UMUNSI W'ISAKARAMENTU RITAGATIFU RY'UKARISITIYA A
26 kamena 2011
Ivug 8,2-3.14-16)
1Kor 10,16-17
YH 6,51-58
Turahimbaza umunsi mukuru w'Isakaramentu Ritagatifu ry'Ukarisitiya: Kristu Funguro ryacu yaratwitangiye ngo turonke ubugingo bw'iteka. Urya umubiri we akanywa amaraso ye, aronka ubuzima kandi abeshwaho nawe kuko umubiri we ni ikiribwa nyacyo n'amaraso ye akaba ikinyobwa gitanga ubugingo. Amasomo y'uyu munsi aribanda ku ngingo yo kwibutsa abayobotse Kristu uko Imana ibakunda. Igitabo cy'Ivugururamategeko kitwibutsa amagambo ya Musa ubwo yahanuraga umuryago wa Isiraheli ati: ibuka uko Imana yagutunze mu butayu, akaguha mana n'amazi avubutse mu rutare, ikakurinda kugeza utashye mu gihugu cy'isezerano. Ni mu magambo yenda gusa n'ayo, umwanditsi w'ivanjiri Yohani atubwira amagambo ya Yezu ubwo yamaraga gutubura imigati: ifunguro nyaryo ni umubiri wanjye naho ikinyobwa kimara koko inyota ni amaraso yanjye. Ibi kandi si amagambo gusa kuko Kristu yaratwitangiye ku musaraba ngo atugire umuryango umwe ubesheshweho n'ineza ye. Pawulo mutagatifu niwe ubishimangira mu ibaruwa yandikiye abanyakorinto, ati: iyo duhabwa umubiri wa Kristu tukanywa ku nkongoro y'amaraso ye tuba twunze ubumwe nawe, tukarema umuryango umwe ari wo mubiri wa Kristu. Aha rero harakomeye cyane: Kiriziya, umubiri wa Kristu si ishyirahamwe twihangiye dushobora kuhindura cyangwa tukaba twarisesa tukagabana imigabane; Kiriziya si umwihariko w'abafata imyanya ya mbere cyangwa ababa bitwaza ko hari imirimo bashinzwe cyangwa bakora; Kiriziya si za nkuta z'inzu itatse neza irangwa n'umunara muremure n'inzongera inihira yibutsa abakristu kuramya Imana; Kiriziya si umwihariko w'ababatijwe baba abihatira gukurikiza amategeko y'Imana cyangwa aba bari mu bitabo bya paruwase gusa; Kiriziya ni Kristu ubwe nyirizina, Jambo w'Imana utwunga nayo mu gitambo yatuye Se ku musaraba ngo tubabarirwe ibyaha; Kiriziya ni Kristu mu ngingo z'umbiri we, aho buri wese muri twe, yaba ugize umuryango ugaragara wa Kiriziya cyangwa se n'usengera Imana mu bundi buryo akaba yihatira kuyimenya, kuyikunda no kuyikundisha abayo. Kiriziya ni umuryango w'abemera ko Imana ari yo soko y'ubuzima nyabwo kandi bakihatira kubigaragaza bakundanda hagati yabo. Umunsi rero duhimbaza none, uretse kuba ikimenyetso cyo kugaragaza ukwemera kwacu (bitari gusa guhindira ngo turate ubwinshi bw'abakristu cyangwa urudini) ni n'umwanya wo kunagura ubuyoboke dufitiye Imana, ubuyoboke bushingiye mu gukurikiza amategeko yayo gukundana hagati yacu nk'uko Kristu yadukunze akanabidutoza. Ibi byatuma amagambo padiri avuga mu gitambo cya misa igira koko agaciro kayo: mwakire murye, iki ni umubiri wanjye; mwakire munywe, aya ni amaraso yanjye. Nk'uko mu butayu abayisiraheli bahagishwe na mana, bakaramirwa n'amazi avubutse mu rutare, n'ubu abakristu bahazwa n'umubiri wa Kristu n'amaraso. Iyo padiri ahereza umugati na divayi akavuga ngo ni umugati na divayi byavuye mu murimo w'amaboko y'abantu, aba asaba Imana ko imbuto y'umurasuro wacu igihe ihinduka umubiri wa Kristu, abantu twese tuba tubaye umwe na Kristu mu kimenyetso cy'umugati na divayi. Aha rero hatuma imihimbazo ya kiriziya ihinduka kuko ihuriro ry'abagize isi ku buryo guhera aho izuba rirasira kugeza aho rirengera, mu majyepfo no mu majyaruguru, abantu bose baba bahuje isengesho kandi bakagaburirwa ifunguro rimwe. Imbibi zose muri Ukarisitiya zarakuwe, isi n'abayituye ni Kristu, Muryango mugari w'abemera. Ibi bibyara ubufatanye hagati ya za kiriziya, haba mu buzima bwa roho n'ubw'umubiri. Kuko Kiriziya ariyo Mubiri wa Kristu ishingiye kuri Kristu utwihamagarira. Si twe duhitamo abo duhurira nabo mu misa cyangwa mu isangira ritagatifu yewe n’ibyo dusangira sitwe tuza tubyikorere: ameza matagatifu aba yaduteguriwe ku buntu bw’Imana. Abemera duhamagarairwa kwakira ako gakiza duhabwa Kristu. Amen tuvuga twakira Kristu ni ikimenyetso cy’uko tuba twemeye ko wo duhabwa ari Umukiza n’umucunguzi wacu. Bikatuviramo impamvu yo kugana ameza matagatfu twisukuye kuko nta gupfa guhomerera. Uhawe Yezu kandi yihatira kugenza nkawe. Si uguhazwa mu Kiriziya ngo nyuma twibereho uko twishakiye. Umunsi duhimbaza udufashe kunagura ukwemera kwacu: duhabwe Umucunguzi, twemere ko atura iwacu, atwiyoborere kandi aduhe imbaraga zo kumukundisha abandi.
dimanche 26 juin 2011
lundi 20 juin 2011
UMUNSI W’UBUTATU BUTAGATIFU 2011A
UMUNSI W’UBUTATU BUTAGATIFU A
19 kamena 2011 umwaka A
Iyim 34,4b-6.8-9
2 Kor 13,11-13
Yh 3,16-18
Imana yakunze isi kugeza aho yohereza Umwana wayo w’ikinege ngo uyemera atazapfa ahubwo azaronke ubugingo buhoraho. Ubwo bugingo tubuhabwa na Roho Mutagafu utura mu mitima y’abemera. Ng’iryo ihame ry’Ubutatu butagatifu: Imana imwe mu batatu. Uyu munsi mukuru birumvikana uza ukurikirana n’uwa Pentekositi n’uwa pasika. Yezu niwe wabwiye abigishwa be ati. Ntawigeze abona Imana kereka Umwana wayo w’ikinege ubana nayo niwe wayitumenyesheje. Nta yindi nzira kandi Yezu yanyuze ngo tubashe gusobanukira n’ubuzima bw’Imana uretse kwitanga ku musaraba. Uburyo twamenye Imana ntibuturuka ku buhanga dukesha bwenge bwacu, ni Imana ubwayo yatwiyeretse kugira ngo nituyimenya tubashe kubaho ku buryo bunoze. Mu mateka y’ibyaremwe, niyo tutagendera kuri Bibiliya, atwereka ko muntu ari mu biremwa byaremwe nyuma, ko isi, ibimera n’inyamaswa aribyo bikuru kuruta muntu kabone n’ubwo aho aziye yahise abona ko ari we ufite uhuganga n’ubwenge byo gusesengura no kumenya imiterere y’ibituye isi. Yanamenye ko ibyo byose byaremwe bitavuye mu busa, ko hirya y’ibi tubona hari Umuhanzi. Ari abemeraga Imana imwe Rurema nka ba sogokuru bacu; ari abemeraga imana nyinshi zigaragariza mu bintu byose birenze ubwenge bwa muntu nk’abagereke, abaromana... ari abageragezaga guhanga ishusho y’iyo mana cyangwa abatarubahutse no kubirota bitewe n’uko bumvanga ubuhangange bwayo, amateka y’abantu atwereka ko kwemera ko Imana ibaho atari ikibazo. Ahuwo kumenya uko iyo Mana iteye ni ihurizo ry’amateka y’abantu b’ibihe byose. Umunsi w’Ubutatu butagatifu utumara amatsiko kuko Imana yatwimenyesheshe mu buzima bwayo bwuzuye no mu mugambi wayo wo kuducungura. Imana ni Uhoraho, Nyirububasha, Nyirimpuhwe. Ni Rukundo ruzima rwigaragarije ku musaraba, ni Mbaraga zitagererenywa zatsinze urupfu zigatangaza izuka ku bemera bose. Ni Buzima busendereye , Roho Mutagatifu utubesha, akatuyobora kandi akazatugeza aho ineza nyayo iganje. Kwemera Ubutatu Butagatifu rero ni ukuyoboka ubuzima no kubaho ku buryo nyabwo. Ni ukwishushanya na Kristu mu mibereho izira icyaha, ni ukugaragaza imbaraga za Roho mutagatifu, ni ukwemera kuba ingoro y’Ubutatu Butagatifu maze ineza igataha iwacu. Nubwo turi umuryango w’ijosi rishingaraye nk’uko Musa yabibwiraga Uhoraho, wenda tukaba tunafite umutima wa cyarutare, Imana Nyirimpuhwe yakwemera kutura iwacu ikahagira ingoro yayo. Ibi kandi bituma abemera Imana babaho ku buryo buhuje n’umugambi wayo: umuryango w’abemera ugahinduka ikitegererezo cy’urukundo rw’Imana kuko ubusabane buranga Ubutatu Butagatifu nibwo shusho y’ubuzima nyabwo. Tureke rero ineza y’Imana itwiyoborere, Roho atumurikire maze isi dutuye duhereye mu mitima yacu no mu ngo zacu, ibe koko ingoro y’Umusumbabyose.
19 kamena 2011 umwaka A
Iyim 34,4b-6.8-9
2 Kor 13,11-13
Yh 3,16-18
Imana yakunze isi kugeza aho yohereza Umwana wayo w’ikinege ngo uyemera atazapfa ahubwo azaronke ubugingo buhoraho. Ubwo bugingo tubuhabwa na Roho Mutagafu utura mu mitima y’abemera. Ng’iryo ihame ry’Ubutatu butagatifu: Imana imwe mu batatu. Uyu munsi mukuru birumvikana uza ukurikirana n’uwa Pentekositi n’uwa pasika. Yezu niwe wabwiye abigishwa be ati. Ntawigeze abona Imana kereka Umwana wayo w’ikinege ubana nayo niwe wayitumenyesheje. Nta yindi nzira kandi Yezu yanyuze ngo tubashe gusobanukira n’ubuzima bw’Imana uretse kwitanga ku musaraba. Uburyo twamenye Imana ntibuturuka ku buhanga dukesha bwenge bwacu, ni Imana ubwayo yatwiyeretse kugira ngo nituyimenya tubashe kubaho ku buryo bunoze. Mu mateka y’ibyaremwe, niyo tutagendera kuri Bibiliya, atwereka ko muntu ari mu biremwa byaremwe nyuma, ko isi, ibimera n’inyamaswa aribyo bikuru kuruta muntu kabone n’ubwo aho aziye yahise abona ko ari we ufite uhuganga n’ubwenge byo gusesengura no kumenya imiterere y’ibituye isi. Yanamenye ko ibyo byose byaremwe bitavuye mu busa, ko hirya y’ibi tubona hari Umuhanzi. Ari abemeraga Imana imwe Rurema nka ba sogokuru bacu; ari abemeraga imana nyinshi zigaragariza mu bintu byose birenze ubwenge bwa muntu nk’abagereke, abaromana... ari abageragezaga guhanga ishusho y’iyo mana cyangwa abatarubahutse no kubirota bitewe n’uko bumvanga ubuhangange bwayo, amateka y’abantu atwereka ko kwemera ko Imana ibaho atari ikibazo. Ahuwo kumenya uko iyo Mana iteye ni ihurizo ry’amateka y’abantu b’ibihe byose. Umunsi w’Ubutatu butagatifu utumara amatsiko kuko Imana yatwimenyesheshe mu buzima bwayo bwuzuye no mu mugambi wayo wo kuducungura. Imana ni Uhoraho, Nyirububasha, Nyirimpuhwe. Ni Rukundo ruzima rwigaragarije ku musaraba, ni Mbaraga zitagererenywa zatsinze urupfu zigatangaza izuka ku bemera bose. Ni Buzima busendereye , Roho Mutagatifu utubesha, akatuyobora kandi akazatugeza aho ineza nyayo iganje. Kwemera Ubutatu Butagatifu rero ni ukuyoboka ubuzima no kubaho ku buryo nyabwo. Ni ukwishushanya na Kristu mu mibereho izira icyaha, ni ukugaragaza imbaraga za Roho mutagatifu, ni ukwemera kuba ingoro y’Ubutatu Butagatifu maze ineza igataha iwacu. Nubwo turi umuryango w’ijosi rishingaraye nk’uko Musa yabibwiraga Uhoraho, wenda tukaba tunafite umutima wa cyarutare, Imana Nyirimpuhwe yakwemera kutura iwacu ikahagira ingoro yayo. Ibi kandi bituma abemera Imana babaho ku buryo buhuje n’umugambi wayo: umuryango w’abemera ugahinduka ikitegererezo cy’urukundo rw’Imana kuko ubusabane buranga Ubutatu Butagatifu nibwo shusho y’ubuzima nyabwo. Tureke rero ineza y’Imana itwiyoborere, Roho atumurikire maze isi dutuye duhereye mu mitima yacu no mu ngo zacu, ibe koko ingoro y’Umusumbabyose.
samedi 11 juin 2011
UMUNSI MUKURU WA PENTEKOSITI 2011A
UMUNSI MUKURU WA PENTEKOSITI A
12 kamena 2011 umwaka A
Intu 2,1-11
1 Kor 12,3b-7.12-13
Yoh 20,19-23
Turahimbaza umunsi mukuru wa Pentekositi, umunsi usoza ibihe bya Pasika, ukatwinjiza mu bihe bisanzwe by’umwaka. Umunsi wa pentekositi, nk’uko tubisoma mu gitabo cy’ibyakozwe n’intumwa, wari umunsi wahimbazwaga mu bayahudi nyuma y’iminsi mirongo itanu pasika ibaye. Abayahudi bibuka cyane cyane uko Imana yabavanye mu Misiri, ikabatungira mu butayu imyaka mirongo ine yose badahinga kugeza igihe binjiriye mu gihugu cy’isezerano. Muri iyo minsi mirongo itanu, bamurikiraga Imana umusaruro wabo, bakayishimira ineza ibagirira, bakiyibutsa amategeko yayo, muri make bakanagura umubano n’ubucuti bari bafitanye n’Uhoraho, umubano ushingiye mu gukurikiza amategeko. Yezu asezeranya abigishwa be Roho Mutagatifu, yababwiraga ko azaza akabigisha ibyo yababwiye byose, akabafasha gusobanukirwa n’ukuri kandi akababera umuvugizi. Nk’uko abahanuzi bari barabivuze, ntibizaba bikiri ngomwa amategeko n’abigisha kuko Imana ubwayo ariyo iziyigishiriza umuryango wayo, abantu bose bakazayimenya, bakamenya n’abategeko yayo cyane ko azaba atari ayanditse ku mabuye abiri nko mu gihe cya Musa, ahubwo mu mutima wuzuye Roho Mutagatifu. Ibi rero byabaye impamo ku munsi wa penekositi ubwo Intumwa zahabwaga imbaraga nshya maze zigasohoka aho zari zifungiranye kubera ubwoba bwo gutinya abayahundi, zikajya kwamamaza ko nta wundi mukiro ubaho utanyuze kuri Kristu wadupfiriye akazuka ngo turonge ubuzima bw’iteka. Ivaijri ya Yohani ariko itubwira ko intumwa zahawe RohoMutagatifu ku munsi wa mbere wa pasika. Ndetse usoma iby’urupfu rwa Yezu abona ko Roho Mutagatifu twamuhawe mu gihe Yezu yatangaga. Roho Mutagatifu ni imbuto y’ugucungurwa kwacu. Izo mbaraga zavuye mu rubavu rwa Yezu zigomba gutuma intumwa zigenda zikagera aho isi ishirira, zikamamaza hose ko Imana yaduhaye imbaraga zayo ngo dukiranuke n’inzira y’icyaha. Uyobowe na Roho ntashobora kwihandagaza ngo atuke Imana nk’uko ari Roho utubwiriza buri gihe igikwiye n’igitunganye. Roho kandi aduha ingabire akurikije akamaro zigirira umuryango wose nk’uko ingingo zungikiranya ngo zikore umubiri umwe. Ntawe wihangisha ko yahawe ingabire ngo atangire ashyuhaguzwe ngo arakorera Kristu cyangwa arubaka Kiriziya ye. Yemwe n’ingabire zihariye nko kuvuga mu ndimi, gukiza abarwayi, kwirukana amashitani,... ni Roho ugena abazihabwa akurikije ububasha bwe. Abakristu rero twatoye ingoma ku ruteme kuko Imana byose yaragennye ku buntu bwayo. Icyo tugomba gukora ni kimwe: kumvira Roho wayo akaba ariwe utwiyoborera hato tutavaho tumera nk’uyu mugabo wateze indege maze akanipfunyikira ifunguro kuko yumvaga nta mikoro yo kugurira ibyo kurya mu ndege. Abagomba kumuhereza bamugeraga iruhande ati: oya nta appétit mfite. Ariko bamara kugenda agapfundura uruhago akigirira akamaro. Usibye nyine ubuswa bwo kutamenya no kutabaza, uriya mugabo yanarwanye n’isoni zo kwihisha no kubeshya, tutaretse no kumira amalitiro ubwo abandi biherezaga ifunguro ryari ryabateguriwe. Uwashaka kubaho gikirisitu adafite imbaraga za Roho Mutagatifu nawe ni kimwe: ubuswa, ubujiji, isoni no kutagira icyo ageraho. Nyuma hakazaza amarira igihe azamenya ko byose byari byarishywe mbere, ko nta mpamvu yo kuruha uwa Kavuna kandi Kristu yaradupfiriye akanaduha Roho we.
12 kamena 2011 umwaka A
Intu 2,1-11
1 Kor 12,3b-7.12-13
Yoh 20,19-23
Turahimbaza umunsi mukuru wa Pentekositi, umunsi usoza ibihe bya Pasika, ukatwinjiza mu bihe bisanzwe by’umwaka. Umunsi wa pentekositi, nk’uko tubisoma mu gitabo cy’ibyakozwe n’intumwa, wari umunsi wahimbazwaga mu bayahudi nyuma y’iminsi mirongo itanu pasika ibaye. Abayahudi bibuka cyane cyane uko Imana yabavanye mu Misiri, ikabatungira mu butayu imyaka mirongo ine yose badahinga kugeza igihe binjiriye mu gihugu cy’isezerano. Muri iyo minsi mirongo itanu, bamurikiraga Imana umusaruro wabo, bakayishimira ineza ibagirira, bakiyibutsa amategeko yayo, muri make bakanagura umubano n’ubucuti bari bafitanye n’Uhoraho, umubano ushingiye mu gukurikiza amategeko. Yezu asezeranya abigishwa be Roho Mutagatifu, yababwiraga ko azaza akabigisha ibyo yababwiye byose, akabafasha gusobanukirwa n’ukuri kandi akababera umuvugizi. Nk’uko abahanuzi bari barabivuze, ntibizaba bikiri ngomwa amategeko n’abigisha kuko Imana ubwayo ariyo iziyigishiriza umuryango wayo, abantu bose bakazayimenya, bakamenya n’abategeko yayo cyane ko azaba atari ayanditse ku mabuye abiri nko mu gihe cya Musa, ahubwo mu mutima wuzuye Roho Mutagatifu. Ibi rero byabaye impamo ku munsi wa penekositi ubwo Intumwa zahabwaga imbaraga nshya maze zigasohoka aho zari zifungiranye kubera ubwoba bwo gutinya abayahundi, zikajya kwamamaza ko nta wundi mukiro ubaho utanyuze kuri Kristu wadupfiriye akazuka ngo turonge ubuzima bw’iteka. Ivaijri ya Yohani ariko itubwira ko intumwa zahawe RohoMutagatifu ku munsi wa mbere wa pasika. Ndetse usoma iby’urupfu rwa Yezu abona ko Roho Mutagatifu twamuhawe mu gihe Yezu yatangaga. Roho Mutagatifu ni imbuto y’ugucungurwa kwacu. Izo mbaraga zavuye mu rubavu rwa Yezu zigomba gutuma intumwa zigenda zikagera aho isi ishirira, zikamamaza hose ko Imana yaduhaye imbaraga zayo ngo dukiranuke n’inzira y’icyaha. Uyobowe na Roho ntashobora kwihandagaza ngo atuke Imana nk’uko ari Roho utubwiriza buri gihe igikwiye n’igitunganye. Roho kandi aduha ingabire akurikije akamaro zigirira umuryango wose nk’uko ingingo zungikiranya ngo zikore umubiri umwe. Ntawe wihangisha ko yahawe ingabire ngo atangire ashyuhaguzwe ngo arakorera Kristu cyangwa arubaka Kiriziya ye. Yemwe n’ingabire zihariye nko kuvuga mu ndimi, gukiza abarwayi, kwirukana amashitani,... ni Roho ugena abazihabwa akurikije ububasha bwe. Abakristu rero twatoye ingoma ku ruteme kuko Imana byose yaragennye ku buntu bwayo. Icyo tugomba gukora ni kimwe: kumvira Roho wayo akaba ariwe utwiyoborera hato tutavaho tumera nk’uyu mugabo wateze indege maze akanipfunyikira ifunguro kuko yumvaga nta mikoro yo kugurira ibyo kurya mu ndege. Abagomba kumuhereza bamugeraga iruhande ati: oya nta appétit mfite. Ariko bamara kugenda agapfundura uruhago akigirira akamaro. Usibye nyine ubuswa bwo kutamenya no kutabaza, uriya mugabo yanarwanye n’isoni zo kwihisha no kubeshya, tutaretse no kumira amalitiro ubwo abandi biherezaga ifunguro ryari ryabateguriwe. Uwashaka kubaho gikirisitu adafite imbaraga za Roho Mutagatifu nawe ni kimwe: ubuswa, ubujiji, isoni no kutagira icyo ageraho. Nyuma hakazaza amarira igihe azamenya ko byose byari byarishywe mbere, ko nta mpamvu yo kuruha uwa Kavuna kandi Kristu yaradupfiriye akanaduha Roho we.
dimanche 5 juin 2011
YEZU ASUBIRA MU IJURU 2011A
YEZU ASUBIRA MU IJURU
5 kamena 2011 Umwaka A
Intu 1,1-11
Ef 1,17-23
Mt 28,16-20
"Nimugende wigishe amahanga yose, mubabatize mu izina rya Data na Mwana na Roho Mutagatifu kandi mubatoze gukurikiza ibyo nabatoje byose". Ngaya amagambo tuzi-rikana kuri uyu munsi mukuru wa Yezu asubira mu ijuru. Yezu arasa n'ushoje umurimo we maze agaha intumwa amabwiriza yo gukomereza aho yari agejeje. Siko bimeze. Amasomo twagiye twumva muri iki cyumweru -ku bagira akanya ko kumva misa zo ku mibyizi- Yezu yagiye ateguza abigishwa be ku murimo Roho Mutagatifu azakora wo kubunganira ngo hato batibona nk'imfubyi kandi n'amagambo asoza ivanjiri ya none arabishimangira: "dore ndi kumwe namwe iminsi yose kugeza gihe isi izashirira". None se umunsi duhimbaza usobanura iki niba Yezu yaragiye kandi akaba akiri kumwe natwe? Ko Roho Mutagatifu, Imana Nyirubuzima, ariwe utwiyoborera, umunsi w'ukwererezwa mu ijuru kwa Yezu utwungura iki? Pawulo mutagatifu araduha igisubizo: "ubonye Imana yamurikiye amaso y'umutima wanyu kugira ngo musobanukirwe n'ukwizera mwifitemo. Ubonye Imana yabahaye umutima w'ubwenge n'ubujijuke kugira ngo murusheho kuyi-menya". Abamalayika nabo baryunzemo babwira intumwa bati: "nimusigeho gukomeza kurangamira ijuru, kuko uko mumubonye agenda niko azagaruka". Birabe atari akaya ndirimbo ngo "uko twaje niko tuzataha".Oya! Yezu yasubiye mu ijuru kandi agumana natwe, kugira ngo natwe tubeho hano ku isi ariko tunari mu ijuru. Ni mugihe kuko umwe muri twe yatashye mu ijuru kugira ngo natwe tuhabone icyicaro. Yezu mwene Mariya na Yozefu yadufunguriye bwa busitani Adamu na Eva bari barirukanywemo igihe bihaga kurya urubuto imburagihe. Ibyo kandi ntibigoye kubyumva kuko duhereye kuri Ukarisitiya, tubona ku buryo bunoze ko Yezu ari kumwe natwe hano ku isi kandi natwe tukaba turi kumwe nawe mu ijuru. Yezu nta kuntu atari gusubira mu ijuru. Iyo bitaba, twari kwigumira mu byishimo hamwe nawe ariko bigahera aho. Nyamara umugambi wo kuducungura wari uwo kutugarura mu rugo kwa Data. Nibyo Yezu ashimangira avuga ati: "ngiye kubategurira umwanya kugira ngo aho nzaba ndi namwe muzabe hamwe nanjye". Ibanga dukesha ukwemera kwacu ni uko mu masakaramentu duhimbaza cyane cyane ukarisitiya, duhimbaza ijuru kandi dutegereje kuzaritahamo ubwo imisi yacu ya hano ku isi izaba irangiye. Iyi mvugo wenda yaba ihanitse kumva dutuye mu ijuru kandi buri munsi tuganya, dupfa nabi, turuha, twiyuha icyuya ngo turonke icyaturamura, wenda hari n'abatabona uko barya icyo baronse kubera ingorane zo kubura amahoro, kubura aho bikinga n'izindi ngorane. Ingorane z'ubu buzima, Yezu azigereranya n'imibabaro y'umugore wenda kubyara: ntaba yorohewe, ariko kuko aba azi ibyishimo yizeya, aratwaza akemera ako kababaro k'akanya gato ariko ka ngombwa kugira ngo umwana avuke (Yh 16,21-23). Umurimo Yezu araga abe ni uwo gukwiza hose iyo neza ko guhera ubu ijuru n'isi ari ikintu kimwe kuko Kristu yabihuje; uwemera Imana arangwa no guhora mu mwiteguro wo gusanganira Kristu uzaza kumujyana mu ijuru; uwaronse ineza ya Kristu, adashobora guceceka cyangwa gucica intege imbere y'ingorane z'ubu buzima kuko Kristu ni muzima kandi agaje iburyo bw'Imana Data,...Ngaho rero, dukazanye kugirango koko tumenyekanishe ineza n'ukwizera twifitemo. Twibuke ko duhagarikiwe n'Uwatsinze urupfu: tawe uzadukoma imbere.
5 kamena 2011 Umwaka A
Intu 1,1-11
Ef 1,17-23
Mt 28,16-20
"Nimugende wigishe amahanga yose, mubabatize mu izina rya Data na Mwana na Roho Mutagatifu kandi mubatoze gukurikiza ibyo nabatoje byose". Ngaya amagambo tuzi-rikana kuri uyu munsi mukuru wa Yezu asubira mu ijuru. Yezu arasa n'ushoje umurimo we maze agaha intumwa amabwiriza yo gukomereza aho yari agejeje. Siko bimeze. Amasomo twagiye twumva muri iki cyumweru -ku bagira akanya ko kumva misa zo ku mibyizi- Yezu yagiye ateguza abigishwa be ku murimo Roho Mutagatifu azakora wo kubunganira ngo hato batibona nk'imfubyi kandi n'amagambo asoza ivanjiri ya none arabishimangira: "dore ndi kumwe namwe iminsi yose kugeza gihe isi izashirira". None se umunsi duhimbaza usobanura iki niba Yezu yaragiye kandi akaba akiri kumwe natwe? Ko Roho Mutagatifu, Imana Nyirubuzima, ariwe utwiyoborera, umunsi w'ukwererezwa mu ijuru kwa Yezu utwungura iki? Pawulo mutagatifu araduha igisubizo: "ubonye Imana yamurikiye amaso y'umutima wanyu kugira ngo musobanukirwe n'ukwizera mwifitemo. Ubonye Imana yabahaye umutima w'ubwenge n'ubujijuke kugira ngo murusheho kuyi-menya". Abamalayika nabo baryunzemo babwira intumwa bati: "nimusigeho gukomeza kurangamira ijuru, kuko uko mumubonye agenda niko azagaruka". Birabe atari akaya ndirimbo ngo "uko twaje niko tuzataha".Oya! Yezu yasubiye mu ijuru kandi agumana natwe, kugira ngo natwe tubeho hano ku isi ariko tunari mu ijuru. Ni mugihe kuko umwe muri twe yatashye mu ijuru kugira ngo natwe tuhabone icyicaro. Yezu mwene Mariya na Yozefu yadufunguriye bwa busitani Adamu na Eva bari barirukanywemo igihe bihaga kurya urubuto imburagihe. Ibyo kandi ntibigoye kubyumva kuko duhereye kuri Ukarisitiya, tubona ku buryo bunoze ko Yezu ari kumwe natwe hano ku isi kandi natwe tukaba turi kumwe nawe mu ijuru. Yezu nta kuntu atari gusubira mu ijuru. Iyo bitaba, twari kwigumira mu byishimo hamwe nawe ariko bigahera aho. Nyamara umugambi wo kuducungura wari uwo kutugarura mu rugo kwa Data. Nibyo Yezu ashimangira avuga ati: "ngiye kubategurira umwanya kugira ngo aho nzaba ndi namwe muzabe hamwe nanjye". Ibanga dukesha ukwemera kwacu ni uko mu masakaramentu duhimbaza cyane cyane ukarisitiya, duhimbaza ijuru kandi dutegereje kuzaritahamo ubwo imisi yacu ya hano ku isi izaba irangiye. Iyi mvugo wenda yaba ihanitse kumva dutuye mu ijuru kandi buri munsi tuganya, dupfa nabi, turuha, twiyuha icyuya ngo turonke icyaturamura, wenda hari n'abatabona uko barya icyo baronse kubera ingorane zo kubura amahoro, kubura aho bikinga n'izindi ngorane. Ingorane z'ubu buzima, Yezu azigereranya n'imibabaro y'umugore wenda kubyara: ntaba yorohewe, ariko kuko aba azi ibyishimo yizeya, aratwaza akemera ako kababaro k'akanya gato ariko ka ngombwa kugira ngo umwana avuke (Yh 16,21-23). Umurimo Yezu araga abe ni uwo gukwiza hose iyo neza ko guhera ubu ijuru n'isi ari ikintu kimwe kuko Kristu yabihuje; uwemera Imana arangwa no guhora mu mwiteguro wo gusanganira Kristu uzaza kumujyana mu ijuru; uwaronse ineza ya Kristu, adashobora guceceka cyangwa gucica intege imbere y'ingorane z'ubu buzima kuko Kristu ni muzima kandi agaje iburyo bw'Imana Data,...Ngaho rero, dukazanye kugirango koko tumenyekanishe ineza n'ukwizera twifitemo. Twibuke ko duhagarikiwe n'Uwatsinze urupfu: tawe uzadukoma imbere.
Inscription à :
Articles (Atom)
Rechercher dans ce blog
umuryango wa Thomas
MUSENYERI N'URUNGANO
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi
VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel
VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI
VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE
visite pastorale
ishuri ribanza
visite pastorale
ishuri ribaza
visita pastorale
visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri
Visite pastorale
abana n'abakateshisti
Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA
Visite pastorale
accueil
ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe
amafoto
ishusho ya Bikira Mariya
amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo
amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba
amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka
amafoto yo mu Rwanda
ubusitani
amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali
amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini 2008
inkongoro
ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano
IKIRUGU
YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)
ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO
URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
kiriziya ya mut Patero i Roma
COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA
ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO
MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA
SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)
BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)
Archives du blog
Qui êtes-vous ?
ikaze
mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,...
Imana ibahe umugisha.
ERMO DELLE CARCERI
ASSISI
abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi