vendredi 31 décembre 2010

UMUNSI WA BIKIRA MARIYA UMUBYEYI W'IMANA 2011A

UMUNSI WA BIKIRA MARIYA UMUBYEYI W'IMANA

01 mutarama 20101umwaka A


 

Ibar 6,22-27

Gal 4, 4-7

Lk 2,16-21

Umunsi w'ubunani, umunsi wa mbere w'umwaka, ni umunsi tumenyereyeho gusaba amahoro ku isi. Muri kiriziya ni umunsi twizihizaho Bikira Mariya, umubyeyi w'Imana. Igitabo cy'ibarura kitubwira uko Aroni n'abahungu be, bagomba gutanga umugisha. Ni byo nta kindi twakwifurizanya kuri uyu munsi atari umugisha wa Nyagasani nk'uko abakurambere bacu babyifurizanyaga cyangwa se banabisabaga Imana, basaba kubyara, gutunga, kuramba no guhirwa. Tuzi ariko ko amahirwe nyayo akomoka ku Mana kandi agatungwa n'abayigororokera. Ni byo tuzirikana muri iyi minsi ya noheli. Urugero tureberaho ni Mariya watubyariye umucunguzi. Ijambo yabwiye malayika niryo twibuka tuzirikana na twe ihamagarwa ryacu, umwanya wacu mu kwakira ubutumwa bw'Imana no kunga mu ry'abatubanjirije mu gucungura isi. Umubyeyi Mariya atubera urugero mu kwemera, mu kwicisha bugufi, mu kugira umuhate wo gukurikira Yezu kugeza ku musaraba. Yego yari umwana we kandi nta kuntu atari kwakira umurambo we, ariko uko bibiliya itubwira imyitwarire ya Mariya, tumubonamo umuntu washakaga kumva ibanga malayika yari yaramubwiye umunsi amugezaho ya ndamutso tumenyereye mu isengesho rya "Ndakuramutsa Mariya". Imigenzo myiza yose twakwifuza kugeraho, nta kindi yatugezaho atari ugusingiza Imana no gukwiza mu isi ineza n'urukundo byayo. Ngiyo indi ngingo tuzirikanaho ku bunani: umunsi wo gusaba amahoro. Mu butumwa papa ageza kuri kiriziya y'isi, "liberté religieuse, chemin vers la paix" aratwibutsa uburenganzira buseseye mu kugaragaza ukwemera kwa buri buntu. Kugira ubwisanzure mu kwemera ni inzira itugeza ku mahoro. Wenda ntihabura iwibaza aho kujya gusenga, kugaragaza mu buzima busanzwe ibimenyetso biranga ukwemera, kimwe n'ibitekerezo bishingiye ku kwemera kwawe aho byaba bihuriye n'intambara yo guharanira amahoro ku isi. Ukwemera ni umwe mu misingi y'ibaze igize umuco w'abantu. Uburengazira bwo kugaragaza ukwemera kwawe atari gusa mu mihimbazo n'imitambagira, ahubwo mu buzima buciye mu kuri, bishingiye mu kubahana. Ibi kandi bigatangirira mu muryango kuko ari wo shuri ry'ubwisanzure, uburenganzira nyabwo n'amahoro. Ibi bijyana no kwirida gutwara intambike amahame dusanga mu madini atandukanye tubarizwamo cyangwa se tukitirira Imana ibitekerezo byacu. Biba binagayitse uretse ko ari icyaha gikabije kurwanirira Imana (ndavuga idini) twica abayo. Inzira y'amahoro nyayo, atari aya agerwaho ku ruhembe rw'umuheto cyangwa atungwa n'abagashize, ahubwo amahoro dukesha Imana kandi igabira bose cyane cyane abayikundira ishingira mu kubahana cyane cyane mu nzira ituganisha ku Mana. Duharanire rero iyo neza Imana yaduhaye yo kugira umuryango waba uwo turimo ubu, ndavuga ku barwubatse, cyangwa uwatwibarutse. Umubyeyi wa Jambo, Mariya ahore adutakambira kandi natwe twunge mu rye tuti: Uhoraho yatugiriye ibintu by'agatangaza, izina rye ni ritagatifu.


 

Umwaka mwiza kandi Imana izabahe ibyiza byoze muwifuzamo.

samedi 25 décembre 2010

UMUNSI W'UMURYANGO MUTAGATIFU RW'I NAZARETI 2010A

UMUNSI W'UMURYANGO MUTAGATIFU RW'I NAZARETI

26 ukwakira 2010 umwaka A


 

Sir 3,2-6.12-14 3, 3-7.14-17a)

Kol 3,12-21

Mt 2,13-15.19-23

Kiriziya irahimbaza umunsi w'urugo ruhire rw'i Nazareti rwa Yozefu, Mariya na Yezu, urugero rw'ingo zacu. Ni umunsi uba ku cyumweru gikurikira noheli. Uyu mwaka ukaba ubaye tukiri mu birori bya Noehli nyirizina. Isomo ryo mu gitabo cya mwene Siraki riratubwira ineza y'umwana wubaha ababyeyi be n'imibereho igayitse y'umwana usuzugura abamwibarutse. Pawulo mutagatifu nawe yunzemo atubwira uko ingo z'abakritsu zagombye kumera. Zigomba gushingira ku rukundo no kubahana muri Kristu. Ivanjiri ya Matayo, ihereye ku nkuru ya Yozefu ahungana Yezu mu Misiri, yatubwiye zimwe mu nshingano z'ababyeyi zo kumenya no kurwana ku bana babo. Igihe Imana yemeye kuvukira mu muryango, ndavuga Yezu yigira umuntu, yashakaga kutwereka ko ishingiro rya muntu riri mu muryango, mu buryo ababana bagerageza kugaragaza ineza y'Imana mu buzima bwabo bwa buri munsi. Yozefu, kimwe n'abandi basore, yari yararambagije Mariya ngo bazarwubakane bakurikije imico n'amategeko yagengaga umuryango wabo. Mbere y'uko bombi Imana ibahishurira umugambi wayo, bari nka twe twese kuko ntaho tunabona mu bitabo bitagatifu bari barigeze bavugwa ngo wenda tube twabakekaho indi miterere itari iy'abantu. Gusa ariko, aho bamenye ibanga ry'Imana, baryakiriye batajijinganya kabone n'ubwo bataryumvaga uko ryakabaye. Mariya yaratwawe, ageza n'aho kuririmba ya ndirimbo yabaye icyamamare, magnificat, indirimbo yari yarahimbwe na Ana, nyina w'umuhanuzi Samweli, igihe Uhoraho amuhanaguye amarira akamuha akana k'agahungu kuko yari ingumba. Yozefu, dore ko Imana yanamubonekeye mu nzozi, yagumye kugenda yakira ubwo butumwa butari bworoshye kuko imitego yari agahiryi. Ngabo rero abo tugomba kureberaho urugero mu ngo zacu, bakadufasha kurera barumuna ba Yezu ndetse na Yezu ubwe kuko kurera no kurema jyewe mbona byakwitiranywa. Ababyeyi bafite akazi kandi ni mu gihe kuko bunganira Imana mu kurema. Ibihe bigenda bihinduka, ntitukiri muri cya gihe cya Habyarimana, Niyikuza, Harerimana…Ahubwo duhamagariwe guteganya no kugena gahunda ihamye yo kurera abana Imana iduha. Twakwiyibutsa ikibazo twashubije mbere yo guhana isezera ry'ugushyingirwa tuvuga ko twemeye kuzakira no kurera neza abana bose Imana izaduha. Ni ukuri Imana ni yo irema kandi ni yo ikuza, ariko yifashija bene muntu mu nzego zinyuranye yabashyizemo. Ababyeyi rero, uyu munsi urabashishikariza kurera abana babo no kubitangira ngo bakure kandi bakurane uburere. Ntibagomba gufitira ngo bashakishe cyangwa bahimbahimbe, batererana abana bibwira ngo aho bazakurira bazihitiramo, babateteshe cyangwa babakure umutima, ahubwo bagomba kubatoza ineza n'ukwemera bakesha Imana. Uko umuteruye niko akunera kandi uwiba ahetse aba yigisha uwo mu mugongo. Sicyo twakwifuriza abarushinze, ahubwo ni ukurwubaka rugakomera no kurera abakura. Intero ya none kandi inareba abana. Aho umuntu abera akaga ni uko ari umunyabwenge. Abana b'ubu bavuga ko twananiranye. Ngo ntidukoreka, twigize kagarara, twahindutse abajyambere, turagendana n'ibigezweho… Simbujije kandi koko umwana ni umujyambere. Nyamara ngo nta kubona isha itamba ngo dute n'urwo twari twambaye. Zimwe mu ngorane tunigana nazo muri iki gihe cyane cyane mu bijyanye n'imitekerereze, ni ukwinubira imico ishingiye ku ivanjiri ngo irashaje kandi ikavuga ibintu bitakivugwa cyangwa igategeka ibidashoboka. Tekereza nawe, ivanjiri ikigisha ubusugi, ubumanzi, ubudahemuka, kumvira… Kurerwa nka ba sogokuru koko ninde wabyemera!! Ikibazo kizabe kurerwa cyangwa kurerwa neza? Gutozwa ineza cyangwa kudushumurira ibibonetse byose boshye abadafite abagomba kuturebera. Erega amazi yabaye magari kandi siko twese tuvuka tuzi kwoga. Dukeneye Yozefu na Mariya baduhungana mu Misiri baducikisha Herodi; dukeneye abo babyeyi bazana kudushaka twazimiye niyo twaba tutasigaye muri Hekaru wenda twigiriye za kigali night; dukeneye Mariya wazaza kutureba igihe batangiye kudutaramana ngo wa mwana wawe yahanzweho; twebe ntituri nka Yezu we wari Imana, ariko twaba we igihe twemeye kumvira ijwi rya Nyagasani ryiranga mu bo yatoye ngo bamukorere.

Umunsi mwiza kuri mwese cyane cyane mwe babyeyi. Imana ibahere umugisha mu rubyaro rwanyu kandi ibuzurize ineza yayo kugirango mubashe kuyitunganira.


 


 



 

vendredi 24 décembre 2010

UMUNSI MUKURU WA NOHELI 2010A

UMUNSI MUKURU WA NOHELI

25 ukuboza 2010 Umwaka A


 


 

Iz 52,7-10

Hb1,1-6

Yh 1, 1-18

«Imana nisingizwe mu ijuru no munsi abantu ikunda bahorane amahoro». Ngiyo indirimbo abamalayika bateye umwana Yezu amaze kuvuka, igihe Imana yongeraga kuzamura ibendera ryayo ku isi nka mbere y'icumura rya Adamu na Eva. Ivanjiri ya Luka isomwa mu misa yo mu gicuku (Lk 2,1-14) niyo itubwira ko inteko y'abamalayika yungikiranije amajwi ishima ineza Imana yari imaze kugirira abantu yemera kohereza Umwana wayo ngo azabacungure. Ni koko Imana nisingizwe mu ijru kuko izina rya yo ari ritagatifu, ni iriziranenge. Imana nisingizwe mu ijuru kuko yasohoje isezerano ryayo ititaye ku myitwarire yacu. Imana nisingizwe mu ijuru kuko ntako isa, yadukijije ikimwaro twagendanaga kubera ipfunwe ry'icyaha maze, muri Kristu, ituma dusubirana ishema ryo kwitwa abana bayo. Ikuzo ry'Imana tuzi ko ari umuntu muzima, ariko n'ishema rya muntu rikaba kurangamira Imana. Ngiyo mpamvu, indirimbo y'abamalayika ifite icyika cya kabiri: amahoro asagambe ku bantu Imana ikunda. Ni byo, amahoro nasagambe ku bantu bose biringiye Imana kandi bayitezeho amizero. Abo bose ibitabo bitagatifu bitubwira ko bari intungane kandi bategereje ugucungurwa ku muryango wabo. Abo bose bahora bashakashaka Imana n'umutima utaryarya kandi bayikorera amanywa n'ijoro, baba abayimenyeshwejwe ku buryo butaziguye cyangwa abakurikira umutimanama wabo. Amahoro nasagambe kuko Imana yumvise amasengesho n'amaganya yabo, none ikaba ije ngo ibifashishe mu gukwiza hose ingoma yayo. Umuhanuzi Izayi yatubwiraga mu isomo rya mbere ngo mbega ngo biraba byiza ibirenge by'intumwa yamamaza inkuru nziza, itangaza hose ko Iman ayacu iganje. Uyu munsi rero wa noheli ni umunsi w'ibyishimo, atari ibishingiye gusa ku ngoma n'izongera ziri bunihire kuri za paruwase, ahubwo kuko ijuru n'isi byiyunze maze Kristu wabyawe na Bikira Mariya, isi igatemba ineza y'Imana biruta kure amata n'ubuki tujya twifurizanya.

Gusa rero biroroshye kuzirikana kuri noheli wenda duheze ku masomo matagatifu, iriko bikaba bigoye cyane cyane iyo turebye uko iyi si yacu ubu iteye nyuma y'imyaka irenga ibihumbi bibiri iyo ndirimbo y'ineza itewe n'abamalayika. Isi yo ubanza itararabutswe ko Kristu yaje kuyicungura cyane ko anavuka ibikomerezwa byari bihugiye mu ibarura ngo bamenye umubare w'abo bayobora. Ntibari no kubimenya kuko yavukiye ahantu hadasobanutse mu kirugu nk'amatungo –nanze kuvuga inyamaswa kuko yaba ibaye imvugo nyandagazi-. Naho kandi babimenyeye, siko bose byabashishikaje. Yego abashumba baramwakiriye ndetse n'abami baturutse iyo bigwa baza kumuramya, ariko Herode byaramuvangiye bituma arimbura impinja zose zavutse mu gihe kimwe na Yezu ngo wenda nawe yagendana nabo. Bizi Yozefu wafashe iy'ubuhunzi ajyanye n'umugore wari ukimara kubyara. Ntibyaciriye aho kuko n'ubu inkuru y'ineza y'Imana yakirwa na bamwe, abandi bayihinda. Abaciye bugufi barayakira naho ba Herodi baracyamanitse icumu: icumu ry'urugomo, inabi, ubusambo, ubusinzi, ubusambanyi n'indi migenzereze idahesha Imana ikuzo ngo inatume muntu agira amahoro cyangwa se byibura agahenge. Si ibyo gusa kandi, abana b'iyi si bazi ubwenge kuko noheli bayihinduye business guhera ku nganda zikora cadeaux za noheli kugeza kuri ba bana b'iwacu bacuruza bombo imbere ya kiriziya. Ni byo Imana itunga abayo, ariko se si aho noheli yahindutse icyo gusa impamvu yo kwigusha neza? Abantu, ndavuga cyane ab'ino aha mu burayi, basesagura amafaranga atabarika ngo baragura impano za noheli bazaba bajugunye nyuma gato y'ubunani –ntizinagera muri caguwa ngo abakene bihahire!-. Yego iwacu si cyane dore ko n'ubukene bunuma, ariko burya natwe karimo. Ntituramenya ko inyigisho ya mbere ya noheli ari nyine ubwo busabane butuma Imana yemera kuvukira mu kiraro kugira ngo natwe twige kwicisha bugufi nka yo.

Kristu mwana wa Mariya, turakwiringiye ngo ivuka ryawe rituvugurure kandi ridutere koko kwishima. Shyira mu mitima yacu bya binezaneza byateye abamalayika guhanika indirimbo y'ibisingizo maze natwe tunihirize tuti: Imana nisingizwe mu ijuru no mu nsi abantu ikunda bakayikundira bahorane amahoro.

Noheli nziza kandi Imana ibahe umugisha.

jeudi 23 décembre 2010

Noheli Nziza

Noheli nziza n'Umwaka mushya muhire2011


 

Buon Natale e felice Anno 2011


 

Bon Noël e bonne Année 2011


 

Very Christmas & happy new Year 2011


 

Abbé Grégoire Nsabimana

samedi 18 décembre 2010

ICYUMWERU CYA KANE CY'ADIVENTI 2010A

ICYUMWERU CYA KANE CY'ADIVENTI

19 ukuboza 2010 umwaka A


 


 


 

Iz 7,10-14

Rom 1,1-7

Mt 1,18-24

Tugeze ku cyumweru cya kane cy'adiventi, harabura iminsi mike tugahimbaza noheli. Imana iduha akanya ko kwibuka ineza ihora itugirira cyane cyane kuba yarohereje Umwana wayo Yezu Kristu. Amasomo ya none aribanda ku ngingo y'ukwemera (nk'uko bihora iteka) kuko umuhanuzi aributsa umwami Akazi ko Uhoraho ari we ukwiye kwiringirwa kabone n'iyo ibihe byaba bikomeye gute. Izayi avuga ariya magambo, igihugu cya Isiraheli cyari cyagirijwe impande zose, umwami akibaza niba bitaba byiza gushakisha amaboko ku bihugu bari baturanye yibwirako kwiringira gusa Uhoraho bitari bikimuhagije. Umuhanuzi ati: Imana iguhaye ikimenyetso cy'umwari ugiye gusama inda akazabyara umwana uzitwa Emmanuele, Imana turi kumwe. Niba se Imana turi kumwe ni iki cyadukangaranya? Ivanjiri iratubwira uko Yozefu yabonekewe na malayika mu nzozi akamusaba gutwara Mariya bakabana kuko inda yari atwite yari yarayisamye ku bwa Roho Mutagatifu. Ibyo umuhanuzi Izayi yari yarabwiye Akazi, twemera ko byujurijwe ku buryo nyabwo muri Kristu kandi ko kuba Yezu yaravukiye mu muryango w'abantu kimwe na twe twese, ari uburyo bunoze Imana yakoresheje ngo itwereke ko yifuza koko kubana natwe ngo idufashe kuyimenya bityo tureke itwiyoborere. Ni ibi Pawulo mutagatifu yashimangiraga mu ibarowa yandikiye abaromani. Ivanjiri ya none ariko iragaruka ku nkuru y'ukuntu Yozefu ngo amaze kumenya ko Mariya atwite yifuje kumureka ariko ntamuhe rubanda kuko byari kumuviramo igihano cyo kwicishwa amabuye. Ngo umumalayika yamubonekeye mu nzozi amusobanurira umugambi w'Imana. Nta kintu gitungurana mu nkuru ya Yozefu nko kubona umuntu wiringira inzozi cyane cyane mu kibazo gikomeye nka kiriya. Kandi si aha bizarangirira kuko Yozefu azagumya kumvira Imana mu nzozi. Kandi ga burya uwiringira Imana ntamenya gutandukanya inzozi n'ibitari inzozi kuko ineza y'Imana isumba kure ubwenge bwa muntu. None se muribwira ko bizorohera Yozefu gusobanura ko abaye se w'umwana w'Imana, ko yinjiye mu mateka y'umuryango wa Isiraheli. Inyigisho ariko tuzirikana uyu munsi ni ukuntu Yezu yahisemo kuvukira mu muryango ngo atagatifuze imiryango yose, ngo isi ihinduke inturo y'Imana. Noheli ni iki isobanura: Imana turi kumwe, Emmanule. Sinzi niba tumva ukuntu Imana yadukunze byo kwemera kubana natwe. Twe abitegura guhimbaza ineza dukesha noheli, dukomeze kwitegura kwakira Yezu uje atugana. Yoye kuzavukira mu kirugo nk'amatungo kandi twujuje imiturirwa; yoye kuzakirwa n'abashumba, ndavuga abarara hanze kubera akazi, abandi twibereye mu iraha iwacu mu nzu; yoye kuzayobokwa n'abami bazaturuka iyo bigwa kandi twarahishuriwe aho atuye. Ibyo twakota ni byinshi ngo twakirere Yezu n'ineza imukomokaho. Yozefu atugbere urugero.

Noheli nziza kuri mwese.

vendredi 10 décembre 2010

ICYUMWERU CYA GATATU CY'ADIVENTI 2010A

ICYUMWERU CYA GATATU CY'ADIVENTI

12 ukuboza 2010 umwaka A


 

Iz 1335,1-6a.8.10

Yak 5,7-10

Mt 11,2-11

Ni wowe ugomba kuza cyangwa dutegereze undi mucunguzi? Koko mbyemere ko uri umucunguzi cyangwa..? Tugeze ku cyumweru cya gatatu cy'adiventi. Hasigaye iminsi mike gmba tuhagimhaza noheli. Amasomo ya none araturarikira kwigiramo ibyishimo kuko Yezu ari we koko ugomba kuducungura. Ibyo turabisanga mu isomo rya mbere aho umuhanuzi Izayi yibutsaga umuryango we ko Imana yenda kubakorera ibitangaza n'ubwo bo basaga n'abihebye. Ati: ubuzima buzashibuka mu butayu, ibimuga bisimbagurike bisabagizwa n'ibishimo, abahumanye basubirane uburanga, kuko Imana yabitegetse. Ibi ariko bisaba kwitonda no kugeza make ngo nk'uko umuhizi ategereza ubutarambirwa igihe cyo gusarura. Ibarowa ya Yakobo nicyo yatwibutsaga. Mu ivanjiri, Yohani Batisita wari mu buroko yohereje abigishwa be kubaza Yezu niba koko ari we mukiza wagombaga kuza cyangwa niba bagomba gutegereza undi. Yezu ati: nimugende mumubwire ibyo mwiboneye ko ineza n'impuhwe by'Imana byigaragaza. Yezu yasubije abigishwa ba Yohani akoresheje amagambo y'umuhanuzi Izayi dusoma mu isomo rya mbere. Ni uburyo bwo kwereka abamwumvaga ko ibyo akora byinjira mu mugabi w'Imana kabone wenda n'ubwo bitahuzaga nuko abayahudi bari bategereje umukiza. None se ko Yohani yari mu buroko, abaromani bakidegembya mu gihugu Imana yasezeranije abayo, abafarizayi barigize kabutindi, ni gute Yohani yari kumva ko Yezu ari we wari warasezeranijwe amahanga kandi ntacyo akora ngo bamwemere? Haniyongeraho ko Yezu yagendaga aho yishakiye, agasangira n'abanyabyaha, akakira amahabara, bikavangira abari biteze umucunguzi uzaza akubura imbuga, agahana abanyabyaha kandi akarenganura abari biringiye Uhoraho. Nyamara ukuri ni kuriya: Imana yohereje Yezu, umwana wayo ngo adukure ku ngoyi ya shitani abari bategereje ugucungurwa. Ibi kandi bikagaragarira mu bimenyetso dusanga mu gitabo cy'umuhanuzi Izayi: impumyi zirahumuka, abacumbagira bakasimbuka byishimye, abahumanye bagasubirana uburanga,... nta wundi muhanuzi, nta wundi mukiza, nta wundi mutabazi uzaza atubwira indi nkuru unyuranyije n'iyo Yezu yasubije bariya bigishwa ba Yohani Batistita. Gusa nyine ikibazo cyabajijwe Yezu, ubu nitwe abamwemera tugomba kugisubiza, kuko ni twe twerekana ko Yezu ari umucunguzi wacu koko. Ese koko Yezu niwe wagombaga kuza cyangwa tugomba gutegereza undi mukiza? Igisubizo tugomba kugitanda: wowe mugabo mu rugo, wowe muganga, wowe mucamanza, wowe ushinzwe gucunga ibya rubanda, waba uhamya ko Yezu ari mucunguzi twari dutegere, bityo ukabaho koko ugaragaza ineza imukomokaho. Aho iwawe ntibyabayobeye bakaba bahora bararikiye uwabagoborera undi mucunguzi? Niba udashobora gusubiza iki kibazo, niba wumva utatinyuka guhamya ko Yezu ari mucunguzi wacu, humura Zuba ry'ubutabare araye ari bukurasire, maze azaguhaze ineza ye. Guhamya ko Yezu ari umucunguzi wacu bisobanura ko aho yadushyize ngo tumubere abahamya tugomba kuhahagarara gitwari, na none tutigerezaho nk'aho ari twe Yezu. Turi abahamya n'integuza, ntituri Imana; turi nka Yohani Batisita, ntituri Kristu. Ibi nibyo Yakobo intumwa yatubwiye adusaba kurangwa no kwihangana, tugategereza tutarambirwa nka kurya umuhinzi atereza yitonze imvura ya mbere n'iya nyuma. Gusarura bisaba kudashyuhaguzwa kuko Imana uwo iha iramugenera kandi imuha umuhaza. Duhumure nta n'umwe uzacikanwa. Iminsi isigaye ngo duhimbaze noheli nidufashe kumva ko twacunguwe byo gutuma ntacyo twakwikanga. Yezu Rumuri rw'amahanga azasange twese dukereye kumwakira. Aragahoraho.

samedi 4 décembre 2010

ICYUMWERU CYA KABIRI CY’ADIVENTI

ICYUMWERU CYA KABIRI CY'ADIVENTI

05 ukuboza 2010 umwaka A


 


 

Iz 11,1-10

Rom 15,4-9

Mt 3,1-12

Tugeze ku cyumweru cya kabiri cy'adiventi. Abaryoherwa na noheli bakaba bafite n'amikoro ubu barangije kuyibarira: aho bazasohokera, icyo bazasohokana, icyo bizatwara n'indi mibare ijyanye n'iminsi mikuru. Iyi mibare ariko hari n'abo ivangira, bakibaza niba bazabana uko bikura mu isoni: mu rugo nta kigenda, nta kazi n'izindi ngorane ntarondora. Ntihabura n'abazahimbaza noheli gutyo ntacyo bikopa igahita nk'uko indi minsi igenda. Abandi tuzayihimbaza wenda ntacyo iduhinduyeho: tuzatumire aba dusanzwe dutumira, abo tutavuga rumwe tubirinde ngo hato batatubihiriza, abazanwa no kuvumba nibiba ngombwa tubimirire kure. Noheli muri make turayitegura kandi nibyo. Gusa rero ni byiza kwibuka ko ari umunsi wo kuvuka kwa Yezu bityo tukaba tugomba kwibaza niba uburyo tuyitegura bijyana n'uko Yezu abishaka. Reka twumve uko amasomo matagatifu abitubwira. Umuhanuzi Izayi ati: nimutegure amayira ya Nyagaasani, muhinduke maze muharanire ubutabera. Izayi aratwibutsa ko mu gihugu cy'Uhoraho, igihe Umwami w'amahoro azaba aganje, nta nabi izongera kubaho kugeza aho ikirura kizasangira n'intama, umwana agakinira ku mwobo w'inzoka ndetse ngo intare akarisha hamwe n'inyana. Ibi kandi si inzozi kuko ubwo Yezu yavukiraga i Betelehemu, abamalayika bahanitse amajwi bati: Imana nisingizwe mu ijuru kandi amahoro aganze mu bantu Imana ikunda bakayikundira. Ntihabura uwambaza aho ayo mahoro yazimiriye ko ku isi nta munsi w'ubusa tutavuga intambara z'amoko yose. Nibyo koko. Turirimba amahoro ku isi mu gihe icyaha kigikomeza kwiharira urubuga: abiba bakabihindura kwitiza cyangwa kwikoreramo, abitwara nabi basenya iz'abandi cyangwa bakurakuza incuke ngo niyo majyambere, abanywa urumogi, abambara ibyo bihimbiye kimwe n'abahitamo kuba ba rukabyamurimbo ngo niyo majyambere. Hagati aho inzara igaca ibintu abandi barunda kurusha ifuku, abapfa babuze imiti bakiyonegra ariko abatunze ibya mirenge barwanira kumenyekana. Amahoro Yezu yatuzaniye si amagambo gusa, yemwe si na ya yandi abaromani bitaga PAX ROMANA bagezeho ku ruhembe rw'umuheto; ni amahoro y'umutima, aya atuma ineza itsinda, umuhoro ukogosha, uruhu rw'urukwavu rukisasira batanu,...amahoro ya Yezu ni ya yandi aharanirwa n'abatitwaza intwaro cyangwa bitabaze indangururamajwi, ni abiringira gusa ineza y'Imana nka wa mukecuru w'i Sarepta wazimaniye umuntu w'Imana agafu yarasigaje ntakagundire maze Imana ikamwitura kutabura ikimuramira. Ng'iyi noheli tugomba kwitegura. Gusa ariko Yohani Batisita aratwibutsa ijambo rikomeye ko uguhinduka kwacu kugomba kujyana n'imbuzo nyazo. Si ukwitwaza ngo turi abana b'Aburahamu (ku bayahundi), cyangwa ikindi twakwiyitirira, ahubwo ni ukugaragaza ko twemera Imana koko. Yego simvuze ko nahindura isi, ariko nahindura imyitwarire yanjye, singusabye guhangana na Irani nka Bush cyangwa kuba igihangange nka Julian Assange uyu wahimbye WIKILEAKS wenda ahari ngo yereke Amerika ko adashobora kwibwira ko ariyo gihandange. Ariko wakemura amakimbirane aguturukaho niba hari ahari; Imana ntigusaba guhuza ibirura n'intama, ahubwo kwirinda kuba ikirura mu ntama; Imana ntiyobewe ko ntaho wikora byo kumara inzaba abashonji b'isi yose, ariko niba hari ibyo ushinzwe gucunga irinde gutubya ifunguro ryaramira abandi. Icyo gihe ngo ntawe uzaba agikora nabi kuko bose bazaba bazi ijambo ry'Uhoraho kandi bakazagendera mu kuri kwe. Ibi ndabishimye kandi ndumva ngiye kugerageza hato noheli itazantungura nkabura icyo murikira Umwana Yezu, bikazasaba kujya guhimba ikirugu n'amaturo adafite shinde
na rugero. Reka ndangirize kuri aka gakuru. Ngo Yezu amaze kuvuka, habaye ipiganwa ry'inyamanswa ndo haboneke izaguma ku burinzi mu kirugu. Birumvika buri nyamwanswa yagombaga kuvuga imigambi n'imigabo ngo ikunde yegukane icyo kiraka. Intare irabanza iti nzahahagarara nta ni sazi izahakandagira. Umumalayika wari uhagarari Imana ati igendere kuko ukabije imbaraga utazavaho ugira uwo uhutaza. Inzovu iti zahuzura hose umubisha ntiyabona aho amenera. Malayika ati Yezu yaba afungiranye. Nawe igendere. Inyamaswa zose ziratsindwa habura iyegukana icyo kiraga. Nyuma ariko malayika abona indogobe n'ikimasa byarishaga hafi aho byo bitaje gupiganwa. Ati mwese ko ntacyo mwavuze. Ziti rwose nta gigwi dufite ariko utwemereye twuguma hafi wenda tukajya tumukiza isazi n'imirizo yacu. Ikiraka ziba ziracyegukanye. Imana ntikeneye abanyamaboko n'bafite ibigwi kuko sibyo ibuze. Ishaka abayiba hafi cyane mu bwiyoroshye.

ICYUMWERU CYA KABIRI CY’ADIVENTI A 2010

ICYUMWERU CYA KABIRI CY'ADIVENTI

05 ukuboza 2010 umwaka A


 


 

Iz 11,1-10

Rom 15,4-9

Mt 3,1-12

Tugeze ku cyumweru cya kabiri cy'adiventi. Abaryoherwa na noheli bakaba bafite n'amikoro ubu barangije kuyibarira: aho bazasohokera, icyo bazasohokana, icyo bizatwara n'indi mibare ijyanye n'iminsi mikuru. Iyi mibare ariko hari n'abo ivangira, bakibaza niba bazabana uko bikura mu isoni: mu rugo nta kigenda, nta kazi n'izindi ngorane ntarondora. Ntihabura n'abazahimbaza noheli gutyo ntacyo bikopa igahita nk'uko indi minsi igenda. Abandi tuzayihimbaza wenda ntacyo iduhinduyeho: tuzatumire aba dusanzwe dutumira, abo tutavuga rumwe tubirinde ngo hato batatubihiriza, abazanwa no kuvumba nibiba ngombwa tubimirire kure. Noheli muri make turayitegura kandi nibyo. Gusa rero ni byiza kwibuka ko ari umunsi wo kuvuka kwa Yezu bityo tukaba tugomba kwibaza niba uburyo tuyitegura bijyana n'uko Yezu abishaka. Reka twumve uko amasomo matagatifu abitubwira. Umuhanuzi Izayi ati: nimutegure amayira ya Nyagaasani, muhinduke maze muharanire ubutabera. Izayi aratwibutsa ko mu gihugu cy'Uhoraho, igihe Umwami w'amahoro azaba aganje, nta nabi izongera kubaho kugeza aho ikirura kizasangira n'intama, umwana agakinira ku mwobo w'inzoka ndetse ngo intare akarisha hamwe n'inyana. Ibi kandi si inzozi kuko ubwo Yezu yavukiraga i Betelehemu, abamalayika bahanitse amajwi bati: Imana nisingizwe mu ijuru kandi amahoro aganze mu bantu Imana ikunda bakayikundira. Ntihabura uwambaza aho ayo mahoro yazimiriye ko ku isi nta munsi w'ubusa tutavuga intambara z'amoko yose. Nibyo koko. Turirimba amahoro ku isi mu gihe icyaha kigikomeza kwiharira urubuga: abiba bakabihindura kwitiza cyangwa kwikoreramo, abitwara nabi basenya iz'abandi cyangwa bakurakuza incuke ngo niyo majyambere, abanywa urumogi, abambara ibyo bihimbiye kimwe n'abahitamo kuba ba rukabyamurimbo ngo niyo majyambere. Hagati aho inzara igaca ibintu abandi barunda kurusha ifuku, abapfa babuze imiti bakiyonegra ariko abatunze ibya mirenge barwanira kumenyekana. Amahoro Yezu yatuzaniye si amagambo gusa, yemwe si na ya yandi abaromani bitaga PAX ROMANA bagezeho ku ruhembe rw'umuheto; ni amahoro y'umutima, aya atuma ineza itsinda, umuhoro ukogosha, uruhu rw'urukwavu rukisasira batanu,...amahoro ya Yezu ni ya yandi aharanirwa n'abatitwaza intwaro cyangwa bitabaze indangururamajwi, ni abiringira gusa ineza y'Imana nka wa mukecuru w'i Sarepta wazimaniye umuntu w'Imana agafu yarasigaje ntakagundire maze Imana ikamwitura kutabura ikimuramira. Ng'iyi noheli tugomba kwitegura. Gusa ariko Yohani Batisita aratwibutsa ijambo rikomeye ko uguhinduka kwacu kugomba kujyana n'imbuzo nyazo. Si ukwitwaza ngo turi abana b'Aburahamu (ku bayahundi), cyangwa ikindi twakwiyitirira, ahubwo ni ukugaragaza ko twemera Imana koko. Yego simvuze ko nahindura isi, ariko nahindura imyitwarire yanjye, singusabye guhangana na Irani nka Bush cyangwa kuba igihangange nka Julian Assange uyu wahimbye WIKILEAKS wenda ahari ngo yereke Amerika ko adashobora kwibwira ko ariyo gihandange. Ariko wakemura amakimbirane aguturukaho niba hari ahari; Imana ntigusaba guhuza ibirura n'intama, ahubwo kwirinda kuba ikirura mu ntama; Imana ntiyobewe ko ntaho wikora byo kumara inzaba abashonji b'isi yose, ariko niba hari ibyo ushinzwe gucunga irinde gutubya ifunguro ryaramira abandi. Icyo gihe ngo ntawe uzaba agikora nabi kuko bose bazaba bazi ijambo ry'Uhoraho kandi bakazagendera mu kuri kwe. Ibi ndabishimye kandi ndumva ngiye kugerageza hato noheli itazantungura nkabura icyo murikira Umwana Yezu, bikazasaba kujya guhimba ikirugu n'amaturo adafite shinde
na rugero. Reka ndangirize kuri aka gakuru. Ngo Yezu amaze kuvuka, habaye ipiganwa ry'inyamanswa ndo haboneke izaguma ku burinzi mu kirugu. Birumvika buri nyamwanswa yagombaga kuvuga imigambi n'imigabo ngo ikunde yegukane icyo kiraka. Intare irabanza iti nzahahagarara nta ni sazi izahakandagira. Umumalayika wari uhagarari Imana ati igendere kuko ukabije imbaraga utazavaho ugira uwo uhutaza. Inzovu iti zahuzura hose umubisha ntiyabona aho amenera. Malayika ati Yezu yaba afungiranye. Nawe igendere. Inyamaswa zose ziratsindwa habura iyegukana icyo kiraga. Nyuma ariko malayika abona indogobe n'ikimasa byarishaga hafi aho byo bitaje gupiganwa. Ati mwese ko ntacyo mwavuze. Ziti rwose nta gigwi dufite ariko utwemereye twuguma hafi wenda tukajya tumukiza isazi n'imirizo yacu. Ikiraka ziba ziracyegukanye. Imana ntikeneye abanyamaboko n'bafite ibigwi kuko sibyo ibuze. Ishaka abayiba hafi cyane mu bwiyoroshye.

Rechercher dans ce blog

umuryango wa Thomas

umuryango wa Thomas

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel

VSITE PASTORALE

VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribanza

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribaza

visita pastorale

visita pastorale

visite pastorale

visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri

Visite pastorale

Visite pastorale
abana n'abakateshisti

Visite pastorale

Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA

Visite pastorale

Visite pastorale
accueil

ordination dell'abbé Claude Mutabazi

ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe

amafoto

amafoto
ishusho ya Bikira Mariya

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
ubusitani

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini 2008

Corpus Domini 2008
inkongoro

ikirugu

ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano

IKIRUGU

IKIRUGU

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO

URUBYIRUKO

URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

kiriziya ya mut Patero i Roma

kiriziya ya mut Patero i Roma

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA

SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE

SANCTUAIRE DE SAN  AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)

Archives du blog

Powered By Blogger

ikaze

mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,... Imana ibahe umugisha.

ERMO DELLE CARCERI

ERMO DELLE CARCERI
ASSISI

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi

ermo si San Vitaliano

ermo si San Vitaliano

Caserta

Caserta

reggia di Caserta

reggia di Caserta

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere