mercredi 25 août 2010

ICYUMWERU CYA 21 MU BYUMWERU BISANZWE 2010C

ICYUMWERU CYA 21 MU BYUMWERU BISANZWE

22 kanama 2010 umwaka C


 

Iz 66, 18-22

Heb 12,5-7.11-13

Lk 13,22-30

Nyagasani koko abantu bake nibo bazaronka umukiro w'iteka? Iki kibazo Yezu yakibajijwe ubwo yarimo yerekeza i Yerusalemu aho yagombaga kudupfira. Nk'uko tumumenyereye, Yezu ntasubiza ikibazo abajijwe nk'uko twe tuba tubyifuza. Atari uko ari injiji, ahubwo kuko ikibazo kidafite ishingiro. Kumenya umubare w'abazinjira mu ijuru si cyo cya ngombwa. Icy'ingenzi ni ukumenya uko twabarirwa mu batowe. Icyo tugomba kumenya mbere na mbere ni uko Imana ishaka ko twse turonka umukiro. Bitaba ibyo ntiyari kwohereza Umwana wayo ngo adupfire ku musaraba. Ibi rero bidutera ishema kuko niba twararemewe kuzajya mu ijuru, tugomba guhora duharanira kudatakaza uwo mwanya. Ibi bivuga ko isano ikomeye dufitanye n'Imana ishingiye mbere na mbere mu kuyitunganira. Ntibihagije rero kuba twarasangiye nawe, cyangwa hari imirimo twashinzwe muri kiriziya. Ntibihagije kwitwa bakristu, kujya mu missa, kuba amazina yacu yanditswe mu bitabo byo kwa padiri,... Tugomba guharanira ubutungane dukora ibijyanye n'ijambo twakiriye. Ngo nibamara gufunga urugi, abazaba bari hanze bazamanjirwa. Aka ni akaga katavugwa ko kuba umuntu yarirukiye ubusa. Ubuzima ni amashiraniro, iyi mvugo turayimenyereye. Niba ariko ayo mashiraniro atadufasha kuzaronga ubuzima buzahoraho iteka, twaba turimo tuyoba. Yezu go azabwira abaheze hanze ati nimwigireyo mwakonzi z'ibibi mwe. Ibi binyibukije iyo akenshi twicuza: usanga tuvuga ngo nasibye missa, narahiye izina ry'Imana mu binyoma n'ibindi byaha bijyanye n'icyubahiro tugomba Imana. Ni byo ibi ni ibyaha bikomeye kandi bigayisha izina ryacu abakristu. Ubundi tukogeraho ngo nta kindi kuko siniba, sindoga, sinivanga mu bitandeba,... Abakecuru n'abasaza bati si jye na njye ni umugabo wanjye, ni umukanza, ni umugore, n'umuturanyi,... kwicuza ko twasebeje abandi, twabataramanye, ducura inabi mu mutima... ni ibyaha bitabanguka. Wenda ntabyo twakoze kuko umuntu yicuza ibyaha yakoze ariko ubanza inabi iri mu isi, ititirirwa gusa Sekibi. Abayoboke be turahari kandi si agashya. Icyo Imana idusaba ni iri jambo ry'ikilatini: "Dum tempus habemus, operemur bona" (ubwo tugifite igihe, dukore icyiza). Akanya dufite ko kubaho, tugakoreshe mu kuronka ijuru. Twoye kwirukira ubusa hato tutazatungurwa kandi nta buryo bwo gusubira inyuma dufite. Imana ntigambiriye kudukura umutima, kuko iduhana nk'umubyeyi nkuko umwanditsi w'ibaruwa y'abayahudi yabitwibukije. Kandi si ikibazo cy'imyanya turwanira kuko ngo bazaturuka imihanda yose maze bicare mu bwami bw'Imana hamwe n'Aburahamu, Isaki, Yakobo n'abahanuzi. Aka ya ndirmbo y'abarokore, mbega ibyishimo nzagira ndamukanya n'abo twamenyanye. Ariko ngo n'amaganya n'amarira bizaba byinshi kubazaba barituramiye bakibwira ko ijuru bashobora kuritoragusa. Duharanire kwinjira mu muryango ufunganye.

dimanche 15 août 2010

IJYANYWA MU IJURU RYA BIKIRA MARIYA 2010C

UMUNSI MUKURU W'IJYANYWA MU IJURU RYA BIKIRA MARIYA

15 kanama 2010 umwaka B


 

Hish 11,19;12,1-6.10

I Kor 15,20-26

Lk 1,39-56

Turahimbaza umunsi mukuru wa Bikira Mariya ajyanwa mu ijuru. Igitabo cy'Ibyahishuwe kitubwira ko ikimenyetso cyagaragaye mu ijuru: umugore ubengerana ikuzo. Icyo kimenyetso si ikindi ni Mariya ubengerana ikuzo iruhande rwa Jambo. Uyu munsi duhimbaza ushingiye ku ruhererekane rw'icyubahiro abakristu ba mbere bahaye Mariya kuko, nk'uko tubivuga mu masengesho y'uyu mununsi, uwabyaye Jambo dukesha ubugingo siwe wari gushengukira mu mva. Ntabwo ari amaranga mutima cyangwa ibyufuzo byacu abashagara Mariya, ahubwo ni ihame rikomeye riduha natwe ikizere cyo kuzasangira nawe ikuzo mu ijuru. Mariya yagize ingabire yo gusamwa nta cyaha cy'inkomoko kuko yari yarateguriwe kuzaba nyina wa Jambo. Iyo ngabire yatumye yakira ijambo rya Malayika. guhera ubwo Mariya atubera urugero mu kwemera no kwakira ugushaka kw'Imana: guhera mu bukwe i Kana kugeza ku giti cy'umusaraba, Mariya adufasha kumenya neza agaciro kacu mu mugambi w'Imana wo kuducungura. Gutakambira abandi (abageni b'i Kana ngo batubura divayi) kugeza Kristu amuduhayeho umubyeyi bigaragaza isura yagombye kuranga kiriziya. Kiriziya itakambira bose, kiriziya izirikana ijambo ry'Imana, kiriziya ikurikira Yezu, kiriziya itagira inenge kuko yatagatifujwe n'amaraso ya Ntama kandi ikayoborwa na Roho Mutagatifu, kiriziya iganje hamwe na Kristu kuko ari Mutwe n'Umutware wayo. Ijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya rero, uretse ko ari wo munsi uhatse iyindi mu minsi ya Bikira Mariya (nkuko izina rikuru ryamuhariwe ari Bikira Mariya Nyina w'Imana) ni umunsi wacu abemera kuko dusangira n'umbyeyi wacu ikuzo yambitwse mu ijuru. Bikira Mariya ashushanya icyo kiriziya igomba kuba: ikimenyetso kibengerana mu ijuru. Turahimbaza ikuzo ry'Imana: ni Imana turamya ubwayo kuko ariyo Bwiza bubengerana, Cyubahiro, Rumuri, Mucyo w'abayiyobotse. Hamwe na Mariya turahanika tuti: Uhoraho yatugiriye ibintu by'agatangaza, izina rye ni ritagatu kandi amahanga yose azahora amusingiza. Urahirwa Mariya wowe wemeye ko ibyo watumwe na Malayika bizuzuzwa none ukaba uganje mu ijuru hamwe na Kristu umwana wawe. Ni koko ntibyari gushoboka ko uwibarutse Nyirubuzima yashangurwa n'urupfu kandi natwe abamuyobotse, hirya y'ubu buzima tuzagororerwa ikuzo ry'ubugingo bw'iteka hamwe nawe. Kuko urupfu rwaragajwe. Bikira Mariya mwamikazi, udusabire kuri ubu n'igihe tuzapfira. Amina.


 

samedi 7 août 2010

ICYUMWERU CYA 19 MU BYUMWERU BISANZWE 2010C

ICYUMWERU CYA 19 MU BYUMWERU BISANZWE

12 kanama 2007 umwaka C


 

Buh 18,6-9

Heb 11,1-2.8-19

Lk 12,32-48

"Murabe maso". Iyi niyo ngingo tuzirikana kuri iki cyumweru cya 19 mu byumweru bisanzwe by'umwaka wa kiriziya. Ku cyumweru gishize, Yezu yibutsaga abigishwa be kudatwarwa n'iby'isi. Tukabitegeka ntibidutware uruhu n'uruhande. Uyu munsi, Yezu aradusaba kutirara ngo twidamararire nk'abagashize. Kuko Imana Data yanyuzwe no kuturagiza Ubwami bwayo. Mu migani isobanutse neza, Yezu aratwibutsa ko kuba maso atari ikintu twakora cyangwa se tukakireka bitewe nuko twaramutse; ni inshingano z'uwemera wese. Umugaragu utegereje ko shebuja ahindukira ngo amufungurire; umunyabintu ushinzwe kwita ku murimo yaragijwe ntiyirare ngo yibere muri ayo yinywere, yirire yisindire maze abo ashinwe bicwe n'umukeno; umuntu uryamira amajanja ngo hato igisambo kitamuca mu rihumye, kikamupfumurira inzu. Dore uko abakristu bagombye guhora bameze. Kandi ga burya iyo twiraye tukibagirwa gìinshingano zacu, si igisambo kidutungura, ahubwo byose biduca mu myanya y'intiko kuko tuba tutaki icyo turi cyyo. Iyi vanjiri ntivuga gusa ibijyanye n'umunsi w'imperuka cyangwa kwitegura kupfa neza. Ni gahunda y'ubuzima: buri wese mu rwego rwe, duhamagariwe guhora tuzirikana ko turi abagabuzi b'ineza y'Imana. Ibi ntibivuga ko turi abaja cyangwa abagererwa, ntibinasobanura ko Imana iduhozaho ijisho ngo irebe niba duhari cyangwa tudahari. Imana iduha umwanya n'igihe nk'umuntu wagiye mu rugendo cyangwa mu bukwe, akaza kugaruka igihe kigenze iyo adatashye yatinze kubera impurirane ya za gahunda nyinshi. Nyamara ngo ariyimbire uwo shebuja azasanga yasinziriye. Ngo uwari uzi icyo ashinzwe maze ntagitunganye nkana, uwo azakubitwa nyinshi kurenza utari uzi ugushaka kwa sebuja akakurengaho atabizi. Iyo ngeze kuri iyi ngingo ndababwa: ese aho tuzabona uko tuhivana niba koko Imana izatugenera ikurikije imyitwarire yacu. Ni bangahe bidamararira bakinezeza kandi imirimo bashinzwe yangirika. Simvuze ababa bitwaza ngo n'ubundi ni serumu bahembwa kandi nayo baba bayikomeyeho. Ndivugira aba bafite inshingano z'indengakamere. Ndavuga ababyeyi bashinzwe kwita ku bana, abarezi b'ingeri zose, abashinzwe kwita ku mfubyi, abarwayi n'abageze mu za bukuru, abashinzwe umutekano,...umurimo wose dukora, tutitaye ku gihembo ku bagira ayo mahirwe, ni uburyo bwo gucunga neza umutungo w'Imana. Kutabara rero ni icyaha gikomeye; kwigira ntibindeba, bimbwiye iki, babirire aho cyangwa andi magambo twihimbira ngo twikure mu isoni. Ukuri ni uko iyi si tuyiriho mu izina ry'Imana kandi ivanjiri y'iki cyumweru yatangiye itwibutsa ko Imana yadutoye ngo azaduhe ku murage wayo. Dukenyere rero dukomeze kandi dufate n'amatara yacu ngo hato Imana itazasanga tudahari. Mutagatifu Agusitini niwe wavugaga ngo atinya ko Imana yazahita iwe igasanga adahari kandi wenda itazagaruka vuba. Umwanditsi w'igitabo cy'Ibyahishuwe niwe utubwira ngo Nyagasani ari inyuma y'urugi kandi arakomanga. Uzamukingurira azinjira iwe maze ahagire inturo ye. Aha hari umuhanzi washushanyije nyine Yezu akomanga ku urugi ariko urwo rugi ngo rufungurirwa gusa imbere. Bikaba bisobanura ko Yezu azategereza kugeza igihe imbere tumukinguriye. Mutekereza rero Imana iramutse ikomanze igasanga twaheranywe n'ibitosi maze igahera hanze. Byaba ibya wa mugani ngo nyamwanaga iyo byavuye ...Ntibizapfe bitubayeho.

Rechercher dans ce blog

umuryango wa Thomas

umuryango wa Thomas

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel

VSITE PASTORALE

VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribanza

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribaza

visita pastorale

visita pastorale

visite pastorale

visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri

Visite pastorale

Visite pastorale
abana n'abakateshisti

Visite pastorale

Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA

Visite pastorale

Visite pastorale
accueil

ordination dell'abbé Claude Mutabazi

ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe

amafoto

amafoto
ishusho ya Bikira Mariya

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
ubusitani

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini 2008

Corpus Domini 2008
inkongoro

ikirugu

ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano

IKIRUGU

IKIRUGU

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO

URUBYIRUKO

URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

kiriziya ya mut Patero i Roma

kiriziya ya mut Patero i Roma

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA

SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE

SANCTUAIRE DE SAN  AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)

Archives du blog

Powered By Blogger

ikaze

mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,... Imana ibahe umugisha.

ERMO DELLE CARCERI

ERMO DELLE CARCERI
ASSISI

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi

ermo si San Vitaliano

ermo si San Vitaliano

Caserta

Caserta

reggia di Caserta

reggia di Caserta

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere