lundi 13 octobre 2008

ICYUMWERU CYA 28 MU BYUMWERU BISANZWE A

ICYUMWERU CYA 28 MU BYUMWERU BISANZWE

12 ukwakira 2008 umwaka A


 

Iz 25,6-10

Fil 4,12-14.19-20

Mt 22,1-14

Nyuma y''imigani ijyanye n'uburyo duhamagariwe gukora mu mizabibu y'Imana ndetse n'uko iteganya kuduhemba, Kristu arakomeza aducira umugani udufasha na none kumva neza uko ingoma y'Imana iteye. Ati: ubwami bw'ijuru bumeze nk'umwami wacyuje ubukwe bw'umuhungu we maze agatumira abantu ngo baze mu birori. Abigishijwe ikilatini na Nayigiziki, bibuka wenda ijambo ritangira uyu "loquebatur Iesus...". Murabyumva sinari nomero ya mbere cyangwa iya nyuma ku buryo no guhamagarwa bitazaga ariko iriya vanjiri yatubizaga icyuya imbere ya Nayigiziki. Ubu ariko si aha nshaka kuganisha ngo hato n'ababa batarize ikilatini batumva hari icyo bacikanwe mu myumvire y'iyi vanjiri. Muri uyu mugani, harimo ingingo enye ngirango tuganireho: iya mbere ngo ubwami bw'ijuru bumeze nk'umwami ucyuza ubukwe bw'umuhungu we. Ubwami bw'Imana si imirimo gusa tugomba kutunganya, amategeko tugomba gukurikiza, ibitambo n'amaturo tugomba gutura no gutanga; ni ibirori by'ubukwe bw'Umwana w'Umwami kandi tukaba dutumiwe. Mu gitabo cya misa, mbere yo guhaswa, umusaserdoti arabyibutsa ati: hahirwa batumiwe mu bukwe bwa Ntama. Kwibwira ko kuba ab'Imana ari ukuyiruhira, ubanza tuba twibeshye. Niba se urugero iduha ari urw'Umwami ucyuza ubukwe, ubwo twumva hari ikindi gisigaye usibye kwishyira mu myanya tugategereza isaha y'ubukwe. Uretse uko uyu mugani ubisobanura, ariko ubanza n'abazaba bishyize mu myanya atari ko bose bazinjira: abakobwa batanu b'abapfu bazahera hanze kuko bazaba babigiwe amavuta. Uru ni urugero rumwe, izindi turazisanga muri uyu mugani. Indi ngingo ya kabiri dusanga muri uyu mugani ni icyumba kirimo ubusa. Gutegura ibirori, ugashyashyana isaha yagera ukabona uri wenyine ntawabyifuriza uwe. Ngo umwanzi arakenga abure umuvumba. Wenda da naba n'abavumbyi, ariko kumva utumira abantu bakemera ko bazaza hanyuma isaha yagera ugasanga uri utya nk'uko wavuye mu nda ya nyoko. Imana ishaka abantu ngo basangire ibyiza byayo dore ko ubanza nta byishimo bibaho nko gucyuza ubukwe ukanabona abo mutaramana. Ng'iyi impamvu Imana ishoka umuhanda, amayirabiri ngo byibura icyumba cy'ubukwe cyuzure. Ingingo ya gatatu rero ni umuhanda, uyu abari batumiwe banyuze bigira mu byabo, ari nawo Imana yoherezamo abagaragu bayo (intumwa n'abahanuzi) ngo bajye gushakisha abaza mu bukwe kuko bwo ntibushobora gusibira. Ubwo ga Imana iba yikozeho kuko iba yemeye kuza kwicarana n'abantu b'amoko yose, abo izi n'abo itazi (ariko ibi nijye ubivuze kuko nta muntu Imana itazi), abeza n'ababi, aka wa mugani wa Yezu nk'uko umurobyi akururira ku nkombe amafi y'ubwoko bwose aba yarobye. Uburenganzi bwa muntu bwo kwigira aho yishakiye, akaba yanahindura gahunda ku munota wa nyuma butuma Imana ibunga mu mayirabiri ngo yingingire bose, cyane cyane abatari batumiwe kuza mu birori byayo. Abenshi kandi twanga kwitabira ubutumire kuko tuba twumva duta igihe cyo kunguka no kugwiza ibidufasha kubaho neza. Tukibwira ko niba ntacyo turamura kindi kitari ibiribwa n'ibinyobwa, ubukwe twabusimbuza induruburi zacu. Ingingo ya kane ni umwambaro w'umukwe. Akenshi tumenyere imvugo y'uko uriya muntu rwose yarenganye. Ko bamusanze mu muhanda, yari kuvanahe umwambaro w'ubukwe? Ubundi se abandi babigenje bate ngo baturemo umwambo w'ubukwe? Ese aha ntibaba bari barabukereye mu kuvumba ku buryo babaga bicaranye akambaro? Ariko se babikora bagira ubwo icyumba cy'ubukwe bw'umwana w'umwami cyakuzura abantu bari bagiye mu twabo bazi ko bari butumirwe koko? Ikigaragara ni uko uriya muntu bitamuhiriye. Mu nzu yose yasaga ukwe kwa wenyine. Ubanza ndetse yagombye kaba yaranashatse kwihisha bikaba iby'ubusa. Uyu muntu ashushanya aba bose batemera ko bashobora guhura n'Imana mu nzira bagendamo, aba batemera ko Imana yabatumira, aba bumva batabikwiye, aho bari hose bakumva atari ahabo, batiyumva hari icyo bashobora, hari uwabizera, ubuzima bwabo bukaba nko kwihinyuza kuko kwizerwa byo biba byararangiye. Uyu munyagwa, mbe namwita ntya, ari mu mwanya wa benshi bibeshya ku Mana, bagahora bumva itabazi cyangwa atagira icyo ibabwira, aho bari bakiranga atari uko ari babi cyangwa beza kuruta abandi, ahubwo kuko baba badafite icyo bahuriyeho n'Imana yabatumiye. Atari uko Imana itabazi, auhbwo batayikundira ngo ibereke ko ibakunda. Ntiriwe ngira byinshi nongeraho, reka twisabire Imana inagire ya Roho Mutagatifu ngo tugire ubushishozi n'ubwnge bwo kutagira ikintu na kimwe twarutisha ubutumirwe Imana yaduhaye kandi iteka duhore twicaranye umwambaro w'ubukwe, ndavuga umutima ubereye Imana. Ubu butumire kandi buhoraho mu isangira ritagatifu ry'Ukaristiya. Hato hatazagira uvuga ngo yaracikanwe, ubutumire butaha tuzabwitabire maze gahunda zacu tuziharire indi minsi.

lundi 6 octobre 2008

ICYUMWERU CYA 27 MU BYUMWERU BISANZWE A

ICYUMWERU CYA 27 MU BYUMWERU BISANZWE
05 ukwakira 2008 umwaka A

Iz 5,1-7
Fil 4,6-9
Mt 21,33-43
Ivanjiri y’iki cyumweru irakomeza gusobanura uko tugomba gukora mu muzabibu wa Nyagasani. Turasoma umugani w’abanyamisabibu b’abahotozi. Inzira Yezu yanyuze ngo asobanurire abayahudi imyitwarire yabo nubwo isa n’aho iziguye, irasobanutse ku buryo uretse n’abayahudi bamwumvaga natwe ab’iki gihe tubishatse twasobanukirwa. Ku cyumweru gishize yabagayaga ko badashaka guhinduka kandi ko iyo myitwarire izatuma abo twita ba ruharwa, indaya n’abanyabyaha, babacaho bakazabatanga kugera mu bwami bw’ijuru. Kwinubira ko Imana igirira bose ubuntu, ikakira bose ndetse ikabahemba kimwe niyo baba batakoze igihe kingana, kunangira umutima, inzira yo kwemera Imana igahera gusa mu magambo, gushakisha uko bakwimura Imana bakayikura mu byayo bagasigara aribo bayobora byose, bakica bagakiza... ng’ibi ibizatuma Ingoma y’Imana (umuzabibu) ihabwa abandi bafite ubushake bwo kuyibyaza umusaruro kandi bumvira Imana. Umugani w’abanyamizabibu b’abahotozi werekana rwose ko nyamwanga iyo byavuye yanze iwamuhaye inka kandi aya ni amateka yacu abantu: Imana tuyibanira bitewe n’icyo tuyishakaho, twakumva tunezerewe, tukayisezerera ndeste byanarimba tukayimenesha. Kwemera umwanya wacu ko turi abagabuzi b’ineza y’Imana biraturushya cyane byo gutuma duhora buri gihe turi muri ya mvugo ya have mpage kandi Imana iba ishaka ko twahabana n’abayo. Reka ariko dusome uyu mugani. Ngo umugabo yihingiye umuzabibu, amaze kuwitaho neza, awusigira abahinzi ngo bawiteho maze bazage bamuha igihembo uko igihe kigeze. Ngo yabaye agitirimuka, baba barawigabije ku buryo uko yagiye yohereza abakozi be gutwara umusaruro, abo bahinzi bagiye babagirira nabi kugeza ndetse n’aho bishe uwari umwana we ngo bityo begukana umurage burundu. Birumvikana ko iyi myitwarire nta muntu wayishyigikira cyane iyo twumva twebwe turi abere. Nyamara siko biri, Ijambo ry’Imana iteka riba riducyamura, rikadukurugutura kugeza twumvise ko ari twebwe ribwirwa kandi ko natwe imyitwarire yacu atari shyashya. Mu gitabo cy’umuhanuzi Izayi, Imana yibazaga icyo izakora ngo umuryango wayo uyikundire uyibere nk’umwana nawe awubere umubyeyi, woye guhora ubuyera kandi ntacyo wayiburanye. Izayi ati rwose ngaho nimunkiranure n’umuryango wanjye: ni iki nagombaga gukora nkaba ntaragikoze? Mu isezerano rishya twongeraho ko yemeye no gutanga Umwana wayo ngo tugire ubuzima busagambye. Ariko se inyiturano ni iyihe? Yezu azageza n’aho aririra Yeruzalemu yica abahanuzi, agatoteza abayitumwaho, Yeruzalemu itazamenya amagingo Imana izayisuriraho. Yeruzalemu y’ubu ni Kiriziya umuryango mugari w’abana b’Imana. Abitwa ko twahawe imirimo, abaragijwe umuzabibu w’Imana, nitwe tubwirwa n’iri jambo. Ese aho twaba twibika ko turagiriye Imana ko ibyo dutunze ariyo yabiremye, ikabibeshaho, ikabiha umugisha maze ikabitugabira. Aya ni amagambo asoza isengesho rikuru ry’Ukaristiya, aho abashaka gutera urwenya bongeraho ngo Imana irabitugabira ngo twipfire nabi. Siko bigomba kugenda ariko. Ntitugomba kwibwira ko ibyo Imana iduha tugomba kubikoresha uko twishakiye, ngo twonone, dusenye, dusahure kugeza no kwica ngo ngaho turarwanira gutunga. Ariko se ko ubuzima bw’iteka tutabwikubira ngo bube bukibaye ubuzima, ubwo aho iyo duhirimbana tuba tuzi icyo turwanira. Buriya se bariya bahinzi bibwiraga ko niyo nyirumurima yatinda, aho azazira bizamubuza kubahana yihanukiriye? Twebwe nibwira ko inama twakurikiza ari iza Pawulo mutagatifu, aho abwira abakristu wa Kiriziya ya Efesi ati: nimiharanire ikiri icyiza, igikwiye kubaha, igitunganye kandi ineza ya Nyagasani ibane namwe. Hari se ikindi twakwifuza gutunga kiruta ineza ya kristu? Hari se abo twumva Imana yaheze ku meza yayo matagatifu? Ese ubundi niba Imana ikunda abandi nk’uko inkunda ikibazo kirihe? Ubonye naganyaga ngo jyewe yaranyibagiwe cyangwa yarantereranye? Yo itaratwimye Umwana wayo se twayiburana iki? Uretse n’umuzabibu, yaturagije ibirenzeho: amabanga yayo. Tujye tuzirika ijambo Yezu yabwiye abe ati: sinkibita abagaragu kuko nabamenyeshyeje ibyo Data yabwiye byose. Ubwo tutari abagererwa, twoye gutwarwa n’umururumba, ishyari no kwikubira ahubwo tureke Imana itwitungire twebwe n’abayo bose. Irakarama.

Rechercher dans ce blog

umuryango wa Thomas

umuryango wa Thomas

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel

VSITE PASTORALE

VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribanza

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribaza

visita pastorale

visita pastorale

visite pastorale

visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri

Visite pastorale

Visite pastorale
abana n'abakateshisti

Visite pastorale

Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA

Visite pastorale

Visite pastorale
accueil

ordination dell'abbé Claude Mutabazi

ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe

amafoto

amafoto
ishusho ya Bikira Mariya

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
ubusitani

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini 2008

Corpus Domini 2008
inkongoro

ikirugu

ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano

IKIRUGU

IKIRUGU

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO

URUBYIRUKO

URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

kiriziya ya mut Patero i Roma

kiriziya ya mut Patero i Roma

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA

SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE

SANCTUAIRE DE SAN  AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)

Archives du blog

Powered By Blogger

ikaze

mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,... Imana ibahe umugisha.

ERMO DELLE CARCERI

ERMO DELLE CARCERI
ASSISI

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi

ermo si San Vitaliano

ermo si San Vitaliano

Caserta

Caserta

reggia di Caserta

reggia di Caserta

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere