mercredi 25 février 2009

UBUTUMWA BW’IGISIBO 2009

Ubutumwa bw'igisibo 2009


 

Abemera Kristu bibumbiye mu muryango wa Kiriziya Gatolika uyu munsi batangiye igihe cy'igisibo. Ni igihe kidutegurira guhimbaza umunsi mukuru wa Pasika. Mu mateka ya Kiriziya, igisibo gitangirwa n'umuhango wo kwisigwa ivu ku gahanga, aho umusaserdoti yibutsa urisizwe kwibuka ko yavuye mu gitaka kandi azasubira mu gitaka bityo akamurarikira guhinduka no kwemera ivanjiri ya Kristu. Mu ntango ya Kiriziya, iki gihe cy'igisibo cyarangwaga n'ibikorwa bibiri by'ingenzi: inyigisho zitegura abigishwa kuzahabwa isakaramentu rya Batisimu mu ijiro rya Pasika kimwe n'umuhango wo kwicuza wagenerwaga abanyabyaha. Kwigisha no gutegura abazabatizwa na nubu birakorwa ariko atari cyane nko mu minsi ya mbere ya Kiriziya. Naho kwakira ukwicuza kw'abanyabyaha Kiriziya irabishishikaza ariko ntawe ishyize ahe hihariye cyangwa mu myanya yabaga yaragewe nyine abo babaga bagomba kwicuza. Ikimenyetso kindi cyarangaga igihe cy'igisibo n'imigenzo itatu ikomeye na n'ubu Kiriziya igishishikariza abayo ngo bashobore kuzahimbaza Pasika koko bakeye ku mutima. Iyi migenzo ni ugusenga, kwigomwa no gusiba. Ivanjiri ya Matayo isomwa mu misa yo kuwa gatatu w'ivu, itwibutsa ko iyo migenzo tutagomba kuyikora ngo dukunde dushimye, ahubwo tuyikorera Imana Data iri mu ijuru. Tunayikora kandi kugira ngo idufashe kwegera Imana n'abavandimwe kurushaho. Ngo niba ushatse gutanga ituro, ntukavuze inzongera, ngo urarike isoko n'amaduka. Ahubwo indyo yawe ntikarabukwe icyo imoso yakoze. Atari ibyo nta kindi gihembo wazasaba. Ibi kandi bijyana no gusenga kimwe no gusiba kurya. Ufite akanya yasoma yitonze iyi vanjiri (Mt 6,1-6.16-18). Iyi nyigisho kandi si nshya mu mateka y'Imana n'abantu. Mu isezerano rya kera, umuhanuzi Yoweri yari yarabivuze ati: icyo Imana ishaka si uko dushishimura imyambaro, ahubwo imitima, tukayigarukira kandi tukayitunganira. Abahanuzi bose bagiye bagaruka kuri iyi ngingo yo kunogera Imana mu migenzereze myiza irangwa n'ubutabera n'urukundo aho kuta igihe mu mihango y'inyuma gusa. Pawulo Mutangatifu nawe ati: rwose turabingize nimureke Imana ibigarurire, nimwiyunge nayo maze izabasubize ubushyashya. Intego rero twagenderaho muri iki gisibo ni ukunoza umubano wacu n'Imana maze Pasika igahora itubera impamvu yo kwishimana na Kristu wazutse. Birumvikana iyi si Pasika ya mbere tuzaba duhimbaje, yewe n'iki gisibo sicyo cya mbere. Hari n'abavuga ngo bo igisibo bagihoramo kuko kubona icyo babeshya inzara bitagishoboka, kwigomwa byabaye itegeko kuko nta kundi bagenza, gusenga nabyo ubwo Imana iba ireba akaga barimo siyo yabagondoza. Ibi bisa no kwibera, bikaba ntaho bitaniye no kuvuza inzogera iyo hari agakorwa twibwira ko twatunganyije. Niba tuzatunganira Imana tumaze gukiranuka n'ibibazo, ubanza bitazoroha. Reka nsozereze kuri aka gatekerezo: waba urwaye inkorora, humura byikugora urupfu nirwo rubi. Waba urwaye ibicurane, wihangayika, urupfu nirwo rubi. Waba wumva umutwe ukurya, byikuraza ku nkeke, urupfu nirwo rubi. Waba wumva wafashwe na maraliya, ihangane ntihwanye n'urupfu. Waba wumva warapfuye, urahirwa kuko icyago kibi waragisimbutse.

Igisobo cyiza kandi Imana ibahe umugisha.


 

NB: Uwakenera kuzirikana ku masomo ya misa y'uwa gatatu w'ivu, yareba: Yw 2,12-18
2Kor 5,20 - 6,2
Mt 6,1-6.16-18

samedi 21 février 2009

ICYUMWERU CYA KARINDWI MU BYUMWERU BISANZWE 2009 B

ICYUMWERU CYA KARINDWI MU BYUMWERU BISANZWE

22 gashyantare 2009 umwaka B


 

Iz 43,18-19.21-22.24-25

2Kor 1,18-22

Mk 2,1-12

Kristu arakomeza kwerekana ububasha bwe kugira ngo abantu barusheho kumwemera. Twibukiranye ko tukiri mu ntango y'Ivanjiri ya Mariko, aho dukunze guhura n'ijambo Yezu agenda abwira abamwumvaga cyane cyane ababaga bagize abahirwe yo gukizwa, ati: mwirinde kugira uwo mubibwira. Si ukwanga ko abantu bamenya imikorere ya Yezu ahubwo ni uburyo bwo kugenza ibintu gahoro ngo hato abantu batitiranya ibitangaza yakoraga n'ubutumwa bwamuzanye. Twibukiranye kandi ko Yezu yabanje gucyaha roho mbi yari itangiye gusakabaka ngo ndazi uwo uri we... Yezu ati: nkaha mvugiye ube wavuye muri uwo muntu. Kuba roho mbi izi Yezu si igitangaza. No kuba n'abantu twemera Imana si ikintu gishyashya. Yemwe n'amategeko atugenda mu bijyanye n'umusabano n'Imana arabitwigisha. Aya niyo Yezu yaje kuzuza ndetse ni nabwo buryo yifuje ko umubembe yakijije mu ivanjiri y'icyumweru gishize aheraho asubirana uburenganzira bwe mu bandi, igihe yamusabaga kujya kwiyereka abasaserdoti no gutura igitambo cyategetswe na Musa. Ivanjiri y'iki cyumweru icyo iza itwungura ni uko kwemera Imana bidasaba gusa kuba twarabitojwe muri gatigisimu cyangwa kuba twumva byumvikana mu mitekerereze ya muntu. Ntaho twaba dutaniye n'ukwemera kwa roho mbi. None se niba abafarizayi badashobora kwemera Yezu n'ibikorwa abereka, bagahitamo gushakisha impamvu yo kunenga ibikorwa bye, uko kwemera kwabo kubamariye iki? Yego birumvikana ko kugeza ku munsi w'izuka, abayahudi bari batarasobanukirwa neza n'ubutumwa bwa Yezu dore ko bari batarahabwa Roho Mutagatifu, ariko guhagama gusa ku myumvire ya kera ukanga kwakira ijambo n'ukuri kuriherekeje, ni icyaha gikomeye. Umuhanuzi Izayi aributsa amagambo y'Uhoraho ati: nimusigeho kuguma kwibanda ku bintu byahise kuko ngiye kurema isi nshya kandi nkazahanagura ibicumuro byanyu kugira ngo umuryango nihangiye uzajye unsingiza. Ntibishoboka rero gusingiza Imana niba duhora duhagama mu mitekerereze yacu kandi aha niho Yezu agira ngo adukize. Intambara azarwana n'abafarizayi yo kubumvisha ko ari we Imana yaduhayeho ikimentso cyo kuducungura ubanza na n'ubu rukigeretse, natwe tutaremera rwose guhara imyumvire twifitemo ngo twakire agakiza ka Kristu. Reka tugaruke kuri iriya vanjiri. Yezu yashimye ubutwari n'ukwemera kwa bariya bantu bazanye umurwayi kugeza basambuye inzu ngo bakunde bamugeze imbere ye. Twari tumenyereye ko Yezu ashima ukwemera k'usaba gukizwa. Muri iyi vanjiri twahigira ko ukwemera k'umuryango ari ingirakamaro. Bane badufasha kugana Yezu kuko tutabyishoboza kubera ubumuga twatewe n'ibyaha nta handi twabavana atari mu muryango w'abemera. Ariko se koko ubwo bumuga turabufite cyangwa turi indakemwa? Akenshi dukunze kumva abantu basaba penetensiya kuko ari itegeko rya Kiriziya cyangwa kubera ko byabaye akamenyero cyangwa se ari umunsi uyu n'uyu ubasaba no kubanza guhabwa penetensiya mbere yo guhazwa. Ntihabura n'abaza bavuga ko nta cyaha bagikora, ko gusa ari ukubera gahunda bihaye yo kuza no mu ntebe ya penetensiya. Uko bwira n'uko bucya, byaba ibyaha byoroheje cyangwa ibikomeye tuba tugenda turenzaho nkana cyangwa kubera ubujiji, bigeza igihe bihinduka nk'ikirunga maze nyirabyo bikamuheta akaba atakibasha kugenda kubera uburemere bwabyo. Eraga nta kudi tuba dukeneye abahetsi ngo batugeze kuri Yezu. Igishimisha kandi nuko Yezu atanga ubuhamya bukomeye bw'uko ari we Imana yatumye kudukiza: uretse kumenya aho dutaka, aba azi n'ibyihishe mu mutima wacu kimwe n'ayo tuba turimo ducura. Ati: ese icyoroshye ni iki? Gukiza roho cyangwa kuvura indwara z'umubiri. Jyewe nasubiza nti: byose Nyagasani ni wowe ubitanga, nta wundi twagira waturamira. Umuhanuzi Mikeya niwe wabivuze mu magambo meza ati: impamvu ikomeye idutera gushimira no gusingiza Imana nuko idukiza ibyaha, ikabihanagura rwose tugasigara twera de. Ibi nibyo abayahudi bumvaga Yezu bakoze babonye ikimuga gifashe ingobyo kikisubirira imihira. Basigaye basingiza Imana. Natwe twibigirihe gusingiza Imana kubera ineza idahwema kutugirira muri Yezu Kristu.

samedi 14 février 2009

ICYUMWERU CYA GATANDATU MU BYUMWERU BISANZWE 2009 B

ICYUMWERU CYA GATANDATU MU BYUMWERU BISANZWE

15 gashyantare 2009 umwaka B


 

Lev 13,1-2.45-46

1Kor 10,31-11,1

MK 1,40-45

Inkuru ziza y'iki cyumweru irashingira ku gitangaza Yezu yakoze akiza umubembe ariko akamwihanangiriza ngo ntabisakuze ahubwo ngo agende abibwire abasaserdoti nk'uko amategeko ya Musa yabiteganyaga. Mbere yo kuvuga ku nyigisho ya Yezu ariko twibukiranye uko umubembe yafatwaga mu muryango wa Isiraheli. Isomo rya mbere ritubwira uko abarwayi b'ibibembe babafataga. Ngo iyo umuntu yabaga amaze kumenya ko yarwaye ibibemhe yahitaga atangira kwambara ibyenda by'ibishwangi, no kwipfukirana akanagenda atangaza hose ko yahumanye ngo abantu bamwitaze. Ibi kandi yabikoraga yaranavuye aho abandi batuye yibana ahe ha wenyine. Hari n'abongeraho ko yagombaga kugenda avuza akayogera ngo abantu bave mu nzira. Iyi ndwara rero uretse no kuba itari yoroshye, yanafatwaga nk'igihano ngo kubera ibyaha umuntu yabaga yarakoze. Ni nayo mpamvu uwayirwaraga yagombaga kwiyereka abaseserdoti ngo bemeze ko aciwe maze yazakira akongera ikiyerekana ko yakize. Birumvikana ko Yezu atashoboraga guhera muri aya mategeko, ngo aze yigisha umwaka w'impuhwe za Nyagasani kandi nawe aheza abantu kubera amategeko. Ibitangaza bya Yezu rero ni ibimenyetso –nk'uko Yohani abyandika mu ivanjiri ye- bigaragaza ko isi irimo ihinduka, ko nta mbibi ziba hagati y'Imana n'abantu kandi ko zitanagombye kuba hagati yacu. Yezu ntayobewe amategeko ibyo turabizi kuko hari n'igihe ayakoresha ngo yereke abamuburanyaga ko nayo ayazi ariko atari amategeko akiza ahubwo Imana. Yezu ntayobewe kandi ububi bw'ibyago biba ku isi byaba ibibembe, roho mbi, inzara n'ibindi byibasira abantu bikababuza kubaho neza. Yezu ariko ntiyaje gusa gukiza ibyo byago bitugwirira, yaje kutwereka urukundo rw'Imana Se ahumura amaso y'umutima wacu ngo tumwigireho kwakira iyo neza Imana iduha no kuyisangira n'abayo. Ibitangaza cyangwa ibimenyetso ni gihamya ko ibyo Yezu yigisha atari amagambo gusa. Reka ariko tugaruke ku gitangaza cyo gukiza umubembe. Dutekereze ako ibintu byari bimeze. Nta kabuza uriya murwayi yari yaramenye inkuru y'imyitwarire ya Yezu akumva nta kundi azamwijungunya imbere ikiba kikaba, wenda nawe akamuhinda cyangwa se akamukiza. Igitera Yezu kumva isengesho ry'uyu murwayi ni uburyo amutakambira. Ibi kandi tubibona henshi mu mavanjiri: ababembe icumi, umugore w'umunyakananeya wageze n'aho yigereranya n'akabwana karya utuvungukira tugwa mu nsi y'ameza, umusirikare w'i Kafarinawumu wingingaga ngo rwose niyo Yezu yavuga ijambo rimwe umwana we yakira atiri we agomba kumusanga imuhira, umugore wemeye ko nakora ku gishura bimuha gukira.... kugeza kuri Mariya mu bukwe bw'i Kana aho yagamburuzaga –mbyite ntyo- umwana we ngo agoboke abari bashiriwe na divayi. Imana rero igamburuzwa cyangwa ntishobora kutikiriza ijwi ry'uyemera. Uko gutabaza nizo mbaraga zikingura umutima w'Imana. Isenegsho ntiriba rigamije kubwira Imana ibyo itazi mu buzima bwacu kuko ituzi kurusha uko twiyizi kandi udushakira ineza irenze kure iyo twakwifuriza. Hubwo isengesho riba rigamije kwereka Imana ko turi abayo, turi mu maboko yayo, ko ariyo yonyine yadutabara. Uburyo Imana idutabara niyo ibugena. Kuri uyu murwayi Yezu aramegera akamukoraho akamukiza atitaye ku burwayi bwe n'ibyo amategeko ateganya. Ahandi Yezu azabwira abarwaye ibibembe ngo bajye kwiyereka abasaserdoti bakuru. Ubundi azakora ku kiriba cy'umwana wari wapfuye bari abgiye guhamba. Ahandi Yezu avuga ijambo rikijyana.... Birumvikana ko icya ngombwa kuri twe ari ugukira. Ariko no kwigira kuri Yezu uko twagombye guhafa bagenzi bacu si isomo rito. Guhamaga mu mategeko twishyiriyeho ngo duheze abandi kubera uburwayi bwabo, kumva ko umurwayi aba yahanwe n'Imana bityo natwe tukungamo akacu, kwibwira ko hari isi y'abibone n'iy'abahanwe... ni uburyo bwo kwitera amajeke tukibeshya ko Imana turi kumwe bityo tukiha ububasha bwo gukemura ibibazo mu mwanya w'Imana. Isomo ry'iki cyumweru risozwe n'amagambo ya Pawulo Mutagatifu ubwira abanyakorinti ati: ibyo mukora byose bijye bihesha Imana ikuzo kandi mwirinde kugira uwo mubera impamvu yo kugwa. Mundebereho mu migenzereze yanyu nk'uko nanjye ndebera kuri Kristu. Sinabona imbaraga zingana n'iza Pawulo zo kwitangaho urugero ariko nabahamagarira mwese kurebe kuri Kristu. Nahabwe ikuzo ubu n'iteka ryose. Amina

samedi 7 février 2009

ICYUMWERU CYA GATANU MU BYUMWERU BISANZWE 2009 B

ICYUMWERU CYA GATANU MU BYUMWERU BISANZWE

08 gashyantare 2009 umwaka B


 


 

Yobu 7,1-4.6-7

1Kor 9,16-19.22-23

Mk 1,29-39

Ivanjiri y'iki cyumeru iratwereka Yezu mu butumwa bwe. Ni ivanjiri dushobora kwigiraho kumenya gucunga ubutumwa dushinzwe ndetse n'ubuzima bwacu muri rusange. Duhereye natwe no ku ivanjiri y'icyumweru gishize. Yezu atangira umunsi we yigisha mu isengero, agakiza abarwayi, yagera imuhira cyangwa aho yatumiwe, mu gufungura agakomeza atanga ubutumwa bw'Ubwami bw'ijuru ari nako agaragaza mu bikorwa ko ineza n'impuhwe by'Imana Se byasesekaye mu isi kabone n'ubwo yaba ituwemo na Sekibi n'abambari bayo aribo roho mbi. Ikindi kiranga ubutumwa bwa Yezu na gahunda ye y'umurimo ni akanya afata ko gusenga ngo akomeze gusabana na Se. Birumvikana ko, nyuma yo kubona ineza Yezu yakoraga n'uburyo yigishanyaga ubuhanga n'ububasha, abantu batangiye kumuyoboka ndetse bakumva ko nta handi yakwerekeza, ko yaguma iwabo maze bakagumya kuryoherwa n'ako gakiza. Yezu ariko abwira Simoni Peteo ati: reka twerekeze no mi yindi migi, naho tuhigishe ineza y'Imana. Isomo dukura muri iyi vanjiri ni ijambo dusanga mu ibaruwa ya kabiri Pawulo intumwa yandikiye abanyakorinti aho avuga ati: kwigisha ivanjiri kuri jye ni inshingano si impamvu yo kwiyemera cyangwa gushaka ibihembo. Yungamo ati: ndiyimbire niba ntamamaje Ivanjiri, ngo ntagaze ineza Imana yangiriye. Ibi rero bisaba ibintu byibura bitatu. Icya mbere, ubukristu ni impano bukaba n'inshingano. Imana iradukunda bitagereranwa kandi yabigaragaje muri Kristu. Ni impano rero buri wese aronka ku buntu kuko ntacyo twabona twatanga ngo tugure ineza Imana idukunda. Ibi rero bisaba buri wese kuyumvamo inshingano yo kutarangana ingabire y'Imana imurimo cyangwa ngo yituramire yibwira ko byatunganye yashyikiriye. Ingingo ya kabiri ni uko icyo umugabo yitumye ahara agaharura. Yezu niwe uvuga ati: ntawe ushyira ikiganza ku mashini ihinga ngo anasubize amaso inyuma. Ivanjiri isaba kwihara dugaheka umusara tugakurira Yezu kandi tukabikora buri munsi. Si ibyo ku cyumweru gusa, ku munsi w'ibirori cyangwa igihe tuba dukitse imirimo yacu. Abaca imigani baravuga ngo uwo utaboneye mu byago, ntukamubone ibigori byeze. Ingingo ya gatatu idusaba kuba intwari no kubaho mu bwiyumanganye. Akenshi abakristu bakunze kugwa mu gishuko two kwitiranya ubuhamya bw'Ivanjiri no kwivuga ibigwi. Uwamamaza inkuru y'Imana aba ari itara rimurikira abandi kuko nawe aba yarahuye kuri Kristu Rumuri rw'isi. Kuba rero azi ko urumuri atanga atari urwe bituma yicisha bugufi ngo hato adakingiriza abandi aho kubona aho Imana ganje bakaba babona gusa ibikorwa akenshi na kenshi twiyitirira kandi wenda biba ari nta n'ireme rifite. Ikindi bimusaba ni ukugira umuhate. Gutwara itara rimurikira abandi bidusaba kutarangara no kutarambirwa. Ibi Yezu azabisubiramo kenshi mu migani n'inyigisho bisobanura ihindukira ry'Umwana w'Imana. Ati: arahirwa umugaragu shebuja azasanga ari maso kandi atarakeneshe abo mu rugo. Natwe rero dushobora kwigira kuri gahunda y'umurimo ya Yezu, tugatunganya ubutumwa bacu, bambe tukabaho twakira ineza ya Nyagasani kandi tunayimenyekanisha aho dutuye. Ibi nta kindi bisaba uretse guhora turangamiye Kristu mu isengesho, tugatungwa n'amasakaramentu ye cyane cyane iry'imbabazi na Ukaristiya bityo tugakunda tukabona imbaraga zo kwamamaza ubutitsa ineza Imana idahwema kutugirira ari nako tuyisangiza bose ngo hato hatagira ucikanwa. Buri wese kandi icyo yakora ntikibuze kuko imyaka yeze ni myinshi mu gihe abasaruzi bakiri bake.

Rechercher dans ce blog

umuryango wa Thomas

umuryango wa Thomas

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel

VSITE PASTORALE

VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribanza

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribaza

visita pastorale

visita pastorale

visite pastorale

visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri

Visite pastorale

Visite pastorale
abana n'abakateshisti

Visite pastorale

Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA

Visite pastorale

Visite pastorale
accueil

ordination dell'abbé Claude Mutabazi

ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe

amafoto

amafoto
ishusho ya Bikira Mariya

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
ubusitani

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini 2008

Corpus Domini 2008
inkongoro

ikirugu

ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano

IKIRUGU

IKIRUGU

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO

URUBYIRUKO

URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

kiriziya ya mut Patero i Roma

kiriziya ya mut Patero i Roma

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA

SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE

SANCTUAIRE DE SAN  AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)

Archives du blog

Powered By Blogger

ikaze

mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,... Imana ibahe umugisha.

ERMO DELLE CARCERI

ERMO DELLE CARCERI
ASSISI

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi

ermo si San Vitaliano

ermo si San Vitaliano

Caserta

Caserta

reggia di Caserta

reggia di Caserta

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere