dimanche 24 avril 2011

UMUNSI MUKURU WA PASIKA YA NYAGASANI 2011A

UMUNSI MUKURU WA PASIKA YA NYAGASANI

24 mata 2011 Umwaka A


 

Int 10,34.37-43

Kol 3,1-4

Yh 20,1-9

Kristu yazutse allelluya! Ngiyo inkuru nziza kiriziya ihimbaza uyu munsi. Amasomo matagatifu aradufasha kuzirikana uburyo abagore n'intumwa bakiriye iyo nkuru. Hari uwakeka ko ari iyo bihimbiye nk'uko abakuru b'abafarizayi bari babibwiye Pilato ngo bashyireho abarinzi hato abantu batazaza bakiba umurambo, maze bagahimba ko yazutse (Mt 27,62-66). Uko abigishwa bitwaye mu ifatwa rya Yezu, birahagije ngo twumve ko atari bo bwari gucya bajya guhimba ko yazutse. Kandi n'aho amariye kuzuka, Yezu yiyeretse abigishwa be ngo abamare gushidikanya; Tomasi niwe wari watinze kwemera kuko yari akeneye kubanza akirebera. Nibyo koko Kristu yarazutse kandi inkuru y'izuka twayigereranya na BIG BANG abahanga bakoresha iyo bagenekereza uko ibituye isi byatangiye. Inkuru y'izuka yabaye kimomo kandi yarogeye ku buryo n'ubu ikiri nshyashya k'iyaraye ibaye. Mutagatifu Agustini niwe uvuga ati guhamya ko Yezu yapfuye si ikintu gikomeye kuko amateka y'abapagani arabihamya. Ariko kwemera ko yazutse ni umurimo w'abakristu. Kuko izuka ni ishingiro ry'ukwemera kwacu. Ubuzima bwa Kristu, ibyo yavuze n'ibyo yakoze byuzurizwa mu izuka rye. Amizero y'isi nshya n'ijuru bishya byigaragariza mu izuka. Imbaraga zo guharanira ingoma y'ijuru n'ubutabera bwayo, tuzibonera mu izuka rya Kristu, kuko ni muzima kandi abamwemera bazabaho iteka hamwe nawe. Abanyarwanda baca umugani ngo ikibura bakarya ni umunyu n'itabi; ku bakristu izuka rya Kristu ribuze, usibye no kubirira aho, ahubwo ntitwanaramuka: ni byose muri kriziya kuko ni gihamya y'urukundo Imana idukunda. Si uko tubivuga cyangwa Kiriziya ibyamamaza, ahubwo izuka ubwaryo niryo riduha imbaraga zo kubaho no kwamamaza ineza ya Nyagasani.

Mu nzu hari amatara ane yahoraga acanye bityo abayituye bakanezezwa n'umucyo wayo. Ayo matara yitwaga Mahoro, Kwemera, Rukundo na Kwizera. Rimwe, Mahoro abwira bagenzi be ati ibyo kumurika sinkibishoboye kuko abantu batakimborera ka peteroli kandi uko mbibona basa n'ababikora nkana; aho bukera nzazima buheriheri. Habaye hadaciye kabiri, Mahoro arahwekera nk'uko yari yabyivugiye. Bidatinza na Kwemera atera mu rya Rukundo, ati abantu ntibakinkeneye ku buryo numva ngomba kuzima kuko urumuri rwanjye rusa no gucurangira abahetsi. Kwemera yabaye atararangiza kuvuga, akayaga kaba karahutereye maze urumuri rwa Kwemera ruba rurazimye. Rukundo ngo abone ibibaye arashavura cyane, atangira kuganya, ati nanjye ndumva nta mpamvu yo gukomeza kuvunwa n'ubusa. Abantu ntibacyumva akamaro kanjye. Bahisemo kwangana, jyewe bantera umugongo. Urumuri rwa Rukundo rwabaye rukizima, muri ya nzu hinjiramo umwana muto maze akuka umutima abonye umwijima wari uyirimo. Atangira kurira abaza impamvu amatara hafi ya yose yari yazimye kandi yagombye kuba amurika. Nuko Kwizera agira ishavu, arahindukira abwira uwo mana ati humura wirira ndahari kandi n'umvasha turacana n'ayandi atatu yari yazimye. Umwana afata itara ryari ricyaka, akongeza ayandi maze umucyo urongera ataha muri ya nzu. Nyagasani Yezu, ni wowe kwizera kwacu, dufashe twoye kuzimya ukwizera wabuganije mu mitima yacu. Ha buri wese kuba nk'uriya mwana, ushobora kwinjira agacanira abandi urukundo, ukwemera n'amahoro, zo mbuto z'izuka ryawe. Ibi kandi byatuma duhamya ko hirya y'imibabaro n'amage y'iyi si Yezu yadufunguriye umuryango ugana mu buzima nyabwo. Mugire mwese umunsi mwiza kandi ineza ya Kristu wazutse ibana namwe iteka.

samedi 16 avril 2011

ICYUMWERU CYA MASHAMI 2001A

ICYUMWERU CYA MASHAMI

17 mata 2011 umwaka A


 

Iz 50,4-7

Fil 2,6-11

Mt 26,14-27,66

Icyumweru cya mashami duhimbaza kiradufasha kwinjira mu cyumweru gitagatifu gisozwa n'umunsi wa pasika. Ivanjiri y'ububabare tuzirikana uyu munsi, idufashe kwitegura iyi minsi mikuru, kumenya uwaducunguye no kumugana tudategwa ngo akomeze aduhaze ingabire ze. Nifuje kubafasha kuzirikana iyi vanjiri ku buryo bw'inzira y'umusaraba kubera impamvu ebyiri: iya mbere, wenda twese siko twabonye umwanya wo gukora inzira y'umusaraba muri iki gisibo, iyi rero yadufasha kwitegura pasika neza. Impamvu ya kabiri ni uko inzira y'umusaraba natwe idufasha kwiyemeza gucungura abandi cyagwa se kwirinda kubongerera umusara no guhoza Yezu ku nkeke. Ntihagire ukuka umutima ngo inzira y'umusaraba ni ndende, nahisemo iy'ubusamo: Yezu yoza ibirenge by'intumwa ze, Yezu mu murima w'imizeti, Yezu kwa Pilato na Yezu ku musaraba.

1 Yezu yoza ibirenge by'intumwa ze: ngo nuko bamaze kurya akura imyambaro, akindikiza igitambaro, asuka amazi ku ibesani atangira kwoza ibirenge by'intumwa. Ibirenge by'intumwa... Ino aha ntuye ntibindushya kwoza ibirenge kuko bose bamenyereye inkweto. Ariko iwacu, iyo nibutse uko bitugendekera iyo twambaye inkweto bwa mbere, hari abatangirira kuri nomero ya kasha ngo ejo bazakunde bamenye numero ibakwira, aba baca inkweto kubera ibirenge bidasanzwe,... ibirenge ni ishusho y'intumwa: Yuda ugambana Petero w'umunyabwoba, Yohani wiryamira mu gituza, Mariko uhunga atambaye, Baritoromewo uyu utigiramo uburyarya... abo bose kandi ubanza dufitemo umwanya. Yezu yogeje ibirenge bya bose atitaye kubyo bamukoreye. Utazi kwoza ibirenge by'abadi ntashobora kumenya gukunda nka Yezu. Utazi kwoza ibirenge by'abo akunda n'abo ashinzwe ntibuzamugore yatanya ngo agiye kwigisha ineza ya Yezu. Udashobora kugirira neza mugenzi we atabanje kumureba mu maso, uwo ntiyaba umwigishwa wa Yezu we ukunda gusa kuko ari Rukundo.

2 Yezu mu murima w'imizeti: «Atangira kugira agahinda n'ishavu. Nuko arababwira ati "umutima wanjye urashavuye byo gupfa"». Yezu ari mu murima w'imizeti yagize ishavu, ubwoba ndetse no guhinda umushyitsi kugeza aho kuva icyuya kivanze n'amaraso. Nta kindi cyabimuteye ni inkongoro yendaga kunywa, inkongoro y'impuhwe n'ubutabera by'Imana, yari yarushujwe n'ibyaha n'ubuhemu bya muntu. Yezu yaratsinze kandi yarazutse, nyamara ntarashira agahinda igihe cyose muntu abura impuhwe n'ubutabera, urukundo n'amahoro, ineza n'imbabazi. Igihe cyose bari abapfa, abaganya, abarara rwa ntambi kubera impamvu zinyuranye, Yezu arashavura kandi ni mu gihe kuko tuba dupfusha ubusa umukiro yatuzaniye. Yezu wo mu murima w'imizeti yarirwarije, ariko ubabara ubu, arahindukira akatureba ngo tumurenganure. Uwo muwandimwe ubabara, uboshywe n'inabi y'icyaha, Yezu arakwitabaza ngo umucungure.

2 Yezu kwa Pilato: «Dore wa muntu»

Tuzirikane uko Yezu yari ameze imbere ya Pilato, cyane cyane ubwo abasirikare bari bamaze kumwigirizaho nkana: ikizingo cy'amahwa, yahindanye n'imivu y'amaraso, wamwambitse ibyo bishakiye...Agahinda gakomeye Yezu yagize si inkoni no gushinyagurirwa – n'ubwo nabyo bitamworoheye nk'uko senema ya Mel Gibson, the passion, isa n'ibidushushanyiriza- ahubwo ni ukubabazwa n'abatumvaga ko arimo abacungura: "babarire Nyagasani kuko batazi icyo bakora", ni isengesho Yezu yaturiye abo bose baseka mu bikomeye. Yezu ahozwa imbere ya Pilato igihe cyose twirengagiza abavandimwe bacu bari mu kaga, tukigira nyoninyinshi, ntibindeba, ntavaho niteranya...Ikimenyetso Pilato yatanze cyo gukaraba ngo ni umwere ndumva tutahagama mu kukigaya gusa, ahubwo twaniyemeza kwirinda icyatuma hagira udupfana ari twe twagombaga kumurengera. Biri burusheho kutworohera, uru rubanza rwa Yezu turuhuje n'ibibazo by'iwacu mu Rwanda. Bangahe bashoboraga gukira iyo ba Pilato tuba bacye? Kwigaya nibyo twabikora nka Petero, wenda ntitugeze aha Yuda ho kwimanika, icy'ingezi ariko ni ibikorwa ubu dukora bigaragaza ukwicuza kwacu.

3 Yezu ku musaraba: «Mana yajye, Mana yanjye, icyatumye untererana ni iki?». Yezu yenda guca yatakiye Imana se. Si uko yari yihebye cyangwa yari yageze aho guhakana, ahubwo isengesho rye rishushanya amajwi y'abatabaza impuhwe z'Imana mu gihe cy'amajye. Bariya bose basa n'ababambiwe ku buriri kwa muganga kubera indwara zidakira nka SIDA, cancer, urushwima...Bariya bwira bakibaza niba buzacya, bwacya bakabyuka batazi niba bari buwirize kubera intambara, inzara, kunanirwa n'urubyaro, kubura ame-rekezo...Abo bose basa n'abategereje ko Yozefu w'i Arimatiya ajya gusaba umurambo ngo byibura abahambe. Mutekereze akaga n'agahinda Mariya nyina wa Yezu yagize mu mipfire y'umwana we. Agomba kuba, nyuma y'izuka yarabwiye Umwana we cyangwa se aho ajyaniwe mu ijuru yarabajije Imana Data ati: mbega ukuntu twababajwe no kwinumira kwawe. Nsojereje kuri aka kabazo ko mundirimbo ya negro spiritual: were you there, were you there when they crucified my Lord? Ngo ubwo babambaga Umwami mwanjye, mbega wari uhari? Umwana w'ibakwe yasubiza ati ndacunirwa! Jyewe nari mpari: muri cya gitero cyaje kumufata, muri rubanda rwari rwaje gushukamiriza, muri ba batware b'umuryango, muri Pilato n'ingabo ze, wenda ikizingo cy'amahwa nijye wagikoze, wenda ndi ya ntumwa yiyatse abari baje gufata Yezu igahunga yambaye ubusa...Ndumva ntakwihandagaza ngo «Ndi umwere w'ayo amaraso, muzigorerwe» Nyagasani Yezu ndagushimira ko wancunguye. Umpe kudapfusha ubusa ineza igukomokaho.

samedi 9 avril 2011

ICYUMWERU CYA GATANU CY'IGISIBO 2011A

Ce blog

Lien

Le Web

Inizio modulo

Fine modulo

ICYUMWERU CYA GATANU CY'IGISIBO

10 mata 2011 umwaka A


 

Ez 37,12-14

Rm 8,8-11

Yh 11,1-45

Izuka n'ubuzima bushya muri Kristu ni ingingo tuzirikana mu masomo y'iki cyumweru. Umuhanuzi Ezekiyeli aributsa umuryango wa Isiraheli ko utagomba kwiheba kuko Uhoraho ahari kandi azawuha kubaho nk'uko amagufa yumiranye asubirana ubuzima abikesheje ijambo n'umwuka bye: «Nzabashyiramo umwuka wanjye mubeho, bityo muzamenye ko ari jye Uhoraho wabivuze kandi nkabikora». Uko kwiheba kwanagara-gaye mu rugo rya Marita na Mariya, musaza wabo Lazaro amaze gupfa. «Ni jye zuka n'ubugingo; unyemera , n'aho yaba yarapfuye, azabaho», ngaya amagambo Yezu yabwiye Marita amusaba kwemera ko byose bihira abemera Imana. Ibyo ntitubishidikanya iyo twibutse ibyo Yezu yakoze cyane cyane duhereye ku izuka rya Lazaro tuzirikana uyu munsi. Pawulo mutagatifu, yandikira abanyaroma, yabibukije ko, kuba dufite Roho wazuye Kristu mu bapfuye, natwe tuzabaho ubuziraherezo. Nkoresheje ijambo ry'abavandimwe bacu b'abaporoso, navuga ko Roho wa Kristu yadugize abakiranutsi. Ibyo ntibitugora kubyamamaza mu ndangakwemera (credo). Nyamara urupfu n'abambari barwo turacyari kumwe. None se izuka rya Lazaro ryadufasha gute kubaho ubuzirahe-rezo? Ese Roho twahawe tujya twibuka umurimo we muri twe ngo tuwumuharire cyangwa iby'ukwemera tubirindiriza umunsi w'izuka ry'abafuye, hagati aho tukaba dukomeza kwiberaho nka ya magufa yumiranye, abatarapfa tukaba nta bundi bushobozi usibye kujya gufasha Marita na Mariya bapfushije kuriya no kuganya. Twemera ko Inkuru nziza ya Kristu ari ubuzima bw'iteka, burenze kure bwa buzima buzira umuze inzego zishinzwe amagara y'abaturage zitwizeza tukabubura tubureba kubera indwara n'ibizira duhura nabyo. Kuva muntu yacumura indwara, inzara, amapfa, imyuzure,...bisa n'ibyabaye urwandiko. Kubura epfo na ruguru, kwiheba, gusenya, guhemukirwa, gutakaza abawe, kwigunga, guhomba, kwamburwa, kubihirwa n'ubuzima...hari abo byogeraho uburimiro, aka wa mugani ngo Imana hari uwo iha nk'imuhongera hakaba n'uwo yima nk'imuhana. Siniriwe mvunga imvano y'akaga ka muntu, kuko turayizi. Ndetse nirinze kuvuga ba Nyirabayazana cyangwa ba Bigirankana na Mbikorambizi, twe twese turebera abari mu kaga. Bariya bateza amakuba kuko ngo biringiye bya bitwaro bya rutura. Ba bagabo bivuga ngo umugabo ni urya utwe akarya n'utw'abandi. Aba bakongeza urupfu aho baciye hose ngo ngaho n'urukundo kandi ari SIDA yigendera. Bano ba Rwicaruhoze, ba Ntampuhwe bakinisha ubuzima bw'abandi bakiyibagiza ko bucya bwitwa ejo. Eraga nawe ushinzwe umurimo runaka maze ukawurengaho nkana, ukarumanza izo waragijwe nturi shyashya! Wowe se ukeka ko Iyakuremye ntacyo mugipfana, ko n'abakubyaye bikiniraga, ko ubuzima bwawe ntawe ubugenga nta n'ubucunga, ko warya icyo ubonye ukakirira aho ubonye n'uwo ubonye. Nirirwe nibutsa se bamwe bashinzwe guteganyiriza abo bashinzwe no kubafungurira, cyangwa abagena amategeko n'uburyo bw'imbanire ko iyo bateshutse nkana kwa Mariya na Marita basubira kurira kubera urupfu rwa Lazaro? Sindi umuhanuzi w'ibihe bibi cyangwa ngo amaso yanjye abe yararemariye kubona ibibi gusa, ariko isi dutuye irarwaye kandi uwashaka kuyijyana kwa muganga, ibimenyetso yaheraho iyisuzumisha nabimurangiye. Hirya y'ibi byose, Yezu aratubwira ati «Lazaro, ngwino, sohoka». Kabone n'ubwo twaba dusaziye mu mva, ndavuga mu bibazo n'igorane bya buri munsi, Yezu arasaba ko bakura ibuye ku mva ngo tujye ahabona. Yezu aratubaza niba koko twemera ko muri we hari izuka n'ubugingo bw'iteka. Si ibyo gushakisha mu bwenge bwacu, ahubwo amateka araduhumura. Imana ntihwema kugenderera umuryango wayo ngo iwukize. Ikimenyetso cy'imanyura ry'umugati mu gitambo cya misa ni gihamya ko Kristu yatsinze urupfu buheriheri. Abamwera nabo baratsinze, barakiranutse kandi bahamagariwe gukiranura abandi. Uyu munsi ni twe Yezu asaba gukura ibuye ku mva ngo tureke ijambo rye rizure, rikure Lazaro mu rupfu. Dusabe inema yo kwemera icyo Imana idutegeka.

Rechercher dans ce blog

umuryango wa Thomas

umuryango wa Thomas

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel

VSITE PASTORALE

VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribanza

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribaza

visita pastorale

visita pastorale

visite pastorale

visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri

Visite pastorale

Visite pastorale
abana n'abakateshisti

Visite pastorale

Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA

Visite pastorale

Visite pastorale
accueil

ordination dell'abbé Claude Mutabazi

ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe

amafoto

amafoto
ishusho ya Bikira Mariya

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
ubusitani

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini 2008

Corpus Domini 2008
inkongoro

ikirugu

ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano

IKIRUGU

IKIRUGU

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO

URUBYIRUKO

URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

kiriziya ya mut Patero i Roma

kiriziya ya mut Patero i Roma

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA

SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE

SANCTUAIRE DE SAN  AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)

Archives du blog

Powered By Blogger

ikaze

mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,... Imana ibahe umugisha.

ERMO DELLE CARCERI

ERMO DELLE CARCERI
ASSISI

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi

ermo si San Vitaliano

ermo si San Vitaliano

Caserta

Caserta

reggia di Caserta

reggia di Caserta

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere