiranya indahiro. Roho atumara ubwoba kuko si twe, ahubwo niwe utuvugiramo bityo ukuri kugatsinda n’ineza ikagera kuri bose. Pawulo mutagatifu yatwibukije ibikorwa bya Roho aho bitandukanira n’iby’umubiri: ugengwa na Roho arangwa n’ineza, amahoro, umuco, ubugwaneza,...n’aho ugengwa n’umubiri nta kabi asiga inyuma. Numva ntawe nakwibutsa ko kuva twabatizwa twabaye umwe na Kristu, ntidushobora rero kugayisha izina ry’uwatwitangiye kuko byaba ari agahomamunwa. Tereke Roho wa Kristu utwiyoborera maze turusheho kuba koko abakristu.
Umunsi mwiza.
27 gicurasi 2007 umwaka C
Intu 2,1-11
Rm 8,8-17
Yh 14,15-16.23b-26
Turahimabaza umunsi wa Pentekositi: Roho Mutagatifu asakara ku ntumwa. Ngo iminsi mikuru ya pentekositi y’abayahudi igiye kurangira, habaye inkubi ikomeye aho intumwa zari ziteraniye zitegereje isezerano rya Yezu wari warababwiye ngo bazategereze imbaraga za Roho Mutagatifu. Igitangaza cya mbere Roho Mutagtifu yakoze ni uko yatumye iminsi mikuru itarangira ngo abantu bikubure. Abari baje i Yeruzalemu bose ngo bumvaga mu ndimi zabi ibyo intumwa zavugaga. Ineza y’Imana ni uko abayemera bose baba abavandimwe nk’uko Yezu yabisabaga Se mu isengesho riri mu ivanjiri ya Yohani umutwe wa 17. kugira ngo isi izemere ko Yezu yaje aturuka ku Mana kandi ko abamwemera bose bazasangira nawe ikuzo, tugomba kubaho bihuje n’ingabire za Roho Mutagatifu. Roho rero niwe uduha kubaho nka Kristu kandi tugatuma isi imumenya. Ibi bituma umunsi mukuru uhoraho: abantu bakavuga rumwe, isi igasabana, Imana igakuzwa kuko ari yo Nkuru. Ibi kandi ni mu gihe kuko Yezu yadukunze mbere turi abanyabyaha, ntacyo aduca, nta cyo adukuramo kindi usibye ubuntu n’imbabazi. Roho Mutagatifu atuma ineza n’inyigisho bya Yezu bimenyekana ndetse bikiranga. Ngo Roho azatwibutsa ibyo Kristu yavuze ndetse anatubwire ibintu bishya. Mu gihe cya Yezu, uwo bitaga umuvugizi yari umuntu wunganiraga abandi akababwira ijambo bagomba kuvuga ndetse akabamara ubwoba. Si uwo se dukenera kenshi iyo byahinanye tugatangira kurya iminwa cyangwa tugacurikiranya indahiro. Roho atumara ubwoba kuko si twe, ahubwo niwe utuvugiramo bityo ukuri kugatsinda n’ineza ikagera kuri bose. Pawulo mutagatifu yatwibukije ibikorwa bya Roho aho bitandukanira n’iby’umubiri: ugengwa na Roho arangwa n’ineza, amahoro, umuco, ubugwaneza,...n’aho ugengwa n’umubiri nta kabi asiga inyuma. Numva ntawe nakwibutsa ko kuva twabatizwa twabaye umwe na Kristu, ntidushobora rero kugayisha izina ry’uwatwitangiye kuko byaba ari agahomamunwa. Tereke Roho wa Kristu utwiyoborera maze turusheho kuba koko abakristu.
Umunsi mwiza.
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire